Rwanda vs Nigeria

Rwanda 0-0 Nigeria

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Eric Tony Ukurikiyimfura & Jah D'eau Dukuze

Amafoto

: Kwizera Herve, Moses Niyonzima & Ntare Julius

16:39

76' Ouattara yababaye

Rutahizamu wa APR FC, Djibril Ouattara, ari kwitabwaho n'abaganga hanze y'ikibuga nyuma yo gutsikira.

17:50

AMASHUSHO: Ibyaranze uyu mukino w'u Rwanda na Nigeria

17:04

Amavubi akuye inota kuri Nigeria

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yanganyije na Super Eagles ya Nigeria ubusa ku busa mu mukino w’Umunsi wa Kabiri wo mu Itsinda D ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2025 wabereye muri Stade Amahoro.

Uyu mukino witabiriwe n’abarimo Perezida Paul Kagame.

U Rwanda rwahise rugira amanota abiri, rukurikiye Nigeria ifite amanota ane mu mikino ibiri.

Undi mukino wo muri iri tsinda urahuza Benin na Libya kuri uyu wa Kabiri saa Tatu z’ijoro.

U Rwanda ruzasubira mu kibuga tariki ya 6 n'iya 14 Ukwakira 2024 rukina imikino ibiri na Benin ku Munsi wa Gatatu n'uwa Kane.

17:03

Umukino urarangiye

17:00

90+4' Amavubi ahagaze bwuma

Osimhen aterewe umupira muremure ku mutwe, usanga Ntwari Fiacre ahagaze neza ahita awufata.

Isaha n'isaha umukino urarangira.

16:57

90+2' Gusimbuza

Taiwo Awoniyi asimbuye Ademola Lookman ku ruhande rwa Nigeria.

16:57

90+1' Gusimbuza


Ruboneka Jean Bosco asimbuye Kwizera Jojea ku ruhande rw'Amavubi y'u Rwanda.

Umutoza Spittler yatangiye gushaka uko yabona inota mu minota ine isigaye.

16:56

90' Iminota itanu y'inyongera


Umusifuzi wa Kane Hamza El Fariq yerekanye iminota itanu y'inyongera.

Umunyezamu Stanley Nwabali wavurwaga, yahagurutse.

16:55

89' Gusimbuza


Gitego Arthur asimbuye Nshuti Innocent ku ruhande rw'u Rwanda.

Ubwugarizi bw'u Rwanda bukomeje guhagarara neza.

16:53

88' Abafana b'Amavubi bahagurutse



Mugisha Bonheur ateye ishoti rikomeye, umupira ukurwamo Stanley Bobo Nwabali.

Abafana bahagurutse ngo batere imbaraga Ikipe y'Igihugu 'Amavubi' muri iyi minota ya nyuma.

16:53

86' Ntwari na none!


Ntwari Fiacre ni we mukinnyi w'umukino kugeza ubu.

Osimhen ateye umutwe wanze, umupira usanga Lookman uteye ishoti ryo hasi, umupira usanga umunyezamu w'Amavubi ari maso.

16:50

85' Amafoto ya Perezida Kagame akurikiye umukino

16:46

80' Umukino winjiye mu minota 10 ya nyuma


Ikipe y'u Rwanda ikomeje kwihagararaho mu gihe Nigeria iri gusatira cyane yabuze aho imenera mu bwugarizi ndetse n'umunyezamu Ntwari akaba ibamba.

16:40

74' Nigeria iracyasatira

Onyemaechi Bruno ahinduye umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, usanga Victor Osimhen uteye ishoti ryo hasi, rifatwa neza na Ntwari Fiacre.

16:37

71' Ntwari abaye intwari na none


Ntwari Fiacre yongeye kurokora Amavubi, akuramo umupira wa Ademola Lookman wari wongeye guca mu rihumye ubwugarizi bw'u Rwanda.

