Sunrise FC vs Kiyovu Sports

Sunrise FC 1-0 Kiyovu Sports

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Byiringiro Osée na Iradukunda Olivier

Amafoto

: Ntare Julius na Munyakuri Prince

23:17

VIDEO: Babuwa yavuze ku gutsinda Kiyovu Sports yahozemo

23:15

VIDEO: Kiyovu Sports nsanzwe nyitsinda! Cannavaro utoza Sunrise FC nyuma yo kuyegeza kure y'igikombe

21:38

VIDEO: Abayovu babuze imbaraga zibakura i Nyagatare nyuma yo gutsindwa na Sunrise FC

21:33

VIDEO: Kiyovu Sports yatsinzwe na Sunrise FC, amahirwe ku Gikombe arayoyoka || Uko byagenze

21:26

VIDEO: Kiyovu Sports yatwongereye icyizere || Umutoza Ben Moussa nyuma yo kongera kuyobora Shampiyona

21:24

VIDEO: APR FC 4-1 Rwamagana City || Ikipe y'Ingabo yakojeje intoki ku gikombe || Reba ibitego byose

17:10

Gutsindwa kwa Kiyovu Sports kwatumye APR FC ifata umwanya wa mbere

Kiyovu Sports yatsikiriye i Nyagatare, itsindwa na Sunrise FC igitego 1-0 bituma APR FC yatsinze Rwamagana City ifata umwanya wa mbere. Amakipe yombi afite amanota 60 ariko agatandukanira ku bitego azigamye.

Shampiyona izashyirwaho akadomo mu mpera z'icyumweru gitaha ku wa 28 Gicurasi 2029 aho Kiyovu Sports izaba yakira Rutsiro FC mu gihe APR FC izacakirana na Gorilla FC.

Uko imikino y'Umunsi wa 29 yose yagenze:


Ku wa Gatandatu, tariki ya 20 Gicurasi 2023

- Gorilla FC 0-0 Mukura Victory Sports
- Gasogi United 2-2 Police FC

Ku Cyumweru, tariki ya 21 Gicurasi 2023

- Sunrise FC 1-0 Kiyovu Sports
- Rayon Sports 2-0 Marines FC
- Etincelles FC 2-0 Bugesera FC
- AS Kigali 0-2 Rutsiro FC
- APR FC 4-1 Rwamagana City
- Espoir FC 0-1 Musanze FC





Mwakoze kubana natwe, tuzasubire ku munsi wa nyuma wa shampiyona! Umugoroba mwiza.

17:01

Ab'i Nyagatare bo bari mu byishimo by'ikirenga!

Abakinnyi n'abakunzi ba Sunrise FC bari mu byishimo bikomeye nyuma y'aho ikipe yabo ishoboye guhangamura Kiyovu Sports ikayitsinda igitego 1-0.

17:00

Amarira n'ikiniga ku bakinnyi ba Kiyovu Sports! Na Juvénal yihebye

Nyuma yo gutsindwa na Sunrise FC no gukurwa ku gikombe ku kigero kiri hejuru, abakinnyi ba Kiyovu Sports bananiwe kwakira ibibabayeho ndetse amarira ni yose ku barimo Mugenzi, Ssekisambu na Nsabimana Aimable.

Perezida wa Kiyovu Sports Limited, Mvukiyehe Juvénal, nyuma y'umukino yagaragaye yihebye. Mu byo ari gutekereza ahari harimo kwibaza uko 'igikombe cya kabiri kimucitse akireba'.

16:59

Umukino urarangiye i Nyagatare

90+5' Kiyovu Sports itsinzwe na Sunrise FC igitego 1-0, amahirwe yo kwegukana Igikombe cya Shampiyona arushaho kuyoyoka.

16:58

Umukino urarangiye

90+3' Umukino wahuzaga APR FC na Rwamagana City urangiye Ikipe y'Ingabo z'Igihugu itsinze ibitego 4-1.

