Police FC vs CS Constantine

Police FC 1-2 CS Constantine

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Jahdeau Dukuze

Amafoto

: Moses & Raoul

17:00

Umukino urarangiye

Ikipe ya Constantine isezereye Police FC mu mikino ya CAF Confederation Cup iyitsinze ibitego 4-1 mu mikino yombi

16:59

90+4 Mugisha ahushije amahirwe ya nyuma

Issah Yakubu ateye umupira muremure imbere, myugariro Mloud awukojejeho umutwe wigira kwa Didier wari usigaranye n'umuyezamu ariko ntiyashobora kuwushyira mu nshundura.

16:57

90+1 CS Constantine ihushije bibiri icyarimwe

Iyi kipe yarangije kwizera gukomeza, ibuze igitego cyabazwe. Kapiteni Brahim azamukanye umupira, ageze hafi y'urubuga rw'amahina atera ishoti rikomeye umunyezamu Onesime awukuramo bigoranye, awushyira ku kaguru ka Omoyele uwushyize mu rushundura ariko Zidane aratabara awukuramo ku murongo.

16:54

90' Iminota 5 y'inyongera

16:54

89' Gusimbuza ku ruhande rwa CS Constantine

Brahim Dib yahaye umwanya El Amine Benmessabih na ho laid Chahine asimbura Houari Baouche.

16:52

88' Didier yari yishyuye

Police FC yaje ishaka gukomeza mu cyiciro gikurikira, kuri ubu iri gushaka byibura kwishyura ibitego yatsinzwe. Chukwuma ateretse umupira ku mutwe wa Didier awuteye neza ujya mu ntoki za Zakaria

16:51

86' Onesime yari atanze indi mpano

Uyu munyezamu utahiriwe n'uyu munsi atanze umupira nabi wifatirwa na El Hocine gusa ahita awutakaza.

16:50

84' Ani Elijah!

Akazi gakomeye gakozwe na Odili Chukwuma wambuye umupira akanawugeza hafi y'urubuga rw'amahina, ugasanga Ani Elijah wari uwutegereje, ateye mu izamu uramugarukira awukora n'intoki.

16:48

82' Gusimbuza ku ruhande rwa Police FC

Akuki Djibrine asimbuye Hakizimana Muhadjili

16:47

80' CS Constantine ikomeje kwidagadura mu bwugarizi bwa Police FC

El Hocine ni we utahiwe kuri ubu, ahawe umupira ari mu bakinnyi batanu ba Police FC ariko ashobora kubinjirana mu rubuga rw'amahina, acenga Ashraf, gusa umupira umuhera mu maguru abura uko atera mu izamu.

16:45

78' Chukwuma ashatse kwibutsa ko ahari

Uyu musore wagiye mu kibuga asimbuye ateeye ishoti ari hirya gato y'urubuga rw'amahina ariko umupira we ufatwa neza na Zakaria Bouhalfaya wafashe imipira mike uyu munsi.

16:43

76' Umukino ubaye uhagazeho

Mohamed Benchara aryamye mu rubuga rw'ikipe ye, abasifuzi bari kureba icyo yabaye.

16:42

74' CS Constantine ihushije ikindi gitego

El Hocine wagiye mu kibuga asimbuye, ahawe umupira mu rubuga rw'amahina ashatse kuwushyira mu nshundura, Zidane aritambika ujya hanze muri Corner.

Iyi itewe Oussama ariko Police ikiza izamu inabona ikosa rikorewe Ani Elijah.

16:39

72 GusimbuzaCS Constantine

Mounder Temine ahaye umwanya Achraf Boudrama. Zakaria Benchaa watsinze igitego cya mbere yasimbuwe na Omoyele Abraham

16:36

67. Constantine iri kwikorera ibyo ishaka

Ikipe yo muri Algeria ni yo iri gutambaza umupira nta gihunga. Iri gukina neza ugereranyije n'uko Police FC ari yo ishaka ibitego. Gusa kugeza ubu nta cyerekana ko Police FC yanakwishyura uretse no gutsinda ibindi bitego bine isabwa.

16:29

64' Gusimbuza CS Constantine

El Hocine Mouaki Dadi asimbuye Abdennour Iheb wavunitse.

16:28

62' Umukino urahagaze gato

Umukinnyi wa CS Constantine Abdennour ari kwitabwaho n'abaganga.

