Rayon Sports vs Kiyovu Sports

Rayon Sports 4-0 Kiyovu Sports

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Jahdeau Dukuze

Amafoto

: Kasiro Claude

12:21

Minisitiri Nduhungire yishimiye uko umukino wagenze

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane ni umwe mu bakurikiranye umukino wahuje Rayon Sports na Kiyovu aho nyuma yawo yatangaje ko yashimishijwe n'ishyaka ryawuranze.

20:04

Abakunzi ba Rayon Sports bari kwishamana n'abayobozi

Umukino wo kuri uyu wa Gatandatu witabiriwe n'abakunzi benshi ba Rayon Sports. Nyuma yawo, abahoze bayobora iyi kipe bazwi nk' "Abasaza b'ikipe" bamanutse mu kibuga bajya kuririmbana n'abafana bishimira intsinzi

20:00

Umukino urarangiye

Ikipe ya Rayon Sports itsinze Kiyovu Sports ibitego 4-0 ihita ifata umwanya wa kabiri muri Shampiyona.

Ibitego byose byatsinzwe mu gice cya kabiri bitumye iyi kipe y'i Nyanza ishyira akadomo ku myaka hafi itanu yari imaze idatsinda mukeba Kiyovu Sports.

Gutsinda ibitego bine, bivuze ko ku gahimbazamusyi k'ibihumbi 150 Frw bari bemerewe, hari bwongerweho ayandi ibihumbi 90 bikaba 240 000 Frw, dore ko kuri buri gitego kirenga icy'intsinzi ubuyobozi bwari bwemeye ko buzajya butanga amafaranga ibihumbi 30 Frw.

19:58

90+5 Igitego cya kane cya Rayon Sports

Adama Bagayogo na we agiye ku rutonde rw'abatsinze nyuma yo gutsinda igitego cyiza ku mupira atereye inyuma y'urubuga rw'amahina ugakora ku mukinnyi wa Kiyovu Sports ukajya mu izamu

19:57

90+4 Kiyovu Sports ihushije icy'impozamarira

Umupira wongeye gutakazwa na myugariro Aimable, Mosengwo Tansele wari imbere y'umunyezamu bimunaniye gushyira mu nshundura cyangwa se guha mugenzi we.

19:53

90 2 Ikarita y'umuhondo

Adama Bagayogo ahawe ikarita ku ikosa akoreye umukinnyi wa Kiyovu Sports

19:52

90' Iminota ine y'inyongera

19:52

89' Rayon Sports ihushije Lala Salama

Adama Bagayogo ahawe umupira mu rubuga rw'amahina, ateye mu izamu Nzeyurwanda Djihad

19:48

86' Gusimbuza Rayon Sports

Rukundo Abdulrahim asimbuye Muhire Kevin

19:47

85' Corner ya Kiyovu Sports

Nizigiyimana Karim Makenzi azamkanye umupira iburyo, Bugingo Hakim awushyira muri Corner

19:43

81' Gusimbuza Kiyovu Sports

Mugenzi Cedric na Nsabimana Deny bafashe umwanya wa Djuma Nizeyimana na Mugisha Desire

19:42

80' Rayon Sports ihushije icya kane

Ikipe ya Robertinho bigaragara ko ikinyotewe gutsinda yari ibonye igitego cya kane, ubwo ishoti rya kure rya Hadji Iraguha rikubise umutambiko w'izamu ryo hejuru rijya hanze.

19:40

78' Rayon Sports ibonye igitego cya gatatu

Abakinnyi ba Kiyovu Sports ntabwo bari kumva ibibayeho, Fall Ngagne yungukiye mu guhagarara nabi k'ubwugarizi bwa Kiyovu Sports atsindira neza Gikundiro igitego cya gatatu.

