Al-Hilal SC vs APR FC

Al-Hilal SC 2-0 APR FC

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Eric Tony Ukurikiyimfura & Iradukunda Olivier

Amafoto

: Umwari Sandrine

19:41

Ikibazo cy'amatara kuri Pelé Stadium || Impinduka ku mikino ya Rayon na APR: Jules wa RPL abivuzeho

19:40

APR gutsindwa babyegetse ku mupira | Ahazaza ha Pierre | Al Hilal yatanze isomo: UMVA IBYO TWABONYE

18:29

Batugurire umunyezamu: Abafana ba APR nyuma yo gutsindwa na Al Hilal || Ntabwo dutsinzwe nka Rayon

17:00

Al-Hilal SC ifashe umwanya wa mbere muri Shampiyona y'u Rwanda

Ikipe ya Al-Hilal SC yongeye kuyobora Shampiyona y'u Rwanda nyuma yo gutsinda APR FC ibitego 2-0 ikagira amanota 38 mu gihe Ikipe y'Ingabo yagumanye amanota 37 ku mwanya wa kabiri.

Amakipe yombi yakinaga umukino w'Umunsi wa 15 wa Shampiyona utarabereye igihe.

Al-Hilal SC imaze gukina imikino 16 mu gihe APR FC imaze gukina imikino 19.

Iyi kipe yo muri Sudani izasubira mu kibuga ku wa Gatandatu yakirira FC St-Eloi Lupopo yo muri Congo Kinshasa muri Stade Amahoro, mu mukino uzatangira Saa Cyenda.

Al-Hilal izaba isabwa gutsinda cyangwa kunganya kugera ngo igere muri 1/4 cya CAF Champions League.

16:55

Umukino urarangiye

16:55

90+5' APR FC irarokotse

Girumugisha wari ucitse Nshimiyimana Yunussu, ahinduye umupira mwiza ashaka Flomo, ariko Bugingo Hakim ahita awukuraho.

16:53

90+3' Indi coup-franc ya APR FC

Niyigena Clement akiniwe nabi ari hafi y'urubuga rw'amahina rwa Al-Hilal SC.

Ikosa rihanwe na Dao, ubwugarizi bwa Al-Hilal butanga umupira Mamadou Sy.

16:51

90+1' Coup-franc ya APR FC

Mugisha Gilbert akiniwe nabi na Mamudu Kamaradini.

Ikosa rihanwe na Memel Dao, umupira ufatwa neza n'umunyezamu Mustafa.

16:49

90' Iminota y'inyongera

Umusifuzi wa Kane, Nshimiyimana Remy Victor, yerekanye iminota itandatu y'inyongera.

16:47

86' Umukino wahagaze

Umukino wabaye uhagaze mu gihe hari kuvurwa myugariro wa Al-Hilal uryamye ku izamu rye.

Al-Hilal yamaze gusimbuza abakinnyi batanu yemerewe.

16:45

84' Coup-franc nziza ya Al-Hilal


Bugingo Hakim akiniye nabi Omer Boshara wari ugiye kwinjira mu rubuga rw'amahina anyuze mu ruhande.

Ikosa rihanwe na Petros, umupira ujya hejuru kure y'izamu.

16:41

80' Gusimbuza

Mugisha Gilbert asimbuye William Togui ku ruhande rwa APR FC.

16:39

78' Igitego cya kabiri cya Al-Hilal SC

Emmanuel Flomo atsinze igitego cya kabiri cya Al-Hilal SC ku mupira ukuwemo na Adolphe nyuma yo guhindurwa na Girumugisha, awusubizamo.

Ni uburyo bubonetse nyuma y'umupira wasaga n'uvuye mu izamu ukubise umutambiko.

16:35

74' Umukino uhagaze gato

Emmanuel Flomo yari yongeye kuryama, abaganga binjira mu kibuga.

Kapiteni we ahise amuhagurutsa, umusifuzi amusaba gusohokana n'abaganga.

16:33

72' Gusimbuza

Mamadou Sy na Memel Dao basimbuye Djibril Ouattara na Ruboneka Bosco ku ruhande rwa APR FC.

