APR FC vs Police FC

APR FC 0-0 Police FC

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Eric Tony Ukurikiyimfura

Amafoto

: Umwari Sandrine

20:27

APR FC igabanye amanota na Police FC

Umukino w'Umunsi wa 10 wa Shampiyona waberaga kuri Kigali Pele Stadium, urangiye APR FC inganyije na Police FC ubusa ku busa.

Ikipe ya Polisi y'u Rwanda igize amanota 23 ku mwanya wa mbere, mu mikino 11 naho APR FC igira amanota 19 ku mwanya wa kabiri ariko yo imaze gukina imikino 10.

Byiringiro Lague wa Police FC yatowe nk'umukinnyi w'umukino, ahabwa ibihumbi 100 Frw.

Indi mikino yabaye kuri uyu wa Gatandatu, AS Muhanga yatsinzwe n'Amagaju FC igitego 1-0, Rutsiro FC inganya na Gorilla FC igitego 1-1 mu gihe Marine FC yagize amanota 18 ku mwanya wa gatatu nyuma yo gutsindira Gasogi United i Kigali ibitego 2-0.

20:22

Umukino urarangiye

20:22

90+3' Coup-franc ya APR FC

Byiringiro Lague akiniye nabi Ssekiganda, umupira utewe na Ruboneka ukurwamo n'umunyezamu Rukundo Onesime nyuma yo kuwuhuriraho mu kirere na William Togui.

20:18

90' Iminota y'inyongera

Umusifuzi wa Kane, Irafasha Emmanuel, yerekanye iminota itatu y'inyongera.

20:16

86' Gusatira kwa APR FC

Ruboneka Bosco ahawe umupira na Togui, awuhindura mu rubuga rw'amahina ashaka uyu rutahizamu, akoze ku mupira ujya ku ruhande rw'izamu.

Abakinnyi babiri ba Police FC bagonganye na we, Issah Yakubu asigara hasi avurwa n'abaganga.

20:09

80' Umukino winjiye mu minota 10 ya nyuma

Amakipe yombi akomeje gusatirana ashaka igitego.

20:06

76' Police FC ihushije uburyo bwabazwe

Kwitonda Alain Bacca yinjiranye umupira mu rubuga rw'amahina yasize Niyomugabo, atera ishoti rifashe igiti cy'izamu, umupira ujya hanze.

20:04

75' Gusimbuza

Mamadou Sy asimbuwe na Mugisha Gilbert ku ruhande rwa APR FC.

20:03

73' Police FC yirangayeho

Ani Elijah acenze abakinnyi batatu ba APR FC, ageze ku murongo w'urubuga rw'amahina, atera ishoti rikomeye rigiye hejuru y'izamu.

19:59

70' Gusimbuza

William Togui na Hakim Kiwanuka basimbuye Djibril Ouattara na Denis Omedi ku ruhande rwa APR FC.

19:59

70' Umukino winjiye mu minota 20 ya nyuma

19:58

69' Lague yongeye kwihanangiriza

Byiringiro Lague ufite ikarita y'umuhondo, ahawe gasopo ya nyuma akiniye nabi Byiringiro Gilbert.

19:56

66' Uburyo bwa APR FC busubijwe inyuma

Ruboneka Bosco ahinduye umupira mu rubuga rw'amahina, umupira usanga Ouattara awudunda n'umutwe mbere y'uko Onesime awurenza izamu, ariko umusifuzi wo ku ruhande agaragaza ko hari habayeho kurarira.

19:54

65' Abafana ba APR FC bashyize igitutu ku mutoza wabo

Mu gihe hari abakinnyi batanu ba APR FC bari kwishyushya, abafana bari gusaba umutoza Taleb gukora impinduka.

19:52

63' Uburyo bwa APR FC

Niyomugabo Claude ahinduye umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, usanga Mamadou Sy uwukinishije umutwe, ufatwa neza na Rukundo Onesime uhise uwutera imbere.

19:49

60' Uburyo bwa Police FC

Niyomugabo Claude akuyeho umupira nabi areba inyuma, usanga Ani Elijah uteye ishoti rijya hejuru y'izamu rya APR FC.

19:46

56' Gusatira kwa APR FC

Ruboneka Bosco yinjiranye umupira mu rubuga rw'amahina, awuhinduye ukurwaho na Zidane mbere y'uko Pacifique atera ishoti ryitambitswe n'uyu Kapiteni wa Police FC.

19:44

55' Gusimbuza

Ingabire Christian asimbuwe na Ani Elijah ku ruhande rwa Police FC.

