APR FC vs Azam FC

APR FC 2-0 Azam FC

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Jahdeau Dukuze

Amafoto

: Hervé Kwizera & Remy Moses

20:03

UMUKINO URARANGIYE

Ikipe ya APR FC isezereye AZAM FC yo muri Tanzania mu mikino y'amajonjora y'ibanze ya CAF Champions League nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-1 mu mikino yombi.

APR FC izahura na Pyramid yo mu Misiri tariki ya 13 Nzeri 2024

Umukino wa Shampiyona yari bukine na Rayon Sports tariki 14 Nzeri ntabwo ukibaye.

20:02

90+5 Ikarita y'umuhondo kuri APR FC

Pavelh Ndzila ahawe ikarita y'umuhondo kubera gutinza umukino

20:01

90+4 AZAM IHUSHIJE IGITEGO KIDAHUSHWA

Nassour Mouhamed aciye mu rihumye ab'inyuma ba APR FC, ashyira umupira ku kirenge cya Gibril Sillah wari usigaranye n'inshundura gusa ariko uko ateye umupira hanze ntabwo byumvikana.

20:00

90+2 AZAM yari ikoze akantu

Coup Franc nziza ya AZAM isanze Gibril Sillah mu rubuga rw'amahina arik ateye n'umutwe umupira ujya mu ntoki za Pavel Ndzila.

19:57

90+1 Ikarita y'umuhondo kuri APR FC

Byiringiro Gilbert ahawe ikarita kubera gutinza iminota.

19:57

90' Iminota 6 y'inyongera.

19:56

90' Coup Franc ya APR FC

Victor Mbaoma akorewe ikosa mu rubuga rwa AZAM FC.

Coup Franc ivuyemo Lamptey aterekeye umupira mwiza Ruboneka, ariko uyu awugaruye mu rubuga rw'amahina wifatirwa n'ab'inyuma ba AZAM.

19:55

87' APR FC ihushije ikindi gitego

Aliou Soune aterekeye Ruboneka umupira muremure, uyu awugaruye mu rubuga rw'amahina ntiwagera kuri Victor Mbaoma wari wenyine.

19:50

83' Ikarita y'umuhondo ku bakinnyi b'amakipe yombi

Ruboneka Bosco ahawe ikarita y'umuhondo kubera gutinza iminota, Ever William ahabwa ikarita y'umuhondo kubera gusunika Ruboneka.

19:49

82' Umukino urahagaze...

Ruboneka Bosco wari uhawe umupira ntawugereho agakora ikosa, aryamye hasi nyuma yo gusunikwa n'umukinnyi wa AZAM.

19:49

80' Gusimbuza ku ruhande rwa APR FC

Aliou Souane asimbuye Taddeo Lwanga.

19:48

79' AZAM FC ikomeje gushakisha

Umupira muremure uvuye kwa Lusajo Mwaikenda ugeze mu rubuga rw'amahina ariko Clement Niyigena awushyira muri Corner.

19:46

78' Ikarita y'umuhondo kuri APR FC

Taddeo Lwanga wagize ikibazo cy'imvune yeretswe ikarita y'umuhondo ashinjwa gutinza iminota.

19:45

76' AZAM FC yari ibonye igitego

Coup Franc yegereye urubuga rw'amahina itewe neza na Gibril Sillah umupira ukurwaho na Yunusu.

APR FC ihise izamukana umupira kuri Contre Attaque gusa Taddeo Lwanga akorerwa ikosa ahita aryama hasi

19:44

75' Gusimbuza ku ruhande rwa APR FC

Nassor Hamoud asimbuye Adolf Mutasingwa

19:39

72' Gusimbuza ku ruhande rwa APR FC

Mugisha Gilbert na Mamadou Sy bahaye umwanya Niyibizi Ramadhan na Victor Mbaoma Chukuemeka.

19:38

70' Umukino wongeye kugabanya ubukana

Ikipe ya APR FC nyuma yo kubona intsinzi yashakaga ntabwo iri gushyiramo imbaraga nyinshi zo gushaka ikindi gitego.

