Al-Hilal SC vs Rayon Sports

Al-Hilal SC 4-0 Rayon Sports

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Eric Tony Ukurikiyimfura & Iradukunda Olivier

Amafoto

: Umwari Sandrine

19:48

Al Hilal SC ifashe umwanya wa mbere muri Rwanda Premier League

Al Hilal SC yatsinze Rayon Sports ibitego 4-0, ihita yicara ku mwanya wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda n'amanota 35 nyuma y'imikino 15 imaze gukina. Iyi kipe izigamye ibitego 29.

Iyi kipe yo muri Sudani irarusha inota rimwe Police FC ya kabiri n'amanota 34.

Rayon Sports ya cyenda n'amanota 24, isigaje umukino wa Al Merrikh ku wa Gatatu utaha na Mukura VS ku wa Gatandatu.

Ku Cyumweru, tariki ya 18 Mutarama 2026, APR FC ya gatatu izahura na Al-Merrikh ya kane.

19:28

90+5 Umukino urarangiye

19:28

90+5 Igitego cya kane cya Al Hilal SC

Girumugisha Jean Claude atsinze igitego cya kane cya Al Hilal SC, ku mupira aherejwe iburyo aho nta mukinnyi wari umuri hafi nk'uko Kabanga yari amaze umwanya ari kubikora.

19:24

90+2 Ikarita y'umuhondo ihawe Al Hilal SC

Ahmed M'Bareck ahawe ikarita y'umuhondo nyuma yo gushyira hasi Iradukunda Pascal wa Rayon Sports.

19:22

90' Iminota itanu y'inyongera

Iminota 90 y'umukino irarangiye, Umusifuzi wa Kane, Dushimimana Eric, yerekana ko hongereweho indi itanu.

19:21

89' Aba-Rayons bari kuririmba 'Kabange'

Nshimiyimana Emmanuel 'Kabange' winjiye asimbuye ari kuririmbwa n'abafana ba Rayon Sports nyuma yo kugora Girumugisha.

19:20

87' Rayon Sports yinyaye mu isunzu

Rayon Sports iri kugerageza gufata umupira no kuwurenza urubuga rwayo, ariko ntabwo iri kurenga ubwugarizi bwa Al Hilal SC

19:16

82' Umunyezamu wa Al Hilal SC arayitabaye

Umunyezamu wa Al Hilal SC, Farid Soufiane akuyemo umupira wabazwe wa Rayon Sports wari utewe na Joackim Bienvenue Vigninou.

Ni wo mupira wa mbere Rayon Sports iteye washoboraga kujya mu izamu.

19:15

82' Abafana ba Rayon Sports banenze umutoza

Abafana ba Rayon Sports bari kuririmba ko "nta mu mutoza" bafite.

19:13

81' Rayon Sports ikoze impinduka

Umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, akuye mu kibuga Sindi Paul na Tony Kitoga ashyiramo Ishimwe Fiston na Pascal Iradukunda.

19:08

75' Rayon Sports iri kubandwa habona

Al Hilal SC iri gukinisha Rayon Sports ikayikoreraho ubufindo bwose ishatse, ariko ishaka igitego cya kane.

19:05

71' Al Hilal ihushije igitego

Elhadj Kane ateye umupira uremereye mu izamu, Mugisha Yves arirambura awushyira muri koruneri.

19:01

68' Al Hilal SC ikoze impinduka

Yasir Boshara na Ahmed M'Bareck binjiye mu kibuga basimbura Steven Ebuela na Adama Coulibali.

18:57

64' Rayon Sports irasimbuje

Serumogo Ali asimbuwe na Nshimiyimana Emmanuel mu bwugarizi.

Uyu mukinnyi ugiyemo ni we uhise wambara igitambaro cya kapiteni.

18:53

59' Igitego cya gatatu cya Al Hilal SC

Abdelrazig Taha witwaye neza muri uyu mukino atsinze igitego cya gatatu nyuma y'uko ahawe umupira mwiza na Adama Coulibali.

18:51

58' Rayon Sports irarokotse

Faustin Likau akuyeho umupira awushyira muri koruneri, hari habuze gato ngo Diouf atere mu izamu.

18:47

55' Igitego cya kabiri cya Al Hilal SC

Jean Claude Girumugisha asize ba myugaruro ba Rayon Sports, atsinda igitego cya kabiri.

18:45

52' Koruneri ya Al Hilal SC

Serumogo Ali ashyize hanze umupira wari uzamukanywe na Girumugisha, hatangwa koruneri.