16:36

69' Gusimbuza

Onyinye Ndidi na Faruq Deel-Bashiru basimbuwe na Onyeka Frank na Rafael Onyedika ku ruhande rwa Nigeria.

16:34

68' Amavubi yirangayeho

Niyomugabo ahaye umupira Muhire Kevin na we akinana na Kwizera Jojea, ariko uyu wa nyuma wari uhanzwe amaso, atera umupira ku ruhande.

Benshi bari biteguye guhaguruka.

16:32

65' Nigeria yageze mu minota yayo


Nigeria ikomeje gukina neza ndetse kuri iyi nshuro iri kubonana aho nk'umupira uhinduwe na Aina, ushyizweho umutwe na Osimhen, ku bw'amahirwe ye make ukurwaho n'ubwugarizi bw'u Rwanda.

16:27

61' Gusimbuza

Mugisha Gilbert asimbuwe na Samuel Gueulette Leopold Marie ku ruhande rw'u Rwanda.

16:26

Amwe mu mafoto y'umukino w'u Rwanda na Nigeria

16:24

58' Victor Osimhen ntabyumva kimwe na ba myugariro b'Amavubi


Rutahizamu wa Nigeria Victor Osimhen yagaragaye ashwana na Manzi Thierry, baterana amagambo.

Nyuma y'umunota umwe, yakiniwe nabi na Mutsinzi Ange.

16:19

53' Ntwari Fiacre arokoye Amavubi

Simon Moses ahawe umupira mu rubuga rw'amahina, ashatse kuwutera mu izamu, Ntwari Fiacre asohoka neza, awushyira muri koruneri.

16:18

52' Nigeria iri gusatira muri iyi minota

Ikipe y'Igihugu ya Nigeria ni yo iri kwiharira umupira muri iyi minota ya mbere y'igice cya kabiri.

Amavubi yasubiye inyuma kugarira.

16:15

Perezida Kagame yitabiriye umukino w'u Rwanda na Nigeria

Perezida Paul Kagame ari muri Stade Amahoro aho yitabiriye uyu mukino uri guhuza u Rwanda na Nigeria.

Umukuru w'Igihugu yaherukaga kureba umukino wo mu Rwanda mu 2016 muri CHAN.

Gusa, yari kuri iki kibuga ubwo we na Perezida wa CAF, Dr. Patrice Motsepe bafunguraga ku mugaragaro Stade Amahoro nshya mu muhango wakurikiwe n'umukino wa APR FC na Police FC tariki ya 1 Nyakanga.

16:10

46' Igice cya kabiri cyatangiye

Ikaze mu gice cya kabiri cy'umukino uri guhuza u Rwanda na Nigeria i Remera.

Osimhen ni we uteye umupira wa mbere, akinana na bagenzi be.

16:09

Gusimbuza

Victor Osimhen na Moses Simon basimbuye Victor Boniface na Samuel Chukwueze ku ruhande rwa Nigeria.

16:01

Nigeria iri gushyushya batatu barimo Osimhen


Victor Osimhen, Moses Simon na Taiwo Awoniyi, bose bari kwishyushya mu gihe abandi bakinnyi bari mu rwambariro.

15:55

Amavubi ahagaze neza ariko arasabwa kuba maso

Ikipe y'Igihugu yatanze byose mu gice cya mbere, igerageza gusatira nubwo kugeza ubu nta buryo bukomeye iratera mu izamu.

Gusa, Nigeria ifite abakinnyi bakomeye bakina i Burayi kandi baba bashaka gusoza umukino batavunitse.

Ni yo mpamvu badakoresha imbaraga nyinshi ariko nk'ikipe ikomeye, uburyo yubatse biba bigoye kubusubiza inyuma.

Ademola Lookman yagerageje kureba mu izamu ry'u Rwanda inshuro eshatu ndetse igitego yatsinze kimwe, cyanzwe, birasaba gukomeza kumucunga no kugabanya igihunga ku ruhande rw'u Rwanda.

