APR FC vs Rayon Sports

APR FC 3-0 Rayon Sports

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Eric Tony Ukurikiyimfura

Amafoto

: Kasiro Claude & Umwari Sandrine

19:26

AMASHUSHO: Dore icyo APR FC yarushije Rayon Sports

19:15

AMASHUSHO: Ibyishimo by'abafana ba APR FC nyuma yo gutsinda Rayon Sports

19:12

AMASHUSHO: Abafana ba Rayon Sports barakaye, bise Abasaza abagambanyi

17:24

AMASHUSHO: Reba ibitego APR FC yatsinze Rayon Sports

17:10

APR FC irishimye bidasanzwe


Abakinnyi batandukanye ba APR FC barimo Ruboneka Bosco n'umutoza Taleb Abderrahim bafashe micro bagaragariza abafana ko bishimiye intsinzi babonye kuri mukeba Rayon Sports.

bafana benshi banze gutaha ndetse abakinnyi bamaze akanya batarasubira mu rwambariro bazenguruka ibice bitandukanye bya Stade Amahoro.

17:06

APR FC isubiriye mukeba

APR FC itsinze Rayon Sports ibitego 3-0, igira amanota 11 ku mwanya wa gatanu aho irushwa amanota abiri na Rayon Sports ya kabiri.

Ibitego bitatu byabonetse muri uyu mukino w'Umunsi wa Karindwi wa Shampiyona byatsinzwe na Ronald Ssekiganda, William Togui na Mamadou Sy.

Ni inshuro ya kabiri yikurikiranya APR itsinda Rayon Sports mu gihe kandi mu mikino itandatu iheruka guhuza amakipe yombi, Ikipe y'Ingabo z'Igihugu yatsinzemo itatu, amakipe yombi anganya itatu.

Iyi ntsinzi ibaye kwiyunga hagati ya APR FC n'abakunzi bayo bari bamaze iminsi batishimira uburyo ikina.


Iyi kipe yambara umukara n'umweru, irushwa amanota atandatu na Police FC ya mbere, ifite ibirarane bibiri izahuramo na Marine FC na Etincelles FC.

Umukinnyi w'umukino yabaye Ruboneka Bosco wa APR, ahabwa ibihumbi 100 Frw.

Uko indi mikino yabaye yarangiye:

Etincelles FC 0-0 Rutsiro FC
Gorilla FC 0-1 Amagaju FC
AS Muhanga 0-2 Marine FC
Mukura VS 0-2 Gasogi United
Musanze FC 3-2 Gicumbi FC

17:01

Umukino urarangiye

17:00

90+3' Igitego cya gatatu cya APR FC

Ku burangare bwa Rayon Sports yari yazamutse, Mamadou Sy afashe umupira usubijwe inyuma na Rushema Chris, acenga umunyezamu Paveld Ndzila, atsinda igitego ari wenyine ndetse abanje guhagurutsa abafana.

16:59

90+2' Uburyo bwa APR FC

Iraguha Hadji ahawe umupira mu rubuga rw'amahina, atera ishoti rigiye ku ruhande.

16:57

90' Iminota y'inyongera

Umusifuzi wa Kane, Nizeyimana Is'haq, yerekanye iminota itanu y'inyongera.

Rayon Sports ni yo iri gusatira.

16:56

89' Coup-franc ya Rayon Sports

Ishimwe Fiston ahannye ikosa yakoreweho, Bassane akora ku mupira ujya hanze.

16:55

88' Ikarita y'umuhondo

Ruboneka Bosco ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Ishimwe Fiston hafi y'urubuga rw'amahina.

16:52

84' Gusimbuza

Tony Kitoga wari wasimbuye, asimbujwe Sindi Paul Jesus ku ruhande rwa Rayon Sports.

16:51

84' Gusimbuza

Niyomugabo Claude wavunitse, asimbujwe Bugingo Hakim.

Ruboneka Bosco ni we uhise wambara igitambaro cya Kapiteni wa APR FC.

16:50

83' Uburyo bwa APR FC busubijwe inyuma

Denis Omedi ahinduye umupira mu rubuga rw'amahina, usanga Mamadou Sy uwushyizeho umutwe, ujya ku ruhande.

