Rayon Sports vs Police FC

Rayon Sports 0-1 Police FC

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Eric Tony Ukurikiyimfura

Amafoto

: Umwari Sandrine

06:45

Abasaza turabarambiwe: Abafana ba Rayon Sports mu burakari bwinshi nyuma yo gutsindwa na Police FC

06:42

Ubusesenguzi ku mukino Rayon Sports yatsinzwemo na Police FC

20:24

Police FC ishoboye Rayon Sports

Police FC ibonye intsinzi ya kabiri mu mikino ibiri ya Shampiyona nyuma yo gutsinda Rayon Sports igitego 1-0 cyinjijwe na Nsabimana Eric 'Zidane'.

Zidane ni we watowe nk'umukinnyi w'umukino, ahembwa ibihumbi 100 Frw.

Uyu mukino w'Umunsi wa Kabiri wa Shampiyona wari kuba mu cyumweru gishize, ariko bihurirana n'uko Rayon Sports yari mu mikino Nyafurika.

Ku Munsi wa Gatatu wa Shampiyona, Rayon Sports izahura na Gasogi United naho Police FC ihure na AS Muhanga ku Cyumweru.

20:21

Umukino urarangiye

20:21

90+4' Police FC ihushije uburyo bwabazwe

Ani Elijah acomekewe umupira mwiza asigaranye na Pavelh Ndzila, atera agashoti kadakomeye, gafatwa n'uyu munyezamu wa Rayon Sports.

20:19

90+3' Coup-franc ya Rayon Sports

Nsabimana Eric 'Zidane' akiniye nabi Tambwe Gloire hafi y'urubuga rw'amahina.

Ikosa rihanwe na Ndayishimiye Richard, Rushema ashatse gushyira umupira mu izamu ica imbere yaryo ujya hanze.

20:17

90' Iminota itandatu y'inyongera

20:13

87' Gusimbuza

Byiringiro Lague asimbuwe na Ani Elijah ku ruhande rwa Police FC.

20:11

85' Aba-Rayons bacecetse

Mu gihe babona ikipe yabo nta kidasanzwe ikina gitanga icyizere cyo kwishyura, abafana ba Rayon Sports batuje nk'abari kureba Tennis.

20:08

83' Gusimbuza

Kwitonda Alain 'Bacca' asimbuwe na Mugiraneza Frodouard ku ruhande rwa Police FC.

20:06

80' Ikarita y'umuhondo

Umutoza wa Police FC, Ben Moussa, ahawe ikarita y'umuhondo nyuma yo kujya mu kibuga kureba uko Nsabimana Eric 'Zidane' amerewe ubwo yari agonganye na Tambwe Gloire imbere y'izamu.

Umukino wakomeje.

20:04

77' Umukino urahagaze

Abakinnyi ba Rayon Sports na Police FC baragonganye, umusifuzi ahita ahamagaza abaganga na ambulance mu kibuga.

20:00

74' Gusimbuza

Tony Kitoga asimbuwe na Ishimwe Fiston ku ruhande rwa Rayon Sports.

19:58

71' Uburyo bwa Rayon Sports

Rushema Chris ahinduye umupira muremure, Tony Kitoga awukinnye n'umutwe uridunda ujya hejuru y'izamu.

19:56

70' Umukino winjiye mu minota 20 ya nyuma

Police FC ntirongera gutera mu izamu, ariko ni yo iri kugera mu rubuga rw'amahina kurusha Rayon Sports.

19:52

67' Gusimbuza

Emmanuel Arnold Okwi asimbuwe na Mugisha Didier ku ruhande rwa Police FC.

19:50

65' Gusimbuza

Niyonzima Olivier 'Seif' ahaye umwanya Harerimana Aberaziz 'Rivaldo' ku ruhande rwa Rayon Sports.

19:49

64' Police FC yirangayeho

Ishimwe Christian ahinduye umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, Okwi warebanaga n'izamu ananirwa kuwutsinda, awutera hanze.

19:48

62' Rayon Sports yari ikinnye neza

Ndayishimiye Richard yari acomekeye umupira mwiza Aziz Bassane, awufunze, Nsabimana Eric 'Zidane' arahagoboka awukuraho.

19:47

61' Ikarita y'umuhondo

Rushema Chris ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Emmanuel Okwi muri koruneri.

19:46

60' Abafana bitabiriye

19:43

57' Ikarita y'umuhondo

Emmanuel Okwi ahawe ikarita y'umuhondo kubera umupira akoze n'ukuboko.

