Etincelles FC vs APR FC

Etincelles FC 0-0 APR FC

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Jahdeau Dukuze

Amafoto

: Kasiro Claude

17:21

APR FC igumye ku mwanya wa nyuma- Abakunzi bayo batahana agahinda.

Iyi kipe y'ingabo z'igihugu itangiranye inota rimwe muri Shampiyona riyishyira ku mwanya wa nyuma inyuma ya Vision ifite abiri.

Umukino wa Vision na Police wahagaritswe n'imvura ubwo igice cya mbere cyari gisojwe amakipe anganya 0-0 bivuze ko iyi kipe kuri ubu yari ifite inota rya kabiri muri Shampiyona aho itegereje ko uyu uzasubukurwa hagakinwa iminota yari isigaye.

Umukino ukurikira APR FC izasura mukeba Rayon Sports hazaba ari tariki ya 19 Ukwakira 2024 mu kirarane cy'umunsi wa Gatatu wa Shampiyona.

16:56

90+9 Umukino urarangiye

APR FC inganyije umukino wayo wa mbere muri Shampiyona yahuriragamo na Etincelles kuri Stade Umuganda.

16:55

90+7 Corner ya Etincelles

Ishimwe Djabil yari ababaje abakunzi ba APR FC ariko umupira ateye ushyirwa muri Corner.

Iyi abasore ba Etincelles barayihanahanye ngo batinze iminota.

16:53

90+6 APR FC ihushije icyo ku wa nyuma

Mamadou Sy ahawe umupira mu rubuga rw'amahina ariko awuteye n'umutwe ujya hanze.

16:51

90+4 Ikarita y'umuhondo

Justin Mukata Kakule ahawe ikarita y'umuhondo ku ikosa akoreye Johnson.

Coup Franc ya Ruboneka ivuyemo Corner.

16:50

90+3 Coup Franc ya APR FC

Bosco akinanye na Nwobodo ariko uwbugarizi bwa Etincelles bukiza izamu.

16:49

90+1 Abana batoragura imipira baburiwe irengero

Kuva ku munota wa 75 w'umukino abana batoragura imipira kuri Stade Umuganda bihaye ikiruhuko. Biri gusaba ingufu APR FC ngo umupira warenze ugaruke mu kibuga.

16:47

90' Iminota 5 y'inyongera

16:47

89' Ikarita y'umuhondo

Tuyisenge Arsene wa APR FC yeretswe ikarita ku ikosa akoreye Justin Mukata Kakule.

16:46

89' Corner y'ikipe ya APR FC

Nwobodo yari aremye amahirwe yo gutsinda, ashize umupira mu rubuga rw'amahina umunyezamu arawurenza.

Corner ivuyemo ibyaye iyindi ya kabiri ariko na yo ntakintu kivuyemo.

16:44

86' Coup Franc nziza ya APR FC

Tuyisenge Arsene akorewe ikosa hafi gato y'urubuga rw'amahina.

Richmond Lamptey yamuruye inyoni.

16:42

85' Umukino ugannye mu minota itanu ya nyuma yawo

Igitutu gikomeye APR FC yatangiranye igice cya kabiri cyagabanutse kuri ubu.

Iyikipe nubwo ari yo iri kwiharira umupira ariko nta yandi mahirwe akomeye yari yarema nyuma y'igitego cyanzwe cya Bacca.

16:40

81' APR FC yongeye kugerageza uburyo bwo gutsinda.

Coup Franc ya Ruboneka Jean Bosco isanze Clement Niyigena wari mu rubuga rw'amahina wenyine, agarura umupira ku izamu rya Etincelles ariko habura utsinda.

16:38

79' Etincelles yongeye gukanguka

Iyi kipe ibonye Coup Franc ku ikosa rikozwe na Niyomugabo Claude kuri Ishimwe Djabil.

Iyi iteranywe ingufu maze Mamadou Sy ayishyira muri Corner.

Corner ivuyemo Abdou yari ashatse gutera mu izamu ishoti rikomeye ariko umupira ujya hanze.

16:35

77' Gusimbuza ku ruhande rwa APR FC

Johnson Nwobodo Chidiebere asimbuye Seidu Dauda. APR FC igiye gukina nta numero gatandatu usanzwe ukina kuri uwo mwanya.

