Rayon Sports vs APR FC

Rayon Sports 1-0 APR FC

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Eric Tony Ukurikiyimfura & Ishimwe Israel

Amafoto

: Ntare Julius & Yuhi Irakiza Augustin

18:51

VIDEO: Umwe ku wundi! Reba ibyishimo by'abakinnyi ba Rayon Sports nyuma yo kwegukana Igikombe



18:47

Ooooh Rayon! Minisitiri Munyangaju yishimira intsinzi ya Gikundiro

Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, yashimiye Rayon Sports nyuma yo kwegukana Igikombe cy'Amahoro.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yanditse ati "Ohh RAYOOOON ???? ????Congratulations!!!"

18:42

VIDEO: Rayon Sports yegukanye Igikombe cy'Amahoro cya 2023



18:27

Byari ibyishimo kuri Rayon Sports (uko amakipe yahembwe)

17:50

Amafoto y'abakinnyi ba Rayon Sports bashyikirizwa igikombe

17:21

Rayon Sports yegukanye Igikombe cy'Amahoro cya 2023

Igitego cya Ngendahimana Eric gifashije Rayon Sports gutsinda APR FC igitego 1-0, yegukana Igikombe cy'Amahoro cya 2023.

Rayon Sports izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, mu gihe APR FC izakina CAF Champions League.

Iki ni Igikombe cy'Amahoro cya 10 cyegukanywe na Gikundiro iraza guhabwa sheki ya miliyoni 10 Frw.

APR FC ifite ibikombe byinshi, yagitwaye inshuro 14.

Umwanya wa gatatu wegukanywe na Mukura itsinze Kiyovu SC igitego 1-0.

Rayon Sports yaherukaga Igikombe cy'Amahoro mu 2016 ubwo yatsindaga APR FC 1-0.

Ni igikombe cya mbere Gikundiro itwaye kuva mu 2019 itwaye Shampiyona.

17:18

Umukino urarangiye

17:18

90+2' Musa Esenu ahushije igitego cyabazwe

Rayon Sports yashoboraga kubona igitego cya kabiri ariko Esenu ateye umupira hanze kandi yari wenyine arebana n'izamu.

17:15

90' Iminota itatu y'inyongera

Umusifuzi wa Kane, Twagirumukiza Abdulkarim yerekanye iminota itatu y'inyongera.

APR FC iri gusatira ishaka igitego cyo kwishyura.

17:15

89' Ikarita y'umuhondo

Joackiam Ojera ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Ruboneka.

17:11

85' Coup-franc ya Rayon Sports

Mugisha Bonheur akiniye nabi Onana ahagana muri koruneri. Ikosa rihanwe na Ojera, umupira ugeze kuri Esenu akinisha umutwe, ujya hejuru y'izamu.

17:06

Gusimbuza kwa APR FC

79' Niyibizi Ramadhan yafashe umwanya wa Mugisha Gilbert.

17:02

Gusimbuza kwa Rayon Sports

76' Heritier Luvumbu Nzinga usohotse mu kibuga acumbagira, asimbuwe na Iraguha Hadji.

17:00

75' Hasigaye iminota 15 gusa

17:00

Ikarita y'umuhondo kuri APR FC

74' Mugisha Gilbert ahawe ikarita y'umuhondo nyuma y'ikosa yakoreye kuri Luvumbu Nzinga, yategeye hagati mu kibuga nyuma yo gucenda abakinnyi benshi ba APR FC.

16:57

71' Gushyamirana hagati y'abakinnyi ba APR FC na Rayon Sports

Mitima Isaac ashwanye n'abakinnyi babiri ba APR FC; Nshuti Innocent na Mugunga Yves, bakizwa n'abasifuzi.

Bagenzi babo bahise baza kubatandukanya.

16:57

VIDEO: Rayon Sports iri kugaragaza gusatira cyane

16:55

69' Uburyo bwa Rayon Sports

Ojera akinanye na Musa Esenu uteye umupira adahagaritse ujya hanze.

16:54

Minisitiri wa Siporo arahari!

Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, ari mu banyacyubahiro barebye umukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro cya 2023.

16:53

67' Gusimbuza

Mugunga Yves asimbuye Bizimana Yannick.

16:52

67' Gusimbuza

Rafael Osaluwe asimbuwe na Kanamugire Roger.

