Rwanda vs Grenada

Rwanda 4-0 Grenada

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Eric Tony Ukurikiyimfura & Iradukunda Olivier

Amafoto

: Kwizera Hervé & Umwari Sandrine

00:53

Reba ibyishimo bya Abeddy, Mickels, Jojea na Kavita || Abafana batatse Amavubi bayita Barcelona

23:18

Stephen Constantine asubije Abanyarwanda mu bihe by'ibyishimo

Ubwo yatozaga u Rwanda mu 2014, Umwongereza Stephen Constantine yatsinze imikino ibiri Abanyarwanda batajya bibagirwa, ya Libya na Congo Brazzaville, mu rugamba rwo gushaka itike ya CAN 2015.

Kuri iyi nshuro, ku mukino we wa mbere kuva agarutse i Kigali, Constantine n'Amavubi baraje neza Abanyarwanda, banyagira Grenada ibitego 4-0 mu Itsinda A rya FIFA Series 2026.

Muri uyu mukino warebwe na Perezida Paul Kagame, ibitego bya Leroy-Jacques Mickels, Kwizera Jojea, Bizimana Djihad na Hakim Sahabo bihesheje u Rwanda kuzakina umukino wa nyuma w'Itsinda A uzaruhuza na Estonia ku wa Mbere Saa Tatu z'ijoro muri Stade Amahoro.

Estonia yakomeje isezereye Kenya kuri penaliti 5-4 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu mukino wabanje.

Umukino w'umwanya wa gatatu uzatangira Saa Kumi n'Ebyiri z'umugoroba ku wa Mbere, uzahuza Kenya na Grenada.

Imikino ya FIFA Series 2026 iri kubera i Kigali izakomeza ku Cyumweru hasozwa iyo mu Itsinda B rikinira kuri Kigali Pele Stadium, aho Macau na Tanzania bizahatanira umwanya wa gatatu naho Liechtenstein na Aruba bigakina umukino wa nyuma.

23:02

90+5 Umukino urarangiye

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda inyagiye Grenada ibitego 4-0, ibona itike yo gukina umukino wa nyuma w'imikino ya FIFA Series 2026 mu Itsinda A, aho izahura na Estonia yatsinze Kenya kuri penaliti 5-4, nyuma y'uko amakipe yombi anganyije igitego 1-1.

22:57

Amavubi ntiyaherukaga ibitego bine


Ikipe y'Igihugu 'Amavubi' yaherukaga kwinjiza ibitego bine mu mukino uwo ari wo wose ubwo yanyagiraga Repubulika ya Centrafrique ibitego 5-0 mu mukino wa gicuti wabaye mu 2021.

22:57

90' Imonota itanu y'inyongera

Umukino wongeweho iminota itanu.

22:54

86' Amavubi arashaka ikindi gitego

Ikipe y'u Rwanda ikomeje gusatira ishaka igitego cya gatanu mu mukino.

22:53

82' Amavubi ahawe ikarita y'umuhondo

Hakim Sahabo ahawe ikarita y'umuhondo nyuma yo kwishimira igitego akuramo umupira.

22:50

81' Igitego cya kane cy'Amavubi

Hakim Sahabo atsinze igitego cya kane cy'Amavubi ku mupira ahawe na Uwineza Rene.

Uyu mukinnyi w'u Rwanda ukina mu Bugereki, ateruye umupira woroshye awurenza umunyezamu, myugariro arawugarura, ariko umusifuzi wo ku ruhande agaragaza ko wari wageze mu izamu.

Ni igitego cya mbere kuri Sahabo kuva atangiye gukinira Amavubi mu 2023, ndetse mu kucyishimira yakuyemo umupira agenda awuzunguza mu kirere.

22:49

78' U Rwanda rurasimbuje

Kury Johan na Muhire Kevin basimbuye Mugisha Bonheur na Leroy-Jacques Mickels.

22:45

74' Amavubi arasimbuje

Mu kibuga havuyemo Niyomugabo Claude, Bizimana Djihad, Byiringiro Gilbert na Joy-Lance Mickels, hajyamo Imanishimwe Emmanuel 'Mangwende', Samuel Guellette, Joy-Slayd Mickels na Uwumukiza Obed.

22:40

71' Koruneri y'Amavubi

Joy-Lance Mickels ashatse guhindura umupira ageze mu rubuga rw'amahina, ariko myugariro wa Grenada, Etienne Benjamin, awushyira muri koruneri.