Kuba Bizimana Djihad na Niyomugabo Claude bafite amakarita y'umuhondo bishobora gukomeza iminota 45 y'igice cya kabiri.

Nigeria iracyafite ibisubizo byinshi kuko abarimo Iheanacho, Moses Simon, Awoniyi, Iwobi na Victor Osimhen bari ku ntebe y'abasimbura.

15:51

Igice cya mbere kirarangiye

Iminota 45 ibanza irangiye u Rwanda na Nigeria binganya ubusa ku busa.

Abakinnyi bagiye mu rwambariro kumva inama z'abatoza mu gihe cy'iminota 15.

15:50

45+2' Ikarita y'umuhondo

Aina Olufisayo ahawe ikarita y'umuhondo kubera gukurura Niyomugabo Claude wari umaze kumucenga.

15:47

45' Iminota ine y'inyongera

Umusifuzi wa Kane, Hamza El Fariq yerekanye iminota ine y'inyongera.

Amakipe yombi aracyashaka igitego.

15:47

44' Nshuti Innocent ntiyishimiwe

Nshuti Innocent atinze guha umupira Muhire Kevin wari wenyine, ndetse aho guhereza Kwizera Jojea, ahitamo gutera ishoti rigiye hanze.

Abafana bavugirije induru uyu rutahizamu w'Ikipe y'Igihugu.

15:45

42' Amavubi aracyashaka aho izamu riri


Mugisha Bonheur ateye ishoti rigiye hanze, Nigeria itangije umupira yongera kuwutakaza, na bwo Bizimana Djihad atera ishoti rifashwe mu buryo bworoshye na Nwabali Bobo Stanley.

15:43

40' Nigeria ihushije ubundi buryo

Onyeamachi Bruno ahushije uburyo bwiza ku mupira ateye n'umutwe, unyura ku ruhande rw'izamu ry'Amavubi.

Ntwari yari ategereje kureba niba ujya mu izamu.

15:41

38' Umukino urakomeje

Umukino wari wahagaze gato havurwa Ntwari wicaye hasi nyuma y'uko Nigeria yari izengereje Amavubi.

Abakinnyi baboneyeho kumva amabwiriza y'abatoza.

15:40

37' Amavubi ararokotse

Victor Boniface yinjiye mu rubuga rw'amahina, atera umupira urenze Ntwari, ukubita umutamboko widunda imbere y'umurongo mbere y'uko usanga Lookman ushyizeho umutwe, Niyomugabo Claude akiza izamu.

15:39

36' Abafana b'Amavubi basabaga penaliti

Mugisha Gilbert ateye umupira ukoze ku kuboko kwa myugariro wa Nigeria mu rubuga rw'amahina, abafana basaba penaliti, ariko umusifuzi agaragaza ko nta kosa ryabaye.

Ukuri ni uko ari umupira waguye ku kuboko kandi na ko kuri ku mubiri.

15:37

Amavubi arasabwa kwitondera Lookman: Ubusesenguzi bw'umunyamakuru Niyibizi

15:33

30' Amavubi yongeye kurokoka

Ademola Lookman yongeye kubona uburyo bwiza ku mupira ateye nabi, ku bw'amahirwe Ntwari Fiacre ahita awufata.

Biragaragara ko Nigeria itivuna mu gusatira izamu.

15:30

27' Ikarita y'umuhondo

Kapiteni w'Amavubi, Bizimana Djihad, ahawe ikarita y'umuhondo ku ikosa akoreye kuri Samuel Chukwueze hagati mu rubuga rw'u Rwanda.

15:29

26' Ikarita y'umuhondo

Samuel Chukwueze ahawe ikarita y'umuhondo nyuma yo gushyamirana no gushaka kurwana na Niyomugabo Claude mu izamu ry'u Rwanda.

