APR FC vs Singida Black Stars

APR FC 1-0 Singida Black Stars

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Jahdeau Dukuze

Amafoto

:

21:54

90+4' Umukino urarangiye.

Ikipe ya APR FC yegukanye intsinzi y'igitego 1-0.

Iyi ihise iyobora itsinda n'amanota atatu. Izongera gukina kuwa gatanu w'iki cyumweru ihura n'ikipe ya Al Merreikh yo muri Sudani y'epfo.

21:53

90+3' Coup ya Franc ya Singida hafi kuvamo igitego.

Umupira muremure wa Ayoub nanone ugiye mu rubuga rw'amahina rwa APR FC, Souane akiza izamu, ugaruka ku basore ba Singida, bawugaruye imbere y'izamu Soune agiye gukiza izamu awutera nabi ukubita umutambiko w'izamu uragaruka.

21:50

90+3 Singida yari igeragereje kure.

Ayoub Lyanga ateye umupira muremure ariko ujya hanze y'izamu

21:50

90+2 Dauda ari kwiyerekana kuri Azam Complex.

Uyu munya Ghana wagiye mu kibuga asimbuye yazanye umutuzo mu kibuga hagati aho imipira yose yakozeho yagaragaje ko ari umwe mu bazatanga akazi uyu mwaka.

21:47

90' Iminota ine y'inyongera

21:47

90' Kurarira kwa Singida.

Singida ikomeje gushaka igitego, iteye umupira muremure kwa Ayoub ariko yari yaraririye.

21:46

87' Coup Franc ya APR FC

Basco akorewe ikosa coup Franc ivuyemo ntiyagira icyo itanga.

21:42

85' Gusimbuza ku ruhande rwa APR FC.

Lamptey Richmond na Soune Allioune bagiye mu mwanya wa Mbaoma na Ramadhan

21:41

84' Ikarita y'umuhondo ya gatatu kuri APR FC.

Yunusu Nshimiyimana yeretswe ikarita y'uko yigwishije.

21:40

82' Abasifuzi bakomeje kudahuza n'abari kuri Stade.

Aha ikipe ya Singida yongeye guhabwa Coup Franc itavugwaho rumwe, ubwo umusifuzi wo ku ruhande yemezaga ko Bosco yakoze ikosa.

21:39

80. Taddeo Lwanga akorewe ikosa.

Uyu musore uhagaze neza mu mukino akorewe ikosa na Lyanga

21:38

79' Coup Franc ya APR FC yari ibyaye igitego.

Umupira wa Bosco Ruboneka usanze Mbaoma imbere y'izamu ariko ntiyashobora kuwugeza imbere y'izamu.

21:36

78' Singida ihushije ikindi gitego.

Ikipe yo muri Tanzani ishaka kwishyura, ikinanye neza hagati ya Mwanuke na Marouf, ariko umupira ugeze kuri Rupia ujya hanze

21:33

76' Coup Franc ya APR FC

Ikosa rikorewe Mbaoma, Ramadhan ateye umupira muremure ntiwagera kuri Bacca

21:32

75' Ikarita y'umuhondo ya kabiri kuri APR FC

Taddeo Lwanga yeretswe ikarita ku ikosa akoreye Jimyson.

21:31

73' Gusimbuza ku ruhande rwa APR FC

Kwitonda Alain Bacca afashe umwanya wa Muzungu

21:30

70' Coup Franc ya Singida yari ibyaye akantu.

Tchakeh Marouf ukomeje kugaragara hose ateye ishoti rinini rica gato iruhande rw'izamu rya Ndzila.

21:29

70' Gusimbuza ku ruhande rwa Singida.

Edmound John ahaye umwanya Ayoub Lyanga wahoze muri Azam.

21:28

69' Corner enye zikurikiranye za Singida.

Ikipe ya Singida igumye mu rubuga rw'amahina wa APR FC aho babonye corner enye zikurikiranye ariko zose ntacyo zitanze.