Kabange ahannye ikosa, umupira awutera hejuru kure.

19:41

55' Amakipe yombi yagarukanye imibare mu kibuga

Bitandukanye n'uko igice cya mbere cyari kimeze, kuri ubu amakipe yombi ari gukina umukino w'amakosa menshi ndetse utaryoheye ijisho.

Police FC ntikiri ku rwego yariho ndetse na Rayon Sports ntirahuza.

19:39

52' Umukino uhagaze gato

Umukino ubaye uhagaze mu gihe hari kuvurwa Rushema Chris na Emmanuel Okwi bakubitanye bahanganiye umupira.

19:36

49' Indi coup-franc ya Rayon Sports

Gakwaya Leonard akiniye nabi Ndayishimiye Richard inyuma y'urubuga rw'amahina.

Ikosa rihanwe na Tony Kitoga, umupira ujya ku ruhande rw'izamu.

19:32

47' Coup-franc ya Rayon Sports

Bigirimana Abedi ahannye ikosa ku mupira wari uteretse inyuma y'urubuga rw'amahina, ishoti ateye rijya ku ruhande rw'izamu.

19:31

46' Igice cya kabiri cyatangiye

Rayon Sports itangiranye umupira mu gice cya kabiri ndetse ihita isatira Police FC.

19:30

Gusimbuza

Habimana Yves yasimbuwe na Aziz Bassane ku ruhande rwa Rayon Sports.

19:23

Police FC yarushije Rayon Sports mu gice cya mbere


Rayon Sports yateye mu izamu inshuro imwe, aho umupira wa Tony Kitoga wakuwemo na Niyongira Patience.

Police FC yashoboraga kubona ibitego bine kugeza ubu, ariko kimwe cya Nsabimana Eric 'Zidane' ni cyo cyagiye mu izamu.

Byiringiro Lague yazonze abakinnyi bugarira muri Rayon Sports, ndetse yahushije uburyo bwiza ku mupira yateye n'umutwe ukagarurwa n'umutambiko.

Ni ko byagenze kandi kuri Bacca wateye ishoti ryakubise igiti cy'izamu.

Police FC iri hejuru mu mpande zose z'ikibuga ndetse abakinnyi bagerageza kwigaragaza muri Rayon Sports ni Kitoga na Bigirimana Abedi, ariko na bo nta kinyuranyo barakora.

19:17

Igice cya mbere kirarangiye

Iminota 45 ibanza y'umukino w'Umunsi wa Kabiri wa Shampiyona uri guhuza Rayon Sports na Police FC i Nyamirambo, irangiye Ikipe y'Abashinzwe Umutekano yatsinze igitego 1-0.

19:15

45' Iminota y'inyongera

Umusifuzi wa Kane yerekanye iminota ibiri y'inyongera.

Rayon Sports iri gusatira ishaka kwishyura, ariko Police FC ihagaze neza.

19:13

41' Patience yari akoze ibara

Niyongira Patience yari asohotse nabi anyurana n'umupira, ku bw'amahirwe ya Police FC, Ishimwe Christian aba maso, akuraho umupira.

19:11

40' Rayon Sports yatangiye kugaruka mu mukino

19:08

37' Coup-franc ya Police FC

Tambwe Gloire akiniye nabi Ndayishimiye Dieudonne 'Nzotanga' ahagana mu ruhande ugana ku izamu.

Ikosa rihanwe na Ishimwe Christian, umupira uba muremure kuri Msanga Henry, ujya hanze.

19:04

33' Coup-franc ya Rayon Sports

Ishimwe Christian akiniye nabi Kabange hafi y'urubuga rw'amahina, ikosa rihanwe na Ndayishimiye Richard Police FC ikiza izamu ryayo.

19:02

32' Rayon Sports irarokotse

Byiringiro Lague acomekeye umupira Kwitonda Alain 'Bacca', na we aroba Ndzila, ariko umupira ukubita igiti cy'izamu uvamo.

19:00

30' Umukino urimo ishyaka ryinshi

18:59

29' Uburyo bwiza bwa Rayon Sports

Tony Kitoga yinjiranye umupira, ahitamo guterera ishoti inyuma y'urubuga rw'amahina, Niyongira Patience arirambura awukuramo.

