Ikipe y'Igihugu "Amavubi" yihimuye kuri Mauritius iyinyagiririra i Kigali ibitego bitanu ku busa, nyuma y'aho mu mukino ubanza Mauritius yari yatsinze Amavubi kimwe ku busa muri Mauritius.
Muri uyu mukino wabereye kuri Stade Amahoro aho abafana bari bakubise buzuye baje gushyigikira ikipe yabo, abakinnyi b'ikipe y'Igihugu babashije kwitwara neza mu buryo budashidikanywaho maze besa umuhigo bari bihaye mbere y'umukino wo kwihorera kuri Mauritius, babikora bihanukiriye.
Nshuti Dominique Savio ni we wafunguye amazamu muri uyu mukino ku munota wa 11. Ernest Sugira yongeye gukora amateka muri uyu mukino maze atsinda ibitego bibiri mu gihe cy'umunota umwe, igice cya mbere kirangira ari ibitego 3 by'u Rwanda ku busa bwa Mauritius.

Amavubi yatangiye yotsa igitutu Mauritius
Mauritius yabonye amahirwe akomeye mbere y'uko igice cya mbere kirangira ndetse no ku munota wa 56 w’umukino ariko bananirwa kuyabyaza umusaruro.
Ku munota wa 72 w'umukino Ombalenga Fitina w'Amavubi yongeye kunyeganyeza amazamu biba 4-0.
Amavubi yatsinze igitego cya 5 cya Migi ku mupira yari ahawe na Muhadjiri, ariko umusifuzi avuga ko habayeho kurarira ariko ku munota wa 90 Migi atsinda icya gatanu, umukino urangira ari ibitego 5-0.
Ghana ikaba ikomeje kuyobora itsinda H n’amanota 10, izigamye ibitego 9 mu gihe u Rwanda rufite amanota 6 runganya n’Ibirwa bya Mauritius gusa u Rwanda rukaba ruzigamye ibitego 3 mu gihe Mauritius yo ifite umwenda w'ibitego 8 byose.
Muri iri tsinda Mozambique ni yo ya nyuma n'inota rimwe nyuma yo kunganya na Ghana mu mukino wabaye ejo.
Intsinzi y'Amavubi kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Werurwe 2016 mu mukino wari wanitabiriwe n'abafana benshi cyane ko kwinjira byari byagizwe ubuntu, yongereye icyizere cyo gukomeza guhatanira itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika kizabera muri Gabon umwaka utaha.

Abafana bari benshi muri uyu mukino

Abasore b'Amavubi bakoze iyo bwabaga bihimura kuri Mauritius