22:38

Djihad yongeye kwimana u Rwanda


Kapiteni w'Ikipe y'Igihugu, Bizimana Djihad, yongeye kubona izamu imbere y'Abanyarwanda.

Uyu mukinnyi ukinira CS Constantine muri Algeria, yaherukaga gutsinda igitego yinjiza penaliti ubwo u Rwanda rwatsindaga Benin mu Ukwakira 2024 mu rugamba rwo gushaka itike ya CAN 2025.

22:35

68' Igitego cya gatatu cy'u Rwanda

Kapiteni w'u Rwanda, Bizimana Djihad, arebye umunyezamu wa Grenada uhagaze nabi, amutsinda igitego ku ishoti atereye inyuma y'urubuga rw'amahina.

22:32

64' Grenada irasimbuje

Grenada ishyize mu kibuga Clarke Keishon na Raeburn Raheem ikuramo Phillip Deanroy na Franc Romar.

22:30

61' Koruneri ya Grenada

Mutsinzi Ange arengeje umupira wari uhinduwe na Francis wa Grenada, hatangwa koruneri.

22:29

Uwineza Rene akinnye umukino we wa mbere mu Mavubi

Umukinnyi ukiri muto usatira anyuze iburyo, Uwineza Rene, ukinira Kiyovu Sports yatijwemo avuye mu Ntare FC, akinnye umukino we wa mbere mu Ikipe y'Igihugu 'Amavubi'.

Muri Kanama 2025, Rene yari mu bakinnye FEASSSA [imikino ihuza abanyeshuri] muri Kenya nk'uko bimeze kuri Niyo David usigaye ukina muri Ukraine, ariko we utarabashije kujya mu bakinnyi ba nyuma bakina FIFA Series nubwo yari yahamagawe.

22:26

57' Amavubi arasimbuje

Hakim Sahabo na Uwineza Rene binjiye mu kibuga havamo Kwizera Jojea na Biramahire Abeddy.

22:23

55' Coup-franc y'Amavubi

Phillip Chad wa Grenada akiniye nabi Leroy-Jacques Mickels hatangwa coup-franc.

22:19

51' Amavubi atangiye ashaka igitego

Amavubi atangiye igice cya kabiri akinira mu kibuga cya Grenada ashaka igitego cya gatatu.

22:12

46' Igice cya kabiri kiratangiye

21:56

45+6' Igice cya mbere kirarangiye

Igice cya mbere cy'umukino wo mu Itsinda A rya FIFA Series 2026 uri kubera muri Stade Amahoro, cyarangiye Amavubi y'u Rwanda yatsinze Grenada ibitego 2-0 byatsinzwe na Leroy-Jacques Mickels na Kwizera Jojea.

21:56

45+5' Igitego cya kabiri cy'u Rwanda

Kwizera Jojea atsinze igitego cya kabiri cy'Amavubi.

Uyu mukinnyi w'Amavubi, ahawe umupira mwiza na Biramahire Abeddy ukinishije agatsitsino, atera ishoti umunyezamu wa Grenada atabashije guhagarika.

Rwanda 2-0 Grenada.

21:54

45+4' U Rwanda ruhushije ikindi gitego

Bizimana Djihad ashatse kuroba umunyezamu wa Grenada umupira uca hafi y'izamu gato.

21:53

Amavubi yari amaze umwaka atinjiza igitego muri Stade Amahoro

Igitego cya Leroy-Jacques Mickels kibaye icya mbere cy'Ikipe y'Igihugu 'Amavubi' kibonetse muri Stade Amahoro kuva u Rwanda runganyije na Lesotho 1-1 muri Werurwe 2025, ku gitego cyatsinzwe na Kwizera Jojea.

21:53

45+1' Igitego cy'Amavubi

Leroy-Jacques Mickels ateye ishoti rikomeye mu izamu, ari inyuma y'urubuga rw'amahina, atsinda igitego cyiza cyane.

Umunyezamu wa Grenada yirambuye ngo akore kuri uyu mupira wari hejuru mu nguni, ariko ntiyawugeraho.

Ibyishimo ni byose muri Stade Amahoro.

21:50

45' Iminota itanu y'inyongera

Umukino wongeweho iminota itanu nyuma y'uko 45 irangiye.

21:49

44' Koruneri ya Grenada

Kwizera Olivier asuzuguye umupira awushyira muri koruneri.