16:57

Abafana ba Kiyovu Sports batangiye gutaha

93’ Abafana bamwe ba Kiyovu Sports batangiye gusohoka muri Stade Goligota mu gihe umukino ugana mu masegonda ya nyuma.

16:55

Igitego cya kane cya APR FC

90+1' Nyuma yo kongera iminota itatu kuri 90 y'umukino, APR FC ihererekanyije neza, Fitina Ombolenga ahereza umupira Nshuti Innocent ahita atereka neza mu rushundura igitego cya kane.

16:54

Iminota itanu y'inyongera i Nyagatare

90' Umukino wa Sunrise FC na Kiyovu Sports wongereweho iminota itanu.

16:53

Kiyovu Sports irashaka amahirwe ya nyuma

90’ Abakinnyi ba Kiyovu Sports bari kugerageza gusatira izamu rya Sunrise FC bashaka igitego cyo kwishyura ariko byakomeje kwanga.

16:51

Mugisha Bonheur agize imvune

83' Mugisha Bonheur agize ikibazo cy'imvune asohorwa hanze, asimburwa na Rwabuhihi Aimé Placide.

16:50

Ikarita y'umuhondo kuri Kiyovu Sports

87’ Mugenzi Cedric ahawe ikarita y’umuhondo nyuma yo kwigwisha mu rubuga rw’amahina ashaka penaliti.

16:47

Rwamagana City iri gushaka igitego

80' Abakinnyi ba Rwamagana City bari imbere y'izamu bamaze kubona koruneri eshatu ariko nta mahirwe yo kwinjiza igitego bagezeho kuko ab'inyuma ba APR FC bari guhita bakiza izamu.

16:46

Sunrise FC iri gukinira inyuma

80' Sunrise FC yatangiye gukinira inyuma ishaka gukomeza kurinda igitego cyayo. Kuri ubu iri gucungira ku mipira Kiyovu Sports itakaje.

16:45

AMAFOTO MENSHI Y'UMUKINO WA SUNRISE FC NA KIYOVU SPORTS

16:43

Gusimbuza kwa Kiyovu Sports

79’ Mugenzi Cedric asimbuye Mugiraneza Froduard mu rwego rwo kongera imbaraga mu busatirizi bwa Kiyovu Sports.

16:41

Umunyezamu wa Sunrise FC asa n'utangiye gutinza umukino

76’ Umunyezamu wa Sunrise FC, Mfashingabo Didier yaryamye hasi, abaganga bihutira kujya kumwitaho mu gihe Umutoza Tugirimana Gilbert ahise ahamagara abakinnyi be abagira inama.

16:40

APR FC yatangiye guhererekanya neza

76' Abakinnyi ba APR FC bari gukina bahererekanya neza mu kibuga hagati, bari kwirinda gutakaza imipira yabaviramo kwishyurwa.

16:37

KIYOVU SPORTS IRASE PENALITI

74' Erissa Ssekisambu ahushije penaliti yagombaga kugarura Kiyovu Sports mu mukino. Ayiteye hejuru y’izamu.

16:36

Penaliti ya Kiyovu Sports

73’ Serumogo Ally arenguye umupira neza Bigirimana Abedi akorerwa ikosa mu rubuga rw’amahina umusifuzi atanga penaliti.

16:36

Ibyishimo mu Bugesera

70' Abafana ba APR FC barahagurutse bose nyuma yo kumva amakuru ko Kiyovu Sports yamaze gutsindwa igitego cya mbere.

16:35

Gusimbuza kwa APR FC

62' APR FC yakoze impinduka ikura mu kibuga Bizimana Yannick na Ruboneka Jean ishyiramo Mugunga Yves na Itangishaka Blaise

16:34

Abafana ba Sunrise FC mu bicu

Abafana ba Sunrise FC bari batuje bose bahagurukiye rimwe batangiye kuririmba no gukoma ingoma cyane bashimira ikipe yabo.

