Rayon Sports vs APR FC

Rayon Sports 0-0 APR FC

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Jahdeau Dukuze & Eric Ukurikiyimfura Tony

Amafoto

: Kwizera Herve, Kwizera Remy Moses &Kasiro Claude

22:54

AMASHUSHO: Ibyihariye byaranze umukino wa Rayon Sports na APR FC



22:37

Minisitiri Nyirishema yishimiye kurebera uyu mukino muri Stade yuzuye abafana


Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X [yahoze ari Twitter], Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard, yagaragaje ko yishimiye kureba uyu mukino ari muri Stade Amahoro yuzuye abakunzi b'umupira w'amaguru.

Yashimiye Minisitiri Nduhungirehe na Minisitiri Utumatwishima na bo bari bitabiriye uyu mukino.

20:03

Ibirori byaberaga i Remera birasojwe

Abashyushyarugamba bayoboraga uyu mukino bashyize akadomo ku byaberaga kuri Stade Amahoro.

Bimwe mu byagaragaye nk'udushya uyu mukino wazanye harimo kwinjirana abana bato mu kibuga bitaherukaga mu Rwanda, gutera penaliti mu karuhuko aho Rujugiro wa APR FC yatahanye Miliyoni y'amafaranga y'u Rwanda.

Ikindi cyo gushima ni amajwi yo kuri uyu wa Gatandatu, aho yari atandukanye n'indi mikino yari yarabereye kuri Stade Amahoro.

Mu kibuga hagati, APR FC ni yo yabonye amahirwe menshi yo gutsinda, gusa muri rusange Rayon Sports ni yo yungukiye mu kunganya kuri uyu mukino.

19:57

Muhire Kevin ahawe igihembo

Kapiteni wa Rayon Sports ni we utowe nk'umukinnyi wa Rayon Sports witwaye neza kurusha abandi bakinira iyi kipe, muri uyu mukino.

Ahembwe na SKOL.

19:53

Rayon Sports na APR FC zigabanye amanota

Ikipe ya Rayon Sports inganyije na APR FC 0-0 mu mukino w'ikirarane cy'Umunsi wa Gatatu wa Shampiyona waberaga kuri Stade Amahoro.

Rayon Sports igumye ku mwanya wa mbere n'amanota 30 mu gihe APR FC ifashe umwanya wa gatanu n'amanota 19, iyanganya na Police FC ya kane ndetse na Gasogi United ya gatandatu.

Mu mikino y'Umunsi wa 12 wa Shampiyona yabaye kuri uyu wa Gatandatu, Bugesera FC yatsinzwe na AS Kigali ibitego 2-1, Etincelles FC itsindwa na Gorilla FC igitego 1-0 naho Mukura VS itsinda Amagaju FC igitego 1-0.


19:53

Umukino urarangiye

19:52

90+2' Uburyo bwiza bwa Rayon Sports

Adama Bagayogo acenze Taddeo Lwanga, atera ishoti rikomeye rifashwe na Pavelh Ndzila ubanje kwiyongeza.

19:51

90+1' Ikarita z'umuhondo

Adama Bagayogo ahawe ikarita y'umuhondo ku ikosa akoreye umukinnyi wa APR FC.

Niyonzima Olivier 'Seif' na Ndayishimiye Richard na bo bahawe amakarita y'umuhondo kubera gushyamirana n'abakinnyi ba APR FC barimo Taddeo Lwanga.

19:49

90' Ikarita y'umuhondo

Youssou Diagne ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Niyibizi Ramadhan mu kibuga hagati.

19:49

90' Iminota itatu y'inyongera

Umusifuzi wa Kane yerekanye iminota itatu y'inyongera.

19:48

89' Ikarita y'umuhondo

Byiringiro Jean Gilbert ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Elanga-Kanga wari ushatse kumusiga.

19:47

87' Gusimbuza ku ruhande rwa Rayon Sports

Aziz Bassane ahaye umwanya Elanga Jr.

19:44

86' Gusimbuza ku ruhande rwa APR FC

Lamine Bah ahaye umwanya Johnson Chidiebere

19:44

85 Abafana ba Rayon Sports bacanye amatoroshi

Muri iyi minota ya nyuma, abafana benshi ba Rayon Sports bahagurutse bafana bidasanzwe aho bacanye amatoroshi ya telefoni.

19:42

83' Uburyo bwa APR FC

Ruboneka Bosco ateye umupira ugana mu izamu, ukorwaho na Ndayishimiye Richard ujya muri koruneri.

Uyu mukinnyi wa APR FC awusubije mu kibuga, ariko habura mugenzi we uwukina urarenga.

19:41

81' APR FC iremye uburyo bwo gustinda

Tuyisenge Arsene akuye umupira mu rubuga rw'ikipe ye, ashobora gusiga Muhire Kevin bari kumwe, ageza umupira mu rubuga rw'amahina,ashatse gushyira mu izamu Khadime Ndiaye arawufata.

19:40

80' Rayon Sports ipfushije ubusa amahirwe ibonye


Ndayishimiye Richard ateye umupira uteretse ku murongo w'urubuga rw'amahina, ukora ku mutwe wa myugariro wa APR FC ujya hanze.

19:38

78' Ikarita y'umuhondo



Aliou Souane ahawe ikarita y'umuhondo ku mupira akoze n'ikiganza ku murongo w'urubuga rw'amahina rwa APR FC.