16:50

65' APR FC ishushije igitego cyabazwe

Hategekimana Bonheur arokoye Rayon Sports ku mupira wa Ishimwe Anicet akuyemo n'ukuguru mbere y'uko uwoo basonzemo ujya hanze.

16:48

Igitego cyatsinzwe na Ngendahimana Eric n'uburyo cyishimiwe

16:46

Gusimbuza kwa APR FC

60' Ishimwe Annicet yasimbuye Kwitonda Alain Bacca utabonetse cyane muri uyu mukino

16:43

VIDEO: UKO IGITEGO CYA RAYON SPORTS CYAGIYEMO

16:39

53' Ikarita y'umuhondo

Rafael Osaluwe ahawe ikarita y'umuhondo akuruye Ruboneka Jean Bosco.

16:38

52' Coup-franc nziza ya Rayon Sports

Buregeya Prince akiniye nabi Ojera inyuma gato y'urubuga rw'amahina, ikosa rihanwe na Luvumbu, umupira ukomeye ushyirwa muri koruneri na Ishimwe Pierre.

16:35

49' Coup-franc ya APR FC

Rafael Osaluwe akiniye nabi Nshuti Innocent inyuma y'urubuga rw'amahina nko muri metero 23.

Ikosa rihanwe na Ishimwe Christian, Ganijuru ashyiraho umutwe umupira ujya muri koruneri.

16:32

47' Coup-franc ya Rayon Sports

Ishimwe Christian akiniye nabi Ojera, ikosa rihanwe na Luvumbu, APR FC ihita itwara umupira birangiye utewe hanze na Bizimana Yannick.

16:30

46' Igice cya kabiri cyatangiye

APR FC ni yo itangije igice cya kabiri. Nshuti Innocent na Bizimana Yannick batanga umupira kuri bagenzi babo.

16:28

APR FC yavuye mu rwambariro bwangu

Mu gihe Rayon Sports itegerejwe, APR FC yageze mu kibuga ndetse ikora inama ntoya.

16:23

Amateka arisubiramo Umurundi afashe Rayon Sports guhigika Umunya-Tunisia wa APR FC?


Ubwo Rayon Sports iheruka kwegukana Igikombe cy’Amahoro hari mu 2016. Icyo gihe yatsinze APR FC igitego 1-0 cyatsinzwe na Ismaila Diarra.

Muri uyu mwaka, Ikipe ya Rayon Sports yari ifitwe n’Umurundi Masudi Djuma mu gihe mukeba yari mu maboko y’Umunya-Tunisia, Nizar Khanfir.

Nyuma y’imyaka irindwi, amakipe yombi yongeye guhurira ku mukino wa nyuma aho Ikipe y’Ingabo itozwa na Ben Moussa ukomoka muri Tunisia mu gihe Gikundiro ifitwe na Haringingo Christian Francis uvuka mu Burundi.

Ese amateka arisubira, Abarundi bakomeze guhagama Abanya-Tunisia? Iminota 45 y’igice cya kabiri iduhishiye byinshi.






16:17

VIDEO: Igitego cya Rayon Sports cyanzwe

Reba igitego Ngendahimana Eric wa Rayon Sports yagejeje mu rushundura ariko Umusifuzi wo ku ruhande, Karangwa Justin, akavuga ko yari yaraririye.

16:14

Igice cya mbere kirarangiye

16:12

45' Iminota ibiri y'inyongera

Umusifuzi wa Kane, Twagirumukiza Abdulkarim yerekanye iminota ibiri y'inyongera.

APR FC iri gusatira ishaka igitego cyo kwishyura.

16:10

43' Uburyo bwiza bwa APR FC

Ruboneka Bosco akinanye na Nshuti Innocent uteye ishoti rikomeye rinyura ku ruhande.

16:08

40' Igitego cya Rayon Sports

Ngendahimana Eric afunguye amazamu ku mupira ateye nyuma yo gukurwamo n'umunyezamu Ishimwe Pierre utakomeje ishoti rikomeye rigenda hasi ryatewe na Luvumbu.

16:03

35' Abafana batuje

Umukino wabaye uhagaze kuko hari kuvurwa Umunyezamu wa APR FC, Ishimwe Pierre umaze kugongana na Onana.

Abatoza baboneyeho kuganiriza abakinnyi.

Abafana benshi baratuje, wagira ngo bari kureba Tennis.

16:02

34' Uburyo bwiza bwa Rayon Sports

Joackiam Ojera ateranye umupira Ishimwe Christian mu kirere, usanga Onana uwutanze Ishimwe Pierre, ariko uyu munyezamu ahita awufata neza.