AZAM FC na yo kugeza uyu munota nta kintu yari yagaragaje byatumye umukino uri gukinirwa hagati aho nta mahirwe buri kipe iri kurema.

19:34

66' APR FC ikomeje gushakisha igitego cyo gushimangira intsinzi

Ni byo ko kugeza kuri uyu munota ikipe ya APR FC yakomeje mu cyiciro gikurikira, ariko igitego cya AZAM FC cyahindura ibintu.

Aha, Ruboneka yari aterekeye umupira muremure Mamadou Sy ariko uyu rutahizamu awutangwa n'umunyezamu.

19:30

65' Gusimbuza ku ruhande rwa APR FC

Mamadou Lamine Bah asimbuwe na Lamptey Richmond.

19:28

62' Gooooooaaaaaal APR FC

Mugisha Gilbert atsinze igitego cya kabiri cya APR FC.

Taddeo Lwanga ahaye umupira mwiza Mamadou Sy wari wenyine mu rubuga rw'amahina, ateye mu izamu umupira wanga kuva ku kirenge, ufatwa neza na Mugisha Gilbert uwinjiranye mu izamu kiba kiranyoye.

19:27

61' AZAM ihushije igitego

Umupira uturutse kwa Fei Toto usanze Gibril Sillah imbere y'izamu ashatse gutera mu izamu Yunusu aritambika yongeyemo ujya hanze.

19:26

59' APR FC yari ibonye icya kabiri

Mamadou Sy azamukanye umupira nkuko akomeje kubikora, aca mubo hagati ba AZAM ariko akorerwa ikosa na Lusajo.

Coup Franc ivuyemo Byiringiro Gilbert ayiteye hejuru gato y'izamu rya Muohamed.

19:24

57' Gusimbuza kwa AZAM

Frank Tiesse na James Akaminko bahaye umwanya Ahmadou Diakite na Ever William Meza Mercado.

19:23

56' APR FC ikomeje kurema uburyo bwo gustinda.

Abakinnyi ba Darko Novic bari kubonana neza mu kibuga hagati.

Mugisha Gilbert birangiye aterekeye umupira mwiza Claude Niyomugabo ateye mu izamu Mohamed Mustafa arawufata.

19:21

55' Coup Franc ya AZAM

Fei Toto akorewe ikosa na Rubonek Jean Bosco hafi n'urubuga rw'amahina.

Coup Franc Frank Tiesse arayiteye igarurwa n'umutwe wa Dauda.

19:19

53' APR FC ihushije igitego

Ruboneka Bosco ahawe umupira hafi n'urubuga rw'amahina, agiye gutera mu izamu ubwugarizi bwa AZAM buritambika umupira ujya kwa Mugisha Gilbert. Uyu awushyize mu rubuga rw'amahina, Niyomugabo Claude atera n'umutwe ujya hanze.

19:18

51' Corner ya AZAM FC

Mtasingwa aterekeye umupira Frank Tiesse ashatse kwinjira mu rubuga rw'amahina Yunusu arenza umupira.

Corner ivuyemo Mamadou akijije izamu APR FC itangiza Contre Attaque.

19:15

50' Ikarita y'umuhondo kuri AZAM FC

Ikarita ya gatatu kuri iyi kipe ihawe Fei Toto ku ikosa akoreye Mamadou Sy wari umaze gucenga abakinnyi batatu.

19:14

48' Corner ya AZAM

Niyomugabo Claude ashyize hanze umupira muremure wari ushyizwe mu rubuga rw'amahina na Akaminko.

Iyi itewe neza ariko Clement akiza izamu.

19:13

47' APR FC yari iremye amahirwe yo gutsinda

Ruboneka Bosco ahawe umupira ku ruhande rw'iburyo awugaruye mu rubuga rw'amahina ntiwagera kuri Lamine Bah.

19:11

46' Ikarita y'umuhondo AZAM

Akaminko akoreye ikosa Dauda Seidu ahabwa ikarita y'umuhondo.

19:10

Igice cya kabiri kiratangiye.

19:10

Gusimbura ku ruhande rwa AZAM

Cheiks Sidibe ahaye umwanya wa Pascal Msindo

18:51

Igice cya mbere kirarangiye.