16:32

72' APR FC ihushije uburyo bwiza

Ruboneka ateye umupira mu izamu, umunyezamu Mustafa arawuruka, usanga Ouattara uwusubijemo ntibyakunda.

16:30

70' Umukino winjiye mu minota 20 ya nyuma

Umukino wagabanyije umuvuduko.

APR FC iritegura gushyiramo Mamadou Sy na Memel Dao Raouf.

16:28

67' Abafana ba APR FC basabye gusimbuza

Abafana benshi ba APR FC bari gukora ibimenyetso byereka umutoza wabo ko agomba gukora impinduka.

16:27

66' APR FC irarokotse


Girumugisha Jean Claude ahinduye umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, ariko Emmanuel Flomo ananirwa kuwukoraho ujya ku ruhande gato.

16:26

64' Gusimbuza

Abdelrazig Yagoub Omer Taha asimbuye Madicke Kane, Kindness Cole na Sunday Damilare basimburwa na Steven Ebuela na Mohamed Ahmed Saeed Ahmed ku ruhande rwa Al-Hilal.

16:20

60' Amafoto: Abanyacyubahiro bitabiriye umukino

Abakunzi b'umupira w'amaguru barimo abayobozi bakuru mu Ngabo z'u Rwanda bitabiriye umukino wa Al Hilal SC na APR FC.

16:20

60' APR FC yirangayeho

Ruboneka Bosco ateye umupira wari muri koruneri, usanga Djibril Ouattara wari wenyine, awukina n'umutwe, ariko awutera ku ruhande rw'izamu.

16:17

56' Umukino uhagaze gato

Kindness Cole ahannye ikosa, umupira ufatwa na Hakizimana Adolphe uzamutse mu kirere, agongana n'umukinnyi wa Al-Hilal.

Abakinnyi bombi bari kwitabwaho n'abaganga.

16:16

55' Coup-franc nziza ya Al-Hilal SC

Byiringiro Jean Gilbert akiniye nabi Girumugisha Jean Claude inyuma y'urubuga rw'amahina.

16:15

54' Ubundi buryo bwa APR FC


Kamaradini atakaje umupira ufashwe na Ruboneka, agera ku murongo w'urubuga rw'amahina atera ishoti rigiye hejuru.

16:14

53' APR FC ihushije uburyo bwiza

Ruboneka ahaye umupira mwiza Dauda, atera ishoti ryo hasi ari inyuma y'urubuga rw'amahina nko muri metero 25, umupira ujya ku ruhande.

16:11

50' APR FC yari iremye uburyo bwiza

Ouattara acomekeye umupira mwiza Hakim Kiwanuka ku ruhande, awirukanseho awuhindura wamaze kugera hanze.

16:09

48' Amakipe yombi arahererekanya cyane

Umukino urimo ubuhanga n'imbaraga ku mpande zombi, aho uri gukinirwa mu kibuga cya Al-Hilal muri iyi minota ya mbere y'igice cya kabiri.

16:05

46' Igice cya kabiri cyatangiye

Al-Hilal itangiranye umupira mu gice cya kabiri, ubwugarizi bwa APR FC bukina neza.

16:03

Gusimbuza

Ernest Nsita Luzolo na Girumugisha Jean Claude basimbuye Walieldin Daiyeen na Adama Coulibali ku ruhande rwa Al-Hilal SC.

16:02

Al-Hilal SC igiye gusimbuza

Igice cya kabiri kiratangirana impinduka ku ruhande rwa Al-Hilal, hajyemo Ernest Nsita Luzolo na Girumugisha Jean Claude.

15:47

Igice cya mbere kirarangiye

Iminota 45 ibanza y'umukino wa Shampiyona uri kubera i Nyamirambo, irangiye Al-Hilal SC yatsinze APR FC igitego 1-0 cyinjijwe na Madicke Kane.

15:46

45+1' Ikarita y'umuhondo

Umunya-Mali Adama Coulibali ahawe ikarita y'umuhondo kubera kutumva umusifuzi Cucuri bashwanye kuva kare.