21:26

68' Ikipe ya APR FC yongeye gushyira umupira ku kirenge.

Abasore ba Darko nyuma gutangira nabi igice cya kabiri noneheo bari guhanahana neza. Aha, Muzungu yari agerageje izamu ariko umupira ujya hanze.

21:23

67' APR FC iremye uburyo bwo gutsinda.

Kuza kwa Dauda bigabanyije igitutu kuri APR FC yongeye gusatira. Umupira wa Bosco ntabwo umunyezamu ashoboye kuwufata neza, aho Mbaoma yari agiye kongera kubyungukiramo nanone.

21:22

64' Gusimbuza kwa APR FC.

Dauda Yassif yinjiye mu kibuga asimbuye Mugisha Gilbert utagaragaye none.

21:21

62' Coup Franc yindi ya Singida.

Iyi kipe yatangiye koroherezwa n'abasifuzi ibonye Coup Franc nyuma y'ikosa rikorewe Mbaoma ariko umusifuzi akavuga ko ari we warikoze.

21:18

61' Ikarita ya mbere y'umuhondo mu mukino.

Kapiteni wa APR FC Niyomugabo Claude ahawe ikarita nyuma yo kubuzaamahirwe yo gukina umukino vuba.

21:17

60' Tchakeh Marouf ateye umupira nabi.

Uyu musore wahinduye burundu umukino ateye umupira ariko urukuta rwa APR FC ruwushyira muri Corner.

Iyi na yo yari ibyaye amahirwe y'igitego gusa Pavel Ndzila afata umupira.

21:15

59' Uburyo bukomeye bwa Singida.

Ikpe ya Singida ibonye Coup Franc nziza cyane ku ikosa Yunusu akoreye hafi neza y'umurongo w'urubuga rw'amahina

21:14

56' APR FC yari igerageje kurema uburyo.

Iyi kipe byagoye kwinjira mu gice cya kabiri iremye uburyo bwo gutsinda ubwo Bosco yaterekeraga umupira muremure Mbaoma, ariko John Mayanga agakiza izamu.

21:12

55' Coup Franc nziza ya Singida.

Mugisha Gilbert akoze ikosa hafi y'urubuga rw'amahina.

Coup Franc Marouf ayiteye neza ariko umunyezamu Ndzila afata umupira.

21:11

53' Darko Novic ntabwo yishimye.

Umutoza wa APR FC ntabwo ari kunyurwa n'uko ikipe ye itangiye igice cya kabiri. Ahise yohereza abakinnyi bose kwishyushya.

21:10

51' Singida yagarukanye indi sura mu gice cya kabiri.

Ikipe ya Aussems yongeye guhusha ikindi gitego aho umupira wa Rupia ugiye hejuru y'izamu.

21:08

50' Singida ihushije ikindi gitego cyabazwe.

Marouf winjiye mu kibuga asimbuye ari guhindura umukino bigaragara. Aha, yisanze mu rubuga rw'amahina ateye umupira ukomeye Pavel Ndzila awukuramo, bagenzi be ntibashobora gusongamo.

21:07

48' Coup Franc ya Singida United.

Marouf akorewe ikosa mu kibuga hagati ariko ikosa rihanwe ntacyo bitanze.

21:05

48' Coup Franc ntacyo itanze.

Imbere y'ikipe yose ya Singida yari mu izamu, umupira uterekewe Mbaoma ntiyawurenza ba myugariro

21:04

47' Umunyezamu wa Singida akoze ibidakorwa.

Haule afatishije amaboko umupira yari ahawe na myugariro we. Coup Franc indirect ya APR FC mu rubuga rw'amahina rwa Singida

21:03

46' Igice cya kabiri kiratangiye

21:02

Gusimbura ku ruhande rwa Singida

Marouf Tchakeh, Emmanuel Keyekeh, Anton Bi na Ibrahim Imoro bafashe umwanya wa Yahya Mbogo, Kelvin Sabato Najim Musa na Khalid Gego.