15:28

26' Ikarita y'umuhondo

Niyomugabo Claude ahawe ikarita y'umuhondo nyuma yo gushaka kurwana na Samuel Chukwueze.

15:27

24' Amavubi ararokotse


Abakinnyi b'Amavubi barimo Mugisha Gilbert bakinnye nabi inyuma, batakaza umupira ugeze kuri Victor Bonfice, atera ishoti, ku bw'amahirwe y'Ikipe y'Igihugu umupira uhura na Ntwari Fiacre ujya muri koruneri.

15:25

22' Nigeria yari ibonye igitego ariko...

Ademola Lookman yibwiraga ko atsindiye Nigeria ku mupira muremure urenguwe mu rubuga rw'amahina, ariko umusifuzi agaragaza ko Oluwafisayo yakiniye nabi Manzi Thierry.

15:21

18' Amavubi yongeye kugerageza uburyo bwanze

Amavubi abonye koruneri itewe neza, umupira wisirisimba imbere y'izamu rya Nigeria ariko kuwurenza abakinnyi bayo b'inyuma biragorana.

Abafana bakomeye amashyi Ikipe y'Igihugu ku buryo yari ikinnye.

15:18

15' Coup-franc y'Amavubi

Nshuti Innocent akiniwe nabi na Bassey, ikosa rihanwe na Muhire Kevin, Nigeria ikiza izamu neza mbere y'uko umupira ugarukira Kevin agakinana na bagenzi be.

15:17

14' Ntwari arokoye Amavubi

Samuel Chukwueze yinjiranye Amavubi ndetse yashoboraga gukinana na Victor Bonfice, yitereye ishoti rikurwamo na Ntwari Fiacre mbere y'uko umupira umugarukira uvuye ku kirenge cya Bonheur Mugisha.

15:15

12' Nigeria yabuze umupira

Muri iyi minota ibanza, Amavubi ari gukina neza nubwo kugeza ubu akigorwa no kwinjira mu rubuga rw'amahina ngo areme uburyo bwabyara igitego.

Birasa n'aho Nigeria yitonze ngo irebe ibyo u Rwanda rukina.

15:13

10' Akavura kageze ku bwatsi

Imvura yatangiye kugwa i Remera, gusa bitandukanye n'uko twabaga tumeze muri Stade Amahoro, ubu abayumva ni abakinnyi gusa bari mu kibuga kuko abandi bose bari ahasakaye.

15:10

7' Amavubi arasabwa gutuza akubaka

Ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, Amavubi yongeye gutera umupira hejuru.

Kuri iyi nshuro noneho ni Muhire Kevin bibayeho ku mupira wari uvuye kuri Bizimana Djihad wari ukinanye na Mugisha Gilbert.

15:09

6' Amavubi yahagurukije abafana

Ntabwo igitego cyagiyemo kuko abakinnyi baracyagishaka ku mpande zombi ariko Kwizera Jojea ateye umupira muremure ashaka gutungura Nwabali wari wasohotse, ku bw'amahirwe make, n'uyu mupira ujya hejuru y'izamu.

Abafana b'Amavubi bahagurutse ngo bayashyigikire.

15:08

5' Amavubi ahushije uburyo bwiza

Ikipe y'Igihugu ibonye koruneri itewe neza, Muhire Kevin ahindura agapira keza mu rubuga rw'amahina, gasanga Mugisha Bonheur ukinishije umutwe, ku bw'amahirwe make umupira ujya hejuru y'izamu rya Nwabali.

15:07

4' Uburyo bwa Nigeria

Chukwueze ahinduye umupira ugeze kuri Onyinye Ndidi Wilfred inyuma y'urubuga rw'amahina, atera ishoti rifashwe na Ntwari Fiacre.

15:04

2' Amavubi agize amahirwe

Niyomugabo Claude arangaye gato, Ademola Lookman afata umupira ahinduye mu rubuga rw'amahina, ku bw'amahirwe Samuel Chukwueze awubura mu maguru, umukoraho ujya hanze.