15:45

45' Iminota y'inyongera

Umusifuzi wa Kane, Nshimiyimana Remy Victor, yerekanye iminota ibiri y'inyongera.

15:45

43' Coup-franc ya APR FC

Ruboneka Bosco ahannye ikosa, Al-Hilal ikuraho umupira neza.

Al-Hilal yatangiye gushyushya abarimo Luzolo na Girumugisha Jean Claude.

15:43

43' APR FC yirangayeho

Hakim Kiwanuka ahawe umupira mwiza ari inyuma y'urubuga rw'amahina, yinjirana na Outtara, Ruboneka na Togui, ariko awutanga nabi ujya hanze.

15:41

40' Niyigena akomewe amashyi


Niyigena Clement akomewe amashyi ku mupira akuye ku mutwe na Cole, nyuma yo guhindurwa na Omer Boshara.

15:40

39' APR FC iracyagorwa no kubona izamu

Dauda Yussif yongeye guhabwa umupira ari inyuma y'urubuga rw'amahina, atera ishoti rigiye hejuru cyane.

APR FC iri kugerageza uburyo butandukanye ariko kuboneza mu izamu biracyayigoye.

15:37

36' Uburyo bwiza bwa APR FC busubijwe inyuma

Ouattara ahinduye umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, William Togui awukinishije umutwe ujya hejuru.

Gusa umusifuzi wo ku ruhande, Umutesi Alice yari yagaragaje ko habayeho kurarira.

15:35

34' Umukino uhagaze gato

Kapiteni w'umunsi wa Al-Hilal, Walieldin Daiyeen, yicaye hasi aho ari kwitabwaho n'abaganga.

Abafana ba APR FC baratuje, aba Al-Hilal bake bari mu bicu.

15:32

30' Abafana bitabiriye

Nubwo Pele Stadium ituzuye, ariko abafana bitabiriye uyu mukino ni benshi.

Uyu mukino wari kubera muri Stade Amahoro ku mugoroba Saa 18:00, ariko uzanwa i Nyamirambo Saa 15:00 kubera ikibazo cy'amatara kuri Kigali Pele Stadium.

15:31

29' Coup-franc ya APR FC

Djibril Ouattara akiniwe nabi na Petrus Aprecius ahagana muri koruneri.

Ikosa rihanwe na Bugingo Hakim, umupira ukubitwa ibipfunsi n'umunyezamu uvamo.

15:29

28' APR FC ihushije uburyo bwabazwe

Ruboneka Bosco ashyize umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, Ouattara awukinnye unyura ku ruhande rw'izamu.

15:28

27' Ikarita y'umuhondo

Sunday Damilare ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Byiringiro Jean Gilbert.

15:27

26' Adolphe arokoye APR FC

Emmanuel Flomo acenze Niyigena Clement amusiga hasi, atera ishoti rikuwemo na Hakizimana Adolphe mbere y'uko Clement ahaguruka agakuraho umupira.

15:26

24' APR FC irarokotse

Niyigena Clement atakaje umupira, ikipe ye itabarwa na mugenzi we Nshimiyimana Yunussu witambitse barawumushota.

15:25

23' Igitego cya Al-Hilal SC

Madicke Kane afunguye amazamu ku mupira uteretse ateye mu izamu, umunyezamu Hakizimana Adolphe ashaka kuwuhagarika ariko ntiyawugeraho.

15:23

22' Coup-franc nziza ya Al-Hilal

Sunday Damilare akiniwe nabi na Byiringiro Jean Gilbert inyuma y'urubuga rw'amahina.

15:21

20' Ikarita y'umuhondo

William Togui Mel ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Umunya-Mali Adama Coulibali.

15:20

19' Ikarita y'umuhondo

Kapiteni wa Al-Hilal SC, Daiyeen, ahawe ikairta y'umuhondo kubera amagambo abwiye umusifuzi Cucuri.