18:57

26' Police FC ikomeje gusatira

18:55

24' Coup-franc ya Rayon Sports

Tony Kitoga ahannye ikosa Police FC yakoreye mu kibuga cyayo, umupira wo hasi ateye uca ku ruhande ku buryo na Niyongira Patience yawihoreye ukarenga.

18:54

23' Ubundi buryo bwa Police FC

Byiringiro Lague acenze abakinnyi batatu ba Rayon Sports, atera ishoti ridakomeye rigenda hasi, rifatwa neza na Pavelh Ndzila.

18:54

22' Gusatira kwa Rayon Sports

Tambwe Gloire ahinduye umupira ashaka Habimana Yves, umunyezamu Patience Niyongira arasohoka, awufata neza.

18:52

21' Igitego cya Police FC

Ku mupira wari uvuye muri koruneri, Nsabimana Eric 'Zidane' afunguye amazamu i Nyamirambo, atsindishije umutwe.

18:51

20' Police FC ihushije uburyo bwiza

Byiringiro Lague ananiwe gutsindira mu rubuga rw'amahina, umupira ukozweho na myugariro wa Rayon Sports usubira inyuma, usanga Kwitonda Alain uteye ishoti, ujya muri koruneri.

18:49

18' Iminota y'imbaraga ku mpande zombi

18:48

17' Coup-franc ya Rayon Sports

Msanga Henry agushije Bigirimana Abedi hafi y'urubuga rw'amahina mu ruhande.

Iksoa rihanwe na Ndayishimiye Richard, atera ishoti rigiye hanze, ku ruhande rwo hirya.

18:45

14' Police FC ikomeje gukomanga

Police FC yongeye kugerageza gutera mu izamu rya Rayon Sports, ariko ishoti ryo hasi ryatewe na Kwitonda Alain 'Bacca' ryari ryoroshye kuri Pavelh Ndzila.

18:43

12' Gusatira kwa Police FC

Byiringiro Lague acenze Nshimiyimana Emmanuel 'Kabange', Youssou Diagne uje kumufasha ashyira umupira muri koruneri.

Lague asubije umupira mu kibuga, Pavelh Ndzila awukuraho n'ibipfunsi.

18:41

10' Police FC ikomeje kuba nziza mu kibuga

Mu minota 10 ibanza, Police FC ni yo iri guhererekanya umupira cyane, ndetse iri gukinira cyane mu kibuga cya Rayon Sports.

18:37

8' Uko amakipe yombi yaserutse kuri uyu mugoroba

18:36

5' Rayon Sports yirangayeho

Habimana Yves na Ndayishimiye Richard basatiriye Police FC, ariko uyu mukinnyi w'Umurundi ananirwa kuwutera mu izamu, arongera arawutanga, Police FC ikiza izamu.

18:32

3' Police FC yatangiranye imbaraga nyinshi

Police FC ihushije uburyo bwabazwe ku mupira uhinduwe na Kwitonda Alain Bacca, usanga Byiringiro Lague uwukinishije umutwe, ukubita umutambiko w'izamu uvamo.

18:29

Umukino uratangiye

Umusifuzi Ruzindana Nsoro atangije umukino.

Umupira wa mbere utewe na Emmanuel Okwi ukinanye na bagenzi be Police FC, bahita batangira gusatira Rayon Sports.

18:28

Police FC irashyigikiwe kuri uyu mugoroba

18:28

Abakinnyi ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Umutoza Afahmia Lotfi yahisemo kubanzamo:

Pavelh
Youssou
Tambwe
Rushema
Kitoga
Musore
Seif (C)
Yves
Abedi
Richard
Emmanuel.

18:26

Abakinnyi ba Police FC babanje mu kibuga


Umutoza Ben Moussa yahisemo gukoresha:

Patience
Christian
Yakubu
Nsabimana (C)
Msanga
Leonard
Kwitonda
Kilongozi
Lague
Okwi

18:23

Amakipe yombi yishyushya

18:21

Abakinnyi ba Rayon Sports bagera ku kibuga

18:19

Ikaze kuri Kigali Pele Stadium

IGIHE ibahaye ikaze kuri Stade ya Kigali yitiriwe Pele, ahagiye kubera umukino w'Umunsi wa Kabiri wa Shampiyona utarabereye igihe, hagati ya Rayon Sports na Police FC.

Uyu mukino wari gukinwa mu cyumweru gishize, ariko bihurirana n'uko Rayon Sports yari mu mikino ya CAF Confederation Cup aho yasezerewe na Singida Black Stars yo muri Tanzania.