19:42

53' APR FC yibuze muri iki gice cya kabiri

19:40

51' Ubundi buryo bwa Police FC

Kirongozi Richard akinanye na Byiringiro Lague uteye ishoti rifata inshundura ntoya.

19:37

48' Uburyo bwa Police FC

Ishimwe Christian ahawe umupira mwiza na Ndayishimiye Dieudonne, atera ishoti rifashwe na Ishimwe Pierre.

19:35

46' Igice cya kabiri cyatangiye

Police FC yatangiranye umupira mu gice cya kabiri ndetse uri gukinirwa hagati mu kibuga.

19:19

Igice cya mbere kirarangiye

Iminota 45 ibanza y'umukino w'Umunsi wa 10 wa Shampiyona uri guhuza APR FC na Police FC, irangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

19:15

45' Iminota y'inyongera

Umusifuzi wa Kane, Irafasha Emmanuel, yerekanye iminota ibiri y'inyongera.

19:10

40' Impaka ni zose i Nyamirambo

19:07

35' Kuki igitego cyanzwe?

Amwe mu mashusho y'umukino agaragaza ko nta kurarira kwari kwabayeho nk'uko benshi babiketse, ahubwo umupira wavuye hasi ujya mu izamu.

Mbere y'uko Byiringiro atera, umusifuzi yamanitse ukuboko, ibigaragaza ko ari "coup-franc indirecte" mu gihe uyu mukinnyi wa Police FC we yateye mu izamu nta wundi ukozeho.

19:03

31' Police FC itsinze igitego kirangwa

Niyomugabo Claude afunze umupira aranyerera, abonye ko bagiye kuwumutwara awuryamaho, hasifurwa ikosa kuko yahagaritse umukino.

Byiringiro ahannye iri kosa, umupira ujya mu izamu ariko umusifuzi wo ku ruhande Ishimwe Didier agaragaza ko habayeho ikosa.

19:00

30' Abafana banyuzwe

Ni gake ubona abafana benshi bari kureba umukino mu Rwanda bajyana na wo ku mpande zombi.

Kuri uyu mugoroba, ibyo bintu by'imbonekarimwe i Nyarugenge ni byo biri kubera kuri Pele Stadium.

Umupira urava ku izamu rimwe ujya ku rindi.

18:56

25' Umukino urimo ishyaka ku mpande zombi

18:54

23' Uburyo bwa Police FC

Ishimwe Christian asubije umupira mu kibuga kuri koruneri, Ishimwe Pierre azamuka neza awukura ku mutwe wa Issah Yakubu akoresheje ibipfunsi.

18:53

22' Police FC yacuritse ikibuga

Police FC ni yo iri gusatira cyane muri iyi minota ndetse iri gukinira hafi y'izamu rya APR FC.

18:52

20' Ikarita y'umuhondo

Byiringiro Lague ahawe ikarita y'umuhondo nyuma yo kutishimira icyemezo cyari gifashwe n'umusifuzi uvuze ko yakiniye nabi Ssekiganda mu rubuga rw'amahina rwa APR FC.

18:51

18' Ikarita y'umuhondo

Umutoza Ben Moussa ahawe ikarita y'umuhondo kubera gushwana n'abasifuzi barimo Ishimwe Didier wo ku ruhande na Irafasha wa kane.

18:49

18' Ikarita y'umuhondo

Kirongozi Richard ahawe ikarita y'umuhondo kubera kubwira nabi umusifuzi.

18:48

16' Igitutu cyazamutse ku batoza

Umutoza wa Police FC, Ben Moussa, ntiyishimiye ko hadasifuwe ikosa kuri Kirongozi Richard ubwo yari ahagana muri koruneri ya APR FC.

Umutoza Wungirije wa APR FC, Haj Taeb, amubwiye ko yareka kwiriza kuko Niyigena Clement na we yari amaze gukinirwa nabi.

18:45

14' APR FC ikomeje gusatira

Police FC iri gukora amakosa menshi hafi y'urubuga rw'amahina mu gihe APR FC ikomeje gushaka uko iyabyaza umusaruro.

18:44

12' Coup-franc ya APR FC

Byiringiro Lague akiniye nabi Djibril Ouattara hafi y'urubuga rw'amahina.

Ikosa rihanwe na Ruboneka ushyize umupira muremure mu kirere, umunyezamu Rukundo arasohoka awufata neza mu gihe Zidane yaguye inyuma.