21:02

Gusimbura ku ruhande rwa Singida

Marouf Tchakeh, Emmanuel Keyekeh, Anton Bi na Ibrahim Imoro bafashe umwanya wa Yahya Mbogo, Kelvin Sabato Najim Musa na Khalid Gego.

20:48

Igice cya mbere kirarangiye

20:47

45+2'. Coup Franc ya Singida

Ikosa rikozwe na Bosco, Coup Franc ivuyemo Habib Kyombo yamuruye inyoni awunaga hanze.

20:47

45+1 Umukino ufunguwe APR FC isatira.

Muzungu abonye umupira mwiza ku ruhande rw'iburyo, acenga Mbegu akorerwa ikosa, ariko umusifuzi arasanza ko nta cyabaye.

20:45

45' Iminota ibiri y'inyongera

20:43

44' Umukino urahagaze gato.

Abakinnyi babiri, Mbaoma wa APR FC na Mbegu wa Singida baryamye hasi nyuma yo kugongana. Umusifuzi ahamagaye abaganga.

20:42

42' Gilbert atanze impano ya Corner.

Uyu musore urebye ni we utarigaragaza ku rwego bagenzi be bariho. ha atanze umupira nabi wigira muri Corner.

Iyi iratewe ntiyagira icyo itanga.

20:40

40' Singida yongeye kuba Ihefu.

Iyi kipe ifite agafaranga muri Tanzania, noneho itangiye na yo gushyira umupira ku kirenge aho iri kwibutsa abakunzi bayo ko mu mwaka ushize wa shampiyona ubwo yitwaga Ihefu, yagoye cyane amakipe akomeye muri shampiyona.

20:39

38' APR FC yaciye akarongo.

Ikipe y'ingabo z'igihugu cy'u Rwanda kugeza ubu ni yo ifite umukino mu ntoki, aho ikomeje gukinira mu rubuga rw'amahina rwa Singida itari yibona mu mukino

20:35

33' Singida yatangiye gukora amakosa menshi mu kibuga.

Iyi kipe bigaragara ko kugeza ubu itari yabona igisubizo cyo kwishyura, irimo gukorera amakosa abakinnyi ba APR FC, aho mu minota itatu gusa, abakinnyi barimo Muzungu, Gilbert na Ruboneka bashyizwe hasi.

20:33

30' APR FC yongeye gusatira.

Uruhande rw'iburyo rwa APR FC rukomeje gukorana neza, aha Muzungu yongeye kuzamukana umupira, awuterekera Gilbert Byiringiro,uwuhinduye ntiwashobora kugera kwa Mbaoma.

20:29

29' APR FC yari igerageje gukora akantu.

Umupira uzamukanywe na Gilbert ku ruhande rw'ibumoso, ugeze mu rubuga rw'amahina rwa Singida, gusa Ramadhan wari uwaufashe umubana muremure ujya ku munyezamu Haule.

20:28

27' Singida yari igerageje gutsinda.

Umupira muremure uvuye mu bwugarizi bwa Singida, Yunusu awuteye n'umutwe usanga rutahizamu Elvis Rupia. awuteye ujya hanze y'izamu.

20:25

25' Corner ya kabiri ya Singida

Kelvin ateye umupira mwiza ariko umunyezamu Ndzila akorerwa ikosa.

20:24

24' Singida irashaka guhita isubiza

Ikipe yo muri Tanzania ibonye corner ya mbere mu mukino aho umupira wa Mbegu, Yunusu awushyize na none muri Koruneri.

20:22

22' Goooooooooooaaaaalll APR FC 1-0 Singida Black Stars

APR FC yakomeje kuguma iruhande rw'izamu rya Singida ibonye igitego nyuma yaho umupira ukomeye utewe na Ramadhan, umunyezamu Benedict Haule ntashoboye kuwufata ngo awukomeze, maze Victor Mbaoma nk'ibisanzwe ahita ahagera awushyira mu nshundura.

