APR FC vs SC Villa

APR FC 1-1 SC Villa

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Jahdeau Dukuze

Amafoto

: Hardi Uwihanganye

15:31

Niyomugabo Claude yongeye gutorwa nk'umukinnyi w'umukino

13:53

90+4' Umukino urarangiye.

APR FC ibonye itike yo gukina imikino ya 1/2 cya CECAFA Kagame Cup aho izahura n'ikipe izaba iya mbere mu itsinda B kuri ubu riyobowe na El Hilal ya Florent Ibenge.

Umukino wa 1/2 cy'irangiza uteganyijwe kuwa gatany tariki ya 19 Nyakanga 2024.

13:50

90+2 Pavel Ndzila akorewe ikosa rikomeye.

Umupira muremure wari ushyizwe mu rubuga rw'amahina rwa APR FC, Ndzila arasimbutse arawufata ariko Otim Andrew amukorera ikosa.

13:49

90+1 Corner ya APR FC.

Ikipe y'ingabo z'igihugu yahisemo guhanahana umupira ngo barangize iminota.

13:48

90' Iminota 3 y'inyongera

13:48

89' Shaibboub agabanyije igitutu.

Uyu mukinnyi wagarutse mu kibuga nyuma y'uko ibyo kujya muri Libya byanze, akinnye umupira mwiza kwa Bosco uciye intege abakinnyi ba SC Villa bitumye APR FC irema uburyo bwo gutsinda aho Nzotanga agaruye umupira mu rubuga rw'amahina ukajya muri Corner

13:46

88' APR FC yari iremye uburyo bwo gutsinda.

Nzotanga uri gukina mu basatira azamukanye umupira iburyo, awuterekera Mamadou Sy, nawe uwuhaye neza Bosco wari ugerageje izamu ariko ubwugarizi bwa SC Villa buratabara.

13:44

86' Corner ya SC Villa yari ibyaye igitego.

Iyi kipe ikomeje gusatira ngo ibone igitego cy'intsinzi ishyize umupira mu rubuga rw'amahina, Pavel Ndzila akiza izamu ariko umupira ugaruka imbere ye, azamutse ngo yongere awukureho umusifuzi yemeza ko yakorewe ikosa nubwo abakinnyi ba Villa batabyemera.

13:43

84' Ikarita y'umuhondo kuri Ruboneka Bosco.

Umupira wari utakajwe na Dauda, Bosco ahisemo gukora ikosa ngo yice contre-attaque kugira ngo ikipe ye idatsindwa.

13:41

83' Abafana ba Villa ntabwo bari kwemeranywa n'imisifurire.

Kiwanuka yari ashatse gukinana na mugenzi ariko umupira ujya hanze, abakunzi ba Villa bavuga ko wari ukiri mu kibuga.

13:40

82' Gusimbuza ku ruhande rwa APR FC.

Nzotanga Fils afashe umwanya wa Muzungu.

13:39

80' SC Villa yari iremye amahirwe yo gutsinda.

Umupira uzamukanywe na Kiwanuka ku ruhande rw'ibumoso, aciye kuri Byiringiro Gilbert wagowe cyane uyu munsi, ariko uyu musore ageze mu rubuga rw'amahina yamburwa umupira na Yunusu.

13:37

77' APR FC iteye agateroshuma

Iyi kipe y'umutoza Darko Novic izamukanye umupira ariko Dauda Yussif ahaye Mamadou Sy umupira ujya hanze.

13:35

74' SC Villa yari ibonye izamu.

Umupira uzamukanywe na Kakande Patrick iburyo ufashwe neza na Pavel Ndzila, awuhaye Bosco arawutakaza wifatirwa n'abagande bagerageje gushota mu izamu ariko Clement aratabara akiza izamu.

13:33

72' Shaibboub ahagurukije abafana.

Uyu mukinnyi wo hagati ukomoka muri Sudani, acenze abakinnyi babiri ba SC Villa, abafana benshi bamuzi akiri muri Simba bati ni uwo ntawundi.

13:30

71' Gusimbuza ku ruhande rwa Villa.

Otim Andrew afashe umwanya wa Najib.

13:29

70' Corner y'ikipe ya SC Villa.

Corner itewe na Kiwanuka, Yunusu akijije izamu.

13:28

69' APR FC yongeye gushyira umupira ku kirenge.

Iyi kipe nyuma y'iminota 20 y'umuriro yatangiye igice cya kabiri, kuri ubu iri kugerageza kubonana ngo irinde inota rimwe ifite rihwanye n'itike ya 1/2 cy'irangiza.