15:18

18' APR FC ikomeje gusatira

Bugingo Hakim ahinduye umupira mwiza, Mamudu awukuraho gato urenga Ouattara, usanze Hakim Kiwanuka agorwa no gucenga, awushyira hanze.

15:17

15' Al-Hilal SC ntiyishimiye uko abasifuzi bari babigenje

Ouattara acomekewe umupira yaraririye, umusifuzi wo ku ruhande Umutesi Alice aramusifura, ariko Ouattara ntiyawukurikira arawureka.

Kiwanuka ahise azamuka yihuta akina umupira, awuha Ruboneka uteye ishoti rijya hejuru.

15:13

13' APR FC ihushije uburyo bwabazwe

Ruboneka Bosco ahaye umupira mwiza Djibril Ouattara arawufunga ajya mu rubuga rw'amahina, atera ishoti rikomeye rigiye ku ruhande rw'izamu rya Al-Hilal SC.

15:11

10' Uburyo bwa Al-Hilal

Mamadou Kamaridini ateye ishoti ryiza ari mu ruhande, ahagana muri koruneri, umunyezamu Hakizimana Adolphe ahita awukubita ibipfunsi ujya muri koruneri ya kabiri ku ruhande rwa Al-Hilal SC.

15:10

9' Uburyo bwiza bwa APR FC

Hakim Kiwanuka acomekewe umupira muremure na Yunussu, awuhindura mu rubuga rw'amahina usanga Mel Togui uwushyizeho umutwe, ku bw'amahirwe ye make ujya hejuru gato y'izamu.

15:08

8' Uko APR FC na Al-Hilal SC zaserutse kuri uyu wa Kabiri

15:08

7' Uburyo bwa APR FC

Dauda Yussif ateye ishoti rikomeye ryo hasi ari inyuma y'urubuga rw'amahina, umunyezamu Mustafa Mohamed araryama afata umupira neza.

15:05

Imikino iheruka ya Al Hilal SC

Imikino iheruka ya Al Hilal SC yiganjemo iya CAF Champions League, ndetse ikaba iri gukina uyu mukino nyuma yo gutsindirwa muri Algeria na MC Alger ibitego 2-1.

15:04

3' Uburyo bwa Al-Hilal

Umunya-Liberia Kindness Cole ateye umupira udakomeye cyane ari inyuma y'urubuga rw'amahina, umunyezamu Hakizimana Adolphe arawuryamira.

15:03

Imikino iheruka ya APR FC

APR FC iheruka gutakaza amanota ku mukino wa Bugesera FC, nubwo yari imaze igihe yitwara neza.

15:02

2' Umukino watangiranye umuvuduko

Aya makipe abiri ayoboye Shampiyona y'u Rwanda ashobora kuza gukina umukino mwiza.

Al Hilal ifite impande zinyuraka aho Adama Coulibali atwaye umupira, Dauda aramukurura aba ari we usigara hasi, uyu Munya-Mali ageze mu rubuga rw'amahina, umupira awukurwaho na Bugingo Hakim ujya hanze,

15:00

Umukino uratangiye

Umusifuzi Ishimwe Claude atangije umukino.

Umupira utangiranywe na APR FC, William Togui asubiza inyuma kuri bagenzi be.

14:56

Abasifuzi b'umukino

Ishimwe Jean Claude 'Cucuri' ni we wahawe kuyobora umukino Al-Hilal SC na APR FC.

Abasifuzi bo ku ruhande ni Mutuyimana Dieudonne na Umutesi Alice.

Umusifuzi wa Kane ni Nshimiyimana Remy Victor naho Komiseri w'Umukino ni Kamanzi Emery.

14:47

Amakipe yombi asoje kwishyushya

Abakinnyi ba Al Hilal na APR FC basubiye mu rwambariro nyuma yo kwishyushya.

14:35

Umukino wa mbere ku munyezamu Adolphe


Umunyezamu wa APR FC, Hakizimana Adolphe, agiye gukina umukino wa mbere w'amarushanwa muri iyi kipe yagezemo muri Nyakanga, avuye muri AS Kigali.

Adolphe yari yageze mu Ikipe y'Abanyamujyi avuye muri Rayon Sports.