15:59

31' Ikarita y'umuhondo

Bizimana Yannick ahawe ikarita y'umuhondo nyuma yo kubuza Luvumbu guhana ikosa ryari rikozwe na Mugisha Gilbert watangiye umupira n'ikiganza.

15:57

30' Umukino wasubiye bubisi

Umukino wamaze gutakaza umuvuduko watangiriyeho.

Nta mbaraga nyinshi zikiri mu gusatira ku mpande zombi.

APR FC iri kugerageza gusanga Rayon Sports iwayo.

15:53

24' Coup-franc nziza ya Rayon Sports

Ishimwe Christian akiniye nabi Mucyo Didier hafi ya koruneri.

Ikosa rihanwe na Luvumbu, umupira ushyizwe mu izamu ukurwaho na Ndayishimiye Dieudonne wari uhagaze ku murongo.

15:50

22' Abafana ba Rayon Sports batangiye kwibona mu mukino

Nubwo ikipe yabo itaratsinda igitego cyemewe, abafana ba Rayon Sports batangiye kugaragaza umurindi bashyigikira ikipe yabo.

Hagati aho, Mugisha Gilbert yicaye hasi aho ari kuvurwa nyuma yo gukandagirwa.

15:47

KU MBUGA NKORANYAMBAGA HARAVUGWA IKI?

Umukino uhuza APR FC na Rayon Sports uri mu ivugisha benshi haba mu bitangazamakuru, mu bafana ndetse by'umwihariko bagaragaza amarangamutima yabo ku mbuga nkoranyambaga.

Abanyamakuru, abafana n'abandi bakurikiranira hafi ruhago y'u Rwanda batangaje iki? Benshi bikije ku mukino watinze gutangira.


































15:46

19' Rayon Sports itsinze igitego cyanzwe

Essomba Onana ahinduye umupira ugeze kuri Ngendahimana Eric atsindisha umutwe, umusifuzi wo ku ruhande Karangwa Justin agaragaza ko habayeho kurarira.

Ku mashusho, bigaragara ko Ngendahimana yari yaraririye kuva mbere.

15:44

17' Ubundi buryo bwa APR FC

Buregeya Prince ahinduye umupira atwaye Mucyo Didier, ugeze kuri Nshuti Innocent awukinisha umutwe, ujya ku ruhande rw'izamu.

15:44

15' Rwatubyaye arokoye Rayon Sports

Ruboneka Bosco ahinduye umupira mwiza mu rubuga rw'amahina rwa Rayon Sports, Rwatubyaye aratabara, awushyira muri koruneri n'umutwe.

15:37

10' Abantu batandukanye bitabiriye uyu mukino

15:36

9' Rayon Sports ishushije uburyo bwiza

Onana azamukanye umupira, yanga gukinana na Ojera, ahitamo gutanga kwa Luvumbu uteye ishoti rinyuze imbere y'izamu.

15:36

VIDEO: Uko byagenze mbere y'uko umukino utangira

15:32

4' Coup-franc ya Rayon Sports

Ishimwe Christian akiniye nabi Ojera, ikosa rihanwa na Luvumbu.

Uyu Munye-Congo ateye umupira ukuweho na Nshuti Innocent n'umutwe. Osaluwe asubijemo ishoti rigiye hanze.

15:31

3' Coup-franc ya APR FC

Ishimwe Christian ateye umupira uteretse ahagana muri koruneri, ukurwaho na Rayon Sports, APR FC yongeye kuwushyikira, ugera kuri Bizimana Yannick uteye ishoti rifatwa na Hategekimana Bonheur.

15:30

3' APR FC itangiriye hejuru

Mugisha Gilbert ni undi mukinnyi wa APR FC uzamukanye umupira, ariko awuhinduye usanga Mugisha Bonheur uwuteye ku ruhande rw'izamu.

Abafana ba APR FC batangiye kuvuza ingoma.

15:29

2' Nshuti Innocent atangiye aryama hasi

Rutahizamu wa APR FC, Nshuti Innocent wari winjiranye umupira ageze ku rubuga rw'amahina rwa Rayon Sports, arawtakaje aryama hasi agaragaza ko bamukandagiye.

Gusa, nyumu y'amasegonda make ahise ahaguruka.

15:27

Umukino uratangiye

Nyuma y'impaka ndende no kutumvikana, Umusifuzi Ishimwe Jean Claude 'Cucuri' atangije umukino.