19:38

76' Rayon Sports itsinze igitego cya kabiri

Adama Bagayogo abonye umupira mu kibuga hagati, awuzamukana gato, ashyira mu izamu ishiti rikomeye, Nzeyurwanda Djihad awukuramo awihera Hadji Iraguha ushyize mu nshundura.

19:36

73' Kiyovu Sports ihawe impano irinanirwa

Umupira ufunzwe nabi na Madjaliwa, usanze Desire ahagaze neza cyane, ashyize mu izamu umupira ujya hejuru cyane

19:34

70' Rayon Sports 1-0 Kiyovu Sports- Amwe mu mafoto yaranze umukino

19:32

69' Djihad yongeye gutabara Kiyovu Sports

Corner ya Muhire Kevin, isanze Nsabimana Aimable uwushyize mu izamu Djihad awukuramo ku murongo.

19:31

66' Rayon Sports ihushije igitego cyabazwe

Fall Ngagne ahawe umupira ari wenyine imbere y'izamu, ashatse gushyira mu nshundura umunyezamu Nzeyurwanda akiza izamu arinze

19:28

65' Gusimbuza Kiyovu Sports

Twahirwa Olivier ahaye umwanya Niziygiyimana Karim Makenzi

19:22

59' igitego gikanguye Rayon Sports

Rayon Sports byari byagoye kwinjira mu mukino, itangiye gusatira cyane ikipe ya Kiyovu Sports. Nka hano Muhire Kevin yari agerageje gutera mu izamu ariko ubwugarizi bwa Kiyovu buratabara.

19:20

57' Igitego cya Rayon Sports

Iraguha Hadji afashe icyemezo, aca mu bakinnyi bo hagati ba Kiyovu Sports, atera umupira n'akaguru k'iburyo umunyezamu Djihad awukura mu nshundura.

19:19

55' Corner ya Rayon Sports

Ndizeye Eric arengeje umupira nabi ku gitutu cya Bagayogo, gusa Corner ebyiri zivuyemo ntacyo zitanze.

19:17

54' Khadim Ndiaye ni igitangaza

Kiyovu Sports idasiba kurema uburyo ku izamu, yongeye guhusha igitego ubwo Nizeyimana Djuma yaterekeraga umupira Ishimwe Kevin, wisanze asigaranye n'umunyezamu wa Rayon Sports, ashatse kumuroba uyu munya Senegal amubera ibamba.

19:15

51' Corner ya Kiyovu Sports

Umupira urengejwe na Nsabimana Aimable, Corner itewe neza ariko Ndiaye yongera kuwukoraho awima Eric Ndizeye wari mu kirere.

19:12

49' Khadime Ndiaye yongeye gutabara...

Mugisha Desire ahawe umupira ku ruhande rw'iburyo, acenga neza Aimable, ateye mu izamu umunyezamu yongera gutabara akiza iryo arinze.

19:11

48' Kiyovu Sports yongeye guhusha igitego

Kiyovu Sports yungukiye mu mupira utakajwe na Richard mu kibuga hagati, gusa aba bahanahanye birangira ubwugarizi bwa Rayon Sports bukijije izamu, umupira usanga Cherif Bayo, atera ishoti rikomeye mu izamua riko Khadime Ndiaye yongera gutabara akuramo umupira.

19:09

46' Coup Franc ya Kiyovu Sports

Mosengwo Tansele akorewe ikosa mu kibuga hagati, ateye umupira ujya hejuru cyane.

19:07

Igice cya kabiri kiratangiye

Rayon Sports itangije umupira ihota iwutakaza

19:05

Gusimbura ku ruhande rwa Rayon Sports

Adama Bagayogo asimbuye Elanga Jr. Omborenga Fitina asimbuye Serumogo Ali

18:54

Igice cya mbere kirarangiye

Amakipe yombi agiye mu karuhuko anganya 0-0.

Kiyovu Sports ni yo muri rusange yabonye amahirwe akomeye yo gutsinda, gusa umunyezamu Khadime Ndiaye yigaragaje cyane muri kino gice.

