AS Kigali na APR FC zigiye gukina ari yo makipe amaze igihe asohokera u Rwanda mu mikino Nyafurika vuba aha. Ni amakipe yose umwaka ushize, yasezerewe muri iyo mikino atarenze umutaru.
Umukino w’aya makipe yombi ntukunze kubonekamo ibitego, ahubwo akenshi kunganya kwazo kwiganza mu nshuro zihura. Uko ni ko biheruka no kugenda ku mukino uheruka kuko warangiye ari 0-0.
Ni umukino w’ikirarane aya makipe yombi yari asigaje, gusa icyo gihe yari akurikiranye ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona.
Mu myaka ya Shampiyona iheruka, ni kenshi Ikipe y’Ingabo z’Igihugu ibasha gukura amanota ku ikipe y’Umujyi wa Kigali.
Mu mikino 10 amakipe yombi aheruka guhura, AS Kigali yatsinzemo imikino ibiri, APR FC na yo ibiri, mu gihe imikino amakipe yombi yaguye miswi ari umunani.
Ni imibare igonga cyane APR FC igiye gukina umukino ifata nko gupfa no gukira kuko iramutse iwutakaje yaba iri kujya mu mazi abira, ayikura ku gikombe cya Shampiyona dore ko Kiyovu Spors na Rayon Sports zitayoroheye.
Mu mikino itanu muri rusange APR FC iheruka gukina muri Shampiyona, yabashije kubona amanota 10, itsinze imikino itatu, inganya umwe ndetse itsindwa uheruka na Police FC.
Ni mu gihe AS Kigali yo yabonye amanota atanu gusa muri iyo mikino, itsinze umwe, itsindwa ibiri, inganya indi harimo n’uwa Musanze FC iheruka gukina.
AS Kigali igiye guhura na APR FC nta kibazo cy’abakinnyi ifite kuko 11 bose ikunze kubanza mu kibuga bameze neza kandi biteguye gutanga umusaruro.