APR FC yambaye umukara mu gihe Rayon Sports yambaye ubururu nk'ikipe yakiriye umukino inakinnye umupira wa mbere utewe na Luvumbu.

15:24

Abaturage bahitanwe n'ibiza bunamiwe mbere y'umukino!

Mbere y'umukino wa Rayon Sports na APR FC, habanje gufatwa umunota wo kwibuka no guha icyubahiro abahitanywe n'ibiza byibasiye Intara y'Iburengerazuba, iy'Amajyaruguru n'iy'Amajyepfo mu ijoro ryo ku wa 3 Gicurasi, bigahitana ubuzima bw'abantu 135.

FERWAFA yavuze ko igice cy'amafaranga yinjira ku mikino ya nyuma y'Igikombe cy'Amahoro, kizatangwamo inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n'ibi biza.

15:23

AMAKIPE YOMBI AGEZE MU KIBUGA

Nyuma y'iminota 21 ubariye igihe umukino wagombaga gutangiriraho ni bwo abakinnyi b'amakipe yombi bageze mu kibuga. Abafana hafi ya bose babakiriye bahagaze ariko bamwe babavugiriza induru 'mu kugaragaza ko batishimiye imyitwarire yabaranze'.

15:20

IMITIMA IRARUHUTSE

Nyuma y'iminota 18 y'ibiganiro hagati ya APR FC, Rayon Sports na FERWAFA, abasimbura ba APR FC bagiye mu byicaro byabo. Abafana bamwe na bamwe bumvikanye babakurikiza indura nyinshi. Abakinnyi babanza mu kibuga bo baracyategerejwe kuko ntibarasohoka.

15:16

AMASO YAHEZE MU KIRERE

Iminota ibaye 15 umukino utaratangira. Intandaro yabaye ko abakinnyi ba APR FC bagiye kwicara mu myanya yari yateguriwe abasimbura ba Rayon Sports. Kugeza ubu haracyari kuba ibiganiro biganisha ku gushaka umuti w'uku kutumvikana kugira ngo umukino utangire.

15:07

Iminota itanu irashize nta mukinnyi urakandagira mu kibuga

Kugeza ubu abakinnyi n'abatoza b'amakipe yombi baracyari kugirana icyo wakwita ibiganiro kugira ngo binjire mu kibuga. Umukino wagombaga gutangira saa Cyenda zuzuye ariko zirenzeho iminota itandatu nta mukinnyi n'umwe urakandagiza ikirenge mu kibuga.

15:02

HAVUTSE IGISA NO GUSHYAMIRANA: AMAKIPE YATINZE GUSOHOKA MU RWAMBARIRO

Abakinnyi b'abasimbura ba APR FC bageze aho bagomba kwicara ariko abatoza babo barimo uw'Abanyezamu, Mugabo Alexis barabahagamara ngo bajye kwicara ku rundi ruhande.


Ni icyemezo cyaganiriwe n'impande zombi bituma havuka igisa no kutumvikana mbere y'uko amakipe yinjira mu kibuga. Impande zombi zimaze iminota itanu zitarinjira mu kibuga.

Mu bari guhosha amakimbirane harimo n'abayobozi mu Ishyirahamwe Nyarwanda rya Ruhago, FERWAFA, bayobowe n'Umunyamabanga Mukuru w'Agateganyo, Karangwa Jules.

14:57

Ubwitabire buri hejuru

14:55

Amakipe yombi ategerejwe mu kibuga


Mbere yo kugera mu kibuga, abakinnyi ku mpande zombi babanje kwishyushya.


14:52

Igitego cyahesheje Mukura VS umwanya wa gatatu itsinze Kiyovu Sports 1-0

Hakizimana Zubel yatsinze iki gitego ku munota wa nyuma (90+1').

14:49

Amakipe yombi yasubiye mu rwambariro

Abakinnyi b'amakipe yombi basubiye mu rwambariro mu gihe umukino utangira mukanya saa Cyenda.

Gutegereza birasa n'ibigana ku musozo, ikipe itwara Igikombe cy'Amahoro iramenyekana mu masaha make ari imbere.

14:40

Muhire Kevin ari mu baje kureba uyu mukino

Muhire Kevin wabaye Kapiteni wa Rayon Sports ndetse kuri ubu akaba akina muri Koweit, ari mu bitabiriye uyu mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro.