15:03

1' Amavubi atangiye asatira

Mu guhererekanya neza ndetse no gushyigikirwa cyane n'abafana b'Amavubi bageze muri Stade Amahoro, Mugisha Gilbert ateye umupira ari ku murongo w'urubuga rw'amahina, ujya ku ruhande.

15:02

Umukino uratangiye

Ya saha twari dutegereje irageze!

Karim Sabry ahushye mu ifirimbi, atangiza umukino.

Umupira wa mbere ukinwe na Nshuti Innocent w'Amavubi y'u Rwanda, awutanga kuri Bizimana Djihad uwusubije inyuma.

14:57

Amakipe yombi yagarutse mu kibuga

Barangajwe imbere n'abasifuzi, abakinnyi b'amakipe yombi bayobowe na Bizimana Djihad ndetse na William Troost-Ekong, binjiye mu kibuga cya Stade Amahoro.


Amavubi yambaye umuhondo hejuru, amakabutura y'ubururu n'amasogisi y'icyatsi.

Nigeria yambaye icyatsi cyijimye n'amasogisi y'umukara.

Habanje kuririmbwa indirimbo yubahiriza Nigeria, ikurikirwa na Rwanda Nziza yacu.

14:52

Umukino urayoborwa n'Abanya-Maroc


Umunya-Maroc Karim Sabry ni we ugiye kuyobora uyu mukino aho aza kuba yungirijwe na benewabo Mostafa Akarkad na Hamza Nassiri basifura ku ruhande.

Umusifuzi wa Kane ni Hamza El Fariq mu gihe Komiseri w'Umukino ni Umunya-Tanzania Khalid Abdallah Mohamed.

14:49

Amakipe yombi yasubiye mu rwambariro

Mu minota 12, umukino uraba utangiye.

Kuri ubu, abakinnyi b'Amavubi n'aba Nigeria, bose basubiye mu rwambariro nyuma yo kwishyushya.

14:47

Icyizere ni gike ko Stade Amahoro yuzura

Nubwo umukino wagizwe ubuntu, ariko bigatangazwa habura amasaha ane ngo umukino utangire, icyizere ni gike ko Stade Amahoro yuzura abafana kuri uyu wa Kabiri.

Uyu mukino wahuriranye no kuba wabaye ku munsi w'akazi ndetse mu masaha y'akazi.

Gusa, hari icyizere ko abakiri hanze bashobora kuziba icyuho cy'imyanya ikiri myinshi cyane.

14:36

Amavubi yari akumbuye Stade Amahoro

Ikipe y'Igihugu 'Amavubi' yongeye gukinira muri Stade Amahoro nyuma y'imyaka umunani.

Yaherukaga kuhakinira yakiriye Mozambique mu gushaka itike ya CAN 2017.

Nyuma yaho, hari indi mikino yahabereye irimo ya gicuti, ariko iy'amarushanwa yaberaga kuri Kigali Pele Stadium n'i Huye kuko iyi Stade Amahoro yari yarahagaritswe na CAF, akaba ari yo mpamvu yavuguruwe.

Stade yakiraga abantu ibihumbi 25, ubu irakira ibihumbi 45 bicaye neza kandi noneho ahantu hasakaye hari n'ikibuga kigezweho.

14:23

Nigeria yasesekaye mu kibuga

Abakinnyi ba Nigeria na bo binjiye mu kibuga kugira ngo bishyushye.

Abanyezamu babo bari bamaze iminota 12 bahageze.

14:21

Abakinnyi b'Amavubi babanje mu kibuga

Umutoza w’u Rwanda, Frank Spittler Torsten yahisemo gukoresha:

Ntwari Fiacre
Omborenga Fitina
Niyomugabo Claude
Mutsinzi Ange
Manzi Thierry.
Mugisha Bonheur
Bizimana Djihad
Muhire Kevin
Kwizera Jojea
Mugisha Gilbert
Nshuti Innocent.