18:43

51' Sindi Paul agerageje igitego

Rutahizamu wa Rayon Sports ukina anyuze mu mpande, Sindi Paul, azamukanye umupira wenyine ateye mu izamu ishoti rijya hanze.

18:42

49' Uburyo bukomeye bwa Al Hilal SC

Adama Coulibali yinjiye mu rubuga rw'amahina rwa Rayon Sports, agiye gutera mu izamu umunyezamu Mugisha Yves aramuzibira.

18:40

47' Ikarita y'umuhondo ya Rayon Sports

Ndayishimiye Richard ashyize hasi Ousmane Diouf ahita yerekwa ikarita y'umuhondo.

18:39

46' Al Hilal SC ikoze impinduka

Salah Eldin asimbuwe na Ousmane Diouf, mu gihe Jean Claude Girumugisha asimbuye Ernest Luzolo.

18:37

46' Igice cya kabiri kiratangiye

18:32

Rayon Sports yibuze mu gice cya mbere

Rayon Sports yakinnye nabi igice cya mbere, aho abakinnyi bayo babuze umupira wari wihariwe na Al Hilal SC, na mike yabonaga ugasanga abakinnyi bayo ntibayitindana kugza ubwo kirangiye nta mupira n'umwe yohereje mu izamu.

Gikundiro yakinnye isa n'iyugarira yagaragaje ko igifite icyuho mu busatirizi aho bigaragara ko bigoye ko haza no kuyifasha mu gice cya kabiri.

Abasimbura ba Rayon Sports uyu munsi ni Kwizera Olivier, Nshimiyimana Emmanuel, Bayisenge Emery, Rushema Chris, Iradukunda Pascal, Ishimwe Fiston na Ntarindwa Aimable.

Ni mu gihe Al-Hilal SC yibikiye bamwe mu bakinnyi beza bayo barimo Emmanuel Flomo umaze gutsinda ibitego byinshi muri Rwanda Premier League ndetse na Girumugisha Jean Claude uri mu bakinnyi beza bo ku ruhande.

18:18

Igice cya mbere kirarangiye

18:15

45' Iminota itatu y'inyongera

Iminota 45 y'umukino irarangiye, umusifuzi wa kane Dushimimana Eric yerekana iminota itatu y'inyongera.

18:13

43' Rayon Sports yibuze

Al Hilal SC iri gufata umupira ikawugumana kuwubambura bikaba ingume.

18:09

38' Rayon Sports irarokotse

Yannick Bangala akuyeho umupira Abdelrazig Taha yari ahinduye mu izamu awushyira muri koruneri.

18:05

35' Amakosa menshi mu kibuga

Amakipe yombi ari gukora amakosa ya hato na hato mu kibuga hagati ari gutuma umupira uhagarara buri kanya.

18:02

30' Abafana bahaye icyubahiro Dr. Mugemana

Ku munota wa 30 w'umukino abafana bose barahagurutse bakoma mu mashyi mu rwego rwo kwibuka no guha agaciro imyaka 30 Dr. Mugemana Charles wari Umuganga w’Ikipe ya Rayon Sports yamaze atanga umusanzu muri ruhago y'u Rwanda.

18:00

29' Umukino watuje

Al Hilal SC iri gukina nta gihunga kuko yamaze kubona igitego, iri kwiharira umupira ihanahana mu kibuga hagati.

17:58

26' Rayon Sports ihushije uburyo

Rutahizamu wa Rayon Sports ateye nabi ishoti bigaragara ko yari afite igihunga, rijya hanze y'izamu, abafana baramukwena.

17:54

22' Coup-franc ya Al Hilal SC

Adama Coulibali ashyizwe hasi umusifuzi atanga ikosa ritewe na Aprocius Petros , umunyezamu Mugisha Yves akuramo umupira mbere y'uko Yannick Bangala awushyira muri koruneri.

17:51

17' Ikarita yahawe Al Hilal SC ikuweho

Rulisa akuyeho ikarita yahawe Sanday Demilare nyuma yo gushishoza neza.

17:48

16' Al Hilal SC ihawe ikarita y'umuhondo

Rutahizamu wa Al Hilal SC, Sanday Damilare yeretswe ikarita y'umuhondo nyuma yo kwigusha mu rubuga rw'amahina rwa Rayon Sports ashaka penaliti.