19:38

78' Coup Franc nziza ya Rayon Sports

Umusifuzi Moise yemeje ko Aliou Souane yakoze umupira hafi neza n'urubuga rw'amahina. Coup Franc nziza ihawe ikipe ya Rayon Sports.

19:37

78' Uburyo bwa APR FC


Taddeo Lwanga ahaye umupira Niyibizi Ramadhan, ateye umupira ujya ku ruhande.

19:36

77' Rayon Sports yari iremye amahirwe yo gutsinda

Ndayishimiye Richard ahaye umupira Muhire Kevin, Kapiteni wa Rayon Sports wari mu rubuga rw'amahina ashatse gukinana na Ngagne yamurura umupira.

19:36

76' Gusimbuza

Fitina Omborenga asimbuwe na Serumogo Ali ku ruhande rwa Rayon Sports naho Adama Bagayogo asimbura Iraguha Hadji.

19:35

76' Abakinnyi batangiye kunanirwa


Stade Amahoro ifite ikibuga kinini ugereranyije n'ibindi biri mu Rwanda.

Mu gihe habura iminota 15 ngo umukino urangire, abakinnyi b'amakipe yombi ntibakigenda nk'uko byari bimeze mu minota yabanje, ahubwo baragaragaza ibimenyetso by'umunaniro.

19:34

74' APR FC ihushije igitego

Byiringiro Gilbert ashyize umupira mu rubuga rw'amahina, Arsene awakira neza, ashatse gutera mu izamu Nsabimana Aimable aritambika awutera muri Corner.

Iyi itewe nabi cyane umupira urengera ku rundi ruhande.

19:33

73' Uburyo bwa Rayon Sports

Fall Ngagne ahawe umupira awinjirana ibumoso, mwenewabo Aliou Souane ananirwa kumuhagarika, ariko uyu rutahizamu wa Rayon Sports awutera hanze.

19:31

71' Umukino wongeye guhagarara

Nsabimana Aimable ari kwitabwaho n'abaganga nyuma yo gukorerwa ikosa na Lamine Bah

19:30

71' Ikarita y'umuhondo



Lamine Bah wa APR FC ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Nsabimana Aimable witaweho n'abaganga.

19:29

70' Bugingo Hackim yihanangirijwe bwa nyuma

Myugariro wa Rayon Sports wahawe ikarita y'umuhondo kare, abwiwe n'umusifuzi Moise ko niyongera gutinza umukino ahabwa indi.

19:28

69' Umukino wongeye guhagarara

Aziz Bassane yari ashatse kungukira ku mupira ufunzwe nabi na Souane, birangira uyu myugariro ashoboye kuwumutanga arawurenza ariko baragongana. Abaganga ba Rayon Sports barahamagajwe mu kibuga.

19:27

67' Ikarita y'umuhondo

Umutoza wungirije wa APR FC, Dragan Sarac, ahawe ikarita y'umuhondo asabiwe n'umusifuzi wa kane kubera kutishimira ibyemezo biri gufatirwa ikipe ye.

19:26

67' Ikarita y'umuhondo

Umutoza w'Abanyezamu ba Rayon Sports, Mazimpaka Andre ahawe ikarita y'umuhondo asabiwe n'umusifuzi wa kane.

19:23

65' Amakipe yombi akomeje gushaka uko yafungura amazamu

19:23

64' Ikarita y'umuhondo

Taddeo Lwanga ahawe ikarita y'umuhondo ku ikosa akoreye Muhire Kevin. Abakinnyi ba APR FC ntabwo bemeranyijwe na Moise.

19:20

61' Gusimbuza ku ruhande rwa APR FC

Mamadou Sy ahaye umwanya Tuyisenge Arsene. Dushimimana Olivier Muzungu asimbuwe na Ruboneka Jean Bosco.

19:19

60' Umukino urahagaze

Khadime Ndiaye aryamye hasi ari wenyine, abaganga baje kumwitaho.

19:18

59' APR FC yongeye guhusha

Mahamadou Lamine Baha yiremeye amahirwe azamukanye umupira mu kibuga hagati, awugeza hafi y'urubuga rw'amahina ateye mu izamu Khadime Ndiaye arawugarura.

19:16

57' Ikarita y'Umuhondo

Niyibizi Ramadhan ahawe ikarita y'umuhondo ku ikosa akoreye Muhire Kevin.

19:16

56' APR FC ihushije uburyo bwabazwe



Mugisha Gilbert yinjiranye umupira mu rubuga rw'amahina, awuhinduye usanga Dushimimana Gilbert uwuteye hejuru y'izamu.

19:14

54' Coup Franc nziza ya APR FC

Lamine Bah ahawe umupira na Mamadou Sy, ashatse kugana ku izamu akorerwa ikosa na Niyonzima Olivier Sefu.

Coup Franc Mugisha Gilbert ayiteye kure cyane.

19:13

54' Niyigena Clement akomewe amashyi



Aliou Souane agowe no gukura umupira kuri Fall Ngagne, Niyigena Clement arahagoboka awukuraho, ujya kuri Mugisha Gilbert ukiniwe nabi mu kibuga hagati.

19:11

52' APR FC iri gushyushya batatu, Rayon Sports babiri

Nwobodo Chidiebere, Ruboneka Bosco na Tuyisenge Arsene bari kwishyushya ku ruhande rwa APR FC.

Ni mu gihe Rayon Sports iri gushyushya Adama Bagayogo na Kanamugire Roger.