16:33

Igitego cya Sunrise FC


70’ Rutahizamu Yafesi Mubiru atsinze igitego cya mbere ku mupira azamukanye mu ruhande rw’iburyo areba uko umunyezamu Kimenyi Yves yegeye imbere amurenza umupira.

16:32

Ukundi gusimbuza kwa Kiyovu Sports

69’ Riyaad Nordien asimbuye Muhozi Fred.

16:30

Gusimbuza kwa Kiyovu Sports

66’ Rutahizamu Mugenzi Bienvenue asimbuye Iradukunda Bertrand mu gihe Nshimiyimana Ismael "Pitchou" asimbuye Benedata Janvier.

16:30

Amafoto: Imitima y'Abayovu iracyahagaze

Abayobozi batandukanye ba Kiyovu Sports bakurikiye uyu mukino. Kugeza magingo aya baracyategereje kureba ko babona igitego cy'intsinzi. Perezida wa Kiyovu Sports Limited, Mvukiyehe Juvénal ari mu bihumbi by'Abayovu bamanutse i Nyagatare.

16:27

Kiyovu Sports ntirahirwa no kubona urushundura

65’ Kiyovu Sports yongeye guhusha uburyo bukomeye. Benedata Janvier ahawe umupira na Muhozi ariko ateye ishoti rikomeye ujya hanze gato y’izamu.

16:22

Gusimbuza ku ruhande rwa Sunrise FC


60’ Sunrise FC ikoze impinduka ya mbere aho Rutahizamu Yafesi Mubiru asimbuye Wanji Pius.

16:21

Bizimana Yannick ahushije igitego na we agira isoni

54' Fitina Ombolenga azamuye umupira mu rubuga rw'amahina, umunyezamu wa Rwamagana City asohoka nabi, Bizimana arawufata awukura mu izamu aho kuwushyiramo. Yahise aryama mu izamu yibaza ibimubayeho.

16:21

Abakinnyi ba APR FC na Rwamagana City baryamye hasi

51' Umupira umaze akanya gato ukinirwa mu kibuga hagati, Nshuti Innocent agongana na Uwumukiza Obed bombi baryama hasi, umusifuzi ahamagara abaganga babitaho.

16:20

Kiyovu yongeye kubura andi mahirwe

57’ Kiyovu Sports yongeye guhusha uburyo bukomeye ku mupira wari uvuye muri koruneri Mugiraneza akina n’umutwe umupira uca hanze gato y’izamu.

16:19

Ikarita y'umuhondo kuri Kiyovu Sports

55’ Erissa Ssekisambu ahawe ikarita y’umuhondo nyuma yo kutishimira icyemezo cy’umusifuzi ku ikosa yari akorewe.

16:16

Sunrise FC yirekuye

I Nyagatare, Igice cya Kabiri cyatangiranye isura itandukanye n’icya mbere kuko Sunrise FC igarutse yafunguye umukino, na yo iri kugerageza gukina no gusatira izamu rya Kiyovu Sports.

16:14

Amafoto utabonye y'igice cya mbere mu Bugesera

APR FC ikomeje kwiruka inyuma ya Kiyovu Sports iyoboye urutonde rwa shampiyona by'agateganyo. Kugeza ubu Urucaca rufite amanota 61 mu gihe Ikipe y'Ingabo ya kabiri ifite 60 mu gihe hakibura umukino umwe ngo shampiyona isoze.

Aya mafoto arerekana abakinnyi ba APR FC n'aba Rwamagana City bishimira bimwe mu bitego batsinze mu gice cya mbere.

16:12

Kiyovu Sports ntirahirwa

49’ Ssekisambu ahinduye umupira neza imbere y’izamu ariko Iradukunda akinnye n’umutwe ujya hejuru gato y’izamu ririnzwe na Mfashingabo Didier.

16:12

Nshuti Innocent ahushije igitego wenyine

48' Fitina Ombolenga azamukanye umupira, awuhereza Bizimana Yannick na we awurekera Nshuti Innocent warebanaga n'umunyezamu ariko awutera hejuru yaryo.