Gusa umusifuzi wo ku ruhande, Ishimwe Didier, yari yagaragaje ko habayeho kurarira.

16:47

80' Umukino winjiye mu minota 10 ya nyuma

Rayon Sports iri gusatira ishaka kwishyura, ariko na yo ntiri kugera mu rubuga rw'amahina rwa APR FC.

16:44

77' Gusimbuza

Hakim Kiwanuka wavunitse, asimbuwe na Iraguha Hadji ku ruhande rwa APR FC.

16:42

75' Amakipe yombi yafunguye

Muri iyi minota ya nyuma, amakipe yombi ari gukina umukino ufunguye, aho na Rayon Sports iri kugerageza kugera hafi y'izamu.

16:39

70' Gusatira kwa APR FC

Ruboneka Bosco azamukanye umupira, awuhindura mu rubuga rw'amahina ashaka Mamadou Sy na Omedi uwufunze, ariko umusifuzi wo ku ruhande agaragaza ko habayeho kurarira.

16:38

70' Rayon Sports yirangayeho

Musore Prince yinjiranye umupira mu rubuga rw'amahina, awuha Harerimana Rivaldo uhindukiye, Dauda Yussif ahita awumutwara.

16:37

69' APR FC ibuze igitego

Pavelh Ndzila akoze ikosa atakaza umupira ukinwe na Mamadou Sy, ugonga igiti cy'izamu mbere y'uko Kabange awushyira muri koruneri.

16:35

67' Coup-franc ya APR FC

Denis Omedi ahannye ikosa ryakorewe kuri William Togui, umupira ugonga urukuta, awusubijemo na bwo bigenda uko.

16:34

66' Gusimbuza

Denis Omedi na Mamadou Sy basimbuye Mugisha Gilbert na William Togui ku ruhande rwa APR FC.

16:33

66' Ikarita y'umuhondo

Rushema Chris ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi William Togui wari ugiye kwinjira mu rubuga rw'amahina.

16:32

65' Gusimbuza

Harerimana Abdelaziz asimbuye Tambwe Gloire Ngongo wavunitse.

APR FC iri gukinira cyane hafi y'izamu rya Rayon Sports.

16:27

60' Umukino wahagaze

Tambwe Gloire yicaye hasi ndetse abaganga ba Rayon Sports bagiye mu kibuga kumuvura.


Birasa n'aho uyu mukinnyi w'Umurundi yababaye cyane.

16:23

56' Umukino wongeye guhagarara

Nshimiyimana Emmanuel 'Kabange' agaragaje ko yababaye nyuma yo kugongana na Niyomugabo Claude, na we ahamagarizwa abaganga ngo bamwiteho.

16:22

55' Tambwe yababaye

Ndayishimiye Richard acometse umupira, Tambwe Gloire awukurwaho na Niyigena Clement uwurengeje, uyu mukinnyi wa Rayon Sports aryama hasi.

Abaganga binjiye mu kibuga ngo bamwiteho.

16:19

52' Coup-franc ya Rayon Sports

Ishimwe Fiston ahannye ikosa Gilbert yakoreye kuri Bassane, umupira ukurwaho na Ssekiganda n'umutwe.

16:18

51' Ikarita y'umuhondo

Mugisha Gilbert ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Aziz Bassane hafi y'urubuga rw'amahina rwa APR FC.

16:17

50' Umukino watuje

APR FC iri gukinira inyuma muri iyi minota ya mbere y'igice cya kabiri.

Rayon Sports ibonye uburyo bw'umupira uhinduwe na Musore Prince, Tambwe Gloire awutera nabi ujya hejuru y'izamu.

16:13

47' Uburyo bwiza bwa Rayon Sports

Ndayishimiye Richard yinjiranye umupira mu rubuga rwa APR FC, atera ishoti rikomeye rishyizwe muri koruneri na Ishimwe Pierre urengeje umupira izamu.

16:12

46' Igice cya kabiri kiratangiye

APR FC itangiranye umupira mu gice cya kabiri, William Togui asubiza inyuma kuri bagenzi be.

16:09

Gusimbuza

Ishimwe Fiston, Rushema Chris na Tony Kitoga basimbuye Habimana Yves, Serumogo Ali na Niyonzima Olivier 'Seif' ku ruhande rwa Rayon Sports.