Bimenyimana Bonfils Caleb na we wakiniye Rayon Sports, ari kuri uyu mukino.

14:34

APR FC igera kuri Stade ya Huye

14:32

Ubwo Rayon Sports yageraga kuri Stade ya Huye

14:24

Amakipe yombi ari kwishyushya

Abakinnyi b'amakipe yombi bari kwishushya mu gihe hasigaye iminota itageze kuri 40 ngo umukino utangire.


Stade ya Huye yuzuye abafana uretse igice cyo ku ruhande rugana ku biro by'Akarere ka Huye aharimo bake bashobora kuba batinye izuba.

Ibyo ntibikuraho ko hari ahuzuye ndetse bamwe bakaba bahagaze.

Ku wa Gatatu, FERWAFA yatangaje ko amatike yo kwinjira kuri iyi mikino ya nyuma yashize.

14:22

Abakinnyi ba Rayon Sports bitabajwe

Hategekimana Bonheur
Ganijuru Ishimwe Elie
Mucyo Didier Junior
Rwatubyaye Abdul
Ngendahimana Eric
Ojera Joackiam
Onana Willy Essomba
Osaluwe Rafael
Esenu Musa
Mitima Isaac
Luvumbu Heritier Nzinga

14:20

Abakinnyi ba APR FC babanje mu kibuga

14:02

VIDEO: Abafana ba APR FC na Rayon Sports bashyuhije ibirori mbere y'umukino

14:01

Dusubize amaso inyuma! Uko byatangiye mu gitondo abafana bahaguruka i Kigali berekeza i Huye



















13:55

Stade ya Huye yashyushye

Umurindi w'abafana ba Rayon Sports na APR FC watangiye kuri Stade ya Huye mu gihe habura iminota 65 ngo umukino w'amakipe yombi utangire.

Abatoza bashinzwe imyitozo batangiye gutegura aho abakinnyi bishyuhiriza mu kibuga.

Ni nde wegukana Igikombe cy'Amahoro cya 2023? Ni byo twese dutegereje kureba ndetse IGIHE irahari kugira ngo ikugezeho uko bigenda.

13:51

Mukura VS yegukanye umwanya wa gatatu

Mukura Victory Sports et Loisir yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Kiyovu Sports igitego 1-0.

Umukino wa nyuma urahuhuza Rayon Sports na APR FC guhera saa Cyenda.

IGIHE irakomeza kukubera kuri Stade ya Huye.

13:49

Umukino urarangiye

13:48

Rayon Sports yazamuriwe agahimbazamusyi

Uruganda rwenga Ibinyobwa bisembuye n'Ibidasembuye, Skol Brewery Ltd, rwemereye guha abakinnyi ba Rayon Sports miliyoni 15 Frw nibatsinda umukino ubahuza na APR FC bakegukana Igikombe cy'Amahoro.

13:48

90+1' Igitego cya Mukura VS

Mukura VS ihagurukije abari muri Stade ya Huye ku munota wa nyuma, ku gitego cyinjijwe na Hakizimana Zubel.

13:44

Na APR FC yateguye!


Abafana ba APR FC batangiye guhabwa utubendera tuza kwifashishwa mu gushyigikira ikipe yabo.

13:43

86' Gusimbuza

Nsabimana Emmanuel 'Balotelli' asimbuye Iradukunda Elie 'Tatou' ku ruhande rwa Mukura VS.

13:42

Inkuta za Stade ya Huye zatangiye kunyeganyezwa

Murera yabaye Murera! Stade Mpuzamahanga ya Huye igiye kuzura. Harabura imyanya mike itaricarwamo. Abafana ba Rayon Sports bafite umurindi mu gihe habura isaha n'iminota 20 ngo umukino wa nyuma uhuza iyi kipe na APR FC utangire.

13:41

85' Mukura VS ibuze amahirwe

Mukoghotya Robert atanze umupira umunyezamu Nzeyurwanda, awutera ku buryo ujya mu izamu, ku bw'amahirwe ya Kiyovu Sports urenzwa na Nshimirimana Ismael Pitchou.

13:30

73' Mukura VS itsinze igitego cyanzwe

Ntarindwa Aimable ateye umupira ukozweho n'umunyezamu Nzeyurwanda, urakomeza ukubita igiti cy'izamu ugarukira Hakizimana Zubel utsinze igitego, ariko umusifuzi wo ku ruhande agaragaza ko hari habayeho kurarira.