18:51

45+2 Rayon Sports ihawe impano irinanirwa

Myugariro Guy Kazindu ateye umupira n'umutwe nabi awihera Elanga wari mu rubuga rw'amahina, gusa uyu awuteye uca ku ruhande rw'izamu rya Djihad

18:49

45' Iminota itatu y'inyongera

18:49

45' Ikarita y'umuhondo

Mbonyingabo Regis ahawe ikarita y'umuhondo ku ikosa rikorewe Muhire Kevin.

Coup Franc ivuyemo Muhire Kevin ayiteye mu izamu Nzeyurwanda Djihad awukuramo neza.

18:48

43' Kiyovu Sports ihushije ikidahushwa...

Umupira utakajwe na Bugingo Hakim, Cherif Bayo awuterekeye Desire, wari usigaranye n'umunyezamu Khadime Ndiaye bonyine ariko ashyize mu izamu uyu munya Senegal yongera gutabara Rayon Sports nanone.

18:46

40' Nsabimana Aimable yitonde...

Uyu myugariro weretswe ikarita y'umuhondo yongeye gukorera ikosa Mbonyingabo Regis. Umusifuzi Cyucuri amwihanangirije bwa nyuma

18:44

38' Corner ya Kiyovu Sports

Myugariro Omar Gning ashyize umupira muri Corner nyuma yo gushyirwaho igitutu na Mosengwo Tansele.

Corner ivuyemo Abakinnyi ba Kiyovu barahanahanye ariko birangira Aimable akijije izamu.

18:42

37' Kiyovu Sports ikomeje guhusha ibitego

Ikipe ya Kiyovu Sports yongeye guhusha igitego ubwo Cherif Bayo yakinanaga na Djuma ariko uyu rutahizamu ntashobore kurangiriza mu izamu.

18:39

35' Kiyovu Sports ni yo iri mu mukino kugeza ubu

Iminota 10 iheruka ikipe ya Kiyovu Sports isa nk'iyazutse kugeza ubu kuko ari yo iri gusatira cyane izamu rya Rayon Sports.

Kugeza kuri uyu munota umunyezamu Khadim Ndiaye wa Rayon Sports ni we mukinnyi w'umukino.

18:36

31' Umukino ubaye uhagaze gato

Myugariro wa Rayon Sports Omar Gning ari kwitabwaho n'abaganga.

18:35

30' Kiyovu Sports itsinze igitego...

...Didier yemeje ko habayeho kurarira kuri Masengo.

18:32

28' Kiyovu Sports ihushije igitego

Hakizimana Felicien ateye Coup Franc nziza umunyezamu Ndiaye awukuramo awushyira ku ruhande, Kiyovu Sports isubizamo ariko ubwugarizi bwa Rayon Sports bwihagararaho.

18:29

27' Ikarita y'umuhondo

Nsabimana Aimable atakaje umupira, wifatirwa na Mosengwo Tansele agiye kwinjira mu rubuga rw'amahina uyu myugariro aramukurura amushyira hasi. Umusifuzi Cyucuri amuhaye ikarita y'umuhondo

18:28

26' Gusimbuza Kiyovu Sports

Gakuru Matata ahaye umwanya Ishimwe Kevin

18:28

25' Kiyovu Sports iri gukina ari abakinnyi 10

Gakuru Matata yakuwe mu kibuga n'abakorerabushake, ashyirwa ku rundi ruhande rw'ikibuga amara iminota itatu abaganga bataramugeraho.

18:26

22 Umukino wari uhagaze

Umukinnyi wa Kiyovu Sports araryamye ahamagariwe abakorerabushake ngo bamukure mu kibuga.

18:24

20' Amakipe yombi ari kunganya 0-0

Kugeza ubu amarere Rayon Sports yatangiranye asa nk'ari kugabanuka. Umukino uri gukinirwa cyane cyane mu kibuga hagati.