Mugisha Bonheur ni we wahindutsemo, afata umwanya wa Rubanguka Steve ukurikije ikipe yakinnye na Libya.

14:16

Amavubi yatangiye kwishyushya


Mu gihe ikirere cy'i Remera cyatangiye kuzamo umuyaga mwinshi ndetse bisa n'aho kijima ku buryo gishobora kuza gutanga imvura, abakinnyi b'Amavubi bamaze kugera mu kibuga kugira ngo bishyushye.

14:05

Abakinnyi ba Nigeria babanje mu kibuga

Umutoza Augustine Eguavoen yongeye kubanza Victor Osimhen ku ntebe y'abasimbura. Dore abakinnyi yitabaje:

23. Stanley Nwabali
5. William Troost- Ekong (C)
2. Ola Aina
6. Semi Ajayi
13. Bruno Onyemaechi
21. Calvin Bassey
4. Wilfred Ndidi
10. Fisayo Dele-Bashiru
7. Ademola Lookman
11. Samuel Chukwueze
22. Victor Boniface

Abasimbura:

1. OKOYE
23. OBASOGIE
14. IHEANACHO
9. OSIMHEN
8. ONYEKA
15. SIMON
19. AWONIYI
20. ONYEDIKA
18. TANIMU
3. NDAH
12. ALHASSAN
17. IWOBI

14:00

Ni ibiki byavuzwe ku mpande zombi mbere y'umukino?

Ku wa Mbere, Nigeria yakoreye imyitozo hano kuri Stade Amahoro nyuma gukora ikiganiro n'itangazamakuru.

Amavubi na yo yakoreye imyitozo ku kibuga cyo hanze ya Stade ubwo Umutoza Frank Spittler na Kapiteni w'Ikipe y'Igihugu, Bizimana Djihad bari bamaze kuganira n'itangazamakuru.

13:58

Amavubi agiye guhura na Nigera ku nshuro ya gatandatu


Ikipe y'u Rwanda imaze guhura na Super Eagles ya Nigeria inshuro eshanu mu marushanwa yose.

U Rwanda rwanganyijemo umukino umwe aho igitego cya Jimmy Gatete cyishyuwe na Obafemi Martins cyatumye mu 2005 amakipe yombi agabana amanota mu gushaka itike y'Igikombe cy'Isi cya 2006, anganya 1-1.

Umukino uheruka guhuza ibihugu byombi ni uwo mu 2018 mu matsinda ya CHAN yabereye muri Maroc, warangiye ari ubusa ku busa.

13:55

Abanyarwanda bashyizwe igorora ngo birebere ibihangange bya Nigeria

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko kwinjira kuri uyu mukino mu myanya yaguraga 2000 Frw na 3000 Frw, byagizwe ubuntu ku bashaka kureba uyu mukino.

Gusa, hatangajwe ko imiryango ifungwa guhera saa Munani, isaha imwe mbere y'umukino.

13:50

Abakinnyi b'Amavubi bagera kuri Stade Amahoro

Ikipe y'Igihugu 'Amavubi' yamaze kugera kuri Stade Amahoro ndetse yabanje gusura ikibuga igiye gukinira mbere y'uko ijya mu rwambariro kwambara.

13:49

Ikaze kuri Stade Amahoro



IGIHE ibahaye ikaze kuri Stade Amahoro i Remera ahagiye kubera umukino w'Umunsi wa Kabiri wo mu Itsinda D ryo gushaka itike y'Igikombe cya Afurika cya 2025 hagati y'Amavubi y'u Rwanda na Super Eagles ya Nigeria.

Amavubi yatangiye urugendo rugana muri Maroc anganyiriza na Libya i Tripoli igitego 1-1 mu gihe Nigeri yatsindiye Benin muri Uyo ibitego 3-0.

Umukino uratangira saa Cyenda.