21:49

42' Coup-franc ya Grenada

Mutsinzi Ange ashyize hasi Francis Jermaine wa Grenada hatangwa Coup-franc.

21:45

40' Grenada ihagaze neza mu bwugarizi

Mu gihe igice cya mbere kiri kugana ku musozo, Amavubi ari gusatira cyane ariko abakinnyi bayo b'imbere barimo Biramahire bakomeje kugorwa no kubona izamu.

Grenada iri gukinira inyuma ndetse ikabikora neza kuko kugeza ubu izamu ryayo nta kibazo rifite.

21:44

39' Koruneri ya Grenada

Jabari wa Grenada agiye guhindura umupira mu rubuga rw'amahina, Gilbert awushyira muri koruneri, itewe Kwizera Olivier arawufata.

21:41

35' Amavubi ahushije igitego

Kwizera Jojea arirambuye atera ishoti rikomeye mu izamu ariko rinyura hanze yaryo.

21:40

Perezida Kagame yitabiriye umukino


Umukuru w'Igihugu, Paul Kagame, yageze muri Stade Amahoro aho yitabiriye umukino wa FIFA Series 2026 uri guhuza u Rwanda na Grenada.

21:38

30' Amavubi ntaheruka intsinzi mu rugo


Ikipe y'Igihugu 'Amavubi' iheruka gutsindira i Kigali mu Ukuboza 2024, mu mikino yo gushaka itike ya CHAN 2025, ubwo u Rwanda rwakinaga na Sudani y'Epfo.

21:38

30' Amavubi yongeye kugera imbere y'izamu

Joy-Lance Mickels yongeye guhindura umupira, ariko ukurwaho na Pierre Dorrel wa Grenada nta mukinnyi w'Amavubi urawukoraho.

21:31

25' Amavubi afite igitutu

Ikipe y'Igihugu ikomeje kwiharira umukino muri iyi minota ariko n'ubundi ikagorwa no gutera mu izamu, aho abakinnyi b'imbere barimo Biramahire Abeddy bagaragaza igitutu no guhuzagurika.

21:27

21' Amavubi ahushije igitego cyabazwe

Bizimana Djihad ahinduye umupira, Biramahire Abeddy ashyiraho umutwe ari kumwe n'umunyezamu ariko ahumuha mu ntoki.

Umunyezamu Philip Chad ahise yongera kuryama hasi kugira ngo avurwe.

21:25

Aba Mickels bakinnye umukino wa mbere mu Mavubi

Rutahizamu Joy-Lance Mickels ukinira Ikipe ya Sabah FK muri Azerbaijan na murumuna we, Leroy-Jacques Mickels ukinira Zira FK muri icyo gihugu, bombi babanje mu kibuga ku ruhande rw'Amavubi ndetse ni wo mukino wabo wa mbere.

Undi muvandimwe wabo, Joy-Slayd Mickels, impanga ya Joy-Lance Mickels, ukinira Karvan IK muri Azerbaijan, we yabanje ku ntebe y'abasimbura.

Joy-Lance yambaye nimero 20 mu gihe Leroy-Jacques yambaye nimero 13.

21:23

17' Umukino uhagazeho gato

Umukino uhagazeho gato mu gihe umunyezamu wa Grenada, Philip Chad ari kuvurwa, nyuma yo kugongana na Abeddy.

21:22

Uko u Rwanda na Grenada byarutse kuri uyu mugoroba

21:20

15' Amavubi ahushije igitego

Leroy-Jacques ahinduye umupira usanga Biramahire Abeddy uteye ishoti rijya hejuru y'izamu.

21:15

10' Stade Amahoro igiye kuzura

Nubwo umukino watangiye, abafana baracyinjira muri Stade Amahoro ndetse iri hafi kuzura.

21:14

Abanyarwanda bafite inyota y'igitego


Muri iyi minota ya mbere, Ikipe y'Igihugu 'Amavubi' iri gukinana ishyaka, imbaraga n'igitutu ishaka igitego.

Abafana batari bake muri Stade Amahoro na bo bafite inyota yo kubona ikipe yabo inyeganyeza inshundura.

Amavubi ari gusatira ariko ubwugarizi bwa Grenada buhagaze neza.

21:14

7' Uburyo bw'Amavubi

Mugisha Bonheur ateye ishoti mu izamu rinyura hafi yaryo.

21:12

6' Amavubi ari gusatira cyane

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda iri kwifashisha impande zoyo ziriho Kwizera Jojea na Leroy-Jacques isatira mu izamu rya Grenada.