18:18

15' Rayon Sports yongeye guhusha

Umupira uzamukanywe na Muhire Kevin, akinana na Ndayishimiye Richard, awugeza kwa Serumogo Ali, uyu myigariro awushyira mu rubuga rw'amahina ujya ku mutwe wa Fall awuha Iraguha Hadji, uwuteye neza ariko ujya hanze gato y'izamu.

18:16

13' Rayon Sports ihise isubiza..

Kiyovu Sports yongeye gutakaza umupira hafi y'urubuga rwayo, Fall Ngagne ahabwa umupira mu rubuga rw'amahina ateye mu izamu umupira ujya hejuru cyane.

18:14

11' Kiyovu Sports ihushije igitego...

Umupira muremure uvuye ku izamu rya Kiyovu Sports, rutahizamu Mosengwo Tansele asize ab'inyuma ba Rayon Sports, asigarana wenyine n'umunyezamu Khadim Ndiaye ariko ateye umupira n'umutwe ufatwa neza n'uyu munya-Senegal.

18:12

10' Corner ya mbere y'umukino ibonywe na Rayon Sports

Iraguha Hadji yungukiye mu mupira ahawe na Madjaliwa, awuzamukana ku ruhande rw'ibumoso, agiye kugana urubuga rw'amahina umupira abakinnyi b'Urucaca barawurenza.

Corner ya Kevin akinanye na Richard ashyize umupira mu izamu Djihad awufata nabi.

18:11

7' Kiyovu Sports yatangiye gushyira umupira hasi

Iyi kipe iheruka guhagarika umutoza, imaze iminota ibiri na yo igerageza kwegera izamu rya Ndiaye.

Aha, Nizeyimana Djuma yari anyuze mu rihumye ba myugariro ba Rayon Sports yisanga asigaranye n'umunyezamu ariko umupira umubana muremure

18:07

05' Rayon Sports itangiye ishaka igitego cyihuse

Iyi kipe y'i Nyanza irabizi ko Kiyovu Sports imaze imikino itanu yikurikiranya iyitsindwa. Kuri uvu abakinnyi bayo barimo Elanga bamaze kurema amahirwe abiri yo gutsinda nubwo kugeza aka kanya ntacyo byari byatanga.

18:06

03' Coup Franc nziza ya Rayon Sports

Iraguha Hadji yungukiye mu mupira utakajwe na Kiyovu Sports, ashatse kwinjira mu rubuga rw'amahina akorerwa ikosa.

Coup Franc ivuyemo Bugingo Hakim ayiteretse ku mutwe wa Elanga ariko umubana muremure ujya hanze.

18:04

02' Rayon Sports igerageje kurema uburyo bwa mbere

Serumogo Ali ahawe umupira na Madjaliwa awushyize mu rubuga rw'amahina Guy Kazindu awukuraho.

18:03

01' Coup Franc ya Kiyovu Sports

Gakuru Matata akorewe ikosa mu rubuga rwa Rayon Sports, Coup Franc itewe nabi ubwugarizi bwa Gikundiro bukuraho umupira.

18:02

Umukino uratangiye

Cyucyuri atanze uburenganzira Kiyovu Sports itangiza umukino

17:59

Amakipe yombi yinjiye mu kibuga

Mu kanya gato cyane umukino uri bube utangiye. Rayon Sports igiye gukina yambaye imyenda yayo y'ubururu amakabutura n'imipira n'amasogisi y'ubururu.

Kiyovu Sports na yo yambaye imyenda y'icyatsi n'amakabutura y'umweru.