16:33

75' Umunyezamu wa Etincelles yongeye gutanga akaruhuko

Umukino ubaye uhagaze ngo Denis Ssenyombwa yitabweho n'abaganga nyuma yo kuryama hasi.

16:32

74' Ikarita y'umuhondo

Ishimwe Djabil wa Etincelles ahawe ikarita y'umuhondo ku ikosa akoreye Niyomugabo Claude.

Coup Franc ya Lamptey ntabwo igeze kuri Mamadou Sy.

16:31

71' Corner ya Etincelles

Inshuro nke iyi kipe igeze imbere y'izamu rya APR FC, Nshimiyimana Yunusu ashyize umupira muri Corner.

Iyi ntakintu itanze ubwugarizi bwa APR FC bukijije izamu.

16:27

70' Gusimbuza ku ruhande rwa Etincelles

Kwizera Aimable na Ishimwe Djabir basimbuye Ciiza Hussein na Niyonkuru Sadjati.

16:25

68' APR FC yari ibonye igitego...

Lamptey yari ahaye umupira mwiza Kwitonda Alain Bacca wanyeganyije inshundura ariko umusifuzi wo ku ruhande avuga ko habayeho kurarira.

16:24

66' Ikarita y'umuhondo

Byiringiro Gilbert wa APR FC ahawe ikarita y'umuhondo ku ikosa akoreye Ciiza Hussein.

16:23

64 Gusimbuza ku ruhande rwa APR FC

APR FC ishaka intsinzi yinjijemo umukinnyi mushya wa kane. Mamadou Sy afashe umwanya wa Victor Mbaoma Chukuemeka wahushije byinshi.

16:20

62' APR FC yongeye guhusha igitego

Ikipe y'ingabo z'igihugu noneho iremye amahirwe yo gutsinda inyuze ku ruhande rwayo rw'iburyo.

Dauda aterekeye umupira mwiza Byiringiro Jean Gilbert, na we awushyira mu rubuga rw'amahina usanga Victor Mbaoma uwushyizeho umutwe ariko ntiwagera kure umunyezamu arawufata neza.

16:19

60' APR FC ikomeje kurama uburyo bwinshi bwo gutsinda

Richmond Lampteye ukomeje kugaragara mu kibuga, ahaye umupira mwiza Tuyisenge Arsene, na we uwushyize mu rubuga rw'amahina ariko Bacca ntiyawugeraho neza.

16:17

57' Richmond Lamptey yumijwe na Mbaoma

Uyu musore ukomoka muri Ghana wagiye mu kibuga asimbuye, yahinduye byinshi mu mukino wa APR FC.

Aha, ahawe umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, na we awuterekera Victor Mbaoma wari wenyine imbere y'izamu, ariko agiye kuwutera arawuhusha umuguma mu maguru. Lamptey ahise yumirwa nkuko bigaragaye ku bimenyetso akoze.

16:11

54' Umukino urahagaze

Umunyezamu wa Etincelles agabanyije igitutu cya APR FC aryama mu izamu aha umwanya umutoza we ngo avugane n'abakinnyi.

16:10

52' APR FC igarukanye imbaraga

Ikipe ifite igikombe cya Shampiyona ni yo itangiye neza igice cya kabiri ishaka igitego.

Aha, Niyomugabo Claude ahaye umupira mwiza Victor Mbaoma wari mu rubuga rw'amahina, awuterekeye Ruboneka Jean Bosco ntiwamugeraho neza.

16:08

50' Coup Franc ya APR FC

Tuyisenge Arsene akorewe ikosa hafi y'urubuga rw'amahina.

Coup Franc Richmond Lampteye ayiteye ku mutwe wa Niyigena Clement ariko umupira ujya hanze y'izamu.

16:07

49' Gusimbuza ku ruhande rwa APR FC

Tuyisenge Arsene afashe umwanya wa Lamine Bah

16:07

47' Etincelles ikomereje aho yasoreje

Iyi kipe y'i Rubavu ni yo ikoze uburyo bwa mbere. Sadjati Niyonkuru atanze umupira Niyomugabo Claude ariko ateye mu izamu ujya hanze.