21:11

Kwizera Olivier yasubiye mu izamu ry'Amavubi nyuma y'imyaka ine


Umunyezamu Kwizera Olivier usanzwe ukinira Rayon Sports, yongeye kujya mu izamu ry'Ikipe y'Igihugu 'Amavubi' yaherukagamo muri Kamena 2022.

Kuri iyi nshuro, Kwizera yahamagawe nyuma asimbuye Ntwari Fiacre usanzwe ari umunyezamu wa mbere, we utaritabiriye ubutumire kubera uburwayi.

21:10

4' Koruneri y'u Rwanda

Ikipe y'u Rwanda ibonye koruneri, itewe na Leroy-Jacques ariko ntiyagira icyo itanga.

21:07

2' Koruneri ya Grenada

Kwizera Olivier ariraye arenza umupira havamo koruneri ya Grenada itewe na John-Brown Shavon ntiyagira icyo itanga.

21:04

1' Umukino uratangiye

21:00

Hakim Sahabo yongeye kwambara umwambaro w'u Rwanda

Umukinnyi wo hagati mu kibuga, Hakim Sahabo, uheruka kubona ikipe mu Cyiciro cya Mbere mu Bugereki, AEK Athens, yongeye kwambara umwambaro w'Ikipe y'Igihugu nyuma y'uko Umutoza uheruka, Adel Amrouche, yari yaramushyize ku ruhande.

Kuri uyu mukino wa Grenada, Hakim Sahabo yabanje ku ntebe y'abasimbura.

20:59

Rwanda Nziza iri kuririmbwa

Indirimbo yubahiriza u Rwanda , 'Rwanda Nziza', ni yo iririmbwe nyuma kuko ari cyo gihugu kiri mu rugo.

20:58

Indirimbo ya Grenada ni yo ibanje kuririmbwa

Indirimbo yubahiriza igihugu ya Grenada yitwa 'Hail Grenada', ni yo iri kuririmbwa.

20:56

Amakipe yombi yagarutse mu kibuga

Abakinnyi bagarutse mu kibuga, hagiye kuririmbwa indirimbo zubahiriza ibihugu byombi.

20:52

Amavubi yari akumbuwe i Kigali


Ikipe y'Igihugu 'Amavubi' yaherukaga gukinira imbere y'Abanyarwanda mu Ukwakira 2025, ubwo yatsindwaga na Benin igitego 1-0 mu rugendo rwo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi cya 2026.

Hari hashize hafi amezi atandatu Abanyarwanda batayabona akina.

20:51

Nshuti Innocent yarababaye

Rutahizamu w'Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda, Nshuti Innocent, wagiriye imvune mu myitozo, yageze ku kibuga ari kugendera ku mbago.

20:49

Itorero Urukerereza riri gususurutsa abitabiriye umukino

Abagize Itorero Urukerereza bari gususurutsa abakunzi b'umupira w'amaguru bitabiriye, mu gihe amakipe yasubiye mu rwambariro ngo yitegure guhangana.

20:45

Abasifuzi b'Abanya-Ethiopia ni bo bahawe umukino

Umukino uraza gusifurwa na Adane Haymanot, akaza kungirizwa na Yehualashet Fasika Biru na Sisaynew Zemenu, naho Abebe Henok araba ari Umusifuzi wa Kane.

Komiseri w’Umukino ni Letti Mike wo muri Uganda.

20:41

Amavubi na Grenada mu mukino w'amateka

Ni ku nshuro ya mbere ikipe nkuru y'u Rwanda "Amavubi" igiye gukina n'igihugu cyo hanze y'Umugabane wa Afurika.

Ni mu gihe kandi ari ubwa mbere Grenada igiye gukina n'igihugu cyo ku Mugabane wa Afurika.

Grenada ibarizwa mu Birwa bya Caraïbes, ituwe n'abaturage bagera mu bihumbi 110 mu gihe iri ku mwanya wa 164 ku Isi ku rutonde rwa FIFA.

20:36

Amakipe yombi yatangiye kwishyushya

Abakinnyi b'Amavubi na Grenada bageze mu kibuga batangira kwishyushya mbere yo gukina.

20:34

Abavandimwe batatu bagiye gukinira u Rwanda bwa mbere

Rutahizamu Joy-Lance Mickels ukinira Ikipe ya Sabah FK muri Azerbaijan na murumuna we, Leroy-Jacques Mickels ukinira Zira FK muri icyo gihugu, bombi babanje mu kibuga ku ruhande rw'Amavubi ndetse ni wo mukino wabo wa mbere.