13:23

Kiyovu Sports yamanutse i Huye ifite abasimbura mbarwa

13:22

67' Gusimbuza

Muhozi Fred asimbuwe na Tuyisenge Hakim 'Dieme' ku ruhande rwa Kiyovu Sports.

13:16

60' Mukura VS ihushije uburyo bwabazwe

Iradukunda Elie Tatou abuze amahirwe ku mupira arengeje Nzeyurwanda, uba muremure ujya hanze.

13:15

59' Kiyovu Sports ihushije uburyo bwabazwe

Mugenzi Bienvenu arobye umunyezamu Ssebwato wari wasohotse, umupira wari mu kirere ujya hanze ku ruhande rw'izamu mu gihe uyu mukinnyi yari awukurikiye.

13:12

55' Kiyovu Sports igerageje uburyo bwiza

Nsabimana Denis akinanye na Iracyadukunda Eric witakumye atera ishoti rikomeye rigendera hasi, ariko umunyezamu Sebwato Nicolas ahagarika neza umupira atrawufata.

13:08

VIDEO: Igice cya mbere cyarangiye nta kipe irebye mu izamu ry'indi.

13:01

46' Igice cya kabiri cyatangiye

Igice cya kabiri cy'umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu hagati ya Kiyovu Sports na Mukura VS cyamazr gutangira.


Yari yagiye kuruhuka ari ubusa ku busa.

12:48

Igice cya mbere kirarangiye

Igice cya mbere cy'umukino w'umwanya wa gatatu hagati ya Kiyovu Sports na Mukura VS kirangiye ari ubusa ku busa.

12:46

45+1' Uburyo bwiza bwa Mukura VS

Nzeyurwanda arokoye Kiyovu Sports ku mupira utewe na Iradukunda Elie Tatou, awushyira muri koruneri.

Ni bwo buryo bwa mbere bukomeye bubonetse kugeza ubu.

12:39

37' Ikarita y'umuhondo

Kapiteni wa Kiyovu Sports, Serumogo Ali, ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Hakizimana Zubel.

Umusifuzi Ngaboyisonga Patrick yamuhamagaye undi aramusuzugura, ahita amwereka ikarita.

12:34

Abayobozi ba Rayon Sports bageze muri Stade Huye

Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, Namenye Patrick n'Umuvugizi w'iyi kipe, Nkurunziza Jean Paul, bari mu baje kureba uyu mukino w'umwanya wa gatatu mu gihe Gikundiro icakirana na APR FC guhera saa Cyenda.

12:31

30' Perezida mushya wa Mukura VS, Nyirigira Yves, mu bitabiriye uyu mukino

12:19

18' Mukura VS yirangayeho

Muhoza Tresor ahinduye umupira mwiza usanze Mico Justin mu rubuga rw'amahina, ariko ashatse kuwuhagarika uhita ujya ku kirenge cya myugariro wa Kiyovu Sports akiza izamu rye.

12:09

7' Hakizimana Zubel akomewe amashyi

Rutahizamu wa Mukura VS unyura ibumoso, Hakizimana Zubel, akomewe amashyi nyuma yo kwinjira umupira ahinduriye ahagana muri koruneri, ushaka kumanukira mu izamu ariko Nzeyurwanda abibona neza ko uri inyuma hejuru.

Umusifuzi wo ku ruhande na we yagaragaje ko umupira wari wanyuze hanze.

12:07

5' Umukino watangiye utuje

Mkura VS na Kiyovu Sports ziri gukinira ku izuba rya saa Sita, ariko ririmo akayaga gake, zatangiye umukino zituje ndetse nta kipe yateye mu izamu mu minota itanu ishize.

12:00

Umukino uratangiye

Umusifuzi Ngaboyisonga Patrick atangije umukino.

Umupira wa mbere ukinwe na Kiyovu Sports yambaye umweru hejuru mu gihe amakabutura n'amasogisi ari icyatsi.

Mukura yambaye umuhondo hejuru no hasi, uretse amakabutura y'umukara.

12:00

Hafashwe umunota wo kwibuka no guha icyubahiro abahitanywe n'ibiza

Mbere y'umukino wa Kiyovu Sports na Mukura VS, hafashwe umunota wo kwibuka no guha icyubahiro abahitanywe n'ibiza.

Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 3 Gicurasi, byatwaye ubuzima bw'abantu 135 mu Ntara y'Iburengerazuba, iy'Amajyaruguru n'iy'Amajyepfo.

