Vision FC vs Rayon Sports

Vision FC 0-3 Rayon Sports

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Jahdeau Dukuze

Amafoto

: Hervé Kwizera

20:08

90+4 Umukino urarangiye

Rayon Sports inyagiye Vision FC ibitego 3-0 ikomeza kuguma ku mwanya wa mbere n'amanota 26 mu mikino 10.

Iyi kipe y'i Nyanza izongera gusubira mu kibuga ku wa Gatatu tariki 4 Ukuboza ihura na Muhazi FC.

20:06

90+1 Gusimbuza Rayon Sports

Ishimwe Fiston na Elenga bafashe umwanya wa Fall Ngagne na Richard Ndayishimiye.

20:04

90' Iminota itatu y'inyongera

20:04

89' Bagayogo yari atsinze agashinguracumu

Akazi gakomeye gakozwe na Hadji ucenze hafi ikipe yose ya Vision, aterekera umupira Bagayogo, urekuye ishoti rikomeye mu izamu umupira ukubita umutambiko wo hejuru uragaruka ubura usubizamo.

20:02

89' Fall Ngagne yari atsinze Hatrick

Rutahizamu wa Rayon Sports yungukiye mmu burangare bw'abo hagati ba Vision, azamukana umupira mu kibuga hagati, yegereye urubuga rw'amahina atera ishoti rikomeye mu izamu ariko James awufata neza.

19:59

86' Coup Franc ya Rayon Sports

Ikosa rikorewe Hadji, Rukundo ashyize umupira mu izamu ab'inyuma ba Vision hafi kwitsinda, gusa umusifuzi avuga ko hari habayeho ikosa mu rubuga rw'amahina.

19:58

85' Gusimbuza ku ruhande rwa Vision FC

Idriss Cyubahiro asimbuye Olivier Manzi.

19:56

83' Gusimbuza ku ruhande rwa Rayon Sports

Muhire Kevin ahaye umwanya Rukundo Abdurahim

19:55

82' Ikarita y'umuhondo

Yves Rwakazayire ahawe ikarita y'umuhond ku ikosa akoreye Iraguha Hadji.

19:54

80' Gusimbuza ku ruhande rwa Vision

Omar Nizeyimana ahaye umwanya Radjab Mbajineza

19:49

76' Igitego cya gatatu cya Rayon Sports

Fall Ngagne atsinze igitego cya gatatu cya Rayon Sports ari na cyo cya kabiri cye muri uyu mukino, ubwo yarangirizaga mu izamu umupira ahawe na Adama Bagayogo.

19:49

75' Umukino uri kugana mu minota 15 ya nyuma yawo

Rayon Sports iracyakomeje kuyobora umukino ndetse ni yo ikomeje kigaragaza amahirwe yo gutsinda ikindi gitego.

19:42

69' Vision yari igerageje gutungurana

Yves Rwakazayire ugiye mu kibuga asimbuye, ashatse gutungura umunyezamu Khadime, atereye kure cyane umupira ufatwa byoroshye na Khadime Ndiaye.

19:41

67' Gusimbuza ku ruhande rwa Rayon Sports

Kanamugire Roger na Aziz Bassane bahaye umwanya Adama Bagayogo na Niyonzima Ollivier Seif.

19:40

65' Gusimbuza ku ruhande rwa Vision

Yves Rwakazayire na Ndikumana Faustin basimbuye Kwizera Pierrot ukomewe amashyi na Ibrahim Nshimiyimana.

19:38

64' Onesme yari akoze ibikomeye...

...gusa ananirwa ibyoroshye. Uyu rutahizamu wa Vision FC akoze akantu ba myugariro bo hagati ba Rayon Sports, yisanga azamukanye umupira asigaranye na Khadime Ndiaye, gusa uyu munyezamu amurusha umuvuduko amutanga ku mupira.

19:36

62' Fal Ngagne atsindiye Rayon icya gatatu...

Gusa igitego kiranzwe. Umusifuzi wo ku ruhande avuze ko uyu rutahizamu yari yakoreye ikosa Patrick Irambona.

19:32

58' Umukino wagabanyije amarere

Igice cya kabiri kugeza ubu ntabwo kirazamura imbaraga nkuko byari bimeze mu gice cya mbere. Bisa nk'aho buri kipe yemeye kwakira uko bimeze kugeza ubu.

19:28

53' Corner ya Vision FC

Diagne wari ku gitutu cya Onesme arengeje umupira muri Corner. Iyi itewe nabi cyane umupira urenga utageze ku izamu.

19:27

52' Rayon Sports ibuze amahirwe yo gutsinda

Patrick Irambona yihereye impano Muhire Kevin, na we awuterekera neza Aziz Bassane ugeze mu rubuga rw'amahina aho gutera mu izamu ashaka gucenga, birangira atakaje umupira.

19:24

50' Vision ikoze agateroshuma

Umupira wari utakajwe na Muhire Kevin mu kibuga hagati, ugeze kwa Ibrahim Nshimiyimana uwuzamukanye ibumoso, ateye ishoti Khadime Ndiaye awufata neza.

