Ikosa rihanwe na Chibi, umupira uca ku ruhande gato.
19:31
68' Sy yaburaga intambwe imwe
Mamadou Sy acomekewe umupira mu rubuga rw'amahina, agiye gutambuka, Ahmed Saad awukoraho uhindura icyerekezo.
Iyo uyu rutahizamu wa APR FC yongera kuwukoraho, byashoboraga kuba ibindi.
19:29
66' Gusimbuza
Ramadan Sobhi asimbuwe na Reda Mohamed ku ruhande rwa Pyramids FC.
19:28
65' APR FC yasabaga penaliti
Mamadou Sy ateye umupira n'agatsitsino, ukora ku kuboko kwa myugariro wa Pyramids FC mu rubuga rw'amahina, ariko umusifuzi yerekana ko atigeze akuzamura agamije gufata umupira.
19:27
64' Byiringiro aryamye hasi
Byiringiro Gilbert agaragaje ko yababaye nyuma yo kuzamukana umupira, ateye ishoti rikubita mu mugongo wa myugariro wa Pyramids FC, umupira ujya muri koruneri.
APR FC iri gusatira muri iyi minota.
19:25
63' Gusimbuza
Taddeo Lwanga asimbuwe na Aliou Souane ku ruhande rwa APR FC.
19:24
62' APR FC yari ibonye uburyo bwiza
Mugisha Gilbert acomekewe umupira yinjira mu rubuga rw'amahina, ateye ishoti rikomeye rijya hejuru y'izamu rya Pyramids FC.
19:20
57' Pyramids FC yagiye ku gitutu
Ikipe ya Pyramids FC yagiye ku gitutu cyo gushaka igitego cyo kwishyura.
Ikomeje kugerageza amashoti atandukanye ari guca mu mpande akajya hanze.
Mamadou Sy ni we uteye umupira wa mbere mu gice cya kabiri, akinana na bagenzi be ba APR FC.
18:56
APR FC yakosora iki mu gice cya kabiri?
APR FC yagerageje gukina neza mu gice cya mbere, ariko na yo yashoboraga gutsindwa ibitego ku mupira ibiri yakuwemo na Pavelh Ndzila irimo uwo yafashe nabi ukamucika.
Mu busatirizi, iyi Kipe y'Ingabo z'Igihugu yateye amashoti abiri arimo rimwe rya Ruboneka ryakuwemo na Elshanawi n'irindi rya Yussif ryagiye hejuru y'izamu.
Impande za APR ntacyo zakoze mu minota 45 mu gihe zakabaye zubakirwaho umukino. Hejuru y'ibyo ni ukuba Lamine Bah atagaragaye cyane muri iyi minota ibanza.
Abarimo Richmond Lamptey na Victor Mbaoma bashobora guhabwa umwanya mu gice cya kabiri.
18:48
Igice cya mbere kirarangiye
Iminota 45 y'uyu mukino ubanza w'ijonjora rya CAF Champions League, irangiye APR FC inganya na Pyramids FC ubusa ku busa.
Igice cya Kabiri ni mu minota 15 iri imbere.
18:46
45' Iminota ibiri y'inyongera
Umusifuzi wa Kane, Charles Benle Bulu, yerekanye iminota ibiri y'inyongera.
Umupira uri gukinirwa cyane hagati mu kibuga.
18:45
44' APR yabyaza umusaruro umwanya wa Lamine Bah?
APR FC iri gukina neza muri iki gice cya mbere ariko uruhare rwa Lamine Bah mu busatirizi ntirugaragara.
Birasaba ko Ikipe y'Ingabo ibibyaza umusaruro, haba mu kumusimbuza cyangwa guhindura imikinire.
18:41
40' Abafana ba APR FC batuje
Uretse abafana bari kuvuza vuvuzela wumva bakomeje ku rwego batangiriyeho umukino, ariko abandi bari muri Stade Amahoro batuje ngo barebe aho umukino werekeza.
18:38
37' Pyramids FC ikina umupira wihuta
Mu buryo bwose iri kugerageza, Pyramids FC ntibiyifata amasegonda arenze 15 kugera ku izamu rya APR FC binyuze ku mipira miremire yihuta.
18:36
35' APR FC igerageje uburyo bwiza buranga
Niyomugabo Claude akinanye neza na Dauda Yussif uteye ishoti rikomeye, rifata inshundura ntoya ahagana hejuru y'izamu.
Bwari uburyo bwiza ku Ikipe y'Ingabo z'Igihugu.
18:31
30' Gusatira kwa Pyramids FC
Mostafa Mohamed Fathi asize Niyomugabo, ahindukirana umupira mu rubuga rw'amahina, ateye ishoti rikurwamo na Pavelh Ndzila utabawe na bagenzi be.
18:26
24' Ikarita y'umuhondo
Ibrahim Blati Touré ahawe ikarita y'umuhondo nyuma y'ikosa Ramadan Sobhi akoreye kuri Taddeo Lwanga, uyu Munya-Burkina Faso agaragaza ko atabyishimiye ndetse bibwe.