18:51

45+4 APR FC ihushije icya kabiri

Ruboneka Bosco uhawe neza na Lamine Bah ashyize umupira mu rubuga rw'amahina, gusa ntiwagera kuri Mamadou Sy ubwugarizi bwa AZAM buwushyira muri Corner.

Iyi itewe na Lamine Bah isanga Ruboneka, awugaruye barongera barawurenza.

Corner yindi ivuyemo AZAM ihise ikiza izamu.

18:48

45+2 Fei Toto akoze agateroshuma

Mtoto wa Zanzibar nkuko bamwita ashatse kwibutsa abantu ko ari mu kibuga azamukana umupira ibumoso, ariko atera agapira koroheje Ndzila agafata neza.

18:47

45' Iminota 6 y'inyongera

18:45

45' Gooooooooooaaaal APR FC

Ruboneka Jean Bosco afunguye amazamu ku mupira mwiza ahawe na Claude Niyomugabo.

Ikipe ya APR FC izamukanye umupira yihuse, usanga Niyomugabo Claude ku ruhande rw'ibumoso, uwuhinduye mu rubuga rw'amahina maze usanga Bosco ari wenyine ahita ashyira mu nshundura.

18:44

42' Ruboneka Bosco yongeye gupfusha amahirwe ubusa.

Uyu musore wanyujijwe imbere iburyo, ahawe umupira mwiza na Dauda ariko awufunga nabi wifatirwa na Sidibe ahise akorera ikosa.

Nk'ibisanzwe uyu mukinnyi ahise aryama umunota.

18:41

41' Umukino wongeye guhagarara

Umukinnyi wa AZAM aryamye hafi y'urubuga rw'amahina rwa APR FC nyuma yo kugongana na Claude urengeje umupira.

Abaganga barahamagawe.

18:40

40' Umukino kugeza ubu ntabwo uryoheye ijisho

Ikipe ya AZAM isa nk'idashaka gukina, umupira bari gufata wose bari kuwusubiza ikipe ya APR FC.

APR FC na yo byayinaniye kumenera mu rukuta rwa AZAM bituma imipira myinshi bayishyira imbere igahita itakara.

18:39

38' Umukino wongeye guhagarara

Myugariro Yannick Bangala amaze umwanya aryamye nyuma yo gukorerwa ikosa na Dauda.

Umukino umaze undi mwanya uhagaze.

18:38

37' APR FC ihushije igitego

Lamine Bah mu mfuruka igoranye azamukanye umupira ku ruhande rw'iburyo, atera mu izamu rya Mohamed Mustafa afashe umupira arawuruka,gusa Mamadou Sy ntiyawugeraho ngo asongemo.

18:36

35' AZAM yongeye kudahirwa na Contre Attaque

Iyi kipe y'umutoza Bruno Maurice iri kugera mu rubuga rwa APR FC gake ariko na bwo ntibibyaze umusaruro.

Aha umupira uzamukanywe na Sidibe ugeze kwa Frank Tiesse ashatse kwinjira mu rubuga rwa APR FC Clement awukuraho.

18:34

Lamine Bah na we ashyizeho ake.

Ikipe ya APR FC bigaragara ko yaguye mu mutego wa AZAM yatangiye gushakira amahirwe kure. Aha, Dauda ahaye umupira mwiza Lamine Bah wari inyuma y'urubuga rw'amahina ateye ishoti umupira ujya hanze.

18:32

30' Ruboneka yari afunguye amazamu

Niyomugabo Claude ashyize umupira mu rubuga rw'amahina usanga Ruboneka wari wibagiwe n'ab'inyuma ba AZAM ateye umupira ujya hanze y'izamu rya Mohamed Mustafa.

Uyu munyezamu yongeye kwibutswa n'umusifuzi ko uko akomeza gutinza iminota ariko ari buze kuyongeraho.

18:31

28' APR FC ibonye indi Coup Franc

Mamadou Sy aciye mu bakinnyi babiri ba AZAM gusa Fei Toto amukorera ikosa.

Coup Franc ivuyemo Byiringiro Gilbert ayiteye nabi ab'inyuma ba AZAM bakiza izamu.