19:11

49' APR FC na yo iremye amahirwe y'igitego

Amakipe yombi atangiye akina imipira miremire. Aha, Muzungu ateye umupira muremure ashaka Mamadou Sy, ariko umunyezamu Khadime Ndiaye arahagoboka akiza izamu ateye umutwe.

19:09

48' Rayon Sports ihushije andi mahirwe

Aziz Bassane ahawe umupira muremure ariko awutangwa na pavelh Ndzila ugiye kuwutera akawuhusha. Uyu yirutse ngo awukurikire gusa Muzungu ashobora gukiza izamu.

19:07

47' Koruneri ya APR FC

Nsabimana Aimable wikanze igitutu cya Mamadou Sy ashyize umupira muri Corner.

Iyi itewe na Kagege ariko umupira awutera nabi Rayon Sports iwawigarurira itangiza Contre Attaque.

19:04

46' Igice cya kabiri cyatangiye

Mamadou Sy wa APR FC ni we uteye umupira wa mbere mu gice cya kabiri, akinana na bagenzi be.

19:02

Umukino watsindirwa he dukurikije ibyo twabonye mu gice cya mbere?

Rayon Sports yakinnye ibitandukanye n’uko byari bisanzwe mu mikino icyenda iheruka gutsinda.

Ubusanzwe, umukino wayo uba wubakiye kuri Muhire Kevin ariko APR FC yatumye abura hagati mu kibuga ndetse na ya mipira yajyaga atanga ntayo yatanze.

Iraguha Hadji na we yabuze nubwo yakorewe amakosa atatu, ariko Azziz Bassane ni we ugerageza kwihuta bikagora abarimo Niyomugabo na Niyigena.

Niyibizi Ramadhan yateye umupira uteretse wakubise igiti cy’izamu gihe Mamadou Sy akigorwa no kubona umupira yageza kuri Khadime Ndiaye.

APR FC ntiracyemura ikibazo cyo kubaka umukino usatira, imaranye iminsi. Gusa mu bwugarizi iracyahagaze neza.

Mu gihe abatoza bombi bakosora ibitagenze neza, cyane binyuze mu gushakira ibisubizo ku ntebe y’abasimbura, umukino ushobora guhinduka.

Adama Bagayogo ari mu bakinnyi bahindura umukino ku ruhande rwa Rayon Sports, mu gihe Ruboneka Bosco na we ashobora kujya mu kibuga ku ruhande rwa APR FC.

18:56

Amwe mu mafoto utabonye mu gice cya mbere

18:54

Rujugiro yegukanye miliyoni 1 Frw mu gihe kitageze ku minota ibiri

Umufana wa APR FC, Munyaneza Jacques 'Rujugiro', yegukanye miliyoni 1 Frw nyuma yo kwitwara neza muri penaliti zatewe hagati mu mukino, ku bafana bahagarariye Rayon Sports na APR FC.

Rujugiro yari ahagarariye APR FC, ahanganye na Rwarutabura wari uhagarariye Rayon Sports.

Uyu mufana wa APR FC yateye penaliti eshatu arazinjiza, mu gihe Rwarutabura yahise ahusha penaliti ya mbere.

Rwarutabura yahawe ibihumbi 300 Frw.

18:49

Igice cya mbere kirarangiye



Iminota 45 ibanza y'umukino uri guhuza Rayon Sports na APR FC irangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

18:47

45' Iminota ibiri y'inyongera

Umusifuzi wa Kane yerekanye iminota ibiri y'inyongera.

Muri iyi minota, umupira uri gukinirwa mu kibuga hagati.

18:44

44' Ikarita y'umuhondo

Mugisha Gilbert ahawe ikarita y'umuhondo ku ikosa akoreye Omborenga Fitina asabirwa ikarita n'umusifuzi wa kane.

18:42

42' APR FC yongeye kurema uburyo bwo gutsinda

Lamina Bah ahaye umupira muremure Muzungu awugeza mu rubuga rw'amahina, ariko akorera ikosa Nsabimana Aimable umusifuzi ahuha mu ifirimbi.

18:40

39' APR FC ihushije igitego kidahushwa

Umupira utewe na Ndzila kuri Contre Attaque, Mugisha Gilbert awukojejeho umutwe, usanga Mamadou Sy wirutse akanyura kuri Nsabimana Aimable wari uwufite neza, aawugerana mu rubuga rw'amahina ateye mu izamu Khadime Ndiaye awukuramo.

Niyibizi Ramadhan wari ufite izamu imbere ye ashatse kuwusubizamo ariko umubera muremure.

18:38

38' Coup-franc ya Rayon Sports



Taddeo Lwanga akiniye nabi Iraguha Hadji inyuma y'urubuga rw'amahina rwa APR FC.

Ikosa rihanwe na Omborenga Fitina, umupira ufatwa neza na Pavelh Ndzila.

18:37

35' Darco Novic yasabye ikipe ye gutuza

Iminota 30 ya mbere y'umukino amakipe yombi yakoresheje imbaraga nyinshi, aho ari kugerageza kongera kugarura umwuka. Aha, umutoza wa APR FC akoresheje ibimenyetso asabye abakinnyi be kugabanya umuvuduko.

18:33

32' Rayon Sports yongeye guhusha

Aziz Bassane wahinduye uruhande, azamukanye umupira iburyo, asiga Niyigene Clement, ariko Pavelh Ndzila aratabara ariko umupir awutanga nabi.

Ndayishimiye Richard yungukiye muri aya makosa, gusa ashatse gushyira umupira mu izamu ujya hanze.