16:03

Igice cya kabiri kiratangiye

16:03

Gusimbuza ku ruhande rwa APR FC

Lamptey Richmond na Bacca bafashe umwanya wa Niyibizi Ramadhan na Taddeo Lwanga

16:01

Police FC na yo ntabwo yashoboye kubona intsinzi mu gice cya mbere

Igice cya mbere cy'umukino cyaranzwe n'imvura nyinshi cyarangiye Police FC inganya na Vision FC O-O.

15:50

Igice cya Mbere kirarangiye

Amakipe yombi agiye kuruhuka anganya 0-0.

15:49

45' Iminota ibiri y'inyongera

15:49

43' Coup Franc ya APR FC

Lamine Bah yongeye gukorerwa ikosa ashaka gusatira izamu rya Etincelles.

Coup Franc ya Ruboneka ihuye n'umunyezamu Denis Ssenyombwa ukubise umupira n'ibipfunsi awambura abakinnyi ba APR FC.

15:48

41' Sumaile Molo akomeje gutanga akazi

Abakinnyi b'inyuma ba APR FC bamaze iminsi bahanganye na ba rutahizamu bo hanze ariko uyu munsi uyu mugabo wahoze muri Police FC ari kubagora bigaragara.

Aha, yongeye guhabwa umupira muremure, asigaranye na Yunusu ibumoso, amucenga ubugira kabiri, agiye kongera bwa gatatu uyu myugariro ashyira umupira hanze.

Corner ivuyemo Pavelh Ndzila afashe umupira nabi arawuruka, gusa Claude Niyomugabo ashobora gutabara akiza izamu.

15:43

39' Coup Franc ya APR FC

Lamine Bah akorewe ikosa hafi y'urubuga rw'amahina.

Abakinnyi ba Etincelles bakomeje kuvuga ko hari ikosa ryari ryabaye mbere ryirengagijwe.

Coup Franc ivuyemo Yunusu ayiteye hanze.

15:41

37' Etincelles ibonye Corner eshatu zikurikirana

Iyi kipe y'i Rubavu ikomeje kugaragaza ingufu ku mipira y'imiterekano.

Aha ubwugarizi bwa APR FC bwihagazeho ubugira gatatu bushyira umupira hanze ariko birangira Pavel Ndzila atabaye akorerwaho ikosa.

15:39

36' Etincelles irakangutse na yo

Ciiza Hussein ahaye umupira Sumaile Molo wari usigaranye na Clement na Yunusu, uyu rutahizamu wagarutse i Rubavu awuzamukana ibumoso, arongera akinana na Ciiza Hussein umusubije umupira ari mu rubuga rw'amahina, ariko agiye gushyira mu izamu Clement arahagoboka umupira arawurenza.

15:37

33' APR FC ihushije igitego

Byiringiro Gilbert wakiniraga kuri iki kibuga umwaka ushize, ashyize umupira mu rubuga rw'amahina, Victor Mbaoma ashyiraho umutwe ariko ntiwashobora kugera kwa Lamine Bah utagaragaye uyu munsi.

15:35

30' Corner ya APR FC

APR FC isa nk'iyakangutse muri iyi minota ikomeje gushaka igitego cyo guhagurutsa abakunzi bayo benshi baturutse i Kigali.

Umupira uzamukanywe na Niyomugabo Claude ku ruhande rw'ibumoso ubwugarizi bwa Etincelles bushyize umupira muri Corner.

Corner ivuyemo ntacyo itanze.

15:32

28' Ikarita y'umuhondo

Amani Rutayisire wa Etincelles ahawe ikarita y'umuhondo ku ikosa akoreye kuri Ruboneka Bosco.

15:32

27' Coup Franc ya APR FC

Ruboneka Jean Bosco akorewe ikosa na Amni Rutayisire, gusa abakinnyi bose ba Etincelles birunze ku musifuzi Ishimwe Didier bavuga ko Bosco yakinnye umupira awukuye hanze.

15:31

25' Dauda yari afunguye amazamu

Uyu munya Ghana ukina mu kibuga hagati ni we kugeza ubu uri kugerageza gusatira izamu rya Etincelles.

