Kiyovu Sports vs APR FC

Kiyovu Sports 1-2 APR FC

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Jahdeau Dukuze

Amafoto

: Kwizera Herve

19:59

Uko imikino y'umunsi wa 16 yagenze n'uko amakipe akurikirana ku rutonde.

19:56

Umukino urarangiye

APR FC yatsinze Kiyovu Sports ibitego 2-1 iguma ku mwanya wa kabiri n'amanota 34. Iyi kipe irarushwa na Rayon Sports amanota abiri mbere y'uko ihura na Musanze ku Cyumweru.

Ni umukino APR FC yatsinze ariko itemeza abafana kuko umukino nk'uyu ubanza yari yatsinze ibitego 3-0.

Mu bakinnyi bashya, Denis Omedi watsinze ibitego bibiri yanditse amanota, mu gihe rutahizamu mushya Ouatarra Djibril ntacyo yagaragaje.

Iminota mike Mamadou Sy yakinnye yakoze byinshi, ni nyuma yo kuvugwaho n'umutoza ko yagiye atsindisha iyi kipe.

19:54

90+1 Ikarita y'umuhondo

Umutoza wa Kiyovu Sports Romami Marcel ahawe ikarita kubera kutishimira imisifurire.

19:54

90' Iminota itatu y'inyongera

19:53

90' Mamadou Sy aracyagerageza

Rutahizamu wa APR FC yongeye kurema amahirwe yo gutsinda ubwo yahabwaga umupira na Ramadhan ari mu rubuga rw'amahina ateye mu izamu umupira uca ku ruhande gato.

19:50

88' APR FC yari ibonye icya gatatu

Coup Franc ya Niyibizi Ramadhan ikoze ku rukuta rwa Kiyovu Sports, isanga Muzungu imbere y'izamu, ateye n'umutwe umupira ujya mu ntoki za Patrick.

19:49

87' Gusimbuza kwa APR FC

Niyibizi Ramadhan asimbuye Lamine Bah. Pichou yongeye kugaruka mu kibuga muri Shampiyona asimbuye Dauda Seidu.

19:48

85' Kiyovu Sports 1-2 APR FC. Umukino uri kugana mu minota itanu ya nyuma

Mu minota 10 ishize, APR FC iri gusatirwa na Kiyovu Sports aho Urucaca rwaremye amahirwe atandukanye yo gutsinda nubwo kugeza ubu batari bahirwa.

19:47

83' Gusimbuza ku ruhande rwa Kiyovu Sports

Mosengwe ahaye umwanya Uwineza Rene.

19:45

81' Kiyovu Sports yari yishyuye

Ikipe ya Romami ntabwo yari yavuga ijambo rya nyuma. Aha, Cherif Bayo abonye umupira ibumoso awuterekera neza Mosengwo uwutereye inyuma y'urubuga rw'amahina gusa Pavelh Ndzila ashobora kuwukuramo bigoranye.

19:42

79' Claude yari atanze impano..

Kapiteni wa APR FC utorohewe n'umukino atanze umupira muto ugana ku izamu rye gusa Pavelh Ndzilla ashobora kuwutanga rutahizamu wa Kiyovu SPorts arawurenza.

19:40

78' Mamadou ahise atanga ubutumwa...

Nzotanga Fils ashyize umupira mu rubuga rw'amahina usanga Mamadou Sy usimbutse awushyira ku mutwe neza gusa Ishimwe Patrick ashobora kwirambura awushyira muri Corner.

19:39

77' Mamadou Sy kera kabaye arasimbuye

Djibril Ouatarra ahaye umwanya Mamadou Sy.

19:38

75' APR FC ikomeje guhushahusha...

Umupira wanyuze ku ruhande rw'iburyo nkuko bisanzwe, Muzungu awuterekeye neza Djibril Ouatarra utigaragaje none, gusa agiye gushyira mu izamu Kazindu awukoraho ujya hanze.

19:37

74' Urujijo kuri Mamadou Sy

Rutahizamu wa APR FC yari kumwe na Olivier Dushimimana Muzungu aho bari bagiye kwinjirana mu kibuga agasimbura Djibril Ouatarra. Uyu ariko ku mpamvu itazwi byarangiye hemejwe ko ari Muzungu ujyamo wenyine Sy asubizwa kwicara.

Yihanganishijwe na bagenzi be.