18:27

26' Abakinnyi ba AZAM bongeye kuryama.

Myugariro David Fuentes amaze umunota aryamye nk'uwavunitse. Gusa ahise ahaguruka umukino urakomeza. Iyi kipe ikomeje guhagarara ku gitego yatsinzwe ku mukino ubanza.

18:26

25' Dauda yari afashe icyemezo.

Ikipe ya AZAM yashyize hafi ikipe yose imbere y'izamu rya APR FC byagoye abakinnyi ba Darko Novic kwinjiramo. Aha, Dauda Yussif ateye ishoti rikomeye inyuma y'urubuga rw'amahina gusa umunyezamu wa AZAM arawucakira.

18:24

23' AZAM ishatse kurema uburyo bwo gutsinda

Fei Toto utari wagararaga kugeza ubu azamukanye umupira hafi y'urubuga rw'amahina rwa APR FC ashatse kuwuterekera rutahizamu Blanco birangira wifatiwe n'umunyezamu Ndzila.

18:23

21' Stade Amahoro yagoye amakipe yombi

Ukurikije uko buri kipe isanzwe ikina by'umwihariko ikipe ya APR FC urabona ko amakipe asa nk'ayagowe no gukinira muri iki kibuga gishya.

Gutakaza umupira kenshi n'amakosa adasanzwe ni byo biri kuranga umukino kugeza ubu.

18:19

19' Ikarita y'umuhondo AZAM

Chekh Tidiane Sidibe akoreye ikosa Ruboneka wajyaga mu izamu yerekwa ikarita y'umuhondo.

Coup Franc ivuyemo itewe nabi cyane.

18:17

17' APR FC iteye mu izamu bwa mbere.

Ikosa rindi ryari rikorewe Ruboneka Jean Bosco yongeye gushyira umupira mu rubuga rw'amahina, Mamadou Sy arawitaba awutera n'umutwe ariko ujya mu maboko y'umunyezamu Mostafa Mouhamed uri gutinza umukino ku buryo bukomeye.

18:16

15' Coup Franc ya APR FC

Ruboneka akorewe ikosa mu rubuga rwa AZAM ahita anarihana. Coup Franc ayiteretse ku mutwe wa Yunusu uwuteye hanze.

18:15

13' Umukino uri gukinirwa mu kibuga hagati

Kugeza ubu nta kipe n'imwe yari yatera mu izamu. Amakipe yombi ari gukinira hagati gusa amakosa menshi ari gukorwa, umunya-Maroc uri gusifura umukino ari kuyihorera.

18:13

11' Coup Franc ya AZAM FC

Frank Tiesse akorewe ikosa ku murongo ugabanyamo ikibuga kabiri. Coup Franc ivuyemo abakinnyi ba AZAM barayihanahanye birangira umupira ugeze kwa Pavel Ndzila.

18:12

10' AZAM yari iremye amahirwe yo gutsinda

Frank Tiesse yungukiye mu makosa yakozwe n'abo hagati ba APR FC acomekera umupira mwiza Gibril Sylla ariko Yunusu araryama akiza izamu.

18:09

09' Umusifuzi wa none ubanza atari bube shyashya...

Abaknnyi ba APR FC binubiye ubugira kabiri ibyemezo bya Kech Chaf Mustapha nyuma y'aho Lamine Bah na Seidu Yassif bakorewe amakosa ariko ntasifure.

18:08

08' Umukino urasubukuwe.

Nyuma y'umwanya munini utari ngombwa Mohamed Mustafa amaze aryamye avurwa, umusifuzi yongeye gusifura ko umukino ukomeza.

18:06

05' Gusatira kwa APR FC bivuyemo ikosa rya Mamadou Sy.

Lamine Bah yungukiye mu mupira utewe nabi n'ubwugarizi bwa AZAM aha umupira Ruboneka Bosco, uwugaruye mu rubuga rw'amahina ufatwa n'umunyezamu Mohamed Mustafa uhise uryama hasi nyuma yo kugongana na Mamadou Sy.

18:04

04' APR FC iri gushaka igitego hakiri kare.