18:25
24' APR FC yibonye mu mukino
Bitandukanye n'uko byari bimeze mu minota 20 ya mbere y'umukino, APR FC iri gukina neza muri iyi minota ndetse igasatira nubwo uburyo bumwe bugana mu izamu ifite ari bwa bundi bw Ruboneka.
18:22
21 Uburyo bwa APR FC
Ruboneka Jean Bosco ahawe umupira ari muri metero nka 25, atera ishoti rikomeye rikuwemo n'Umunyezamu Ahmed Naser Elshenawi, umupira usubira mu kibuga hagati.
18:17
15' Pyramids FC ibuze igitego
Pavelh Ndzila yari akoze ikosa ryo gufata nabi umupira wa Karim Hafez, uhita usanga Mayele unaniwe kuwurenza uyu munyezamu wa APR FC mbere y'uko uva hafi y'izamu.
Bwari uburyo bw'igitego ku Banya-Misiri.
18:12
10' Uburyo bwa Pyramids bubaye impfabusa
Fiston Kalala Mayele yambuye umupira Dauda Yussif Seidu hagati mu kibuga cya APR FC, ateye ishoti rikomeye rijya ku ruhande.
Umusifuzi Daniel Nii yerekanye ko hari habayeho ikosa.
18:11
9' Mamadou Sy ntiyishimiye gukinirwa nabi na Elshenawi
Ku mupira muremure utewe imbere, Ahmed Saad awusubije inyuma n'umutwe ufatwa n'Umunyezamu Elshenawi ugonganye na Mamadou Sy agwa hasi.
Uyu rutahizamu wa APR FC ukomoka muri Mauritanie, atonganyije uyu munyezamu w'Umunya-Misiri.
18:08
7' APR FC iracyashaka aho imenera
Mugisha Gilbert na Ruboneka Bosco bari kunyura ku ruhande, babuze aho banyura abakinnyi ba Pyramids FC mu gihe Mamadou Sy na we yajishwe hagati mu bwugarizi.
Umupira uri gukinirwa cyane hagati mu kibuga.
18:07
5' Coup-franc ya Pyramids FC
Mohamed Fathi ahannye ikosa ryakorewe kuri Fiston Kalala Mayele mu rubuga rwa APR FC, umupira ujya hanze nyuma yo kubura mugenzi we uwugeraho.
18:05
2' Abafana ba APR FC ntibaza koroha uyu mugoroba
Mu gihe Ikipe ya APR FC yaba iri gukina neza, Pyramids FC ishobora kutoroherwa n'urusaku rw'abafana b'Ikipe y'Ingabo biteguye gushyigikira ikipe yabo mu gihe cyose isatiriye izamu.
Bose hamwe baravugira icya rimwe, ukumva Stade Amahoro iri mu gutwi kwawe.
18:00
Umukino uratangiye
Nyuma yo gufata umunota wo kwibuka Ehab Galal wabaye Umutoza wa Pyramids FC witabye Imana, umusifuzi yahise atangiza umukino.
17:58
APR FC iba ifite abafana batandukanye
Ku mukino APR FC yatsinzemo Azam FC, Hakizimana Valens (wambaye ishapule) yari inyuma y'Ikipe y'Ingabo z'Igihugu.
Uyu ni Umyobozi wa Santarali ya Mushishiro muri Diyosezi ya Kabgayi akaba n'umufana ukomeye w'Ikipe ya APR FC..
17:57
Amakipe yombi yagarutse mu kibuga
APR FC yambaye umweru hose nk'uko yari yambaye ku mukino wa Azam FC.
Pyramids na yo yambaye ubururu bwayo bw'ikirere, bufitemo umukara imbere. Amakabutura ni umukara mu gihe amasogisi ari ubururu bw'ikirere.
17:51
APR FC imaze imyaka irindwi idatsindwa mu rugo muri CAF Champions League
Ikipe ya APR FC iheruka gutsindirwa mu rugo muri CAF Champions League muri Gashyantare 2017, imbere ya Zanaco FC yo muri Zambia yayitsindiye hano ku Mahoro igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura w'ijonjora rya mbere.
Mu myaka ine iheruka, APR FC yahuye n'amakipe arimo Gor Mahia, Mogadishu City, Etoile du Sahel, US Monastir, Gaadiidka na Pyramids ariko ntayigeze iyitsindira i Nyamirambo aho yari imaze iminsi ikinira.
Ubwo ntiwakwibagirwa na Azam FC yatsindiwe hano muri Stade Amahoro mu kwezi gushize.
Pyramids irahindura imvugo? Hasigaye iminota mike ngo turebe ko bishoboka.
17:40
Amakipe yombi asoje kwishyushya
Abakinnyi ba APR FC n'aba Pyramids FC, bose basubiye mu rwambariro nyuma yo kwishyushya.