19:35

72' Gusimbuza kwa APR FC

Olivier Dushimimana asimbuye Hakim Kiwanuka

19:34

69' APR FC iracyashaka icyo gushimangira intsinzi

Uruhande rw'iburyo rwa APR FC rukomeje gukora cyane aho Nzotanga yongeye gushyira umupira mu rubuga rw'amahina ariko umupira ugashyirwa muri Corner.

Iyi Ruboneka ayigejeje kwa Lamine Bah ushatse gushyira mu izamu ariko umupira ntiwava mu kaguru.

19:31

66' Gusimbuza ku ruhande rwa Kiyovu Sports. Umwana wa Mafisango yinjiye mu kibuga

Mugisha Desire asimbuye Mutsinzi Dercy na ho Twahirwa Olivier asimbuwe na Tabou Crespo wa Mafisango.

19:26

62' APR FC ihushije ikidahushwa

Hakim Kiwanuka aterekeye umupira mwiza Lamine Bah wari mu rubuga rw'amahina wenyine, awushyize mu izamu uca ku ruhande gato.

19:24

60' APR FC ihushije ikindi gitego

Ruboneka akinanye na Lamine Bah, na we akinana na Nzotanga. Uyu ashyize umupira mu rubuga rw'amahina, Kiwanuka awukozeho uca hejuru y'izamu.

19:21

57' Ikarita y'umuhondo

Claude Niyomugabo abaye umukinnyi wa kabiri wa APR FC weretswe ikarita ku ikosa akoreye Ishimwe Kevin.

Coup Franc ivuyemo Kiyovu iyikinnye nabi.

19:20

55' APR FC ikomeje gushaka penaliti

Nkuko byari bigenze mukanya, Djibril Ouatarra na we ajyanye umupira mu rubuga rw'amahina, ashatse gucenga Makenzi aritambika asaba penaliti ariko umusifuzi yerekana ko ari Corner.

Iyi itewe mu maboko ya Ishimwe.

19:18

54' APR FC yongeye kurema uburyo bwo gutsinda

Dauda azamukanye neza umupira hagati, awukinana na Bosco Ruboneka na we uwuhereje Nzotanga Fils, uyu myugariro ashyize umupira mu rubuga rw'amahina ariko umunyezamu Ishimwe araguruka awukuramo.

19:16

52' APR FC ikomeje gushaka icya gatatu

Hakima Kiwanuka azamukanye umupira iburyo, yinjira mu rubuga rw'amahina, ashatse gucenga Guy aramuzibira agwa hasi umusifuzi yerekana Corner.

Iyi itewe na Bosco Ruboneka ariko ntakivuyemo.

19:12

49' Kiyovu Sports ihushije icyo kwishyura

Ishimwe Kevin azamukanye umupira ku ruhande rw'iburyo, ashyira umupir amu rubuga rw'amahina, ujya ku mutwe wa Mutunzi Dercy ariko ateye mu izamu n'umutwe Pavelh Ndzila awukuramo agurutse.

19:10

46' APR FC itangiye isatira

Dauda yari agerageje gukinana na Ouatarra ariko uyu rutahizamu ntiyashobora gukina umupira neza ubwugarizi bwa Kiyovu Sports bukiza izamu.

19:07

Igice cya kabiri kiratangiye

APR FC itangije igice cya kabiri

18:51

Igice cya mbere kirarangiye

Amakipe yombi agiye mu karuhuko APR FC iri imbere n'ibitego 2-1.

18:50

45+3 APR FC ihushije icya gatatu

Coup Franc ya Dauda yari igeze mu nshundura ariko umunyezamu Patrick yirwanaho afata umupira neza.

18:48

45' Iminota itatu y'inyongera

18:44

42' Igitego cya kabiri cya APR FC

Corner ya Ruboneka Bosco, isanze Ouatarra imbere y'izamu ateye umutwe Ishimwe Patrick awukuramo, Denis Omedi awusubizamo n'umutwe uruhukira mu nshundura.

18:43

39' Umukino usubukuwe Kiyovu Sports isatira

Patrick ntabwo byasabye umwanya ngo avurwe, Kiyovu Sports yahise ishyira umupira imbere ariko umunyezamu Pavelh Ndzila noneho asohoka neza afata umupira.