17:46

14' Rayon Sports irashaka kwishyura

Rayon Sports iri kwifashisha impande zayo ishaka kwishyura igitego ariko imipira yoherezwa mu rubuga rw'amahina yose ikaba miremire cyane kuri ba rutahizamu bayo.

17:42

10' Igitego cya Al Hilal SC

Rayon Sports itsinzwe igitego ku mupira uzamuwe mu rubuga rw'amahina, cyinjizwa na Elhadji Kane nyuma y'uburangare bw'ubwugarizi bwa Gikundiro.

Byasaga n'aho abakinnyi benshi ba Al-Hilal baraririye, ariko umusifuzi wo ku ruhande ntabyo yagaragaje.

17:38

6' Rayon Sports yari yikozeho

Serumogo Ali yari ananiwe gukuraho umupira imbere y'urubuga rwe, Abderlazig Taha arawumambura ashatse kugana ku izamu, Ramazani Tshimanga aratabara.

17:35

4' Umukino uri gukinirwa mu kibuga hagati

Al Hilal SC iri gukina ihanahana mu kibuga hagati, ari ko ishaka uko yinjira mu rubuga rw'amahina rwa Rayon Sports.

17:33

2' Coup-franc ya Rayon Sports

Petrous Aprocius wa Al Hilal SC ashyize hasi Tony Kitoga umusifuzi atanga ikosa.

17:30

1' Umukino uratangiye

17:29

Hafashwe umwanya wo kwibuka Dr. Mugemana Charles

Mbere y'uko umukino utangira hafashwe umwanya wo kwibuka Dr. Mugemana Charles wari Umuganga w’Ikipe ya Rayon Sports, uherutse kwitaba Imana nyuma y’igihe kirekire yari amaze arwaye.

17:26

Abafana ni mbarwa muri Stade Amahoro

Stade Amahoro irimo abafana bake ugereranyije n'abasanzwe bashyigikira aya makipe yombi. Upimishije ijisho nta bafana 1000 bari muri iyi nyubako ijyamo abagera ku 45.000.

17:22

Bigirimana Abedi, Asman na Fall Ngagne ntibakina uyu mukino

Nubwo byavugwaga ko ashobora guhabwa iminota kuri uyu wa Gatandatu, rutahizamu Fall Ngagne uheruka mu kibuga muri Gashyantare mbere y'uko avunika, ntiyashyizwe mu bakinnyi bifashishwa uyu munsi.

Ni ko bimeze kandi kuri Bigirimana Abedi aho uyu Murundi bivugwa ko atishimiye kudakinishwa ku mukino wa APR FC mu cyumweru gishize.

Abedi ntiyitabiriye imyitozo yose muri iki cyumweru avuga ko ababara ivi, mu gihe hari amakuru avuga ko ubuyobozi bwa Rayon Sports na bwo butishimiye imyitwarire ye ku buryo buri gutekereza uburyo habaho gatanya.

Undi mukinnyi utitabajwe ni Ndikumana Asman wahagaritswe n'Umutoza Bruno Ferry kuko atumvise amabwiriza ye ku mukino batsinzwemo nabi na APR FC.

Rayon Sports yongeye kubanza mu kibuga abanyamahanga umunani, bivuze ko intebe y'abasimbura ari Abanyarwanda gusa. Abo ni Kwizera Olivier, Nshimiyimana Emmanuel, Bayisenge Emery, Rushema Chris, Iradukunda Pascal, Ishimwe Fiston na Ntarindwa Aimable.

17:18

Rayon Sports ntiyitwaye neza mu mikino iheruka

Rayon Sports iri ku mwanya wa cyenda ku rutonde rwa Shampiyona y'u Rwanda n'amanota 24, mu mikino itanu iheruka yatsinzemo ibiri, itsindwi indi ibiri, mu gihe umwe yawunganyije.

17:13

Amakipe yasubiye mu rwambariro

Amakipe yombi yamaze kwishyushya asubira mu rwambariro kwitegura guhanganira amanota atatu yo kuri uyu mugoroba.

17:12

Rulisa Patience ni we we uyobora umukino wa Al Hilal SC na Rayon Sports

Umukino wa Al Hilal SC na Rayon Sports urasifurwa na Rulisa Patience ari mu kibuga hagati, Maniragaba Valery na Niyomwungeri Remy bamufashe mu mpande, mu gihe Dushimimana Remy ari Umusifuzi wa Kane.

17:02

Abakinnyi 11 ba Rayon Sports

Abakinnyi 11 Umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yahisemo kubanza mu kibuga.