FERWAFA yavuze ko igice cy'amafaranga yinjira kuri uyu wa Gatandatu, kizatangwamo inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n'ibi biza.

11:52

Imikino ya nyuma y'Igikombe cy'Amahoro iri kwerekanwa kuri Televiziyo


Ishami rya Televiziyo y'Igihugu ryerekana imikino, Magic Sports, ni ryo riri gutambukaho imikino isoza Igikombe cy'Amahoro cy'uyu mwaka.

Umunyamakuru Kayishema Thierry Tity ni umwe mu bari kogeza iyi mikino.

11:50

Mukura VS na Kiyovu SC zasubiye mu rwambariro

Nyuma yo kwishushya, amakipe ya Kiyovu Sports na Mukura VS yasubiye mu rwambariro.

Umukino uratangira mu minota 10 iri imbere.

11:49

Umunyamabanga Mukuru w'Agateganyo wa FERWAFA, Jules Karangwa, mu bageze muri Stade ya Huye

11:45

Ubwo Kiyovu Sports na Mukura VS zageraga kuri Stade Huye

11:42

Abakinnyi ba Kiyovu SC babanje mu kibuga

Umutoza Alain-Andre Landeut yabanjemo:


Nzeyurwanda Djihad
Serumogo Ali
Iracyadukunda Eric
Mugenzi Bienvenu
Bigirimana Abedi
Bizimana Hamissi
Muhozi Fred
Mugiraneza Frodouard
Nkinzingabo Fiston
Twahirwa Olivier
Nshimirimana Ismael Pitchou
Nsabimana Denis


11:35

Abakinnyi ba Mukura VS babanje mu kibuga

Umutoza Lotfi yabanjemo:

Nicolas Sebwato
Kayumba Soter
Ngirimana Alexis
Muhoza Tresor
Kubwimana Cedric
Aimable Ntarindwa
Mico Justin
Iradukunda Elie Tatou
Vincent Habamahoro
Robert Mukoghotya
Hakizimana Zubel

11:32

Abafana babukereye muri Stade ya Huye

Mu gihe habura iminota 30 ngo umukino wa mbere utangire ndetse n'amasaha atatu n'igice ngo umukino wa nyuma ube, abafana bari muri stade ya Huye bajya kugera kuri 1/4.

Uyu mukino w'umwanya wa gatatu urayoborwa na Ngaboyisonga Patrick nk'umusifuzi wo hagati.

11:26

Kiyovu Sports isesekaye mu kibuga

Abakinnyi ba Kiyovu Sports binjiranye imbaduko mu kibuga aho bagiye kwishyushya.

Mugiraneza Frodouard na Iracyadukunda Eric babanje gusenga.

Kimenyi Yves ntari mu bakinnyi bari kwishushya.

11:25

Mukura VS ihawe amashyi n'abakunzi bayo

Saa Tanu n'iminota 22 ni bwo Mukura VS yinjiye mu kibuga kugira ngo yishushye.

Abatuye Huye baje kuri stade, bayihaye amashyi mu rwego rwo kugaragaza ko bayishimiye.

Iyi kipe iri mu rugo, igiye gukina na Kiyovu Sports mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu utangira saa Sita.

11:06

Huye yishe inyoni ebyiri, ikoresheje ibuye rimwe


Akarere ka Huye kakiriye uruhurirane rw'ibirori. Ibya ruhago biravamo hicokamo ibya muzika.


Nyuma y'umukino wa APR FC na Rayon Sports, abakunzi ba muzika by'umwihariko aba Hip hop batekerejweho.

Skol yateguye igitaramo cy'imbaturamugabo gihuriza hamwe abaraperi b'ibikonyozi barimo abakuru n'abo mu kiragano gishya.


Igitaramo cyiswe "Nyega Nyega Na Skol Lager" cyateguwe mu byiciro bibiri birimo icyabaye ku mugoroba wo ku wa Gatandatu.

Cyatumiwemo abaraperi b'amazina akomeye barimo abagize Itsinda "Tuff Gang" nka Bull Dogg, P Fla na Fireman, Neg G The General, Ish Kevin, Zeotrap, B Threy, Papa Cyangwe na Kevin Kade.


Abahanzi baririmbye ku munsi wa mbere barimo Ish Kevin, B Threy na Kevin Kade.