Undi muvandimwe wabo, Joy-Slayd Mickels, impanga ya Joy-Lance Mickels, ukinira Karvan IK muri Azerbaijan, we yabanje ku ntebe y'abasimbura.

20:32

Abafana b'Amavubi bashimangiye ko igikombe cya FIFA Series 2026 kizasigara i Kigali

20:15

Estonia igeze ku mukino wa nyuma

Ikipe y'Igihugu ya Estonia igeze ku mukino wa nyuma w'Itsinda A rya FIFA Series 2026 riri gukinira mu Rwanda, nyuma yo gutsinda Kenya penaliti 4-3.

Ibihugu byombi byari byanganyije igitego 1-1 mu minota 90.

Ku mukino wa nyuma uzaba ku wa Mbere, Estonia izahura n'ikipe ikomeza hagati y'Amavubi y'u Rwanda na Estonia zicakirana guhera Saa Tatu zuzuye.

Kenya izahatanira umwanya wa gatatu mbere y'uwo mukino wa nyuma.

20:09

Abakinnyi Grenada ibanza mu kibuga

Abakinnyi 11 Umutoza wa Grenada, Modeste Anthony, abanza mu kibuga.

Phillip Chad (GK)
John-Brown Shavon (C)
Ettienne Benjamin
De Coteau Jabari
Pierre Dorrel
Frank Romar
Sandiford Greg
Muirhead Parish
Francis Jermaine
Phillip Deanroy
Akins Lucas

20:05

Abakinnyi Amavubi abanza mu kibuga

Abakinnyi 11 Umutoza w'Amavubi, Stephen Constantine, yahisemo kubanza mu kibuga.

Kwizera Olivier (GK)
Niyomugabo Claude
Bizimana Djihad (C)
Mutsinzi Ange
Biramahire Abeddy
Mickels Leroy-Jacques
Mugisha Bonheur
Mickels Joy-Lance
Kavita Phanuel
Kwizera Jojea
Byiringiro Gilbert

19:59

Kenya na Estonia zigiye muri penaliti

Iminota 90 n'indi itanu y'inyongera ku mukino wahuzaga Kenya na Estonia, yose irangiye ibihugu byombi binganya igitego 1-1.

Hagiye kwitabazwa penaliti kugira ngo haboneke ikipe ya mbere igera ku mukino wa nyuma mu Itsinda A rya FIFA Series 2026 i Kigali.

19:49

Kenya iri gushaka igitego cya kabiri mu minota ya nyuma

Nyuma yo kwishyurirwa na Ryan Ogam ku munota wa 51, wishyuye igitego cyari cyatsinzwe na Tanel Tammik ku munota wa 21 ku ruhande rwa Estonia, Kenya iri gusatira mu minota ya nyuma ishaka igitego cy'intsinzi.

Ibihugu byombi nibinganya haritabazwa penaliti.

19:46

Nta kunganya mu mikino ya FIFA Series

Muri iyi mikino ya gicuti, nubwo ibihugu biri mu matsinda, buri kipe iri gukinamo umukino umwe mu buryo bumeze nka 1/2.

Ibihugu bitsinze imikino yabyo ya mbere mu itsinda, bikomeza ku mukino wa nyuma naho ibyatsinzwe bizahatanira umwanya wa gatatu.

Mu Itsinda A, iyo mikino isoza izaba ku wa Mbere tariki ya 30 Werurwe naho mu Itsinda B bazasoza imikino yabo ku Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026.

Mu gihe iminota 90 irangiye amakipe anganya, hitabazwa penaliti kugira ngo haboneke ikipe itsinda.

19:32

Abafana b'Amavubi babukereye


Abakunzi b'Ikipe y'Igihugu barimo abasanzwe bazwi mu makipe akomeye mu Rwanda, bose bahurije imbaraga hamwe kugira ngo baze gushyigikira Amavubi akina na Grenada kuri uyu mugoroba.

Nubwo hakibura iminota 90 ngo umukino utangire, imbaraga n'imyuka ni byose aho bari gushushya Stade Amahoro kuri ubu iri kuberamo umukino wa Kenya na Estonia.

