APR FC vs Kiyovu Sports

APR FC 1-1 Kiyovu Sports

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Eric Tony Ukurikiyimfura & Iradukunda Olivier

Amafoto

: Umwari Sandrine

21:54

Abafana ba APR FC bati "Tuzajya dutsinda Rayon Sports gusa?"

21:16

APR FC imaze imikino itatu yikurikiranya idatsinda

APR FC yujuje imikino itatu ikurikiranye idatsinda, nyuma yo kunganya na Bugesera FC, gutsindwa na Al-Hilal SC no kunganya na Kiyovu Sports muri Shampiyona.

Umukino iyi kipe iheruka gutsinda ni uwayihuje na Gasogi United yatsinze ku bitego 3-0.

Ku mukino utaha, APR FC izakirwa na Police FC ku wa Gatanu, tariki ya 20 Gashyantare.

21:04

APR FC inaniwe gusubira ku mwanya wa mbere

APR FC inganyije na Kiyovu Sports igitego 1-1 mu mukino w'Umunsi wa 20 wa Shampiyona waberaga muri Stade Amahoro, inanirwa gusubira ku mwanya wa mbere.

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu yagize amanota 38 inganya na Al-Hilal SC ya mbere, ariko zitandukanywa n'ibitego zizigamye.

APR izigamye ibitego 12 mu mikino 20 naho Al Hilal izigamye ibitego 31 nyuma y'imikino 16 imaze gukina.

Kiyovu Sports yafashe umwanya wa gatanu n'amanota 32 inganya na Rayon Sports ya gatandatu.

Indi mikino yabaye kuri uyu wa Gatandatu, Bugesera FC yatsinze Gorilla FC ibitego 3-1 naho Marine FC inganya na Gicumbi FC igitego 1-1.

21:00

90+9' Umukino urarangiye

20:59

90+7' Coup-franc ya APR FC

Bukuru akiniye nabi Mamadou Sy inyuma y'urubuga rw'amahina.

Birashoboka ko ari bwo buryo bwa nyuma.

20:57

90+6' APR FC yirangayeho

Mugisha Gilbert ahinduye umupira mu rubuga rw'amahina, Nshimiyimana Yunussu ananirwa kuwutera mu izamu, ujya hanze.

20:56

90+4' Uburyo bwa APR FC

Bugingo Hakim ahinduye umupira muremure mu rubuga rw'amahina, Ruboneka Bosco awukinnye n'umutwe ujya hanze.

20:52

90+1' Igitego cya APR FC

Denis Omedi wari umaze gukorerwa ikosa ridasifuwe, arahagurutse afata umupira, atera ishoti rikomeye umunyezamu James Desire ananiwe guhagarika.

20:51

90' Iminota y'inyongera

Umusifuzi wa Kane, Murindangabo Moise, yerekanye iminota itandatu y'inyongera.

20:51

89' Uburyo bwa Kiyovu Sports

Mugisha Joseph ateye umupira mwiza ashaka gutsinda, ufatwa na Hakizimana Adolphe.

20:50

88' Ikarita y'umuhondo

Ruboneka Bosco ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Bukuru Christophe mu kibuga hagati.

20:48

87' Gusatira kwa Kiyovu Sports

Mugisha Joseph ahaye umupira Uwineza Rene, awuhinduye mu izamu ufatwa neza na Hakizimana Adolphe.

20:47

86' Gusatira kwa APR FC

Bugingo Hakim ahinduye umupira mu rubuga rw'amahina, ufatwa na James Desire uhise wongera aryama hasi, ahamagarizwa abaganga.

20:45

85' Gusimbuza

Dauda Yussif asimbuwe na Mamadou Sy ku ruhande rwa APR FC.

20:45

83' Umukino uhagaze gato

Umukino ubaye uhagaze mu gihe hari kuvurwa Umunyezamu James Desire wa Kiyovu Sports ugonganye na Djibril Ouattara wa APR FC.

20:42

80' Igitego cya Kiyovu Sports

Harerimana Abdelaziz afinguye amazamu ku mupira aherejwe mu rubuga rw'amahina, aroba umunyezamu Hakizimana Adolphe wari wasohotse.

20:39

78' Kiyovu Sports ihagaze neza

Kiyovu Sports iri kugarira neza, aho muri iyi minota idatuma APR FC igera ku izamu ryayo.

20:33

73' Gusimbuza

Harerimana Abdelaziz asimbuye Mutunzi Darcy ku ruhande rwa Kiyovu Sports.

20:31

70' Ikarita y'umuhondo

Umunyezamu wa APR FC, Hakizimana Adolphe, ahawe ikarita y'umuhondo nyuma yo gusohoka agakinira nabi Uwineza Rene inyuma y'urubuga rw'amahina, ahagana muri koruneri.

20:28

65' Kiyovu Sports ihushije uburyo bwiza

Uwineza ateye umupira wa koruneri, usanga Mbonyingabo Regis uwukinnye n'umutwe, ufatwa na Hakizimana Adolphe.