20:21

20' Ramdhan akorewe ikosa, abafana basaba ikarita.

Uyu musore wo hagati wa APR FC akorewe ikosa rikomeye na Nashon Kelvin ariko umusifuzi yihanangiriza uyu musore wa Singida nubwo muri sitade bumvaga ari bumuhe ikarita

20:19

19' Singida iri gukina bike byihuta.

Ikipe y'umutoza mushya Aussems ntabwo iri guhanahana nkuko APR FC iri kubikora, gusa imipira yayo yose iri guhita ijya imbere.

20:17

16' APR FC ntabwo yungukiye ku makosa y'ubwugarizi bwa Singida.

Myugariro Mbegu ayri yihereye impano Gilbert Mugisha usa nk'utarinjira mu mukino, ariko uyu musore ukina ku mpande ntabwo yashoboye kuwugeza neza kwa Mbaoma ngo awurangirize mu izamu.

20:15

14' Abakinnyi ba APR FC ntibabyumva kimwe n'umusifuzi.

Ruboneka Bosco akorewe ikosa ariko aba umusifuzi Sabri avuga ko ari we warikoreye kapiteni Juma, ikintu kitashimishije abakinnyi b'iyi kipe.

20:13

13' APR FC iri guhererakanya neza.

Iyi kipe ya Novic iri kugaragaza ko imaze iminsi ikorana imyitozo. Hano, Gilbert Byiringiro na Mbaoma babonanye neza, umupira ugera kwa Muzungu, uwuhaye Gilbert ariko awuha Claude nabi.

20:11

10' Singida ihushije igitego kidashushwa.

Singida ikomeje imikinire yayo, Kennedy Juma ahaye umupira muremure John Edmund maze wisanze asigaranye n'umunyezamu ariko ateye umupira ujya hejuru y'izamu rya Pavel.

20:10

9' APR FC yongeye kurema uburyo bwo gutsinda.

Ruboneka Bosco azamukanye umupira mu kibuga hagati, awuterekera Victor Mbaoma, na we awuha Muzungu ariko uyu ashatse kumusubiza biranga.

20:09

8' Singida yari yongeye gusatira.

Iyi kipe yo muri Tanzania yahisemo gukina imipira miremire, bongeye guterekera rutahizamu w'umunya Kenya Rupia Elvis, ariko awurwanira na Yunusu birangira myugariro wa APR FC awutwaye.

20:07

7' Yunusu ahagurukije abafana hano Chamazi.

Myugariro wa APR FC hawe umupira na Pavel Ndzila ari ku gitutu cya rutahizamu wa Singida, ariko aramucenga neza cyane atanga umupira.

20:06

5' Singida yari ishatse gusubiza.

Habib Kyombo yari aterekewe umupira uvuye mu bwugarizi ariko umubana muremure.

20:05

4' APR FC iremye uburyo bwa mbere bwo gutsinda.

Abakinnyi b'iyi kipe ihagarariye u Rwanda bongeye gutanga neza umupira, Taddeo Lwanga awuterekera Byiringiro Gilbert uwushyize mu rubuga rw'amahina ashaka Mbaoma ntiyamubona.

20:03

3' APR FC yashyize umupira ku kirenge.

Abasore ba Darko Novic ni bo bari guhanahana neza mu minota ya mbere y'umukino nubwo kugeza ubu batari bagerageza umunyezamu.

20:02

2' Coup Franc ya mbere ya APR FC

Ikosa rikorewe Ramadhan, Ruboneka yerekeje mu izamu ariko umupira ukizwa n'ubwugarizi.

20:01

Abafana si benshi kuri AZAM Complex

Abakunzi b'amakipe yombi ntabwo bitabiriye ku bwinshi umukino usoza iyindi yabaye uyu munsi gusa hafi 1/2 cya Stade kirimo abantu ahanagaragara amabendera y'ikipe ya APR FC

20:00

Umukino uratangiye

Sabri Fadul ukomoka muri Sudani ahaye uburenganzira ikipe ya Singida itangiza umukino.