13:26

66' Gusimbuza ku ruhande rwa SC Villa.

Hakim Kiwanuka na Niwamanya Junior bafashe umwanya wa Onzima Peter na Denis Kaka.

13:24

65' Gusimbuza ku ruhande rwa APR FC.

Shaibboub Eldin afashe umwanya wa Ramadhan

13:23

64' APR FC yari igerageje kurema amahirwe yo gutsinda.

Muzungu azamukanye umupira, asiga ab'inyuma ba SC Villa ariko agaruye mu rubuga rw'amahina umusifuzi avuga ko Mamadou Sy yari yaraririye.

13:20

62' Ndzila yongeye gutabara APR FC

Najib Yiga watsinze igitego n'ubundi yari asigaranye n'umunyezamu Ndzila ariko ateye umupira uyu mugabo awushyira muri corner itagize ikivamo.

13:19

61' Coup Franc ya SC Villa.

Iyi kipe yo muri Uganda ikomeje kotsa igitutu APR FC, ibonye Coup Franc ku ikosa rikozwe na Claude ariko Coup Franc ivuyemo Ndzila akiza izamu.

13:17

58' Villa yongeye guhusha andi mahirwe yo gutsinda.

Umupira wazamukanywe na Peter awugaruye mu rubuga rw'amahina habura ushyira mu izamu.

13:17

56' SC Villa yogeye gusaba penaliti.

Umupira uhawe Najib Yiga wari usigaranye n'izamu agonganye na Pavel Ndzila umusifuzi arasanza mu gihe uyu rutahizamu wa Villa yavugaga ko yakorewe penaliti.

13:15

55' Ikibazo cy'umuriro kuri KMC Stadium gikomeje kugora itangazamakuru.

Iki kibuga gishya cya KMC hari byinshi bitari byakorwaho aho kugeza ubu nta muriro wari washyirwamo aho bisaba ibirenze ngo aho gukorera haboneke.

Ibyabaye mu kanya, ni uko ikipe ya APR FC yakoze impinduka Dauda Yussif yinjira mu mwanya wa Taddeo Lwanga.

13:11

47' Ikipe ya Villa itangiye ishaka igitego cy'intsinzi

Abasore ba Stojanovic bahise basatira izamu rya APR FC bashaka igitego cy'intsinzi ariko Yunusu abyitwaramo neza.

13:06

46' Gusimbuza APR FC

Victor Mbaoma ahaye umwanya Mamadou Sy

13:03

Igice cya kabiri kiratangiye

12:54

HT APR FC 1-1 SC Villa.

Reka Hardi adutembereze ku byari biri kubera mu kibuga

12:51

45+2' Goal Villa SC

Villa yakomeje kuguma mu rubuga rw'amahina rwa APR FC muri iyi minota ya nyuma y'igice cya mbere, yungukiye mu mupira udashoboye guterwa na Byiringiro Gilbert, maze Najib Yiga atsinda igitego cyiza n'imoso.

12:47

45' Iminota ibiri y'inyongera.

12:47

43' SC Villa iri gushaka kwishyura

Peter wakomeje kwitwara neza iburyo yari yungukiye mu mupira utakajwe na Bosco ariko ubwugarizi burigaragaza.

12:41

40' Ikarita y'umuhondo ku mukinnyi wa Villa washakaga penaliti.

Ngondi Elvis ashatse kubeshya umusifuzi ko Ramadhan yamukoreye ikosa mu rubuga rw'amahina, birangira icyuye ikarita y'umuhondo nk'impano.

12:39

37 Umukino ubaye uhagaze gato.

Victor Mbaoma ari kwitabwaho n'abaganga nyuma yo kubabara ku kaguru

12:38

36' Mbaoma ahushije igitego kidahushwa.

Umupira mwiza ugaruwe na Claude usanze Mbaoma wari usigaranye n'izamu gusa ariko ahusha igitego atera igiti cy'izamu.

12:37

35' APR FC ihushije ikindi gitego.

Umupira muremure uhawe Mbaoma Victor asigaranye n'umunyezamu ariko atera agashoti koroheje gafatwa n'umunyezamu.

12:36

33' Byiringiro Gilbert yari akoze ibara!

Uyu musore ukina inyuma muri APR FC atakaje umupira ubugira kabiri, ujya mu rubuga rw'amahina aho, Clement akuye umupira ku kirenge cya Kakande Patrick uvuze ko yari akorewe Penaliti.