16:02

APR FC iri kurusha iki Rayon Sports?


Gufatanya neza hagati Ronald Ssekiganda, Dauda Yussif na Ruboneka Bosco byatumye APR FC irusha imbaraga Rayon Sports mu kibuga.

Aba bakinnyi uko ari batatu batumye Ndayishimiye Richard, Niyonzima Seif na Bigirimana Abedi badakina.

Aziz Bassane na Tambwe Gloire bajyaga bahindura umukino wa Rayon Sports na bo bibuze.

Ubusatirizi bwa APR FC burimo Kiwanuka, Mugisha Gilbert na Togui buri gusubira inyuma gufasha abo hagati, babona umupira bakazamukira hamwe.

15:59

Reba igitego cya kabiri cya APR FC cyatsinzwe na William Togui


15:58

Reba igitego cya mbere cya APR FC cyatsinzwe na Ronald Ssekiganda


15:54

Igice cya mbere kirarangiye

Iminota 45 ibanza y'umukino w'Umunsi wa Karindwi wa Shampiyona uri kubera muri Stade Amahoro, irangiye APR FC yatsinze Rayon Sports ibitego 2-0 byinjijwe na Ronald Ssekiganda na William Togui.

15:53

45+3' Gusatira kwa APR FC

Ruboneka Bosco yinjiranye umupira mu kibuga hagati, atera ishoti rikomeye rinyuze hejuru y'izamu rya Rayon Sports.

15:50

45' Iminota ine y'inyongera

Umusifuzi wa Kane, Nizeyimana Is'haq, yerekanye iminota ine y'inyongera.

APR FC iracyasatira ndetse umupira uri gukinirwa cyane mu kibuga cya Rayon Sports.

15:49

43' Rayon Sports yarushijwe

APR FC iri kurusha cyane Rayon Sports muri iki gice cya mbere.

William Togui ahinduriwe umupira na Mugisha Gilbert, atera ishoti rikomeye rifashe umutambiko w'izamu, ariko umusifuzi wo ku ruhande agaragaza ko hari habayeho kurarira.

15:46

41' Rayon Sports yatangiye gushyushya abasimbura

Nyuma yo gutsindwa igitego cya kabiri, Umutoza w'Agateganyo wa Rayon Sports, Haruna Ferouz, yahagurukije abakinnyi bane ngo bishyushye.

Abo barimo Ishimwe Fiston na Tony Kitoga.

15:42

37' Igitego cya kabiri cya APR FC

William Togui atsinze igitego cya kabiri cya APR FC ku mupira uvuye ibumoso, ukuwemo na Pavelh Ndzila, uyu Munya-Cote d'Ivoire ahita awuboneza mu izamu.

Hakim Kiwanuka ni we wari uteye ishoti ryakuwemo na Ndzila.

15:41

36' Umusifuzi Kayitare avugirijwe induru

Abafana ba APR FC ntibishimiye ko umusifuzi Kayitare David atatanze ikarita y'umuhondo ku ikosa Ruboneka Bosco wirukaga, akorewe na Musore Prince.

15:40

35' Serumogo asubiye hanze y'ikibuga

Birasa n'aho Serumogo Ali yakomeretse cyane kuko umusifuzi amusabye gusubira hanze y'ikibuga bakamupfuka neza.

Ntibiba byemewe gukina uva amaraso mu kibuga.

15:37

32' Coup-franc ya APR FC

Ndayishimiye Richard akiniye nabi Hakim Kiwanuka hafi y'urubuga rw'amahina rwa Rayon Sports.

Ikosa rihanwe na Ruboneka Bosco, umupira ushyirwa muri koruneri na Youssou Diagne n'umutwe.

15:35

30' Abafana ba Rayon Sports baratuje

Muri Stade, igice cyicayemo abafana ba Rayon Sports kiratuje mu gihe aba APR FC bari mu bicu.

APR FC ni yo iri gusatira cyane.

15:33

27' Coup-franc ya Rayon Sports

Ronald Ssekiganda akiniye nabi Bigirimana Abedi, ikosa rihanwe na Ndayishimiye Richard umupira ujya ku ruhande rw'izamu.