19:22

48' Igice cya kabiri gitangiye nkuko icya mbere cyatangiye

Mu mvura nyinshi iri i Nyamirambo, na none umukino utangiye amakipe yombi akinira mu kibuga hagati. Vision ntabwo iragaragaza ibimenyetso byo gushaka kwishyur, mu gihe Rayon Sports igifite inyota y'ikindi gitego.

19:18

Igice cya kabiri kiratangiye

19:17

Gusimbuza ku ruhande rwa Vision

Stephen Mbony ahaye umwanya Rurangwa Mosi

19:01

Igice cya mbere kirarangiye

Rayon Sports igiye mu karuhuko iyoboye umukino ku bitego 2-0. Muri rusange ni yo kipe yihariye umukino ndetse yanaremye amahirwe menshi yo gutsinda.

18:59

45+2 igitego cya kabiri cya Rayon Sports

Iraguha Hadji atsindiye Rayon Sports igitego cya kabiri ku mupira mwiza ahawe na Kevin

18:56

45' Iminota ibiri y'inyongera

18:56

44' Coup Franc ya Rayon Sports

Ndayishimiye Richard akorewe ikosa hafi yurubuga rw'izamu rye. Umusifuzi Cucuri ahamagaye abaganga ngo baze barebe uyu musore wo hagati wa Rayon Sports.

18:53

37' Imvura yatangiye kwimura abafana i Nyamirambo

Imvura iri kugwa kuri Stade yatumye benshi mu bafana bari ahadatwikiriye bimuka.

18:50

36' Vision FC ihushije igitego

Kwizera Pierrot aterekeye Rugangazi umupira mwiza cyane, uyu yisanga mu rubuga rw'amahina asigaranye na Khadime Ndiaye, gusa aho gushyira umupira mu nshundura arawamurura ujya kure cyane.

18:47

Pierrot yongeye kugerageza

Uyu mukinnyi wigeze kugira ibihe byiza muri Rayon Sports, amaze kugerageza izamu ryayo ubugira kabiri. Aha, umupira muremure atereye inyuma y'urubuga rw'amahina unyuze hejuru cyane.

18:45

33' Vision FC ihushije igitego

Khadime Ndiaye asohotse mu izamu nabi ntiyafata umupira, usanga Omar Nizeyimana mu rubuga rw'amahina, uwuterekeye Onesme, ariko uyu ateye mu izamu Aimable awushyira muri Corner.

18:43

30' Kevin ahushije impano ahawe

Umupira mubi utanzwe na myugariro Stephen Bonny, usanze Fall Ngagne asigaranye n'umunyezamu James, ariko Kapiteni wa Vision FC akiza izamu yihera umupira Kevin Muhire, ushatse gutera mu izamu ariko atera agashoti korohereye gafatwa neza n'umunyezamu James.

18:39

27' Rayon Sports ihushije ikindi

Fall Ngagne abonye umupira mu rubuga rw'amahina, awuterekera neza Aziz Bassane, uteye mu izamu n'umutwe ariko umupira ufatwa n'umunyezamu James.

18:38

25' Igitego cya Rayon Sports

Fall Gagne afunguye amazamu ku mupira mwiza ahawe na Iraguha Hadji, maze na we atsindisha n'umutwe ahagaze mu izamu wenyine.

18:37

24' Rayon Sports ihushije igitego cy'umwaka

Ndayishimiye Richard yari aterekeye umupira muremure Aziz Bassane ashatse gutera mu izamu na Garinja myugariro Manzi aritambika urarenga.

18:34

23' Ikarita y'umuhondo

Kwezera Pierrot yeretswe ikarita y'umuhondo ku ikosa akoreye Muhire Kevn.

18:33

21' Umukino ubaye uhagaze gato

Iraguha Hadji ari kwitabwaho n'abaganga nyuma yo gukorerwa ikosa. Coup Franc ya Rayon Sports ikinwe nabi.

18:32

20' Vision FC 0-0 Rayon Sports

Amakipe yombi ari kunganya kugeza kuri ubu, ariko Rayon Sports ni yo yihariye umukino, ni na yo yaremye amahirwe menshi yo gutsinda.

18:27

15' Rayon Sports yongeye guhusha

Ikipe y'abafana ikomeje kurema amahirwe yo gutsinda. Kuri ubu, Corner yari itewe neza na Kevin Muhire, ubwugarizi bwa Vision bukijije izamu, umupira usanga Omborenga Fitina awushyize mu izamu ujya hanze.

18:24

11' Coup Franc ya Vision

Bassane akoreye ikosa Nshimiyimina Ibrahim hafi y'urubuga rw'amahina. Coup Franc ivuyemo, Ibrahim awushyize mu izamu ariko Nsabimana Aimable awukuramo n'umutwe.

18:23

10' Rayon Sports iri kurema amahirwe ku yandi

Abakinnyi batandukanye barimo Fitina Omborenga na Bassane babonye amahirwe yo gufungura amazamu mu masegonda 30 akurikirana ariko birangira umupira ugeze ku mutwe wa Roger uwushyize hanze.