18:32

31' Uburyo bwa Rayon Sports busubijwe inyuma



Omborenga Fitina ahinduye umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, Fall Ngagne awushyizeho umutwe, umusifuzi wo ku ruhande agaragaza ko hari habayeho kurarira.

18:30

APR FC yongeye guhusha

Muzungu, Mugisha Gilbert na Ramadhan babonye amahirwe yo gutera mu izamu rya Khadime Ndiaye, gusa birangira myugariro Diagne ashyize umupira muri Corner. Iyi yatewe nabi ntiyagira icyo itanga.

18:29

30' Iminota 30 ya mbere yaranzwe n'umukino uri ku muvuduko wo hejuru

18:29

24' Hafashwe umunota wa Gushimira Perezida Kagame

Nkuko byari byateguwe, ku munota wa 24 w'umukino abari kuri Stade Amahoro bafashe umunota wo gukomera amashyi Umukuru w'Igihugu cy'u Rwanda Paul Kagame, kubera iyi Stade yahaye Abanyarwanda ikaba yuzuye yose kuri uyu wa Gatandatu.

18:27

24' APR FC ihushije igitego cyabazwe

Mamadou Sy ahawe umupira mwiza na Mamadou Lamine Bah, awugaruye mu izamu Khadime Ndiaye arenza umupira ujya muri Corner.

Corner Kagege ayikinnye neza, na Ramadhan, ushyize umupira mu rubuga rw'amahina usanga Sy ari wenyine ariko ateye umutwe ujya hanze.

18:23

23' Mugisha Gilbert ntiyishimiwe n'abafana ba APR FC



Mugisha Gilbert avugirijwe induru nyuma yo guhabwa umupira yashoboraga guhita ashyira imbere ashaka Mamadou Sy, ariko arawutindana kugeza bawumukuyeho mbere y'uko Niyomugabo ahagoboka.

18:21

21' APR FC ihushije igitego

Niyibizi Ramadhan ateye Coup Franc neza, gusa umupira we ukubita umutambiko w'izamu uragaruka ubura uwusubiza mu izamu.

18:20

20' Coup Franc nziza ya APR FC

Ikipe ya Darco Novic ishatse gusatira izamu rya Rayon Sports yihuse, aho Souane aterekeye umupira Muzungu, ariko ashatse kwinjira mu rubuga rw'amahina akorerwa ikosa na Diagne.

18:19

19' Rayon Sports ihushije uburyo bwabazwe


Rayon Sports iteye umupira muremure unyuze kuri Niyigena Clement, Fall Ngagne awufunga neza yinjira mu rubuga rw'amahina, arobye umunyezamu Pavelh Ndzila wari wasohotse, umupira ujya ku ruhande.

18:19

17' Rayon Sports yongeye kugana ku izamu rya APR FC

Uruhande rw'ibumoso rwa Rayon Sporst rukomeje gukora cyane kugeza kuri uyu munota. Bugingo Hackim yinjiye mu rubuga rw'amahina ashatse guha umupira Fall Ngagne birangira Clement awugaruye, usubira kwa Aziz Bassane ukorewe ikosa.

Coup Franc nziza, Muhire Kevin ayiteye hasi ariko Pavelh Ndzila awufata neza.

18:18

Abitabiriye umukino bitwaje imodoka ntibagowe na Parking

Stade Amahoro ifite Parking zijyamo ibinyabiziga by'abitabiriye umukino.

Nubwo abafana bari kuri uyu mukino wa Rayon Sports na APR FC ari benshi cyane, ariko nta wigeze abura aho asiga ikinyabiziga cye.

18:15

14' APR FC yari iremye uburyo bwo gutsinda

Niyibizi Ramadhan afunze neza umupira wari utewe na Aimable, awuterekera Lamine Bah, ushatse na we guhita awushyikiriza Mamadou Sy ariko Diagne aritambika awukoraho akiza izamu rye.

18:15

15' Uko byari byifashe amakipe yombi yinjira mu kibuga

18:13

12' Coup Franc ya Rayon Sports

Aziz Bassane akorewe ikosa na Byiringiro Gilberr Kagege.

Coup Franc itewe neza na Muhire Kevin, ariko Pavel Ndzila akiza izamu. Rayon SPorts ishatse gusubizamo gusa birangira Claude ashoboye guhagarara bwuma umupira urenzwa n'iyi kipe ikomoka i Nyanza.

18:12

12' Uburyo bwa Rayon Sports


Omborenga Fitina ahinduye umupira mwiza, Niyigena Clement awukoraho ujya muri koruneri.

Muhire Kevin awusubije mu kibuga, Aliou Souane akiza izamu.

18:09

10' Ikarita y'umuhondo

Bugingo Hackim wa Rayon Sports ahawe ikarita y'umuhondo ku ikosa akoreye Lamine Bah.

18:08

7' Uburyo bwa APR FC butagize icyo butanze



Mugisha Gilbert acomekeye umupira mwiza Niyomugabo Claude uwuhinduye nabi, ujya hejuru ndetse hanze y'izamu rya Rayon Sports.

18:07

6' Iraguha akomewe amashyi



APR FC yari igerageje kwinjirana Rayon Sports, Iraguha akina neza, aserebeka Niyomugabo Claude arenza umupira.

Abafana bahise bamukomera amashyi menshi.

18:06

6' Coup-franc ya APR FC


Lamine Bah akiniwe nabi na Ndayishimiye Richard mu kibuga hagati, APR FC ihana ikosa isubiza umupira inyuma kugira ngo itangire bundi bushya.