18:42

38' Umukino wabaye uhagaze

Umunyezamu Ishimwe Patrick ari kwitabwaho n'abaganga. Ku ntebe y'abasimbura b'iyi kipe nta munyezamu ugaragaho...

18:41

36' APR FC ihushije ibitego bikurikirana

Rutahizamu mushya wa APR FC Djibrill Ouatarra na Hakim Kiwanuka bombi mu munota umwe babonye amahirwe yo gutsinda igitego basigaranye n'umunyezamu Ishimwe Patrick ariko uyu musore yihagararaho imipira yose ayikuramo.

18:36

33' Coup Franc ya Kiyovu Sports

Dauda akoreye ikosa Ishimwe Kevin uri gusaba ko ahabwa ikarita y'umuhondo. Coup Franc Bayo ayiteye nabi cyane.

18:35

32' APR FC ihushije igitego

Corner ya Ruboneka Jean Bosco isanze Ouatarra Djibril ashatse gutsinda igitego yihindukije, umupira umubana muto ntiwagera ku izamu.

18:34

31' Gusimbuza ku ruhande rwa Kiyovu Sports

Nizigiyimana Karim Makenzi asimbuye Ishimwe Eric

18:28

26' Igitego cya APR FC

Denis Omedi atsinze igitego cyiza ku mupira azamukanye ku ruhande rw'ibumoso akaroba umunyezamu Ishimwe Patrick.

18:27

25' Ikarita y'umuhondo

Lamine Bah ahawe ikarita nyuma yo kudunda umupira hasi kubera ikosa asifuwe atemera.

18:26

23' Kiyovu Sports 1-0 APR FC

APR FC yatsinzwe igitego ntacyo yari yakora ngo igaragaze ko ishaka kwishyura. Umukino uri gukinirwa ahanini mu kibuga hagati.

18:22

20' APR FC ihushije igitego

Umupira uvuye muri Corner usanze Ruboneka Jean Bosco awutereye kure umunyezamu Patrick awushyira muri Corner.

Corner yindi ivuyemo ntacyo itanze.

18:22

18' Kiyovu SPorts yongeye kurema uburyo

Umupira muremure ushyizwe mu rubuga rw'amahina na Cherif Bayo, Pavelh Ndzila arasohotse awutanga Ishimwe Kevin awukina n'umutwe.

18:18

14' Kiyovu Sports yari igerageje nanone

Abasore b'Urucaca ni bo bari kwigaragaza kuri uyu munota aho Ishimwe Kevin yari agerageje guterera kure na we ariko umupira ujya hanze.

18:16

12' Igitego cya Kiyovu Sports

Niyo David watijwe n'Intare afunguye amazamu i Nyamirambo ku mupira atereye kure ariko Pavelh Ndzila ntashobore kuwukuramo.

18:14

11' APR FC ikomeje gushaka igitego

Djibril Ouatarra ku mupira wa mbere akozeho agerageje kubonana na Kiwanuka ariko uyu mugande akora umupira mbere yo kuwukina.

18:11

08' APR FC yongeye kugerageza...

Dauda Yassif yambuye umupira mu kibuga hagati ahita agerageza guterera kure ariko umupira we uca kure y'izamu ririnzwe na Ishimwe Patrick

18:09

06' Kiyovu Sports ihise isubiza

Ikipe y'Urucaca iremye uburyo bwo gutsinda ubwo Mutunzi Dercy yaterekeraga umupira mwiza Cherif Bayo wari inyuma y'urubuga rw'amahina awuteye mu izamu ujya hejuru cyane.

18:08

05' Kiwanuka atangiye kwigaragaza

Umusore w'Umugande uca ku mpande afashe umupira mu kibuga hagati aca mu bakinnyi batandukanye ba Kiyovu Sports, awugeza mu rubuga rw'amahina ariko Lamine Bah awuteye mu izamu uca ku ruhande gato

18:05

03' APR FC yari iremye uburyo bwo gutsinda

Nshimiyimana Yunusu ahaye umupira muremure Denis Omedi ariko uyu awuhaye Ruboneka birangira awutakaje wifatirwa n'abakinnyi ba Kiyovu Sports.

18:04

02' Coup Franc ya APR FC

Dauda Seidu akorewe ikosa mu rubuga rwa APR FC. Iyi kipe ihise ihana ikosa vuba ariko Kiwanuka atakaza umupira urarenga.