18:21

08' Rayon Sports yongeye kurema uburyo bwo gutsinda

Umupira mwiza uvuye kwa Hadji, usanze Bassane mu ru rubuga rw'amahina, ashatse kuwuha Fall Ngagne birangira ab'inyuma ba Vision bamuviriyeho inda imwe barawuhagarika.

18:19

06' Corner ya Rayon Sports

Laurent Nshimiye wari ku gitutu cya Hadji, ashyize umupira muri Corner nyamara yashoboraga kuwukina neza.

Corner Kevin nk'ibisanzwe arayiteye ariko igarurwa neza n'ubwugarizi bwa Vision.

18:17

05' Rayon Sports iremye uburyo bwa mbere

Umupira utakajwe na Vision, Iraguha Hadji awuzamukanye ibumoso, ashaka kugana mu rubuga rw'amahina ariko azibirwa na Misago Jules, ni ko kuwugeza kwa Kevin, uteye mu izamu ariko James Desire awufata neza cyane.

18:15

04' Umukino utangiranye imbaraga nke

Kugeza ku munota wa kane, nta mupira n'umwe uragera ku izamu iryo ari ryo ryose, amakipe yombi se arimo kwigana?

18:14

02' Coup Franc ya Vision FC

Manzi Olivier akorewe ikosa mu kibuga hagati. Umupira muremure na Pierro uhise ugarurwa neza n'ubwugarizi bwa Rayon Sports.

18:12

01' Vision FC yari ihise isatira

Umupira muremure uherejwe rutahizamu Onesme Twizerimana ariko umusifuzi wo ku ruhande avuga ko habayeho kurarira.

18:11

Umukino uratangiye

Cucuri atanze uburenganzira, Vision FC itangiza umukino.

18:08

Amakipe yagarutse mu kibuga

Barangajwe imbere na Komiseri w'umukino, Vision mu myenda yayo isa n'umuhondo wa zahabu ndetse na Rayon Sports mu myenda y'ubururu binjiye mu kibuga. Mu kanya gato umukino uri bube utangiye.

18:01

Amakipe yombi yasoje kwishyushya

Mu kanya gato cyane umukino uri bube utangiye. Kigali Pele abakunzi b'umupira si benshi cyane gusa hari nk'abafana 3500 baje kwihera amaso uno mukino w'umunsi wa 11.

15:10

Abakinnyi 11 ba Vision FC

1. James Desire
2. Stephen Bonny
60. Manzi Olivier
19. Laurent Nshimiye
5. Omar Nizeyimana
15. Misago Jules
44. Patrick Irambona
14. Ibrahim Nshimiyimana
23. Pierre Kwizera Pierrot
21. Prosper Rugangazi
9. Onesme Twizerimana

15:02

Abakinnyi Robertinho yahisemo gukoresha uyu munsi

42. Khadime Ndiaye (GK)
13. Omborenga Fitina
24 Bugingo Hakim
29. Youssou Diagne
4. Nsabimana Aimable
26. Kanamugire Roger
6. Ndayishimiye Richard
11. Muhire Kevin
18. Aziz Bassane
99. Iraguha Hadji
12. Fall Ngagne

14:59

Umukino wahawe umusifuzi mpuzamahanga

Umukino wa none ugiye kuyoborwa na Ishimwe Claude bakunze kwita Cucuri, aho ari buze kuba yungirijwe na Mutuyimana Dieudonne Dodos nk'umusifuzi wa mbere na Mugisha B. Fabrice nk'umusifuzi wa kabiri wungirije.

Umusifuzi wa kane ni Umutoni Aline

14:56

Kigali Pelé Stadium imaze kwakira undi mukino

Uyu ni umukino wa kabiri ubereye kuri iki kibuga dore ko mukanya ikipe ya Gorilla na Gasogi zanganyije 2-2.

Mu yindi mikino yabaye,

Gasogi United 2-2 Gorilla FC
Musanze FC 0-0 Etincelles FC
Mukura VS 1-1 Marines FC
Muhazi United 0-2 Bugesera FC

14:55

Ikaze kuri Kigali Pelé Stadium

Umukino w'umunsi wa 11 wa Shampiyona ugiye guhuza Vision FC na Rayon Sports, mu gihe gito uri bube utangiye.

Ni amakipe agiye guhura bwa mbere muri Shampiyona, dore ko iyi kipe ya John Birunge ari ubwa mbere izamutse mu cyiciro cya mbere aho intego ari ukukigumamo.

Ikipe ya Vision FC ntabwo yatangiye neza Shampiyona biviramo uwari umutoza wayo, Umwongereza Calum Shaun Selby kwirukanwa asimburwa na Abdu Mbarushimana.

Kuri ubu, Vision yavuye mu makipe ashobora kumanuka mu cyiciro cya kabiri aho iza ku mwanya wa 13 n’amanota umunani mu mikino 10 imaze gukina.

Rayon Sports ni yo iyoboye urutonde nyuma y’umunsi wa 10, aho mu mikino icyenda imaze gukina yatsinzemo irindwi ikanganya ibiri, biyiha amanota 23 kuri 27 yakiniye.