15:30

26' Igitego cya APR FC

Ruboneka Bosco ahaye umupira Dauda, na we acomekera Mugisha Gilbert uteye ishoti, Serumogo Ali aritambika, umupira ujya muri koruneri.

Ruboneka awusubije mu kibuga, na bwo Rayon Sports yongera kuwurenza.

Uyu mukinnyi wa APR FC yongeye kuwutera, Ronald Ssekiganda afungura amazamu n'umutwe ku mupira ateye abanje kunama.

15:28

22' Uburyo bwa Rayon Sports

Aziz Bassane acomekewe umupira muremure ari wenyine, awugeraho, awuhinduye mu izamu ashaka Habimana Yves, ufatwa neza na Ishimwe Pierre.

Ni uburyo bwari bukurikiye ubw'umupira wahinduwe na Tambwe Gloire, Habimana Yves ananirwa gufunga umupira, umusifuzi wo ku ruhande agaragaza ko hari hanabayeho kurarira.

15:26

21' Byiringiro asubiye mu kibuga

Byiringiro Jean Gilbert wari wababaye, asubiye mu kibuga nyuma yo kuvurwa.

Omborenga Fitina akomeje kwishyushya.

15:25

19' Uburyo bwa APR FC

Ruboneka Bosco ahaye umupira Dauda Yussif, atera ishoti rikomeye rikoze kuri Ndayishimiye Richard mbere y'uko umupira ufatwa neza na Pavelh Ndzila.

15:23

17' Umukino urimo amakosa menshi

Biragoye ko hashira iminota ibiri abakinnyi bakina hatabayeho ukora ikosa.

Kuri ubu umukino wahagaze havurwa myugariro wa APR FC, Byiringiro Jean Gilbert, wakiniwe nabi imberey'izamu rye ndetse hahamagajwe ingobyi yo kumukura mu kibuga bamuteruye.

15:18

12' Kayitare ashwanye na Ruboneka

Umusifuzi Kayitare David asabye Niyomugabo Claude kubwira Ruboneka agatuza.

Ni nyuma y'uko uyu mukinnyi wa APR FC ateye ishoti rikomeye rigiye hejuru y'izamu, agaragaza ko wakoze ku mukinnyi wa Rayon Sports, ariko umusifuzi we yerekana ko ari ugutereka imbere y'izamu.

15:18

12' Uko APR FC na Rayon Sports zaserutse kuri uyu wa Gatandatu

15:15

10' Serumogo apfutse ku mutwe

Kapiteni wa Rayon Sports, Serumogo Ali, yasubiye mu kibuga apfutse ku mutwe.

Akigera mu kibuga ahinduye umupira, usanga Bigirimana Abedi uteye ishoti ari inyuma y'urubuga rw'amahina, umupira ujya ku ruhande gato.

15:13

8' Uburyo bwa APR FC

Dauda acomekeye umupira Hakim Kiwanuka winjiye mu rubuga rw'amahina, umupira urenzwa na Youssou Diagne ujya muri koruneri.

Ruboneka Bosco awusubije mu kibuga, Nshimiyimana Yunussu awukinnye ukubita kuri mugenzi we ujya hanze.

15:11

6' Umukino uhagaze gato

Umusifuzi Kayitare David ahamagaye abaganga ba Rayon Sports kugira ngo bite ku mukinnyi wayo, Serumogo Ali, uryamye mu kibuga hasi.

15:09

5' Uburyo bwa APR FC

Dauda Yussif ahawe umupira ari inyuma y'urubuga rw'amahina, atera ishoti rikomeye rinyuze ku ruhande rw'izamu.

Mu minota ya mbere, amakipe yombi ari gukora amakosa menshi.

15:08

3' Coup-franc ya Rayon Sports

Ssekiganda Ronald na Dauda Yussif bakiniye nabi Bigirimana Abedi, ikosa rihanwe na Ndayishimiye Richard, ukurwamo na Nshimiyimana Yunussu mbere y'uko Mugisha Gilbert akinirwa nabi mu rubuga rw'amahina rw'ikipe ye.