10:35

Abafana ba mbere bageze muri Stade ya Huye

Mu gihe habura isaha n'igice ngo umukino wa mbere w'umwanya wa gatatu uhuza Kiyovu Sports na Mukura VS utangire, abafana ba mbere bamaze kwinjira muri Stade Mpuzamahanga ya Huye.

Ishyirahamwe Nyarwanda rya Ruhago ryatangaje ko imiryango ifungurwa saa Tatu, igafungwa saa Munani mu kwirinda umuvundo.

10:14

Imihanda yegereye kuri Stade ya Huye yafunzwe

Akarere ka Huye katangaje ko imihanda yegereye Stade ya Huye yafunzwe.


10:02

Amakipe yombi agiye guhura ku nshuro ya 99

Muri rusange kuva mu 1995, ufashe imikino ya shampiyona ukongeraho n’andi marushanwa izi kipe zagiye zihuriramo n’imikino ya gishuti n’ubwo itabaye inshuro nyinshi, usanga Rayon Sports na APR FC zimaze guhura inshuro 98.

Muri izo nshuro zose hamwe Rayon Sports yatsinzemo imikino 30 naho ikipe ya APR FC itsindamo imikino 43, zinganya imikino 25.

Muri iyo mikino 98 habonetsemo ibitego 257, harimo 122 ku ruhande rwa Rayon Sports n’ibitego 135 ku ruhande rwa APR FC.

Rayon Sports yatsinze umukino uheruka ku gitego 1-0, yari imaze hafi imyaka ine itazi uko gutsinda mukeba bimera kuko yabiherukaga muri Mata 2019.

09:47

Amagambo hagati y'abafana ba APR FC n'aba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports baragira bati "Twari tubakumbuye", aba APR FC bakabibutsa ko "bazabaheka ku murizo. Nyuma yo kwegukana Shampiyona kwa APR FC no kugera ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro, byahise bihesha Gikundiro itike yo kuzasohokera u Rwanda mu mikino Nyafurika ya CAF Confederation Cup.

09:40

I Huye naho byashyushye!


Abafana ba Rayon Sports barimo Rwarutabura bari tayari, bari kuzenguruka Umujyi wa Huye aho biteguye kwihera ijisho umukino w'ishiraniro ubahuza na mukeba wabo, APR FC.

09:15

Icyizere ni cyose ku bafana ba Rayon Sports bavuye i Kigali


09:14

AMAFOTO: Abafana ba Rayon Sports na APR FC ubwo bahagurukaga i Nyabugogo

09:09

FERWAFA yateguje ko imiryango ishobora gufungwa kare


Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryasabye abafana kugera muri Stade ya Huye kare kugira ngo hirindwe umuvundo ndetse ni muri urwo rwego imiryango ishobora gufungwa guhera saa Munani.


08:25

Abafana babukereye

Mu gihe hari abaraye bigabye bakarara i Huye, byitezwe ko abafana benshi bahaguruka i Kigali muri iki gitondo.

Aba APR FC bemeranyijwe ko bahagurukira i Nyabugogo mu gihe aba Rayon Sports bahagurukira i Nyamirambo.



08:22

Urugendo rwa Rayon Sports na APR FC mu Gikombe cy'Amahoro cya 2023


Igikombe cy'Amahoro cya 2023 cyatangiye muri Gashyantare.

Rayon Sports na APR FC ziri mu makipe yitwaye neza mu myaka yashize, zahereye muri 1/8.

Gikundiro yasezereye Intare FC, Police FC na Mukura VS mbere yo kugera ku mukino wa nyuma.

Ikipe y'Ingabo yo yasezereye Ivoire Olympique, Marines FC na Kiyovu Sports kugira ngo izahure na Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu.

08:20

Ikaze ku munsi wa nyuma usoza Igikombe cy'Amahoro cya 2023

Igitondo cyiza! IGIHE ibahaye ikaze kuri uyu munsi, tariki ya 3 Kamena 2023, ahagiye gusozwa Igikombe cy'Amahoro cya 2023.

Kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye ni ho habera imikino ibiri iteganyijwe aho guhera saa Sita, Kiyovu Sports irisobanura na Mukura VS zihataniye umwanya wa gatatu.

Nyuma yaho, ni bwo ruza kwambikana hagati ya Rayon Sports na APR FC zihataniye Igikombe.

Ikipe ya Siporo ya IGIHE iri mu bice bitandukanye birimo na Huye kugira ngo ikugezeho buri kimwe cyose kijyanye n'iyi mikino ya nyuma kugeza isojwe.