18:41

10' Uko APR FC na Police FC zaserutse kuri uyu mugoroba

18:38

6' Umukino witabiriwe bidasanzwe

Nubwo Kigali Pele Stadium ituzuye abafana, ni ubwa mbere APR FC yinjije abangana gutya kuri Kigali Pele Stadium, nyuma yo gukina na Pyramids FC mu ntangiriro z'Ukwakira.

18:35

3' Uburyo bwa Police FC

Kwitonda Alain Bacca na Byiringiro Lague batesheje umutwe ubwugarizi bwa APR FC, ariko birangira uyu mukinnyi wa mbere ateye umupira ukoze kuri myugariro ujya muri koruneri itagize icyo itanga.

18:33

3' Ubundi buryo bwa APR FC

Ruboneka Bosco ahinduye umupira, usanga Mamadou Sy hafi y'urubuga rw'amahina, atera ishoti rigiye hejuru.

18:32

2' Coup-franc ya APR FC

Ruboneka Bosco akiniwe nabi Ishimwe Christian ahagana muri koruneri.

Ikosa rihanwe n'uyu mukinnyi, Police FC yirwanaho mbere y'uko Ssekiganda ashyiraho umutwe umupira ukajya ku ruhande rw'izamu.

18:30

Umukino uratangiye

Umusifuzi Nshimiyimana Remy Victor atangije umukino.

APR FC itangiranye umupira, isubiza inyuma mu kibuga cyayo.

18:25

Uko Police FC yitwaye mu mikino itanu iheruka gukina

18:25

Abakinnyi ba Police FC babanje mu kibuga


Umutoza wa Police FC, Ben Moussa, yahisemo kubanzamo:

Rukundo Onesime
Ndayishimiye Dieudonne
Ishimwe Christian
Issah Yakubu
Gakwaya Leonard
Nsabimana Eric 'Zidane' (C)
Ingabire Christian
Kwitonda Alain 'Bacca'
Kirongozi Richard
Iradukunda Simeon
Byiringiro Lague.

18:22

APR FC na Police FC zitegerejwe mu kibuga nyuma yo kwishyushya

18:16

Umusaruro wa APR FC mu mikino itanu iheruka gukina

18:15

Abasifuzi b'umukino

Nshimiyimana Remy Victor yahawe gukiranura APR FC na Police FC kuri uyu wa Gatandatu, nk'umusifuzi wo hagati.

Abasifuzi bo ku ruhande ni Ishimwe Didier na Umutesi Alice.

Umusifuzi wa Kane ni Irafasha Emmanuel naho Komiseri w'Umukino ni Rurangirwa Aaron.

18:12

Abafana ba APR FC bafitiye icyizere ikipe yabo mbere y'umukino

18:08

Uko APR FC na Police FC zatsindanye mu mikino itanu iheruka kuzihuza muri Shampiyona

18:06

Abakinnyi ba APR FC babanje mu kibuga


Umutoza wa APR FC, Taleb Abderrahim, yakoze impinduka ebyiri; William Togui abanza hanze mu gihe Dauda Yussif atakinnye kubera amakarita atatu y'umuhondo.

Abakinnyi bitabajwe:

Ishimwe Pierre
Byiringiro Jean Gilbert
Niyomugabo Claude (C)
Nshimiyimana Yunussu
Niyigena Clement
Ssekiganda Ronald
Ngabonziza Pacifique
Ruboneka Bosco
Denis Omedi
Mamadou Sy
Djibril Ouattara.

18:02

Uko indi mikino yabaye kuri uyu wa Gatandatu yarangiye

Rutsiro FC 1-1 Gorilla FC
Gasogi United 0-2 Marine FC
AS Muhanga 0-1 Amagaju FC

17:56

Ubwo Police FC yageraga kuri Kigali Pele Stadium

17:55

APR FC igera kuri Kigali Pele Stadium

17:55

Ikaze kuri Kigali Pele Stadium

Umugoroba mwiza! IGIHE ibahaye ikaze kuri Kigali Pele Stadium, ahagiye kubera umukino w'Umunsi wa 10 wa Shampiyona hagati ya APR FC na Police FC.

Ni umukino ukomeye ugiye guhuza amakipe abiri y'inzego zishinzwe umutekano.

Ni umukino kandi ugiye guhuza APR FC ifite igikombe giheruka na Police FC ya mbere kugeza ubu aho itaratsindwa. Ikinyuranyo kiri hagati y'amakipe yombi ni amanota ane gusa.

Umukino uratangira saa Kumi n'Ebyiri n'Igice.