15:04

Umukino uratangiye

Umusifuzi Kayitare David atangije umukino, umupira utangiranwa na Rayon Sports ikinira mu kibuga cyayo, ndetse ishaka gusatira APR FC inyuze iburyo.

15:02

Umwana ufite ubumuga ukina ruhago yifashishijwe muri 'mascots'

Umwana w’umuhungu ufite ubumuga bw’ingingo, Nizeyimana Theoneste, wagaragaye mu mashusho yo ku mbuga nkoranyambaga akinana ishyaka umupira w’amaguru, wiga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo ni we winjiye afite umupira imbere y'abasifuzi.

14:54

Biragoye kubona abafana ibihumbi 20 muri Stade Amahoro yakira abantu ibihumbi 45


14:44

Amakipe yombi yamaze kwishyushya

Abakinnyi ba APR FC na Rayon Sports bamaze kwishyushya bitegura guhanganira amanota atatu y'ingenzi ku rutonde rwa Shampiyona y'u Rwanda.

14:42

Bakame afite icyizere ko Rayon Sports itsinda APR FC


Umutoza w'Abanyezamu ba Rayon Sports, Ndayishimiye Eric 'Bakame', afite icyizere ko ikipe ye ibona intsinzi imbere ya APR FC.

14:36

Indi mikino ya Shampiyona y'u Rwanda iteganyijwe

Kuri uyu Munsi wa Karindwi wa Shampiyona y'u Rwanda hateganyijwe indi mikino ku bibuga bitandukanye. Ni imikino ikinwa mu buryo bukurikira.

Etincelles vs Rutsiro (Stade Umuganda)
Gorilla vs Amagaju (Kigali Pelé Stadium)
Muhanga vs Marine (Stade ya Muhanga)
Mukura vs Gasogi United (Stade Kamena)
Musanze vs Gicumbi (Stade Ubworoherane)

14:29

Abakinnyi 11 APR FC ibanza mu kibuga

Abakinnyi Umutoza Mukuru wa APR FC, Abderrahim Talib, yahisemo kwitabaza akina na Rayon Sports.

Ishimwe Pierre
Niyigena Clement
Nshimiyimana Yunussu
Byiringiro Gilbert
Niyomugabo Claude (C)
Ssekiganda Ronald
Ruboneka Jean Bosco
Dauda Yussif
Hakim Kiwanuka
Mugisha Gilbert
William Togui

14:24

Abafana babaye iyanga muri Stade Amahoro

Abafana b'amakipe yombi ni bake muri Stade Amahoro yakira abagera ku bihumbi 45, mu gihe habura iminota mike ngo umukino utangire.

14:22

Abakinnyi 11 Rayon Sports ibanza mu kibuga

Abakinnyi Umutoza w'Agateganyo wa Rayon Sports, Haruna Ferouz, yahisemo kubanza mu kibuga akina na APR FC:

Pavelh Ndzila
Serumogo Ali (C)
Musore Prince
Youssou Diagne
Emmanuel Nshimiyimana
Richard Ndayishimiye
Seif Niyonzima
Abedi Bigirimana
Yves Habimana
Tambwe Gloire
Bassane Aziz

14:14

Perezida Twagirayezu Thaddée yabanje kuganiriza abakinnyi

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, wageranye ku kibuga n'abakinnyi yajyanye na bo mu rwambariro abanza kubaha impanuro mbere yo gukina na APR FC.

Ni igikorwa yafatanyije na Munyakazi Sadate ukomeza kumuba hafi mu buyobozi bwe ndetse n'Umuyobozi wa Siporo muri Gikundiro, Irambona Eric.

14:12

Uko Rayon Sports yitwaye mu mikino itanu ya Shampiyona iheruka

14:07

Abasifuzi bayobora umukino wa APR FC na Rayon Sports

Umukino wa APR FC na Rayon Sports wahawe abasifuzi barimo Kayitare David umaze imyaka ibiri mu Cyiciro cya Mbere.

Arawufatanya na na Mutuyimana Dieudonne nk'umwungiriza wa mbere, Ishimwe Didier nk'umwungiriza wa kabiri, na Nizeyimana Is’haq nk'umusifuzi wa kane.