19:30

U Rwanda ruri imbere ya Grenada ku rutonde rwa FIFA

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda iri ku mwanya wa 129 ku rutonde rwa FIFA n'amanota 1117,78, aho mu mikino itanu iheruka gukina yatsinzwemo ine irimo uwa Algeria wa 2-0, Nigeria warangiye ari 1-0, Benin 1-0 na Afurika y'Epfo yatsinze 3-0. Umukino ruheruka gutsinda ni uwa Zimbabwe warangiye ari 1-0 muri Nzeri.

Grenada iri ku mwanya wa 163 n'amanota 989,59, yatsinze imikino itanu yose iheruka gukina. Yanyagiye Bahamas 6-0, itsinda Saint Kitts & Nevis 3-2, British Virgin Islands 4-1, Cuba 2-0 na U.S. Virgin Islands ibitego 4-1.

19:24

Kenya yahindukanye Estonia


Mu mukino wabanje, uri kubera muri Stade Amahoro, Estonia yatsinze Kenya igitego 1-0 mu gice cya mbere.

Gusa mu minota ya mbere y'igice cya kabiri, Ryan Ogam yishyuye igitego cyari cyatsinzwe na Tanel Tammik.

Mu minota 60, ubu Kenya iranganya na Estonia igitego 1-1.

19:19

U Rwanda ni cyo gihugu rukumbi cyakiriye amatsinda abiri ya FIFA Series 2026

FIFA Series ni irushanwa rya gicuti rihuza amakipe y'ibihugu, ryatekerejwe n'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Isi (FIFA) biturutse kuri Perezida wayo, Gianni Infantino, mu 2022.

Iri rushanwa riba rimwe mu myaka ibiri, ryatangiye mu 2024.

Kuri iyi nshuro yaryo ya kabiri, riri kubera mu bihugu umunani ari byo Australia, Azerbaijan, Indonesia, Kazakhstan, Nouvelle-Zélande, Puerto Rico, Uzbekistan n’u Rwanda.

U Rwanda ni cyo gihugu cyakiriye amatsinda abiri, aho hari Itsinda A rikinira muri Stade Amahoro n'Itsinda B rikinira kuri Kigali Pele Stadium.

Ibirwa bya Maurice byari mu bihugu bizakira iyi mikino, ariko nyuma byaje kwikuramo kuko biri gukina ijonjora ry’ibanze ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 muri iyi Werurwe.

Ibyo byatumye itsinda ryari gukinira mu Birwa bya Maurice ryimurirwa mu Rwanda, rugira amatsinda abiri kuko na rwo rwari rufite iryo ruzakira.

19:00

Abafana bakomeje kwinjira muri Stade Amahoro

Abafana benshi biganjemo ab'Ikipe y'Igihugu 'Amavubi' bakomeje kugera muri Stade Amahoro nubwo umukino w'u Rwanda na Grenada utangira Saa Tatu zuzuye.

Kuri ubu abahagaze bari kureba umukino uri guhuza Kenya na Estonia.

Muri iyi mikino ya FIFA Series 2026, abafana barebera imikino ibiri y'umunsi ku itike imwe.

18:40

Stade Amahoro yakiriye imikino ibiri kuri uyu wa Gatanu

Stade Amahoro yavuguruwe ikagera ku rwego rwo kwakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza ndetse ikaba isakaye hose, ni yo yakiriye imikino y'Itsinda A rya FIFA Series 2026 ririmo u Rwanda, Kenya, Estonia na Grenada.

Iyi stade iri mu bikorwaremezo bigezweho muri Afurika y'Iburasirazuba, yatashywe na Perezida Paul Kagame na Perezida wa CAF, Dr. Patrice Motsepe muri Nyakanga 2024 nyuma y'imyaka ibiri ivugururwa.

Kuri uyu mugoroba, iri kuberaho imikino y'amateka ya FIFA Series 2026 nk'uko bimeze no kuri Kigali Pele Stadium yakiriye Itsinda B ririmo Tanzania, Liechtenstein, Aruba na Macau.

18:39

Ikaze kuri Stade Amahoro

IGIHE ibahaye ikaze kuri Stade Amahoro, ahari kubera imikino yo mu Itsinda A rya FIFA Series 2026. Kenya na Estonia ni byo bihugu byabanje mu kibuga guhera Saa Kumi n'Ebyiri, hakaza gukurikiraho Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda na Grenada guhera Saa Tatu z'ijoro.

Amakipe atsinda aragera ku mukino wa nyuma, naho ayatsinzwe azahatanire umwanya wa gatatu ku wa Mbere.