18:06

05' Uburyo bwa mbere bwa Rayon Sports

Ku burangare bw'ab'inyuma ba APR FC, Aziz Bassane azamukanye umupira ku ruhande rw'ibumoso asiga Kagege uri gukina ku ruhande rw'iburyo rwa APR FC ateye mu izamu ufatwa neza na Ndzila Pavelh.

18:05

4' Abafana ba Rayon Sports na APR FC batangiye batuje

Ni byo, vuvuzela ziri kuvuga ariko urabona ko abafana benshi batuje, basa n'abafite ubwoba cyangwa se bategereje ko ikipe yabo ibona uburyo bubahagurutsa.

18:03

02' Uburyo bwa mbere bwa APR FC ntacyo butanze

Coup Franc ya Ramadhan Niyibizi iruhukiye mu maboko ya Khadime Ndiaye.

Rayon Sports ihise itangize Contre-Attaque.

18:03

1' Coup-franc ya APR FC

Azziz Bassane akiniye nabi Niyibizi Ramadhan wari uzamukanye umupira asatira urubuga rw'amahina.

Umukino utangiranye umuvuduko uri hejuru ku mpande zombi.

18:01

Umukino uratangiye

Umusifuzi Murindangabo Moise atangije umukino.

Umupira wa mbere utewe na Fall Ngagne usubije inyuma, akinana na bagenzi be.

APR FC yambaye umweru hose.

Rayon Sports yambaye ubururu hose.

17:58

Abafana ku mpande zombi bariteguye


Mu minota ibiri iri imbere, umukino uraba utangiye.

Abafana babukereye.

Ni nde utsinda?

Hategerejwe ko Murindangabo Moise atangiza umukino.

17:56

Amakipe yombi asohotse nk'ay'i Burayi

Si bishya muri ruhago y'u Rwanda, ariko ntitwaherukaga kubona abakinnyi basohokana n'abana mu gihe bagiye gutangira umukino.

Abakinnyi ba Rayon Sports n'aba APR FC, bose basohotse bafashe intoki abana babaherekeje.

17:50

AMAFOTO: Ubwo amakipe yombi yishyushyaga

17:46

Senderi yahawe umwanya mu gihe amakipe yombi ategerejwe mu kibuga


Eric Senderi ahawe umwanya aririmba indirimbo ishimira Perezida Paul Kagame ku byo amaze kugeza ku Rwanda.

Ni mu gihe amakipe yombi ategerejwe mu kibuga nyuma yo kwishyushya.

Senderi yaririmbye kandi indirimbo yahimbiye Rayon Sports n'iyo yahimbiye APR FC.

17:38

Wasiri yibukije abantu ko umukino urangira ari 2-0



Umukozi wa Rayon Sports, Wasiri, wambaye byihariye, yongeye kwibutsa abitabiriye umukino ko urangira Gikundiro ifite ibitego 2-0.

17:37

Richmond Lamptey ari mu bakinnyi APR FC itifashishije



Umunya-Ghana Richmond Lamptey umaze iminsi afite imvune ndetse na Godwin Odibo bari mu bakinnyi APR FC yahisemo kudakoresha ku mukino wa Rayon Sports.

17:36

Minisitiri Nduhungirehe na Minisitiri Nyirishema bari mu bitabiriye umukino

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Nduhungirehe Olivier; Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard na Perezida w'Urwego rw'Ikirenga rwa Rayon Sports, Muvunyi Paul, bamaze kugera muri Stade Amahoro.

17:32

Ruboneka ashyizwe ku gatebe, APR FC ikora impinduka imwe muri XI banganyije na Police FC

Abakinnyi ba APR FC bitabajwe n'Umutoza Darko Novic, bagiye guhangana na Rayon Sports

32 Pavelh Ndzila
5 Aliou Souane
13 Niyigena Clement
3 Niyomugabo Claude (c)
18 Byiringiro Gilbert "Kagege"
6 Taddeo Lwanga
22 Niyibizi Ramadhan
14 Lamine Bah
23 Dushimimana Olivier "Muzungu"
25 Mamadou Sy
11 Mugisha Gibert

17:26

Robertinho yanze guhindura ikipe itsinda

Umutoza wa Rayon Sports yahisemo gukinisha abakinnyi XI babanje mu kibuga ubwo Rayon Sports yatsindaga Muhazi 2-1 muri iki cyumweru.

42. Khadime Ndiaye (GK)
13. Omborenga Fitina
24 Bugingo Hakim
29. Youssou Diagne
4. Nsabimana Aimable
21. Niyonzima Olivier 'Seif'
6. Ndayishimiye Richard
11. Muhire Kevin
18. Aziz Bassane
99. Iraguha Hadji
12. Fall Ngagne

Abasimbura: Ndikuriyo, Serumogo, Ganijuru, Kabange, Fiston, Rukundo, Bagayogo, Roger na Elanga Kanga.

17:21

Uyu mukino waranzwe n'udushya dutandukanye

Mbere y'uko umukino utangira, IGIHE yaciye muri benshi bafite aho bahuriye na wo. Hari byinshi badutangarije, ariko hari na byinshi twabashakiye.

Byose wabisanga hano:

17:18

Stade Amahoro ishobora kuba nto uyu munsi

Kugeza ubu ibigaragarira amaso ni uko Stade Amahoro yamaze kuzura yose 100% gusa amakuru ava hanze yayo ni uko hari abafana benshi bagishaka kwinjira kandi bagisakwa.