Ni mu gihe aheruka guhamagarwa mu Ikipe y'Igihugu nkuru mu myaka itatu ishize.

14:26

Al-Hilal yaruhukije bamwe mu bakinnyi bakomeye

Ikipe ya Al-Hilal SC yari muri Algeria mu mpera z'icyumweru gishize ndetse ikaba izakina FC St-Eloi Lupopo ku wa Gatandatu hasozwa amatsinda ya CAF Champions League, yaruhukije bamwe mu bakinnyi bayo bakomeye igenderaho, babanza ku ntebe y'abasimbura.

Abasimbura uyu munsi ni:

Mohamed Madani
Steven Ebuela
Mustafa Abdualgadr
Mohamed Ahmed Saeed Ahmed
Ernest Nsita Luzolo
Salah Eldin Adil Ahmed Alhassan
Abdelrazig Yagoub Omer Taha
Jean Claude Girumugisha
Mohamed Abdelrhman Yousif Yagub.

14:23

Abakinnyi ba Al-Hilal SC babanje mu kibuga

Umutoza Lauren?iu Reghecampf yahisemo kubanzamo:

Mohamed Mustafa Mohamed
Walieldin Daiyeen (C)
Kamaradini Mamudu
Petrus Aprocius
Ousmane Diouf
Yasir Awad Boshara Omer
Elhadi Madicke Kane
Adama Coulibali
Kindness Cole
Emmanuel Flom
Sunday Damilare.

14:20

Niyigena Clement agiye guhura na Al-Hilal SC yamwifuzaga


Myugariro wa APR FC, Niyigena Clement agiye guhura na Al-Hilal SC yifuzaga kumugura muri Mutarama, ariko ikipe ye ikamwimana.

Uyu mukinnyi kugeza ubu ikipe ye itaragaragaza niba azongera amasezerano, ari mu mezi ane ya nyuma y'imyaka ibiri yasinye mu mpeshyi ya 2024.

14:16

APR FC ntifite umunyezamu Pierre na kapiteni Niyomugabo


Kapiteni wa APR FC, Niyomugabo Claude, ntiyashyizwe mu bakina uyu mukino kubera uburwayi mu gihe Umunyezamu Ishimwe Pierre yakuwe mu bakina uyu munsi nyuma yo gutsindwa ibitego bibiri yashinjwe kugiramo uruhare ku mukino uheruka banganyijemo na Bugesera FC 2-2 ku wa Gatandatu.

Abari ku ntebe y'abasimbura ni Ruhamyankiko Yvan, Omborenga Fitina, Ngabonziza Pacifique, Aliou Souane, Nduwayo Alex, Mugisha Gilbert, Memel Raouf Dao, Iraguha Hadji na Mamadou Sy.

14:13

Abakinnyi ba APR FC babanje mu kibuga


Umutoza wa APR FC, Abderrahim Taleb, yahisemo kubanzamo:

Hakizimana Adolphe
Niyigena Clement
Nshimiyimana Yunussu
Bugingo Hakim
Byiringiro Jean Gilbert
Ssekiganda Ronald
Ruboneka Bosco (C)
Dauda Yussif
Hakim Kiwanuka
Djibril Ouattara
Togui Mel William

14:08

APR FC na yo yamaze kugera i Nyamirambo

14:07

Al-Hilal SC igera ku kibuga

14:02

Ikaze kuri Kigali Pele Stadium

IGIHE ibahaye ikaze kuri Stade ya Kigali yitiriwe Umunya-Bresil Pele, ahagiye kubera umukino w'ikirarane cy'Umunsi wa 15 wa Shampiyona y'u Rwanda.

Ni umukino utarakiniwe igihe kubera ko Al Hilal yinjiye muri Shampiyona itinze, imwe mu mikino yayo yigizwa inyuma kuko iri gukina amatsinda ya CAF Champions League.

Uyu mukino ni ugiye guhuza Al-Hilal ya kabiri n'amanota 35 na APR FC ya mbere n'amanota 37, uratangira Saa Cyenda.