16:27

60' Goooooaaaaal CS Constantine

Amakosa yakozwe ku gitego cya mbere ni yo yongeye gukorwa. Zakaria Benchaa aterekeye umupira Mounder Temine, uyu aca muri ba myugariro bo hagati ba Police FC, arabasiga arangiriza mu izamu.

16:25

58' Police FC yatuje

Iyi kipe ntabwo wamenya ko ari yo iri gushaka ibitego bitatu mu gice cya kabiri. Bari gukina basubiza inyuma umupira mu gihe bari no gutakaza imipira myinshi.

16:24

56' Corner ya Police FC

Abedi Bigirimana ashyize umupira muremure mu rubuga rw'amahina Miloud agira igihunga arawurenza.

Corner ivuyemo ntacyo itanze Constantine ikijije izamu.

16:22

54' CS Constantine yongeye guhusha

Munder Temine yari yinjiye ku rutonde rw'abatsindiye i Nyamirambo uyu munsi, ubwo umupira atereye kure ukoze ku kaguru ka Issah, ukajijisha umunyezamu Onesime wari wagiye ku rundi ruhande, ariko akawukuzamo akaguru.

16:17

53' Gusimbuza ku ruhande rwa Police

Chukwuma Odili afashe umwanya wa Allan Katerega

16:12

47' Muhadjili atangiranye imbaraga zidasanzwe.

Uyu musore wa Police arekuye umuzinga w'ishoti ubwo yari ahawe umupira na Abedi mu rubuga rw'amahina, gusa uyu ugarurwa na mugenzi we Simeon, arongera aragerageza ashyira umupira mu rubuga rw'amahina ariko ntiwagera kuri Ani Elijah.

16:11

46' Coup Franc ya CS Constantine

Nsabimana Eric Zidane akoreye ikosa Zakaria Benchaa mu rubuga rwa Constantine.

Coup Franc ivuyemo ntacyo itanze.

16:08

Igice cya kabiri kiratangiye

Ikipe ya Police FC ni yo itangije umukino aho isabwa ibitego bitatu ngo igere mu cyiciro gikurikira.

16:08

Gusimbura ku ruhande rwa Police FC

Iradukunda Simeon afashe umwanya wa Ngabonziza Pacifique

16:00

Police FC irasabwa iki

Nyuma yo gutsindwa igitego na CS Constantine, ikipe ya Police irasabwa kubona ikinyuranyo cy'ibitego 3 mu gice cya kabiri ngo ikomeze.

CAF ifite gahunda yo gukuraho igitego cyo hanze, ariko kugeza ubu ntabwo yari yafata icyemezo.

Police FC indi ntsinzi yabona itari iyo yahita isezererwa.

15:51

Igice cya mbere kirarangiye

15:51

43' CS Constantine yongeye kurema uburyo bukomeye

Brahim Did wo muri Algeria yazamukanye umupira ku ruhande rw'iburyo, aterekera Houari Abouche, yinjira mu rubuga rw'amahina, awuzamura neza ashaka Zakaria, gusa David Chimezia awushyira muri Corner.

Iyi iratewe ariko nta cyavuyemo.

15:49

45+1 Police FC irarokotse

CS Constantine ikomeje gukina ituje, yiboneye umupira ku ruhande rw'ibumoso Mounder Temine awugarura mu rubuga rw'amahina, ba myugariro ba Police FC bakiza izamu, usanga Oussama Meddahi inyuma y'urubuga rw'amahina maze ateye ishoti rikomeye umupira ukubita umutambiko w'izamu ujya hanze.

15:47

45' Iminota 3 y'inyongera.

15:47

43' Police FC yacitse intege ikomeje kugerageza

Abasore ba Mashami ubona ko baciwe intege n'igitego cyo kwishyura, izamukanye umupira ku ruhande rw'ibumoso ruri gukora gake, maze Zidane ashyira umupira mu rubuga rw'amahina ariko umupira ntiwagera kwa Elijah.

15:45

41' Goal CS Constantine

Police FC ikoze uburangara yishyurwa igitego. Umupira muremure uvuye mu bwugarizi bwa Constantine, usanze Zakaria Benchaa wari usiagaranye na Issah Yakubu, aramucenga, agana izamu arigeraho arangiriza mu nshundura.

15:43

39' Police FC yongeye guhusha.