16:11

Rwamagana City itangiranye igice cya kabiri impinduka

46' Umutoza wa Rwamagana City, Ruremesha Emmanuel, atangiye igice cya kabiri akora impinduka. Mutangana Derrick avuyemo aha umwanya Tuyishimire Jean Pierre.

16:09

Igice cya kabiri kiratangiye i Nyagatare

46' Babuwa Samson atangije igice cya kabiri, Sunrise FC itangiye isatira.

15:56

Igice cya mbere kirarangiye

45' Igice cya mbere kirarangiye ku bibuga byombi. APR FC iyoboye umukino yatsinzemo Rwamagana City ibitego 3-1 mu gihe Sunrise FC iri kunganya na Koyovu Sports 0-0.

15:55

Igitego cya gatatu

44' Abakinnyi ba APR FC bahererekanyije neza umupira, Bizimana Yannick ashaka gutera mu izamu umupira ntiwajya ku kirenge neza, ufatwa na Mugisha Gilbert uhise atera mu izamu adahagaritse.

15:54

Ruboneka Jean Bosco agize ikibazo

40' Nyuma yo guhangana na ba myugariro ba Rwamagana City, Ruboneka agize ikibazo abaganga bihutira kumuvura ndetse anasohorwa hanze.

15:53

Iminota y'inyongera i Nyagatare

45’ Umusifuzi wa kane yongeyeho iminota itatu mbere y’uko amakipe yombi ajya kuruhuka.

15:53

Sunrise FC iri kwitwara neza

41’ Sunrise FC izamutse neza cyane yihuta ariko Niyibizi Vedaste atanze umupira kwa Wanji Pius basanga yaraririye. Bwari uburyo bwiza bwa Sunrise FC.

15:42

Kiyovu Sports nanone!

37’ Kiyovu Sports ikomeje kwiharira umupira ari nako isatira izamu rya Sunrise FC ariko imipira myinshi ba rutahizamu bayo bari kubona bakomeje kuyitera hejuru y’izamu.

15:41

ANDI MAFOTO Y'UMUKINO WA APR FC NA RWAMAGANA CITY

15:40

Kurarira kwa Rwamagana City

33' Rwamagana City ibonye coup franc, Murangamirwa Serge arawutera, Ishimwe Pierre awukuramo, Nduwimana Louis agiye kuwusubizamo asanga yaraririye.

15:39

Sunrise yari iciye mu rihumye Kiyovu Sports

24’ Babuwa Samson azamukanye umupira neza ariko myugariro wa Kiyovu Sports, Nsabimana Aimable yugarira neza umupira urenzwa n'uyu rutahizamu.

15:34

APR FC ihushije ubundi buryo

29' Dushimumugenzi Jean atanze umupira nabi, Mugisha Gilbert arawufata, awuhereza Ruboneka Jean Bosco uteye mu izamu, umupira ukubita umutambiko waryo.

15:32

Rwamagana City yatinyutse

27' Rwamagana City yatangiye umukino ubona ko iri gusatirwa cyane ndetse inatsindwa, nyuma yo kubona igitego, iri gukinira umupira mu rubuga rwa APR ishaka icya kabiri.

15:29

Mu mafoto: Abafana ba Kiyovu Sports bamanutse i Nyagatare bifitiye icyizere

15:26

Igitego cya Rwamagana City

20' Cedric Lisombo atsinze igitego cya Rwamagana City ku mupira aherejwe na Mbanza Caleb Joshua.

15:24

Igitego cya kabiri cya APR FC

16' Nyuma yo guhererekanya neza kw'abakinnyi ba APR FC, Kwitonda Alain "Bacca" yubuye amaso asanga Nshuti Innocent ahagaze neza, amuha umupira nawe ahita ashyiramo igitego cya kabiri n'umutwe.