12:33

31' APR FC yiyongereye amahirwe yo kujya muri 1/2

Iyi kipe kuri ubu ihise ijya ku mwanya wa mbere n'amanota 9, ikurikiwe na Villa n'amanota 4, Singida na yo yabonye igitego ifite 3 mu gihe Merreikh kuri ubu ifite inota 1.

12:30

30' Goooooooooaaaal Muzungu afunguye amazamu

Coup Franc ya Bosco Ruboneka, ivuyemo Corner na yo itewe n'uyu mukinnyi wo hagati wa APR FC, uyiteretse ku mutwe wa Dushimimana Olivier utsinze igitego cye cya mbere mu ikipe nshya ya APR FC.

12:29

29' Ikarita ya mbere y'umuhondo ihawe SC Villa

Mugisha Gilbert ukomeje kugora Villa akorewe ikosa na Peter Onzemi uhawe ikarita y'umuhondo.

12:27

24' Bosco yari yongeye kugerageza umunyezamu.

Mugisha Gilbert uri gukina neza kuri uyu munsi azamukanye umupira ibumoso, nyuma yo gusiga ab'inyuma awuterekera Bosco Ruboneka, uteye ishoti rigarurwa n'umunyezamu.

12:25

24' APR FC yakangutse!

Muzungu yongeye kuzamukana umupira ku ruhande rw'ibumoso awuterekera Bosco uwugaruye mu rubuga rw'amahina habura utsinda.

12:25

22' APR FC ihushije igitego kidahushwa.

Mugisha Gilbert nyuma yo gucenga babiri ahaye umupira mwiza Claude, uwugaruye mu rubuga rw'amahina usanga Bosco ahagaze neza ariko ateye numutwe umupira ujya hanze.

12:23

19' Villa ikambitse ku izamu rya APR FC.

Iyi kipe yatwaye shampiyona ya Uganda, ibonye corner ebyiri zikurikiranya, gusa Pavel Ndzila birangira umupira awumize.

12:21

18' Coup Franc y'ikipa ya SC Villa.

Ikosa rikorewe Peter ribyaye Coup Franc nziza ariko itewe Clement ashyira umupira muri Corner.

12:20

16' Villa yari yongeye gushaka kurema uburyo bwo gutsinda.

Umupira muremure uhawe Onzima Peter iburyo awugaruye mu rubuga rw'amahina ujya hanze.

12:17

15' SC Villa iri gukinisha imbaraga zirenze izikenewe.

Claude Niyomugabo na Mugisha Gilbert bamaze kugongwa ubugira kabiri n'abakinnyi ba Villa. Kuri ubu noneho umusifuzi asifuye ikosa rikorewe Mugisha.

12:17

15' Umupira uri gukinirwa mu kibuga hagati.

Amakipe yombi nyuma yo gutangirana amashagaga., kuri ubu abaye aruhutseho gato atangira kubaka umukino.

12:15

14' Pavel Ndzila akijije izamu.

Coup Franc ya Najib Yiga isanze Ndzila mu izamu akiza iryo arinze, umupira ujya kwa Ramadhan ukorewe ikosa mu rubuga rw'amahina rw'ikipe ye.

12:14

13' Coup Franc ya Villa SC.

Umusifuzi yemeje ko Gilbert Byiringiro yakoreye ikosa Isaac.

12:13

11' Umukino urimo kwihuta kurusha iyabanje yose.

Amakipe yombi ari gukina umukino wihuta aho buri imwe ishaka gutsinda hakiri kare.

Villa aha yari iremye uburyo bwo gutsinda gusa Taddeo Lwanga akura umupira ku kirenge cya Kadenge Patrick.

12:11

10' Villa yari iremye amahirwe yo gutsinda.

Mpagi Isaac yari azamukanye umupira ibumoso ariko awugaruye mu rubuga rw'amahina ubwugarizi bwa APR buwushyira muri Corner.

Corner ivuyemo iruhukiye mu maboko ya Ndzila Pavel.

12:11

10' Villa yari iremye amahirwe yo gutsinda.

Mpagi Isaac yari azamukanye umupira ibumoso ariko awugaruye mu rubuga rw'amahina ubwugarizi bwa APR buwushyira muri Corner.

Corner ivuyemo iruhukiye mu maboko ya Ndzila Pavel.

12:10

09' Ramadhan yari atsinze igitego cy'agatangaza.

Umupira wari uturutse muri Corner usanze Ramadhan mu rubuga rw'amahina ashaka kuwutsinda kuri "Garincha" ariko umupira ujya mu maboko y'umunyezamu Braddy.

12:08

08' APR FC ihushije igitego.