Ashraf Mandela wakinnye neza cyane kugeza ubu, azamukanye umupira iburyo, awushyira mu rubuga rw'amahina rwarimo Ani Elijah ashyira ku gituza, umupira usanga Didier abura uko awukina arawutakaza.

15:41

37' Uyu munsi ubanza atari uwa Muhadjili.

Masestro w'u Rwanda ahawe umupira mwiza na Didier, ariko awushyize mu rubuga rw'amahina rwarimo Ani Elijah awutera nabi ujya kure cyane.

15:38

35' Police ikomeje kurema amahirwe yo gutsinda icyo kwishyura

Allan Katerega wakomeje kwigaragaza kugeza ubu, ahawe umupira mu kibuga hagati, yigira imbere agana ku izamu rya Constantine, abanza gutegereza gato ngo Elijah ahagarare neza, ashyira umupira ku izamu ariko Mloud awukuraho hafi kwitsinda igitego.

15:36

33' CS Constantine ihise isubiza

Iyi kipe iri gusatira byihuse izamukanye umupira ku ruhande rw'ibumoso Kapiteni Brahim ashyira umupira mu rubuga rw'amahina, Zakaria Benchaa ajya mu kirere awutera n'umutwe ariko ujya hanze.

15:34

32' Muhadjili ni gute ahushije iki gitego

Mugisha Didier utagaragaye cyane azamukanye umupira iburyo, acenga myugariro wa Constantine, agera mu rubuga rw'amahina, atarekera umupira mwiza Muhadjili wari usigaranye n'izamu ariko ateye ujya hejuru cyane.

15:33

29' Onesime atanze Impano ya Bonane mbere y'igihe barinanirwa

Uyu munyezamu wa Police FC yari akoze agashya i Nyamirambo. Umupira muremure utewe na Mohamed, uyu munyezamu arasohotse yarenze urubuga rwe, umupira ashatse kuwutera n'umutwe uramurenga, umupira ugana izamu aho Mounder yari wenyine imbere y'izamu, ariko ntiyashobora kuwushyira mu nshundura ujya hanze.

15:30

27' CS Constantine ishatse gutungurana

Houari Baouche wabuze aho amenera mu bwugarizi bwa Police atereye inyuma y'urubuga rw'amahina, ariko uyu uraguruka hafi kugera Kimisagara.

15:28

26' Ashraf Mandela ari gukora itandukaniro

Uyu myugariro wa Police FC unyura iburyo ni umwe mu bakinnyi bari gutangiza ubusatirizi bwa Police FC.

Hano azamukanye umupira iburyo awushyize mu rubuga rw'amahina Ani Elijah akorera ikosa mu rubuga rw'amahina.

15:25

25' Umukino wagabanyije ubukana

Nyuma yaho Police FC ibonye igitego cya mbere, yagabanyije imbaraga zo gusatira yatangiranye. CS Constantine na yo nta kiyirukansa. Umukino uri kuguma mu kibuga hagati.

15:24

23' Police FC birayisaba kwitonda

Ikipe ya Constantine nubwo iri gufata umupira gake, ariko inshuro zose iri kuwufata iri kuwubyaza akantu.

Aha Kapiteni Brahim Dib ahawe umupira inyuma y'urubuga rw'amahina ateye umuzinga mu izamu ugabanyirizwa imbaraga na Mandela ujya mu ntoki za Onesime.

15:22

21' Umukino uhagaze gato

Abedi Bigirimana araryamye ari kwitabwaho n'abaganga. Umusifuzi abaye ahagaritse umukino.

15:21

21' Police FC ikomeje gusatira

Mandela ahaye umupira muremure Ani Elijah ariko aza gusifurwa ko yaraririye.

15:19

19' Gooooooooaaaal Police FC

Allan Katerega ateretse Coup Franc ku mutwe wa Ani Elijah uhise afungura amazamu neza cyane.

15:19

17' Coup Franc ya Police

Allan Katerega wazonze abakinnyi ba CS Constantine akorewe ikosa na Mloud, Police FC ibonye Coup Franc nziza.

15:18

15' Police FC ihise isubiza

Ikipe ya Mashami nta mwanya wo gutakaza ifite, ihise izamukana umupira ujyanywe na Mandela, awugeza kwa Katerega, uwushyize mu izamu ariko uramwangira ujya hanze.

15:16

14' CS Constantine ihushije igitego cyabazwe.