15:24

Kiyovu Sports ibuze ubundi buryo

20’ Kiyovu Sports yongeye guhusha uburyo bukomeye ku mupira Muhozi Fred ahinduye imbere y’izamu ariko Iradukunda Bertrand ntiyawuhamya.

15:23

Sunrise FC ikomeje kwishakisha

17' Sunrise FC ntirinjira mu mukino neza ndetse ba rutahizamu bayo nka Babuwa Samson na Wanji Pius ntibaragaragara bashotora ubwugarizi bwa Kiyovu Sports.

15:23

Sunrise FC ikomeje kwishakisha

17' Sunrise FC ntirinjira mu mukino neza ndetse ba rutahizamu bayo nka Babuwa Samson na Wanji Pius ntibaragaragara bashotora ubwugarizi bwa Kiyovu Sports.

15:21

Kiyovu yari izinyeganyeje ariko biranga!

13’ Nyuma yo gusatira gukomeye n’amashoti aremereye cyane Mugiraneza Frodouard na Bigirimana Abedi bateraga, Iradukunda Bertrand atsinze igitego umusifuzi wo ku ruhande avuga ko habayeho kurarira.

15:20

APR yakambitse imbere y'izamu rya Rwamagana City

13' Nyuma yo guhusha igitego kwa Nshuti Innocent, Kwitonda ateye koruneri, umunyezamu yongera gutabara Rwamagana City.

15:16

APR FC ihushije uburyo bwabazwe

10' Fitina Ombolenga acomekeye umupira Kwitonda Alain, asiga ba myugariro na we ahereza Mugisha Gilbert unaniwe gushyira mu izamu ahubwo agongana n'umunyezamu Habineza Samuel wa Rwamagana City.

15:15

Sunrise FC yacurikiweho ikibuga

11’ Kiyovu Sports ikomeje gusatira cyane. Benedata Janvier ateye coup franc, Ndayishimiye Thierry akina n’umutwe ariko umupira ujya hejuru y’izamu.

15:13

APR FC yongeye gusatira

5' Mugisha Gilbert azamukanye umupira, ashatse kwinjira mu rubuga rw'amahina, Murangamirwa Serge amwima inzira, awumukuraho.

15:08

Kiyovu ikomeje gukomanga

5’ Kiyovu Sports ihushije uburyo bukomeye ku mupira Iracyadukunda Eric ahinduye imbere y’izamu ashakisha Iradukunda Bertrand ariko umupira umubana muremure.

15:06

APR FC itangiranye igitego!

1' Umukino uri kuba hagati ya APR FC na Rwamagana City, utangiye ikipe y'Ingabo z'Igihugu ibona igitego ku munota wa mbere gitsinzwe na Nshuti Innocent.

15:06

Kiyovu Sports itangiranye amashagaga

2' Kiyovu Sports itangiranye imbaraga nyinshi cyane isatira ariko myugariro wa Sunrise FC, Shyaka Clever ari maso ndetse akomeje gukiza izamu.

15:04

Umukino uratangiye i Nyagatare

1' Erissa Ssekisambu atangije umukino asubiza inyuma kwa Benedata Janvier atera umupira muremure ariko abakinnyi ba Sunrise FC bahita bawukuraho.

15:00

NYAGATARE: Amakipe yageze mu kibuga

Abafana ba Kiyovu Sports bafite morale nyinshi cyane mu gihe aba Sunrise FC bo batarashyuha.Bari kwishimira kwakira amakipe yombi yageze mu kibuga.

