Rayon Sports inganyije na Rutsiro FC 0-0 ibona inota rimwe rituma igira amanota 44 ayigumisha ku mwanya wa kane ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona y'u Rwanda igeze ku Munsi wa 27.
Kuri ubu iyi kipe irarushwa amanota 14 na Al-Hilal ya mbere, ikarushwa amanota umunani na APR FC ya kabiri mu gihe hagati yayo na Al-Merrikh ya gatatu harimo amanota atanu.
Ni mu gihe Rutsiro FC ibuze amanota ayifasha mu kazi gakomeye ifite ko kuva mu murongo utukura, dore ko iri ku mwanya wa 17 n'amanota 22.
Gikundiro yujuje imikino itanu ya shampiyona itazi amanota atatu, dore ko yose yayinganyije, ikaba iheruka amanota atatu kuri mpaga yateye Gasogi United FC.
Rayon Sports kandi iri kwitegura gukina umukino ubanza wa 1/2 cy'Igikombe cy'Amahoro uzayihuza na Gorilla FC, ku wa Gatatu, tariki ya 23 Mata 2026, kuri Kigali Pele Stadium.
Nyuma y'aho izakirwa n’Amagaju ku wa 26 Mata mu Karere ka Huye, mbere yo guhura na APR FC ku wa 2 Gicurasi 2026 kuri Stade Amahoro.