Uyu mukino uri bube uw'amateka.

17:14

Amakipe yombi yatangiye kwishyushya



Saa Kumi n'Imwe n'iminota umunani ni bwo abakinnyi ba Rayon Sports basohotse mu rwambariro bagiye kwishyushya, bakomerwa amashyi menshi n'abafana babo.

Nyuma y'iminota itatu, n'abakinnyi ba APR FC basohotse mu rwambariro bakirirwa gutyo n'abafana babo.

Stade Amahoro irasa n'iyuzuye, biragoye kuvuga ko hari imyanya 500 isigayemo mu gihe habura iminota 45 ngo umukino utangire.

17:12

Ubwo abakinnyi ba APR FC basuraga ikibuga nyuma yo kugera kuri Stade Amahoro

17:08

Abashinzwe umutekano bari maso

Inzego z'umutekano ziri maso, uteza akavuyo ziri kumushyira ku ruhande.

Uyu mukino witabiriwe cyane, ndetse mu kanya kari imbere Stade Amahoro iraba yuzuye yose, nta mwanya usigaye.

17:04

APR FC igera kuri Stade Amahoro

17:02

Ubwo Rayon Sports yageraga ku kibuga

16:49

Abasifuzi b'umukino bahageze

Ku nshuro ya mbere mu myaka 10, Rayon Sports na APR FC zirasifurirwa n’abasifuzi batari mpuzamahanga. Murindangabo Moïse ni we usifura umukino nk’umusifuzi wo hagati.

Abasifuzi bo ku ruhande ni Maniragaba Valery na Habumugisha Emmanuel mu gihe Umusifuzi wa Kane ari Irafasha Emmanuel.

Komiseri w’Umukino ni Rurangirwa Aaron mu gihe ushinzwe abasifuzi kuri uyu mukino ari Hakizimana Louis. Uyu mwanya wa nyuma ni ubwa mbere ushyizweho ku bayobora umukino muri Shampiyona y’u Rwanda.

16:36

Ubukeba bw'amakipe yombi hari ubwo bugera no mu miryango

Uwahoze ari umuvugizi wa Rayon Sports Jean Paul Nkurunziza yateguje umugore we Nkusi Gogo ufana APR FC ko Rayon Sports iri buze kwegukana intsinzi.

Abinyujije ku rubuga rwa X yagize ati: "Uyu munsi ndagutsinda mugore mwiza". Amagambo yaherekejwe n'amafoto y'aba bombi bambaye imyenda y'amakipe bafana,

Jean Paul amaze iminsi aba mu gihugu cya Canada aho umwanya we waje gufatwa na Ngabo Roben.

16:34

Abafana ba APR FC berekanye ko bahari ku bwinshi



Abafana ba APR FC bazamuye amajwi hejuru ubwo bakiraga ikipe yabo yamaze kwinjira mu kibuga cya Stade Amahoro.

Nk'uko byakozwe n'ikipe bagiye guhura, abakinnyi ba APR FC na bo babanje kureba ubwatsi bw'ikibuga bagiye gukiniraho.

16:32

Rayon Sports isura ikibuga cya Stade Amahoro igiye gukiniraho

16:23

Uko byifashe muri Stade Amahoro kugeza ubu



Munyakazi Sadate wayoboye Rayon Sports hagati ya 2019 na 2020 na Rutahizamu w'Amavubi, Nshuti Innocent wakiniye APR FC, ni bamwe mu bamaze kugera muri Stade Amahoro.

DJ Brianne na DJ Crush bakomeje gususurutsa abafana mu miziki itandukanye.

16:14

Abafana ba Rayon Sports bishimiye ikipe yabo

Abafana ba Rayon Sports bagaragarije ibyishimo ikipe yabo yinjiye mu kibuga kugira ngo ibanze kureba uko kimeze mbere y'uko iza kugisubiramo igiye kwishyushya.

Iyo amakipe ageze ku kibuga, byibuze isaha imwe n'igice mbere y'umukino, abanza kureba uko kimeze.


16:01

Abafana babishyize ku rundi rwego



Abafana ba Rayon Sports babukereye mu mabara yabo n'ay'umuterankunga w'ikipe yabo, SKOL, mu gihe aba APR FC na bo bambaye amabara y'ikipe yabo bakagira n'amabendera yayo.

Umushushyarugamba Faustinho akomeje kubafasha gukomeza kuba mu mwuka w'umukino utangira saa Kumi n'Ebyiri.

15:51

Aba-DJs bari gususurutsa abari muri Stade Amahoro


Uwavuga ko abarenga ibihumbi 22 bamaze kwinjira muri Stade Amahoro ntiyaba abeshye kuko imyanya yo hasi igeze ku rwego rwa 95% mu gihe hari n'abatari bake batangiye kwicara hejuru.

DJ Brianne na DJ Crush bari gususurutsa abitabiriye binyuze mu ndirimbo zitandukanye zigezweho za hano mu Rwanda, ariko bakavangamo n'iz'Ikipe ya Rayon Sports yakiriye umukino.

15:42

Abafana ba APR FC babukereye, bitwaje ibirango by'ikipe yabo

15:27

Umurindi w'Aba-Rayons watangiye kumvikana i Remera

15:04

Abantu berekeza muri Stade Amahoro batangiye kuba benshi



Mu gihe habura amasaha atatu ngo umukino utangire, abafana bari ku miryango ya Stade Amahoro batangiye kuba benshi, ariko n'abinjira batangiye kurumbuka.