19:51

Umutoza na Kapiteni ba APR FC bari bijeje abafana intsinzi

19:45

Amakipe yombi asoje kwishyushya agiye mu rwambariro

19:29

Singida Black Star

Metasha Mnata
Yahya Mbegu
Jimyson Mwanuke
Kennedy Juma
Nashon Kelvin
Khalid Gego
Najim Musa
Habib Kyombo
Edmund John
Elvis Rupia
John Mayanga Nekadio

19:28

Abakinnyi XI babanzamo ku ruhande rwa APR FC

Pavel Ndzila
Mugisha Gilbert
Niyibizi Ramadhan
Niyigena Clement
Nshimiyimana Yunusu
Ruboneka Jean Bosco
Byiringiro Gilbert
Taddeo Rwanga
Dushimimana Olivier Muzungu
Victor Mbaoma Chukuemeka

Abasimbura: Ishimwe Pierre, Nzotanga Fils, Kategea Elie, Tuyisenge Arsene, Mugiraneza Frodouard, Soune Aliou, Lamptey Richmond na Yussif Dauda

19:24

CECAFA Kagame Cup yatangiye ibitego birumba.

Imikino itatu ni yo imaze gukinwa muri CECAFA Kagame Cup 2024.

Ibiri yo mu itsinda rya mbere ndetse n'umwe wo mu itsinda rya gatatu.

Umukino wa mbere w'irushanwa wasize ikipe ya Al Wadi yo muri Sudani itsinze JKU yo muri Zanzibar igitego 1-0 cyatsinzwe na Jebril ku munota wa 3.

Undi mukino kuri iki kibuga cya KMC Coastal Union yo muri Tanzania na yo yatsinze Dekadaha ya Somalia igitego 1-0.

Imikino ikaba yakomereje ku kibuga cya Azam Complex aho Villa Sports Club ya Uganda yanganyije na Al Merreikh ya Sudani y'epfo 0-0.

Reka twitege ibitego mu mukino wa APR FC.

19:19

Singida Black Stars ni ikipe itoroshye.

Ikipe ya Singida Black Star igiye na APR FC itandukanye na Singida Big Star iheruka guhura na APR FC mu mikino ya Mapinduzi Cup. Iyi kipe yaje mu irushanwa ry’uyu mwaka ubusanzwe yari izwi ku izina rya Ihefu gusa yahisemo kwifatira iri guhera uyu mwaka!

Ihefu yashyinzwe mu mwaka wa 2012 itangira kubaka izina muri iki gihugu aho bivugwa ko ari iya Minisitiri w'imari w'iki gihugu Mwigulu Nchemba.

Ni ikipe ifite abakinnyi basanzwe bazwi muri Afurika nka Anthon Tra myugariro wakiniraga ASEC yo muri Cote d'Ivoire ndetse na Rutahizamu Habib Kyombo wakiniyeho Mamelody Sundowns yo muri Afurika y'epfo.

Iyi kipe kuva muri Mata uyu mwaka ikaba ari bwo yahinduye izina ifata irya Singida Black Stars.

19:06

Tubahaye ikaze kuri AZAM Complex Stadium.

Nyuma y'imyaka ine, ikipe ya APR FC igiye kongera kugaragara muri CECAFA Kagame Cup iri gukinirwa mu mujyi wa Dar es Salaam muri Tanzania.

Iyi kipe yaherukaga gukina iri rushanwa muri 2019, ubwo yazaga gusezererwa na As Maniema yo muri Congo Kinshasa kuri za Penaliti zaterewe ku cyahoze ari Stade ya Kigali i Nyamirambo.

Kuri ubu, iyi kipe y'ingabo z'igihugu, ikaba ije muri iri rushanwa ifite gahunda yo kuryegukana, bityo ku nshuro ya mbere ikaba yakura iki gikombe hanze, nyuma yo kwegukana bitatu byose ibitwariye i Kigali.