Mugisha Yves
Serumogo Ali (C)
Tshimanga Ramazani
Bangala Yannick
Aziz Ben
Likau Kitoko
Tambwe Gloire
Joackim Bienvenue
Ndayishimiye Richard
Tony Kitoga
Sindi Paul

16:52

Abakinnyi Al Hilal SC yabanje mu kibuga

Abakinnyi 11 umutoza wa Al Hilal SC, Laurentiu Reghecampf, yabanje mu kibuga

Farid
Ebuela
Ereng
Karsjoum
Lozolo
Adil
Madicke
Petros
Abdelraouf (c)
Coulibali
Sunday

16:49

Al-Hilal yakuye Rayon Sports mu isoni?


Ku ngengabihe yari yatangajwe mbere na Rwanda Premier League, Rayon Sports ni yo yagombaga kwakira uyu mukino muri Stade Amahoro.

Nyuma yo gutsindwa na APR FC ibitego 4-1 mu mukino uheruka, Rayon Sports yabonye ko bigoye ko yabona abafana kandi iyi stade yihagazeho.

Gikundiro yahise isaba ko umukino ujyanwa kuri Kigali Pele Stadium.

Gusa ibyo byahuriranye n'uko Al-Hilal SC iri kwitegura CAF Champions League aho izahura na Mamelodi Sundwons mu matsinda, mu cyumweru gitaha.

Kubera ko isanzwe ikinira kuri iki kibuga cya Stade Amahoro kandi ikaba igomba kukimenyera, yasabye Rayon Sports ko iza bakahakinira, ahubwo Rayon Sports ikazakira umukino wo kwishyura mu kwezi gutaha.

16:47

Amakipe yombi yatangiye kwishyushya

Abakinnyi ba Al Hilal SC na Rayon Sports bageze mu kibuga aho batangiye kwishyushya bitegura gukina.

16:43

Al Hilal SC na Rayon Sports mu mukino w'amateka no kwihesha ikuzo

Al Hilal SC yo muri Sudani na Rayon Sports yo mu Rwanda, zigiye guhura ku nshuro ya mbere muri Shampiyona.

Gusa ni amakipe asanzwe aziranye kuva mu myaka 22 ishize.

Mu 1994, mbere gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Al-Hilal yasezerewe na Rayon Sports yayitsinze ibitego 4-2 (0-1, 4-1) mu ijonjora rya mbere rya African Cup Winner's Cup.

Uyu mukino w'ibitego 4-1 wabereye muri Stade Amahoro amakipe yombi agiye guhuriramo kuri uyu mugoroba.

Mu 2019, amakipe yombi yongeye gutomborana muri CAF Champions League, Rayon Sports isezererwa ku gitego cyo hanze nyuma yo kunganya imikino ibiri yo mu ijonjora rya mbere (1-1, 0-0).

Kuri iyi nshuro ni iyihe kipe itsinda?

16:42

Al Hilal SC yatsinze imikino yose iheruka gukina

Al HIlal SC iri ku mwanya wa kabiri n'amanota 32 muri Shampiyona y'u Rwanda, yatsinze imikino irindwi iheruka gukina. Muri iyo yose yinjije ibitego 24 mu gihe yo yijijwe bitatu gusa.

Iyi kipe ni yo itinyitse kurusha izindi zose muri Rwanda Premier League y'uyu mwaka.

Mu minsi ishize, yakinaga idafite abakinnyi 11 bari mu Gikombe cya Afurika ariko ubu bose bari i Kigali ndetse baheruka kuyifasha kunyagira Amagaju FC ibitego 8-0 no gutsinda AS Muhanga ibitego 3-0.

16:33

Rayon Sports ikeneye intsinzi yo kugarurira ibyishimo abafana

Rayon Sports igiye gukina uyu mukino isabwa gukoresha imbaraga nyinshi kugira ngo yitware neza imbere ya Al Hilal SC, dore ko ubwo iheruka muri iyi stade yahatsindiwe ibitego 4-1 na APR FC, ikayambura Igikombe cya FERWAFA Super Cup.

16:21

AMAFOTO: Uko abakinnyi ba Rayon Sports bageze kuri Stade Amahoro

16:17

Ikaze muri Stade Amahoro i Remera

IGIHE ibahaye ikaze muri Stade Amahoro, i Remera, ahagiye kubera umukino w'Umunsi wa 15 wa Shampiyona y'u Rwanda uhuza Al Hilal SC na Rayon Sports.

Umukino uratangira Saa Kumi n'Imwe n'Igice.