Biteganyijwe ko imiryango ifungwa saa Kumi n'Imwe, isaha imwe mbere y'umukino.

14:59

Stade Amahoro yatangiye gufata irangi! Amafoto y'uko byifashe imbere

14:57

Uko Rayon Sports na APR FC zitwaye mu mikino itanu iheruka kuzihuza



Rayon Sports yatsinze umukino umwe, APR FC itsinda ibiri mu mikino itanu iheruka guhuza amakipe yombi muri Shampiyona.

APR FC yatsinze umukino uheruka guhuza amakipe yombi muri Werurwe ku bitego 2-0 bya Niyigena Clement na Niyibizi Ramadhan.

Ni nde utsinda kuri uyu wa Gatandatu? Ni cyo dutegereje!

14:42

Muri Stade Amahoro byashyushye


Imbere muri Stade Amahoro, hari abafana batari bake bamaze kugeramo.

Umunyamakuru Mugenzi Faustin uzwi nka Faustinho Simbigarukaho, umwe mu bashyushyarugamba b’uyu munsi, yatangiye gushyushya abafana bageze muri Stade Amahoro.

Kugeza ubu, benshi bicaye mu gice cyo hasi dore ko ibiciro byose byari bimwe, hasi no hejuru, barimo abafana ba Rayon Sports na APR FC, ariko biciye mu bihande bitandukanye.

14:02

Abakunzi b'amakipe yombi bivuze imyato

Kabange uzwiho kuba umukunzi wa APR FC, yatangaje ko bafite udushya twinshi mu buryo bw’imifanire mu mukino bari buhuremo na Rayon Sports saa Kumi n’Ebyiri kuri Stade Amahoro.



Abasore babiri babana mu nzu imwe ariko umwe agafana APR FC mu gihe mugenzi we afana Rayon Sports, bahigiye kwemezanya mu mukino uhuza amakipe bakunda kuri uyu mugoroba aho uri butsindwe yanateganyirijwe ibihano.



Umwe mu bafana ba Rayon Sports wiyitiriye rutahizamu, Fall Ngagne, yavuze ko ikipe ya APR FC hashize igihe kinini bayiteguye ndetse anaraguza umutwe avuga ko ikipe akunda iri bunyagire Gitinyiro ibitego 4-0.

13:54

Mu mihanda y'i Remera ni uku byifashe..



Abantu benshi bakomeje kwerekeza kuri Stade Amahoro, biganjemo abambaye imyambaro y'amakipe bakunda.

Abafana ibihumbi 45 ni bo bitezwe kuri uyu wa Gatandatu nyuma y'uko amatike yose y'umukino aguzwe habura amasaha 45 ngo umukino ube.

13:33

Abafana bari kwinjira muri Stade Amahoro


Abafana bakomeje kwinjira muri Stade Amahoro nyuma y'uko imiryango ifunguwe.

Hari abazindutse cyane kugira ngo birinde kwinjira mu mubyigano ubwo haza kuba hari abantu benshi.

Ni mu gihe hari abakiri mu Migina batsirika icyaka, abandi bafata amafunguro.

13:06

Wasiri yatangaje ko Rayon Sports itsinda ibitego 2-0


Umukozi wa Rayon Sports, Wasiri, yiyanditse mu mutwe 2-0 nk'ibitego Rayon Sports itsinda APR FC kuri uyu wa Gatandatu.

Yari amaze iminsi ateguje ko azabikora ku munsi ubanziriza umukino.

12:58

Rayon Sports yatanze umwitangirizwa kuri APR FC mbere yo guhura uyu munsi

Uyu mukino w’Umunsi wa Gatatu, wari uteganyijwe bwa mbere ku wa 14 Nzeri, ugiye kuba mu gihe Rayon Sports iyoboye Shampiyona n’amanota 29, irusha APR FC ya gatandatu amanota 11.

Rayon Sports yatsinze imikino icyenda iheruka gukina, iyinjizwamo igitego kimwe. Ni mu gihe APR FC na yo yinjijwe igitego kimwe mu mikino icyenda imaze gukina, ariko ifite ibindi birarane bibiri izahuramo na Kiyovu Sports na Musanze FC.

Iyi kipe yambara ubururu n’umweru ni yo ifite ubusatirizi bwiza kugeza ubu kuko yinjije ibitego 19 birimo bitandatu bya Fall Ngagne na bine bya Iraguha Hadji, naho APR FC yo yinjije ibitego umunani birimo bibiri bya Mamadou Sy na bibiri bya Lamine Bah.

Myugariro Omar Gning wamaze gusubukura imyitozo nyuma yo kubagwa ndetse na rutahizamu Rudasingwa Prince uzatangira imyitozo yuzuye mu ntangiriro z’umwaka utaha, ni bamwe mu bakinnyi Rayon Sports idafite kuri uyu wa Gatandatu.

APR FC yo irakina idafite Dauda Yussif Seidu kubera uburwayi na Victor Mbaoma kubera imvune mu gihe Richmond Lamptey ashobora kugarurwa mu bakinnyi bifashishwa ku mukino.

Umurundi Nshimirimana Ismaël ‘Pitchou’ uheruka gusubira muri iyi Kipe y’Ingabo z’Igihugu, yagarutse mu Rwanda ariko azatangira kuyikinira mu mikino yo kwishyura.