Eh iyi kipe ni iyo kwitonderwa. Zacharia Benchaa azamukanye umupira ku ruhande rw'ibumoso, awurekera Brahim Dib, uwushyize mu rubuga rw'amahina usanga Mounder Temine ari wenyine, atera n'umutwe umunyezamu Onesime aratabara arawufata.

15:14

12 CS Constantine nta bimenyetso by'igihunga iri kugaragaza.

Iyi kipe yabaye iya kane muri Shampiyona ya Algeria yahisemo kurekera umupira Police FC ariko kugeza uyu munota nta kimenyetso kigaragaza ko ishobora kwinjizwa igitego kuko bahagaze neza inyuma kandi bafata umupira bakawugumana.

15:12

10' Corner ya CS Constantine

Iyi kipe inshuro ya mbere igeze imbere y'izamu iremye Corner ku mupira urengejwe na Ashraf Mandela.

Corner ivuyemo Issa Yakubu akijije izamu ariko birangira iyi kipe yongeye kurema andi mahirwe abyaye Corner ya kabiri.

Iyi ikijijwe neza n'Ubwugarizi bwa Police FC.

15:10

08' Ani Elijah abuze imbaraga zitsinda.

Uyu rutahizamu wa Police FC yungukiye mu mupira ugaruwe nabi n'ubwugarizi bwa CS Constantine, acenga umukinnyi umwe, ariko ateye mu izamu umupira ugenda gahora cyane ntiwagerayo.

15:08

07' Police FC iri gahanahana neza.

Bigirimana Abedi, Katerega na Muhadjili batangiye bashimisha amaso y'abakunzi ba ruhago bari i Nyamirambo nubwo kugeza ubu ibyo bari gukora nta musaruro byari byatanga.

15:06

05' Umukino utangiye guhagarara hakiri kare.

Ani Elijah yari ahawe umupira muremure gusa akorera ikosa abakinnyi babiri ba Constantine barimo n'umunyezamu. Umukino ubaye uhagazeho gato ngo bitabweho.

15:05

03' Coup Franc ya Police FC

Allab katerega akorewe ikosa mu kibuga hagati.

Coup Franc ivuyemo ariko umupira ushyizwe mu rubuga rw'amahina ariko ubwugarizi bwa CS Constantine bukiza izamu byihuse.

15:03

02' Police FC iremye uburyo bwa mbere.

Ani Elijah yongeye kugeza umupira kwa Ani Elijah wari ku ruhande rw'iburyo, uyu ashyira umupira muremure mu rubuga rw'amahina ariko ntiwagera kuri Abedi ahubwo ushyirwa muri Corner.

Corner ya Katerega igeze kwa Bigirimana ateye n'umutwe ujya hanze.

15:01

01' Police igerageje gusatira hakiri kare

Umupira wa mbere uhawe Ani Elijha ahise awutakaza ntacyo akoze.

Ikipe ya Mashami irabizi ko igomba kubona igitego hakiri kare niba ishaka gutsinda uyu mukino.

14:59

Umukino uratangiye

Ikipe ya Constantine itangije umukino ihita inasatira umupira urayirengana

14:57

Amakipe yombi yageze mu kibuga mu kanya umukino uratangira.

14:53

XI ba CS Constantine

16 Zakaria Bouhalfaya
6 Mohamed Bencharia
7 Abdennour Iheb
8 Houar Bouche
9. Zecharia Benchaa
10 Brahim Dib
11. Munder Temine
12. Oussama Meddahi
18 MessaLa Meribah
20. Chamessedine Deerradji
25. Mloud Rebiai

14:45

Abakinnyi XI babanza mu kibuga ku rhande rwa Police FC

Umutoza Mashami yahisemo kugirira icyizere abakinnyi bakurikira.

14:42

IKAZE KURI KIGALI PELE STADIUM

Stade y'i Nyamirambo ni yo igiye kwakira umukino wo kwishyura hagati ya Police FC na CS Constantine mu mikino ya CAF Confederation Cup.

Mu mukino ubanza ikipe ya Police FC yari yatsindiwe mu Barabu ibitego 2-0.

Police FC ni inshuro ya gatatu igiye guhagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika, gusa nta na rimwe yari yasezerera ikipe yo mu Barabu.

Umutoza Mashami Vincent aheruka gutangaza ko icyizere ari cyose ko bakuramo CS Constantine kuko umukino ubanza waberetse ko ino kipe idakanganye.