Aha, yungukiye ku mupira wari utakajwe n'ubwugarizi bwa Etincelles ni ko gutera ishoti rikomeye inyuma y'urubuga rw'amahina gusa umunyezamu awushyira muri Corner.

Iyi yatewe na Ramadhan uhanahanye na Ruboneka ariko ab'inyuma ba Etincelles bahagarara bwuma bakiza izamu.

15:27

23' APR FC yongeye kurokoko

Iyi kipe iri gutakaza imipira mu kibuga hagati, Ciiza Hussein abungukiyemo yizamukanira umupira wenyine, aho yari afite amahirwe yo kuwugeza kwa Molo cyangwa Niyonkuru, ahitamo Niyonkuru Sdjate uwuteye ariko ujya hanze.

15:25

22' Corner ya APR FC

Ikipe ya Darko Novic n'ubu ntabwo irashobora gushyira umupira hasi.

Aha ariko Dauda agerageje kuzamukana umupira aciye ku ruhande rw'ibumoso rwa Etincelles, gusa Kapiteni Abdu ashyira umupira hanze.

Corner ivuyemo ntacyo itanze kuko ubwugarizi bwa Etincelles bwahise bukiza izamu.

15:23

19' APR FC ihise isubiza

Umupira uzamukanywe kuri Contre Attaque, umunyezamu Denis Ssenyombwa yasohotse awukuramo n'umutwe, usanga Lamine Bah uwuterekeye Victor Mbaoma ariko uyu awushyize mu izamu ufatwa neza na Ssenyombwa.

15:22

18' Etincelles ikubise umutambiko w'izamu

Corner itewe neza isanze Ismael Molo ahagaze neza awutera n'umutwe ukubita umutambiko w'izamu hejuru uragaruka.

Abakinnyi ba APR FC bahise bakiza izamu batangiza "Contre Attaque".

15:18

17' Corner ya Etincelles

Sadjati uri mu mukino neza azamukanye umupira iburyo ariko Claude amubuza kugera mu rubuga rw'amahina umupira arawurenza.

15:16

15' APR FC ntabwo iribona mu mukino

Kugeza kuri uyu munota ikipe ya APR FC bisa nkaho bikiyigoye kurema uburyo bwo gutsinda.

Abasore ba Darko Novic ntabwo bari bashobora kubonana hagati yabo mu kibuga.

15:11

10' Umukino wongeye guhagarara

Victor Mbaoma Chukuemeka amaze umwanya yitabwaho n'abaganga nyuma yo gukorerwa ikosa na Amani wa Etincelles.

15:10

08' Etincelles ihushije igitego cy'amateka

Niyonkuru Sadjati azamukanye umupira iburyo, acenga Clement aawugarura Justin Mukata Kakule, uwuhaye Amani Rutayisire, uyu awushyira neza mu rubuga rw'amahina aho Mukata yari awutegereje, arikaraga awukubita n;akaguru uca hirya gato y'izamu rya Pavelh Ndzila.

15:08

06' Etincelles ni yo iri kugaragaza ubushake

Ikipe y'i Rubavu iri gushyira umupira hasi nkuko Rutsiro yaraye ibikoze kuri Rayon Sports. Aha, Niyonkuru Sadjati ashatse kwinjiriza Sumaile Molo. ariko asanga yari yaraririye.

15:04

04' Umukino ubaye uhagaze gato

Justin Mukata Kakule agize ikibazo. Umusifuzi Jean Paul Ngabonziza ahise ahamagaza abaganga byihuta babanza kumuvurira mu kibuga.

Nyuma yo kugezwa hanze umukino urakomeje.

15:03

03' APR FC yari yiherewe impano

Umunyezamu Denis Ssenyombwa ashatse gukinana na Amani Rutayisire ariko uyu myugariro ntiyagera ku mupira witwarirwa na Ramadhan ukinanye neza na Lamine Bah ariko Abdu aratabara akiza izamu

15:02

01' Etincelles ihise ibona Coup Franc

Ciza Hussein akorewe ikosa mu rubuga rwe rihita rihanwa byihuse. Birumvikana ko nta kidasanzwe kivuyemo.