Gilbert Mugisha utarakinnye umukino ubanza arifuza kwigaragariza abakunzi hakiri kare. Ishoti rirerire ateye rigiye hanze.

18:04

03' Gusatira kwa mbere kwa APR FC.

Bosco na Mugisha Gilbert bahisemo guhana ikosa bahana umupira hagati yabo, Bosco ashaka kuwinjiriza Lamine Bah, ariko umupira uba muremure.

18:02

02' Coup Franc ya APR FC.

Abakinnyi ba APR FC bahanahanye umupira mu kibuga hagati, Lamine Bah ashatse kwigira imbere bamushyira hasi.

18:01

01' Corner ya AZAM.

Ikipe ya AZAMA itangiye isatira ishaka igitego cyo hanze. Gibril Sylla azamukanye umupira ku ruhande rw'iburyo, awugeza hafi y'urubuga rw'amahina Claude ahitamo kurenza umupira.

Corner ivuyemo Niyigena Clement akijije izamu. Mugisha Gilbert akorerwa ikosa.

17:59

Umukino uratangiye.

Ikipe ya AZAM FC ni yo itangije umukino

17:58

Abakunzi ba APR FC bahaye ubutumwa Rayon Sports mbere y'umukino.

17:57

Amakipe yombi yinjiye mu kibuga.

Mu ndirimbo yubahiriza Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru muri Afurika CAF, Abakinnyi 11 ba APR FC na AZAM barangajwe imbere na Komiseri Sebit Librato Begi binjiye mu bwatsi bwa Stade Amahoro.

17:50

Abasifuzi bo muri Maroc ni bo bagiye kuyobora uyu mukino.

Umusifuzi wo hagati kuri uyu munsi ni Kech Chaf Mustapha, yungirijwe na Mostafa Akarkad(uzagaruka mu Rwanda ku mukino wa Nigeria tariki ya 10), na Hicham Ait Abbou mu gihe umusifuzi wa Kane ari Karim Sabry. Komiseri w'umukino we akomoka muri Sudani y'epfo ni Sebit Librato Bagi Rassa.

17:42

Amakipe yombi asubiye mu Rwambariro.

Nyuma yo kwishyushya muri Stade Amahoro, amakipe yombi asubiye mu rwambariro aho mu kanya saa Kumi n'Ebyiri amakipe yombi ari bube atangiye umukino.

Abakunzi ba APR FC ni benshi cyane kuri Stade Amahoro nubwo ituzuye, gusa bari kugaragaza imifanire idasanzwe.

17:29

XI ba APR FC habaye impinduka ebyiri ku ikipe yabanje muri Tanzania.

Mugisha Gilbert yafashe umwanya wa Dushimimana Olivier Muzungu, Taddeo Lwanga afata umwanya wa Lamptey Richmond.

Pavelh Ndzila
Byiringiro Gilbert
Niyigena Clement
Nshimiyimana Yunusu
Niyomugabo Claude
Dauda Yassif
Taddeo Lwanga
Ruboneka Bosco
Lamine Bah
Mugisha Gilbert
Mamadou Sy

17:27

XI ba AZAM FC babanje mu kibuga ntabwo bahindutse cyane ugereranyije n'umukino ubanza.

Ikipe yo muri Tanzania yakoze impinduka imwe gusa aho Cheiks Sidibe yatangiye mu mwanya wa Pascal Msindo

Mohamed Mustafa
Lusajo Mwaikenda
Cheiks Sidibe
Yeison Fuentes
Yannick Bangala
Adolf Mutasingwa
James Akaminko
Frank Tiesse
Jhonier Blanco
Fei Toto
Gibril Sillah

17:17

Amakipe yombi yinjiye mu kibuga ngo atangire kwishyushya.

Amakipe yombi aje mu kibugwa kwishyushya. Ikipe ya APR FC ni yo yinjiye mbere ikurikirwa na AZAM FC.

Ubwo AZAM yinjiraga yanze kunyura ku bwatsi busanzwe bunyurwaho ku makipe avuye mu rwambariro ihitamo guca ku ruhande ku mpamvu itazwi.

17:05

Ikibuga cya Stade Amahoro cyarangiritse.