Ubwo APR FC yari imaze kunganya igitego 1-1 na Police FC naho Rayon Sports igatsinda Muhazi United ibitego 2-1 ku wa Gatatu, abatoza b’amakipe yombi bavuze ko biteguye uyu mukino, ariko banakomoza ku munaniro abakinnyi bashobora kuba bafite kubera gukina imikino yegeranye.

Amakuru avuga ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bwemereye abakinnyi agahimbazamusyi k’ibihumbi 600 Frw kuri buri wese mu gihe batsinda kuri uyu wa Gatandatu.

Ku rundi ruhande, akenshi APR FC yagiye itanga agahimbazamusyi k’ibihumbi 300 Frw ku mukino wa Rayon Sports, ariko bivugwa ko gashobora kwiyongera mu gihe yaba yatsinze.

12:56

Rwarutabura afite icyizere cyo gutahana amanota atatu

Umufana wa Rayon Sports, Rwarutabura, yatangaje ko atitaye ku mubare w’ibitego bari butsinde APR FC, ahubwo ko ikimuraje ishinga ari amanota atatu.

12:20

Imihigo ni yose ku makipe yombi mbere yo guhurira mu kibuga

Mbere y’uko Rayon Sports icakirana na APR FC, Umunyamakuru wa IGIHE, Jah d’Eau Dukuze, yakoze icyegeranyo kigaruka ku mateka yaranze imikino imaze guhuza amakipe yombi n’ibyo kwitega mu mukino utegerejwe na benshi ku wa Gatandatu.


Rayon Sports yahize gushyira akadomo ku myaka itanu APR FC imaze yegukana igikombe, ikabikora iyitsinda ku wa Gatandatu.

Ni mu gihe Ikipe y'Ingabo z'Igihugu na yo ifite icyizere cyinshi mbere y’uyu mukino uzabera muri Stade Amahoro.

Ni nde uzahigika undi? Umva iki cyegeranyo cyiza kuri uyu mukino:

12:18

Abafana bari bwicare mu bice bitandukanye

Abahagarariye abakunzi ba Rayon Sports na APR FC bahuye kuri uyu wa Gatanu bemeranya ko abafana bazakurikirana Derby baza kuba bicaye bigendanye n'amakipe bafana.

Abakunzi ba Rayon Sports bazicara kuva ku muryango numero 124 kugera kuri VIP mu gihe aba APR FC bazaba bari ku kindi gice kiva ku muryango wa 125 kigana kuri VIP.

12:12

Abafana bizinduye kuri Stade Amahoro

Stade Amahoro yafunguwe saa Sita z'amanywa, aho abafana batangiye kujya ku murongo mu Migina guhera saa Yine z'amanywa.

Biteganyijwe ko Saa Kumi n'Imwe imiryango ya Stade Amahoro iri buze gufungwa.



12:04

Ikipe ya Rayon Sports iri kumwenyura

Izina rya Rayon Sports ni rimwe mu yavuzwe hirya no hino muri Afurika ku wa Gatanu, kubera kwandikisha amateka mbere y'uyu mukino na APR FC.

Rayon Sports yabaye ikipe ya mbere igurishije amatike ikuzuza Stade Amahoro nyuma y'aho iyi Stade izamuriwe urwego aho abafana ibihumbi 45 bareba umukino bicaye neza.

Ni Impano yatanzwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, aho ku munota wa 24 ubuyobozi bwa Rayon Sports bwavuze ko abari muri Stade bari buze guhaguruka bagakoma amashyi bamushimira.

Uretse ako gahigo, Rayon Sports yanabaye ikipe ya mbere muri Shampiyona icuruje amatike agashira habura umunsi ngo umukino ube.

Ni amatike yari yashyizwe mu byiciro bitanu by’imyanya iri muri Stade Amahoro igera ku bihumbi 45.

’Regular Upper’ na ’Regular Lower’ bakunze kwita ahandi hose hasigaye hishyurwaga 3000 Frw, imyanya y’icyubahiro ’VIP’ ku bihumbi 20 Frw, ’VVIP’ ku bihumbi 50 Frw, Executive Seat ku bihumbi 100 Frw ndetse na Sky Box kuri miliyoni 1 Frw.

Kuva aya matike yashize birongerera iyi kipe amikoro kuko ishobora gusaruramo arenga 173 500 000 Frw. Ni mu gihe abaterankunga bayo bayihaye agera kuri miliyoni 50 Frw mbere y’uko ukinwa.

Ibi kandi biratuma Rayon Sports ishobora kwandika amateka yo kwinjiza amafaranga menshi kuri stade, aho umukino wa APR FC uzayisigira hafi miliyoni 200 Frw.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports buri kumwenyura kuko aya mafaranga ari butume bakemura ibibazo bari bamaranye iminsi.

11:32

TUBAHAYE IKAZE I REMERA KURI STADE AMAHORO

Ni umunsi udasanzwe, umukino udasanzwe, namwe ntabwo musanzwe kuba mugiye kubana natwe kuri uyu wa Gatandatu.

Rayon Sports igiye kwakira APR FC mu mukino w'ikirarane cy'Umunsi wa Gatatu wa Shampiyona, umukino witezwe na benshi ko ushobora kugira byinshi ugaragaza.

Ni umukino wanditse amateka turi begende tubabwira, mu gihe n'imibare iwuvugwamo byose muri bubibone hano kuri IGIHE.

Ibi byose biri bugendane n'amashusho atandukanye hamwe n'amafoto utasanga ahandi.

Reka tubane muri Derby y'Imisozi Igihumbi itangira gukinwa mu kibuga saa Kumi n'Ebyiri z'umugoroba.