17:49

XI ba Kiyovu Sports

79 Nzeyurwanda Djihad
24 Twahirwa Olivier
20 Hakizimana Felicien
15 Ndizeye Eric
77 Mbonyingabo Regis
6 Guy Kazindu
9 Nizeyimana Djuma
3 Gakuru Matata
19 Mugisha Desire
7 Cherif Bayo
25 Mosengwo Tansele

17:45

Rayon Sports yagaruye Nsabimana Aimable muri XI

Myugariro wa Rayon Sports Nsabimana Aimable yongeye kuza mu bakinnyi babanzamo umutoza Robertinho yatoranyije kuri uyu munsi

42 Khadime Ndiaye
2 Serumogo ALi
24 Bugingo Hakim
54 Omar Gning
6 Ndayishimiye Richard
10 Madjaliwa Aruna
11 Muhire Kevin
12 Fall Ngagne
99 Iraguha Hadji
7 Elenga Junior

17:42

Abasifuzi b'umukino barizewe

Umukino w'abakeba uri busifurwe na Ishimwe Claude bakunze kwita Cyucuri. Ari buze kuba yungirijwe n'umusifuzi wa mbere mpuzamahanga Ishimwe Didier mu gihe Maniragaba Valery ari we musifuzi wa kabiri wungriije.

Nshimiyimuremyi Abdallah ni we musifuzi wa kane.

17:39

Amakipe yombi yatangiye kwishyushya

Nyuma y'aho umukino wa Police FC na Rutsiro urangiriye, amakipe yombi yatangiye kwishyushya yitegura kujya mu kibuga mu kanya saa Kumi n'ebyiri

17:38

Amakipe yombi yashyiriyeho abakinnyi intego... Amateka ari ku ruhande rwa Kiyovu Sports

Amakipe yombi mu myitozo ya nyuma yasuwe n'abahoze ari abayobozi bayo barimo Muvunyi Paul ku ruhande rwa Rayon Sports na Juvenal Mvuyekure kuri Kiyovu Sports.

Bose bemereye abakinnyi ko nibatsinda abakeba agahimbazamusyi kari bugere ku bihumbi 150.

Kiyovu Sports ni yo yitwaye neza mu mikino itanu iheruka guhuza amakipe yombi itsinda itatu muri itanu bakinnye, indi ibiri irayinganya.

Rayon Sports imaze hafi imyaka itanu idatsinda Kiyovu Sports muri Shampiyona.



17:27

Kigali Pelé Stadium imaze kwakira undi mukino w'umunsi wa munani

Umukino umaze gusozwa mu kanya, ikipe ya Police FC bigoranye yatsinze Rutsiro ibitego 3-2.

Rutsiro FC ni yo yatangiye yitwara neza itsinda ibitego 2-0, gusa Hakizimana Muhadjili na Abedi Bigirimana bishyuriye Police FC mu gice cya kabiri, mu gihe myugariro Issah Yakubu yatsinze icy'intsinzi mu minota y'inyongera ahita akuramo ikabutura byamuhesheje ikarita ya kabiri y'umuhondo ahita ava mu kibuga.

Police FC yahise ifata umwanya wa mbere n'amanota 15.

Mu yindi mikino yabaye, Bugesera yanganyije na Musanze 1-1 mu gihe Amagaju yatsinze Vision FC 3-1.

17:16

Tubahaye ikaze kuri Kigali Pelé Stadium!

IGIHE twasesekaye ku kibuga cya kabiri mu Mujyi wa Kigali aho abakeba bagiye kwesurana mu mukino w'umunsi wa munani wa Shampiyona.

Rayon Sports igiye kwakira Kiyovu Sports mu mukino ufite icyo uvuze kuri buri ruhande rwose.

Amanota umunani ni yo kinyuranyo cy'amakipe yombi dore ko Kiyovu Sports iza ku mwanya wa nyuma n'amanota atatu mu mikino itandatu, Rayon Sports yo iza ku mwanya wa Kane n'amanota 11 mu mikino itanu imaze gukina.

Hambere, uyu mukino wabaga wavugishije benshi amagambo, gusa kuri ubu amahirwe menshi ari guhabwa ikipe y'i Nyanza.