20:27

65' Gusimbuza

Mugisha Gilbert na Denis Omedi basimbuye Mel Togui na Hakim Kiwanuka ku ruhande rwa APR FC.

20:25

64' Gusimbuza

Mugisha Rama Joseph asimbuye Cherif Bayo ku ruhande rwa Kiyovu Sports.

20:23

61' Gusimbuza

Ruboneka Bosco asimbuye Memel Dao ku ruhande rwa APR FC.

20:22

61' Kiyovu Sports ihushije uburyo bwabazwe

Mutunzi Darcy ananiwe kuroba Hakizimana Adolphe ku mupira aherejwe mu rubuga rw'amahina, uyu munyezamu awushyira muri koruneri.

20:21

59' Kiyovu Sports yirangayeho

Mutunzi Darcy ananiwe kubyaza umusaruro umupira wari utakajwe n'ubwugarizi bwa APR FC, awutera hejuru y'izamu.

20:17

55' APR FC ihushije uburyo bwabazwe

Djibril Ouattara ahawe umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, awuteye mu izamu ukorwaho na James Desire arawurenza.

20:15

53' Ikarita y'umuhondo

Byiringiro Jean Gilbert ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Byiringiro David mu kibuga hagati.

20:12

50' Ikarita y'umuhondo

Bukuru Christophe ahawe ikarita y'umuhondo kubera amagambo abwiye umusifuzi nyuma y'ikosa ryari rikozwe na Mbonyingabo Regis mu kibuga hagati.

20:10

49' Gusatira kwa APR FC

William Togui acomekeye umupira Kiwanuka, undi awuhinduye ukurwaho na Ntwali Assouman, ujya muri koruneri itagize icyo itanga.

20:06

46' Igice cya kabiri cyatangiye

APR FC yatangiranye umupira mu gice cya kabiri, Djibril Ouattara awusubiza inyuma kuri bagenzi be bakiniye mu kibuga cyabo.

20:05

Gusimbuza

Uwiyaremye Fidali asimbuye Musa Keita ku ruhande rwa Kiyovu Sports.

19:49

Igice cya mbere kirarangiye

Iminota 45 ibanza y'umukino w'Umunsi wa 20 wa Shampiyona uri guhuza APR FC na Kiyovu Sports muri Stade Amahoro, irangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

19:48

45+1' Uburyo bwa Kiyovu Sports

Uwineza Rene ahannye ikosa ku mupira uteretse ahagana mu ruhande, ufatwa neza na Hakizimana Adolphe uhise uwutera imbere.

19:46

45' Coup-franc nziza ya APR FC

Djibril Outtara ahannye ikosa yakoreweho, umupira ukurwamo na James Desire, ndetse Bugingo ashatse kongera kuwukina awutangwa na Uwineza Rene.

19:45

45' Iminota ibiri y'inyongera

Umusifuzi wa Kane, Murindangabo Moise, yerekanye iminota ibiri mbere y'uko igice cya mbere kirangira.

19:44

43' Ikarita y'umuhondo

Uwineza Rene ahawe ikarita y'umuhondo ku ikosa akoreye kuri Djibril Ouattara inyuma y'urubuga rw'amahina.

Umusifuzi wo ku ruhande, Akimana Juliette yari yazamuye igitambaro ariko icyemezo cya Twagirumukiza Abdul uri hagati ni cyo kigumyeho.

19:41

40' Uburyo bwa Kiyovu Sports

Uwimana Yakubu ahaye umupira Uwineza Rene ukina iburyo asatira, ateye ishoti rinyura imbere y'izamu rya APR FC ririnzwe na Hakimana Adolphe.

19:38

37' Kiyovu Sports ikomeje kugarizwa

Byiringiro Jean Gilbert ahaye umupira Kiwanuka uteye ishoti adahagaritse, ukora kuri myugariro Rwabuhihi wari uryamye hasi, ujya hanze muri koruneri.

19:35

34' Kiyovu Sports irarokotse

Hakim Kiwanuka ahinduye umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, ufatwa n'umunyezamu James Desire mu gihe William Togui yari yakurikiye.

19:33

32' Amafoto: Umukinnyi wa Kiyovu Sports amena amazi mu kibuga

Rismo Albriche Ekome Obiang wa Kiyovu Sports amena amazi mu kibuga mbere y'uko umukino utangira.

19:32

31' Kiwanuka yari akinnye neza

Hakim Kiwanuka acenze abakinnyi babiri ba Kiyovu Sporys barimo Byiringiro David, ahinduye umupira mu rubuga rw'amahina ufatwa n'umunyezamu James Desire.

Gusa umusifuzi wo ku ruhande Akimana Juliette yari yamaze kugaragaza ko umupira wavuye hanze.