13:59

APR FC yageze kuri Stade Amahoro

Abakinnyi ba APR FC igiye kwakira Rayon Sports bageze kuri Stade Amahoro batari kumwe na rutahizamu wabo Djibril Ouattara.

13:54

Abafana biteguye umukino wa APR FC na Rayon Sports

13:53

Abasifuzi b'umukino babanje gusura ikibuga


13:48

Titus Mulama wakiniye APR FC yayigenye ubutumwa

Umunyabigwi mu mupira w'amaguru ukomoka muri Kenya wanakiniye APR FC, Titus Brian Shimon Mulama, yahaye ubutumwa abakunzi b'Ikipe y'Ingabo z'Igihugu, abasaba kuyishyigikira bagatsinda umukino.

13:38

Rayon Sports yamaze kugera kuri Stade Amahoro

13:34

Umukino wo guhinyuza abatereranye Rayon Sports

Rayon Sports igiye gukina na APR FC ifite ubuyobozi bujegajega kubera kutumvikana. Ni ibibazo biri hagati ya Komite Nyobozi yayo iyobowe na Twagirayezu Thaddée n'Urwego Rukuru ruyoborwa na Muvunyi Paul.

Mbere y'umunsi umwe ngo uyu mukino ukinwe, abashyigikiye Twagirayezu barimo n'abashya yashyize mu myanya y'abeguye, basuye ikipe ndetse bemerera abakinnyi ko gutsinda uyu mukino buri mukinnyi ahabwa ibihumbi 400 Frw.

Abo bayobozi bashya ni Habinshuti Mike wagizwe Visi Perezida wa Kabiri wa Rayon Sports asimbuye Ngoga Roger Aimable, ndetse na Abraham Kelly wasimbuye Umubitsi Rukundo Patrick.

11:34

APR FC imaze imikino ibiri idatsinda


Ikipe y'Ingabo z'Igihugu igiye gukina na Rayon Sports iri ku gitutu kuko yanganyije imikino ibiri iheruka, ndetse abafana bayo bamaze iminsi bagaragaza kutishimira uburyo ikina.

Umutoza Taleb Abderrahim aheruka kubwira abanyamakuru ko amenyereye gukina imikino nk'iyi ya 'derby' ndetse yiteguye gukina umukino usatira.

11:27

Inkomoko yo guhangana hagati y’amakipe yombi


Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yari irangiye, aya makipe yombi ni yo yahise yigaragaza nk’akomeye kurusha andi mu Rwanda dore ko kwiyubaka kwa Kiyovu Sports byagoranye.

APR FC nk’ikipe ya Gisirikare, ntibiyumvishaga uburyo batsindwa n’ikipe y’abasivili mu gihe na Rayon Sports yari ikunzwe n’Abanyarwanda batagira ingano, itiyumvishaga uburyo yatsindwa n’ikipe yari ishinzwe vuba, ariko byarangiye zibaye abakeba b’ibihe byose, Kiyovu Sports yahanganaga na Rayon Sports mbere ya Jenoside iba ivuyemo gutyo.

11:23

Rayon Sports imaze imikino itanu idatsinda APR FC

Amakipe yombi agiye guhurira mu mukino w'Umunsi wa Karindwi wa Shampiyona.

Ubwo amakipe yombi aheruka guhura, APR FC yatsinze ibitego 2-0 bya Djibril Ouattara na Mugisha Gilbert.

APR FC yatsinze imikino ibiri muri itanu iheruka guhuza amakipe yombi, mu gihe indi itatu isigaye yarangiye ari ubusa ku busa.

11:18

Ikaze kuri Stade Amahoro i Remera

IGIHE ibahaye ikaze kuri Stade Amahoro i Remera, ahagiye kubera umukino w'amateka ndetse w'injyanamuntu hagati ya APR FC na Rayon Sports.

Aya ni yo makipe akomeye mu Rwanda bijyanye n'uburyo ahanganira ibikombe ndetse n'uburyo akunzwe cyane.

APR FC yakira uyu mukino w'Umunsi wa Karindwi wa Shampiyona utangira Saa Cyenda, ni iya munani n'amanota umunani mu gihe Rayon Sports ifite amanota 13 ku mwanya wa kabiri aho irushwa amanota ane na Police FC ya mbere.