18:03

01' Kiyovu SPorts ishatse guhita itungurana

Ikipe ya Romami ishatse guhita itungura APR FC ariko umupira bateye ku izamu uhita ujya hanze.

18:02

Umukino uratangiye

Ngabonziza Dieudonné atanze uburenganzira Kiyovu Sports itangiza umukino

17:58

Amakipe yombi atangiye kugaruka mu kibuga

Nyuma yo kumva inama z'abatoza, Kiyovu Sports na APR FC zatangiye kugaruka mu kibuga ngo zisobanure kuri Kigali Pelé Stadium.

APR FC igiye gukina yambaye ya mipira yayo y'umweru irimo imirongo y'umukara imanuka mu gihe bambaye imyenda y'umweru n'amasogisi y'umukara.

Kiyovu Sports yambaye imipira y'icyatsi irimo imirongo y'umweru mu gihe amakabutura asa n'icyatsi amasogisi agasa n'umweru.

17:47

Abafana bagerageje kwitabira

Kuri Stade ntabwo abafana ari benshi cyane ariko nka Stade harimo 1/2 cy'abashobora kwinjira muri Kigali Pelé Stadium. Kwa Seburengo ahasanzwe hicara abakunzi ba Kiyovu Sports ho abafana baracyari bake. Ubanza baracitse intege ko ikipe yabo ishobora kumanuka mu cyiciro cya kabiri.

17:41

Abasifuzi b'umunsi na bo bari kwishyushya

Umukino wa none uri buyoborwe na Ngabonziza Dieudonne ari buze kuba yungirijwe na Ishimwe Didier nk'umusifuzi wa mbere wungirije mu gihe Alice Umutesi ari we musifuzi wa kabiri wungirije.

17:39

XI Kiyovu Sports yabanje mu kibuga

42 Ishimwe Patrick
23 Ishimwe Eric
21 Byiringiro David
6 Kazindu Guy Bahati
24 Twahirwa Olivier
9 Mutunzi Dercy
20 Niyo David
25 Mosengwo T
7 Cherif Bayo
10 Ishimwe Kevin

17:30

APR FC yabanjemo abakinnyi bayo bashya bose

32 Pavelh Ndzila
13 Niyigena Clement
03 Niyomugabo Claude (c)
28 Nshimiyimana Yunusu
10 Ouatarra D
02. Ndayishimiye Dieudonne
14 Lamine Bah
07 Hakim Kiwanuka
24 Denis Omedi
27 Ruboneka Bosco
25 Dauda Seidu

17:22

APR FC iri imbere mu mibare kuri uyu mukino

Ikipe ya APR FC ntiratakaza umukino w'umunsi wa 16 wa Shampiyona guhera muri 2016 ndetse ntiratsindwa na Kiyovu Sports mu mikino itanu baheruka guhuriramo.

Umukino ubanza hagati y'aya makipe yombi warangiye APR FC inyagiye Kiyovu SPorts ibitego 3-0 ari na wo wabonetsemo ikinyuranyo cy'ibitego byinshi kuri iyi kipe y'ingabo z'igihugu

17:18

Amakipe yombi yageze kuri Kigali Pelé Stadium

Amakipe yombi yageze ku kibuga aho yatangiye imyitozo. APR FC mu dupira tw'umukara n'amakabutura y'umweru ni yo yatangiye imyitozo mbere mu gihe KIyovu Sports na yo yambaye icyatsi hose iri gukora imyitozo.

17:15

Tuguhaye ikaze kuri Kigali Pelé Stadium

IGIHE iguhaye ikaze i Nyamirambo ahagiye kubera umukino w'umunsi wa 16 wa Shampiyona hagati ya Kiyovu Sports ya nyuma ku rutonde na APR FC iza ku mwanya wa kabiri ku rutonde rwa Shampiyona.

Ni umukino ugiye guhuza amakipe afite intego zitandukanye nkuko umutoza wa Kiyovu Sports Romami Marcel yabitangaje. Urucaca rurifuza kuguma mu cyiciro cya mbere mu gihe ikipe y'ingabo z'igihugu yifuza kwegukana igikombe.

Uyu ni umukino wa kabiri ugiye gukinirwa kuri Kigali Pelé Stadium kuri uyu wa Gatandatu nyuma y'uwo As Kigali imaze gutsindamo Bugesera igitego 1-0 cya Haruna Niyonzima.

Twongeye kuguha ikaze.