14:58

Abakinnyi Rwamagana City yitabaje

Abakinnyi Ruremesha Emmanuel wa Rwamagana City yabanje mu kibuga

Habineza Samuel
Mutangana Derrick
Dushimumugenzi Jean
Kwibuka Aphodis
Dimbumba Jordan
Uwumukiza Obed
Murangamirwa Serge
Mbanza Caleb Joshua
Kagaba Nicholas
Cedric Lisombo
Nduwimana Louis

14:58

Abakinnyi babanjemo ku ruhande rwa APR FC

Ben Moussa utoza APR FC yahisemo:

Ishimwe Pierre
Fitina Ombolenga
Nshimiyimana Yunussu
Ndayishimiye Dieudonné
Bizimana Yannick
Ishimwe Christian
Kwitonda Alain Bacca
Mugisha Gilbert
Ruboneka Jean Bosco
Mugisha Bonheur
Nshuti Innocent

14:57

BUGESERA! Amakipe yombi arategerejwe

Harabura iminota mike umukino wa APR FC na Rwamagana City ugatangira kuri Stade ya Bugesera.

14:56

Umukino w'i Nyagatare washyuhijwe cyane!

Kuva mu bitangazamakuru byandika, ibivuga n'ibitangaza amashusho kugera ku mbuga nkoranyambaga, umukino wa Sunrise FC na Kiyovu Sports wagarutsweho cyane.

Impamvu nta yindi ni uko ari nk'urufunguzo rushobora guhesha Kiyovu Sports kurushaho kwegera ameza ateretseho igikombe iheruka gukozaho imitwe y'intoki mu myaka 30 ishize.


Aba ni bamwe mu banyamakuru n'ibitangazamakuru bagize icyo bavuga kuri uyu mukino.



















14:49

I Nyagatare: Amakipe yombi amaze kwishyushya

Abakinnyi ba Sunrise FC n'aba Kiyovu Sports bamaze kwishyushya. Kuri ubu bategerejwe mu kibuga mbere y'uko umukino utangira.

14:34

Abakinnyi 11 ba Sunrise FC

Tugirimana Gilbert utoza Sunrise FC yatoranyije 11 be barimo:

Mfashingabo Didier
Niyibizi Vedaste
Ndolimana Kevin
Shyaka Clever
Nzabonimana Prosper
Nyamuranga Moses
Wanji Pius
Ssebadduka Juma
Babuwa Samson
Mwizerwa Elissa
Twagirimana Innocent

14:33

Abakinnyi 11 Kiyovu Sports yabanje mu kibuga

Umutoza Alain André Landeut yahisemo gukoresha:

Kimenyi Yves
Serumugo Ally
Nsabimana Aimable
Ndayishimiye Thierry
Eric Iracyadukunda
Mugiraneza Foroduard
Benedata Janvier
Bigirimana Abedi
Muhozi Fred
Iradukunda Bertrand
Ssekisambu Erisa

14:31

I Nyagatare, abafana ba Kiyovu Sports bari tayari

Morale ni yose ku bafana ba Kiyovu Sports mbere y’umukino iyi kipe ifitanye na Sunrise mu kanya saa Cyenda. Bifite ishingiro kuko benshi muri bo bazi ikipe yabo yegukana igikombe mu myaka 30 ishize.

14:27

Ni Kiyovu Sports cyangwa ni APR FC?

Ni nde uzegukana Igikombe cya Shampiyona?

Ku Munsi wa 29, ubanziriza uwa nyuma, Kiyovu Sports ya mbere irakirwa na Sunrise FC i Nyagatare kuri iki Cyumweru mu gihe APR FC yakira Rwamagana City FC mu Bugesera. Urucaca ni urwa mbere n'amanota 60 naho APR FC ifite amanota 57 ku mwanya wa kabiri.









14:22

Ikaze kuri Stade ya Goligota n'iya Bugesera

Ikaze ku mikino y'Umunsi wa 29 wa Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere mu Rwanda.

Uyu munsi turabagezaho imikino ibiri irimo uwo Sunrise FC yakiramo Kiyovu Sports i Nyagatare kuri Stade yiswe "Goligota" mu gihe APR FC ikina na Rwamagana City kuri Stade ya Bugesera.


Kugeza ubu, Kiyovu Sports ni iya mbere ifite amanota 60 mu gihe APR FC ya kabiri ifite 57.