19:29

28' Uburyo bwiza APR FC

Bugingo Hakim ahannye ikosa ku mupira uteretse hagati mu kibuga cya Kiyovu Sports, ukurwamo n'umunyezamu James Desire, usubijwemo na Memel Dao wongera gukorwaho n'uyu munyezamu.

19:27

26' Abafana ba Kiyovu Sports bati "Wa gikona we"

Nubwo aei bake, abafana ba Kiyovu Sports ni bo bari kumvikana muri Stade Amahoro, aho bashyigikiye ikipe yabo.

Bari kuririmba bati "Wa gikona we, waba usize nkuru iki imusozi?"

19:25

24' Uburyo bwa APR FC

Kapiteni w'umunsi wa APR FC, Dauda Yussif 'Seidu' ateye ishoti rikomeye ari inyuma y'urubuga rw'amahina, umupira ujya hejuru y'izamu rya Kiyovu Sports.

19:22

21' Coup-franc ya Kiyovu Sports

Kiyovu Sports ihawe guhana ikosa ryakorewe Byiringiro David.

19:19

18' APR FC ihushije uburyo

Hakim Kiwanuka ahinduye umupira mu rubuga rw'amahina, ariko Aime Placide awukuraho n'umutwe William Togui atarawufata.

19:17

16' Kiyovu Sports ihushije igitego

Cherif Bayo atunguye umunyezamu wa APR FC, Hakizimana Adolphe wari wasohotse nabi, ariko ishoti rica hafi y'izamu gato.

19:16

14' Kiyovu Sports yirangayeho

Cherif Bayo ahereje umupira Byiringiro David ariko ananirwa kuwohereza mu rubuga rw'amahina ahubwo arawurenza.

19:10

9' Kiyovu Sports ihushije igitego

Cherif Bayo wa Kiyovu Sports azamukanye umupira, atera umupira mu izamu ariko ishoti rijya hanze yaryo.

19:08

8' Umukino uri gukinirwa mu kibuga hagati

Amakipe yombi ari gukinira mu kibuga hagati ahanahana umupira, buri imwe icungira hafi mu kibuga cyayo.

19:06

5' Coup-franc ya Kiyovu Sports

Bugingo Hakim akiniye nabi Ntwari Asouman, umusifuzi atanga coup-franc.

19:04

3' APR FC yari ikoze amakosa

Uwineza Rene wa Kiyovu Sports ateye umupira, Hakizimana Adolphe ashatse kuwufata uramucika Niyigena Clement arahagoboka akiza izamu.

19:00

1' Umukino uratangiye

18:53

Umurindi ni wose ku bafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports bashyigikiye Kiyovu Sports bafite umurindi udasanzwe mbere y'uko umukino utangira.

18:43

Abasifuzi baza kuyobora umukino

Umukino uraza kuyoborwa na Twagirumukiza Abdoul Karim uza gufashwa na Ishimwe Didier na Akimana Juliette basifura mu mpande, mu gihe Mulindangabo Moise ari umusifuzi wa kane.

18:41

Abakinnyi Kiyovu Sports yabanje mu kibuga

Abakinnyi Haringingo Francis utoza Kiyovu Sports abanza mu kibuga.

James Bienvenue Desire Djaoyang
Regis Mbonyingabo
Bayo Cherif
Aime Placide Rwabuhihi
Rene Uwineza
Uwimana Yakubu
Christophe Bukuru
David Byiringiro
Assouman Ntwal
Mutunzi Darci
Moussa Keita

18:40

APR FC na Kiyovu Sports zisoje kwishyushya

Abakinnyi ba APR FC n'aba Kiyovu Sports basubiye mu rwambariro nyuma yo kwishyushya.

Umukino uratangira mu minota mike iri imbere.

18:34

Abakinnyi ba APR FC babanje mu kibuga


Umutoza wa APR FC, Abderrahim Taleb, yahisemo kubanzamo:

Hakizimana Adolphe
Dauda Yussif Seidu (C)
Niyigena Clement
Nshimiyimana Yunussu
Bugingo Hakim
Byiringiro Jean Gilbert
Ssekiganda Ronald
Memel Dao Raouf
Hakim Kiwanuka
Djibril Ouattara
Togui Mel William

18:25

Ubwo abakinnyi ba APR FC bageraga kuri Stade Amahoro

18:20

Abakinnyi ba Kiyovu Sports babanje gusura ikibuga cya Stade Amahoro

18:19

Ikaze muri Stade Amahoro


IGIHE ibahaye ikaze muri Stade Amahoro i Remera, ahagiye kubera umukino w'Umunsi wa 20 wa Shampiyona y'u Rwanda uhuza APR FC na Kiyovu Sports.

Uyu mukino washyizwe Saa 19:00 kuko wabanjirijwe n'uwa CAF Champions League wahuje Al Hilal SC na FC St-Eloi Lupopo.

APR FC iri ku mwanya we kabiri n'amanota 37, irushwa inota rimwe na Al-Hilal ya mbere.

Ni mu gihe Kiyovu Sports ari iya gatandatu n'amanota 31.