Coup Franc ya Bosco isanze Mbaoma imbere y'izamu akozeho umunyezamu ashyira umupira muri Corner

12:07

08' Coup Franc ya APR FC

Ramadhan akorewe ikosa, umusifuzi yerekana Coup Franc.

Mugisha na Bosco bayihagazeho

12:05

3' APR FC ntabwo iribona mu mukino.

Abasore ba Darko Novic batangiranye igihunga, nka hano Mugisha Gilbert atakaje umupira wifatirwa na Oword Davidi uhise ukorerwa ikosa.

12:04

2' Imvura itangiranye n'umukino.

Mu gihe mu Rwanda turi mu bihe by'izuba, Tanzania isanzwe iziho gushyuha imaze iminsi igwamo imvura. Kuri uyu munsi na bwo imvura nyinshi iri kugwa ku kibuga cya KMC.

12:02

2' Villa yari ishatse gutsinda kare.

Onzima Peter azamukanye umupira iburyo ariko awuhinduye ujya mu maboko y'umunyezamu Ndzila

12:00

Umukino uratangiye

Ikipe ya SC Villa itangije umukino isatira ariko umukinnyi wayo asifurwa kurarira

11:58

Abafana na bo bitabiriye umukino wo kuri uyu munsi

Abafana batatu ba APR FC Rujugiro, Kabange na Sarpong bayoboye itsinda ry'abafana baturutse hirya no hino baje gushyigikira ikipe ya APR FC.

11:52

Amakipe yombi asoje kwishyushya asubiye mu rwambariro

Mukanya gato, abasifuzi b'umukino barangajwe imbere na Ahmed Arajiga ukomoka muri Tanzania, bari bube batangije umukino hagati y'amakipe yombi

11:51

Ku mbuga nkoranyambaga uyu mukino uri kuvugwa...





11:50

Amakipe yombi afitanye amateka yihariye.

Uretse kuba iyi kipe ya Villa ari yo Taddeo Lwanga yabanje gukinira muri Uganda , ndetse no kuba iyi kipe yarafanwaga n'abanyarwanda benshi babaga mu gihugu cya Uganda kubera amateka mabi igihugu cyanyuzemo, SC Villa na APR FC banafitanye amahari mu mikino ya CECAFA.

Izi kipe zinganya ibikombe bitatu zimaze kwegukana, ariko APR FC ntizibagirwa umukino baherukaga guhuriramo muri iki gihugu ubwo iyi kipe yahabwaga amahirwe, yaje kunyagirwa 3-0 na SC Villa muri 2005, ari na bwo yatwaraga igikombe iheruka muri iyi mikino.

Uyu munsi hitezwe byinshi.

11:47

XI ba SC Villa

Wakorach Jeans Braddy
Owori David
Masembe Edward
Kibande Cyrus
Odong Arnold
Ngonde Elivis
Mpagi Isaac
Kakande Patrick
Onzima Peter
Omonyi Denis Kaka
Najib Yiga

11:45

XI ba APR FC bakomeje kudahinduka

Abakinnyi bari babanjemo ku mukino wa Merriekh, ni bo umutoza Darko yongeye kugirira icyizere.

Mu basimbura, Richmond Lamptey na Shaibboub bafashe umwanya wa Frodouard na Pichou.

Pavel Ndzila
Mugisha Gilbert
Niyibizi Ramadhan
Niyigena Clement
Nshimiyimana Yunusu
Ruboneka Jean Bosco
Byiringiro Gilbert
Taddeo Rwanga
Dushimimana Olivier Muzungu
Victor Mbaoma Chukuemeka

Abasimbura: Ishimwe Pierre, Nzotanga Fils, Kategea Elie, Shaibboub, Tuyisenge Arsene, Richmond Lamptey, Souane Aliou, Mamadou Sy na Yussif Dauda

11:42

IKAZE KURI KMC Stadium

Tubahaye ikaze kuri KMC Stadium, ikibuga kigiye kwakira umukino w'umunsi wa gatatu wo mu itsinda C mu mikino ya CECAFA Kagame Cup ikomeje kubera muri Tanzania mu mujyi wa Dar es Salaam.

Intare zigiye guhura n'inkoko mu mukino ufite icyo uvuze ku makipe yombi.

APR FC irasabwa gutsinda cyangwa kunganya ngo ikomeze mu gihe Villa isabwa gutsinda igakomeza.

Iyi kipe y'ingabo z'igihugu iramutse itsinzwe byaba bigoranye ko yakomeza muri 1/2 cy'irangiza.