Umukino uratangira mu minota 20 iri imbere.
MC Natete Brian, Bigirimana Augustin Guss na Hitimana Jean Claude bari gushyushya abafana b'Ikipe y'Ingabo z'Igihugu.
17:36
AMASHUSHO: Icyizere ni cyose ku bafana ba APR FC
17:34
Umukino urayoborwa n'Abanya-Ghana
Abasifuzi bo muri Ghana barangajwe imbere na Daniel Nii Ayi Laryea ni bo bagiye kuyobora uyu mukino.
Yungirijwe na Kwasi Acheampong Brobbey na Seth Abretor basifura ku ruhande.
Umusifuzi wa Kane ni Charles Benle Bulu naho Komiseri w'Umukino ni Umunya-Uganda Mike Letti.
Ushinzwe imyitwarire y'abasifuzi kuri uyu mukino ni Umunya-Somalia Ali Mohamed Ahmed.
17:27
Abakinnyi ba APR FC babanje mu kibuga
Umutoza Darko Novic yahisemo gukoresha:
Pavelh Ndzila (GK)
Niyomugabo Claude (c)
Taddeo Lwanga
Mamadou Sy
Mugisha Gilbert
Niyigena Clement
Mahamadou Lamine Bah
Byiringiro Gilbert
Yussif Dauda Seidu
Ruboneka Jean Bosco
Nshimiyimana Yunussu.
Ahmed Elshenawi (GK, C)
Mahmoud Marei
Ahmed Saad
Ibrahim Toure
Fiston Kalala Mayele
Ramadan Sobhi
Mostafa Fathi
Mostafa Ahmed
Mohamed Chibi
Sharaf Eldin
Karim Hafez.
Mu masogisi y'umweru, amakabutura y'umweru n'amasengeri y'umukara, abakinnyi ba APR FC bamaze kwinjira mu kibuga cya Stade Amahoro aho bari kwishyushya.
Abatoza babo na bo bose bari hafi yabo, bareba uko bitwara.
17:01
Icyizere cyo gutsinda APR FC igikura he?
Pyramids FC ni ikipe itarahindutse cyane ugereranyije n'igihe iheruka guhura na APR FC, ndetse uwavuga ko ari bwo yakomeye kurushaho mu bijyanye no kumenyarana ntiyaba yibeshye dore ko yegukanye igikombe cya mbere mu mateka yayo mu kwezi gushize, itwaye icy'igihugu.
Kuki abakunzi ba APR FC bumva ko kuyitsinda bishoboka?
APR FC yatandukanye na Shaiboub, Pitchou, Bindjeme, Omborenga na Ishimwe Christian ariko yongeramo abandi bakinnyi barindwi ari bo Souane, Yussif, Lamptey, Sy, Nwobodo, Odibo na Lamine Bah mu banyamahanga.
Abanyarwanda iyi kipe yaguze ni Tuyisenge Arsene, Mugiraneza Frodouard, Byiringiro Gilbert, Dushimimana Gilbert na Ishimwe Jean Rene.
Abakunzi bayo bavuga ko iyi kipe isigaye ikina neza ndetse yazamuye urwego ugereranyije n'uko yari imeze mu mwaka w'imikino ushize.
Iyatozwaga n'Umufaransa Thierry Froger, kuri ubu iri mu maboko y'Umunya-Serbia Darko Novic.
16:50
Abafana ba APR FC babukereye kandi bafite icyizere
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu igiye guhura na Pyramids FC ku nshuro ya kabiri yikurikiranya kandi mu Ijonjora rya Kabiri rya CAF Champions League.
Mu 2023, amakipe yombi yanganyirije i Kigali, i Nyamirambo, ubusa ku busa.
Mu mukino wo kwishyura, iyi kipe yo mu Misiri yatsinze APR ibitego 6-1, iyibuza amahirwe yo kugera mu cyiciro cy'amatsinda yifuzaga gukina.
Uyu mwaka byahinduka? Ni cyo iminota 90 yo kuri uyu wa Gatandatu n'indi izakinirwa mu Misiri iduhishiye.
16:46
Abafana babukereye
Abakunzi ba APR FC bazindutse ku bwinshi baje gushyigikira ikipe yabo.
Intego ni ugusezerera ikipe ya Pyramids bagiye guhura mu minota mike.
16:36
Ikaze kuri Stade Amahoro i Remera
Umugoroba mwiza! IGIHE ibahaye ikaze kuri Stade Amahoro i Remera ahagiye kubera umukino ubanza w'Ijonjora rya Kabiri rya CAF Champions League hagati ya APR FC na Pyramids FC yo mu Misiri.
APR ihagarariye u Rwanda muri iri rushanwa ry'amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, yasezereye Azam FC yo muri Tanzania mu ijonjora rya mbere mu gihe Pyramids FC yasezereye JKU yo muri Zanzibar.