14:59

Umukino uratangiye

Ngabonziza Jean Paul ahaye uburenganzira Etincelles itangiza umukino

14:58

Etincelles isohotse mu maraso na Zahabu- APR FC yambaye nk'abamarayika

Ikipe ya Etincelles yambaye imyenda yayo mishya y'imipira y'umuhondo wa zahabu ndetse n'amakabutura y'umutuku. "Sang &Or" ni amabara asanzwe yambarwa n'amakipe nka Esperence de Tunis muri Afurika ndetse na Lens mu Bufaransa.

APR FC yambaye imyanda y'umweru dede.

14:57

Abasifuzi bari buyobore umukino wa Etincelles na APR FC basanzwe bamenyerewe

Ngabonziza Jean Paul ni we ugiye gukiranura amakipe yombi mu kibuga hagati.

Ishimwe Didier na Murangwa Sandrine bari buze kuba ari abasifuzi bungirije.

Umusifuzi wa kane ni Ahad Gad

14:53

Abafana ntabwo ari benshi ugereranyije n'umunsi w'ejo

Nubwo Etincelles ari yo kipe ikunzwe cyane mu Mujyi wa Rubavu, abafana baje kuri Stade Umuganda ni bake ugereranyije n'abaraye bakurikiranye umukino wa Rayon Sports yatsinzemo Rutsiro FC.

Amakuru IGIHE ifite ni uko waraye winjije Miliyoni umunani z'amafaranga y'u Rwanda.

14:51

Amakipe yombi yasoje kwishyushya mu minota mike cyane ari bube atangiye umukino

14:51

APR FC ni iyi kipe itangije Shampiyona y'icyiciro cya mbere

32 Pavel Ndzila (GK)
3 Niyomugabo Claude (c)
18 Byiringiro Jean Gilbert
13. Niyigena Clement
28 Nshimiyimana Yunusu
4 Taddeo Lwanga
25 Seidu Yussif Dauda
14. Lamine Bah
27 Ruboneka Jean Bosco
25 Victor Mbaoma
22 Niyibizi Ramadhan

14:44

Abakinnyi XI Etincelles ibanje mu kibuga

1. Denis Ssenyombwa (GK)
13. Nshimiyimana Abbdu (C)
14. Yves Manishimwe
3. Amani Rutayisire
12. Gedeon Ndonga
2. Joseph Tomyo
8. Justin Mukata Kakule
5. Niyonkuru Sadjat
10. Hussein Ciza
7. Ismael Nizigiyimana
15. Sumaile Molo.

Abasimbura: 25. Moise Nishimwe, 16. Prince Longa-Longa, 18 Awad Iraguha, 6. Rwigema Pascal, 11. Ishimwe Djabil, 19. Sadjat Niyonkuru, 9. John Frank Nzojyibwami, 4. Kwizera Aimable na 17. Tuyishimire J.M.V.

14:33

TUGUHAYE IKAZE KURI RUBAVU STADIUM

Ibirori bya Ruhago i Rubavu biri buze kuba bisozwa uyu munsi aho kuri Stade Umuganda hagiye kubera umukino w'umunsi wa Gatanu hagati ya APR FC yasuye Etincelles ihakirira.

Ni ibintu biba gake ko ikipe ya APR FC ijya gukina umukino w'umunsi wa Gatanu wa Shampiyona iri ku mwanya wa nyuma, gusa iyi kipe y'Ingabo z'igihugu ni ho ihagaze dore ko kwitabira imikino Nyafurika byatumye nta mukino n'umwe yari yakina muri Shampiyona y'icyiciro cya Mbere.

Ni APR FC yitezwe cyane muri uyu mukino kuko nyuma yo kugarukira ku muryango w'amatsinda ya Champions League, abakunzi bayo n'abanyarwanda muri rusange bafite amatsiko yo kureba niba imikinire yayo itandukanye n'iy'umwaka ushize.

Aha ariko nubwo iyi kipe mu mwaka wa shampiyona ushize yakunzwe kunengwa kudakina neza no kudatsinda ibitego byinshi, umukino nk'uyu hagati y'amakipe yombi wari warangiye APR FC itsindiye Etincelles i Rubavu ibitego 3-0.

Mbere y'uwo mukino, APR FC yari yarananiwe gutsindira Etincelles iwayo mu mikino itattu yaherukaga kuyisuriramo.