Ubwatsi bwo kuri Stade Amahoro ntabwo bumeza neza nyma y'aho iki kibuga cyakiriye ibirori bitandukanye.

Urebye uko cyari kimeze ku mukino w'Umuhuro mu Mahoro hagati ya APR FC na Rayon Sports ndetse na Tariki ya 1 Nyakanga 2024 ubwo Stade yafungurwaga na APR FC na Police FC biratandukanye cyane cyane ku gice cy'izamu rireba mu Migina.

17:01

APR FC iserukanye umwambaro mushya.

Nyuma yo kunengwa n'abakunzi bayo kenshi ku bijyanye no kwiyambika ikaberwa ndetse ikita no ku bafana, APR FC izanye umwambaro mushya ku mukino wo kuri uyu munsi.

Nawe wakwihera amaso.


16:45

APR FC isezerewe yaba yanditse amateka yaherukaga gukorwa na Darco Novic..

Nubwo ikipe ya APR FC itari yandika amateka ahambaye mu mikino ya CAF Champions League, imibare ifite muri iri rushanwa ntabwo ari mibi.

Iyi kipe imaze gukinamo imikino 69 muri iri rushanwa aho yatsinzemo 24 itsindwa 29 inganya 16.

Iyi kipe ikaba yaragiye ikomeza mu cyiciro cya kabiri cy'iyi mikino inshuro eshanu mu 10 iheruka kugikina aho iheruka gusezererwa mu majonjora ya mbere y'ibanze mu mwaka wa 2022 ubwo yakurwagamo na US Monastir yatozwaga na Darko Novic. APR FC yari yatsinze umukino ubanza 1-0 gusa iza kunyagirwa 4-2 mu mukino wo kwishyura.

APR FC iheruka gukomeza muri CAF Champions League yatsinzwe umukino ubanza muri 2016, ubwo yasezereraga Mbabane Swallows ku bitego 4-2, mu mikino yombi, dore ko yari yatsindiwe muri Eswatini igitego 1-0.

16:31

Stade Amahoro biri bugorane ko iri bwuzure.

Ni byo ko abakunzi ba APR FC baje ku bwinshi gushyigikira ikipe ya APR FC ku mukino wo kuri uyu wa Gatandatu.

Guhera Saa Sita ubwo Stade yafungurwaga, abafana bakomeje kwinjira umwe ku wundi ariko biragaragara ko ntaho bari bakora iyo Stade yakira abarenga ibihumbi 45. Amakuru ava mu ikipe ya APR FC avuga ko amatike agera ku bihumbi 15 yari yamaze kugurwa, ndetse iyi kipe yemereye abana bari munsi y'imyaka 18 kuza kwinjirira ubuntu.

Kugeza ubu ntaho bari bakora kuri iki kibuga cyari cyuzuye mu mikino ibiri yahakiniwe mbere.

16:27

IKAZE KURI STADE AMAHORO!

Nyuma y'Umuhuro mu Mahoro hamwe n'umukino wo gutaha Stade Amahoro, APR FC yongeye kugaruka kuri Stade ya mbere mu Karere, mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions League igiye kwakiriramo AZAM FC yo muri Tanzania.

Umukino ubanza hagati y'amakipe yombi, warangiye ikipe ya AZAM itsinze APR FC igitego 1-0. Penaliti itaravuzweho rumwe yaje kwinjizwa neza ku munota wa 65 na Jhonier Blanco, umwe mu banya Colombia batatu bakinira iyi kipe.

Ikipe ya APR FC yaherukaga kwakirira kuri Stade Amahoro ubwo yahatsindiraga Djoliba ibitego 2-1 mu mikino ya CAF Confederation Cup ya 2018 , gusa ikaba yarahise isezererwa muri yo kubera igitego cyo hanze 1-0 yari yatsindiwe muri Zambia.

Iyi Stade Amahoro by’umwihariko, ikaba igiye kwakira umukino wa mbere mpuzamahanga nyuma yo kuvugururwa igashyirwa ku rwego rwo kuba yanakwakira umukino wa nyuma w’igikombe cy’isi aho ubu abafana 45 000 bashobora kuyireberamo umukino.