Rayon Sports vs Marines

Rayon Sports 2-1 Marine FC

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Eric Tony Ukurikiyimfura

Amafoto

: Umwari Sandrine

07:25

Hari ibyo agomba gukosora: Haringingo Francis ku mikinire ya Kwizera Olivier


07:24

Rayon Sports yatsinze Marine FC ikereza APR FC yizeye Shampiyona || RPL izatanga ibikombe bibiri?

21:02

Aba-Rayons batsinze Marine FC bakomeje kwizera igikombe

20:29

Rayon Sports yiyunze n'abafana, izamura amahirwe yayo make ku Gikombe cya Shampiyona

Igitego cyitsinzwe na Bishira Latif n'icyatsinzwe na Ndikumana Asman wabaye umukinnyi w'umukino, byafashije Rayon Sports gutsinda Marine FC 2-1, igira amanota 51 ku mwanya wa kane.

Gikundiro yiyunze n'abafana nyuma y'uko yari yatsinzwe na AS Muhanga igitego 1-0 mu mukino waherukaga.

Ni mu gihe Marine FC igumanye amanota 41 ku mwanya wa munani.

Iyi ntsinzi ya Rayon Sports itumye APR FC ikomeza gusabwa amanota ane mu mikino ine isigaje kugira ngo yegukane Shampiyona, kuko ubu harimo ikinyuranyo cy'amanota atanu hagati yazo nk'amakipe abiri yo mu Rwanda ahagaze neza.

APR izakira AS Kigali ku Cyumweru.

20:26

90+4' Umukino urarangiye


20:24

90+3' Kwizera atabaye Rayon Sports

Nizeyimana Mubaraka ateye umupira n'umutwe, ukurwamo na Kwizera Olivier ujya muri koruneri itagize icyo itanga.

20:20

90' Iminota ine y'inyongera


Umusifuzi wa Kane, Ngabonziza Dieudonne, yerekanye iminota ine y'inyongera.

20:17

86' Rayon Sports yirangayeho

Sindi Paul ahinduye umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, Habimana Yves uhuye na wo awushyira hanze.

20:16

85' Ntibirarangira ku mpande zombi

20:13

82' Marine FC yazamuye umukino


Rayon Sports yatangiye guhangayika muri iyi minota ya nyuma kubera igitutu cya Marine FC ishaka kwishyura.

20:12

81' Gusimbuza

Sibomana Sultan Bobo asimbujwe Bizimana Yannick ugiye guhura n'ikipe ya Rayon Sports yakiniye.

20:10

80' Umukino winjiye mu minota 10 ya nyuma

20:08

78' Ikarita y'umuhondo

Hoziyana Kennedy ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Sindi Paul Jesus hagati mu kibuga.

20:07

76' Rayon Sports yatangiye guhuzagurika

Ubwugarizi bwa Rayon Sports buri ku gitutu nyuma y'uko Marine FC yagabanyije ikinyuranyo.

20:04

73' Ikarita y'umuhondo

Ishimwe Kevin ahawe ikarita y'umuhondo ku ruhande rwa Marine FC.

20:02

72' Gusimbuza


Mugisha Didier na Tony Kitoga basimbujwe Sindi Paul Jesus na Habimana Yves ku ruhande rwa Rayon Sports.

20:01

70' Igitego cya Marine FC

Nyarugabo Moise aciye ba myugariro ba Rayon Sports mu rihumye, atera umupira wo hasi Kwizera Olivier awukurikiza amaso ujya mu izamu.

Rayon Sports 2-1 Marine FC.

19:55

62' Marine FC irashaka kugabanya ibitego


Sibomana Sultan Bobo azamukanye umupira ari wenuine mu kibuga hagati, atera ishoti rikomeye rigiye ku ruhande rw'izamu.

19:53

60' Hashize isaha amakipe yombi akina

19:49

58' Gusimbuza

Mbonyumwami Taiba asimbuwe na Nyarugabo Moise ku ruhande rwa Marine FC.

19:49

57' Rayon Sports yibwiraga ko itsinze igitego cya gatatu

Kabanga ateye umupira ukomeye mu izamu, ukorwaho na Ndikumana Asman ujya mu nshundura.

Uyu rutahizamu w'Umurundi ahagurutse agiye kwishimira, ariko umusifuzi Ntirenganya Elie uri ku ruhande agaragaza ko habayeho kurarira.

19:44

53' Marine FC ihushije uburyo bwiza


Sibomana Sultan Bobo ateye ishoti rigana mu izamu, umupira ukora ku mukinnyi wa Rayon Sports ujya ku ruhande gato muri koruneri itagize icyo itanga.

19:43

52' Ubundi buryo bwa Rayon Sports

Tony Kitoga agerageje ishoti ryiza ryo hasi, umupira unyura ku ruhande rw'izamu rya Marine FC.

19:42

52' Coup-franc ya Rayon Sports


Ndayishimiye Richard ahannye ikosa ryakorewe kuri Tony Kitoga, ashyira umupira mu rukuta.

19:41

50' Ikarita y'umuhondo

Mbonyumwami Taiba ahawe ikarita y'umuhondo ku ikosa akoreye kuri Tony Kitoga inyuma gato y'urubuga rw'amahina.

19:39

49' Ikarita y'umuhondo

Nizeyimana Mubaraka ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Ndayishimiye Richard mu kibuga cya Rayon Sports.

19:36

Marine FC yasimbuje

Nizeyimana Mubaraka yasimbuye Niyonkuru Hashim ku ruhande rwa Marine FC.

19:35

46' Igice cya kabiri cyatangiye

Rayon Sports yatangiranye umupira mu gice cya kabiri, ariko ihita iwutakaza ujya hanze.

19:34

Igitego cya mbere cyitsinzwe n'umukinnyi wa Marine FC

Nk'uko bigaragara neza ku mashusho, Mugisha Didier ntiyari afite gahunda yo gutera mu izamu, ahubwo yari ahinduye umupira, ukorwaho na Bishira Latif wawukinnye n'umutwe, awushyira mu izamu rye.

19:23

Rayon Sports yishimira igitego cya kabiri cyatsinzwe na Ndikumana Asman

Ni igitego cya gatandatu muri iyi Shampiyona kuri uyu mukinnyi w'Umurundi, aho abinganya na mwenewabo Tambwe Gloire.

Ndikumana Asman atsinze mu mukino wa kabiri yikurikiranya, nyuma yo gutsinda kuri derby.

19:22

Igice cya mbere kirarangiye


Igice cya mbere cy'umukino w'Umunsi wa 31 wa BK Pro League uri kubera i Nyamirambo, kirangiye Rayon Sports yatsinze Marine FC ibitego 2-0 bya Mugisha Didier na Ndikumana Asman.

19:19

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego cya Mugisha Didier

19:17

45' Iminota y'inyongera

Umusifuzi wa Kane, Ngabonziza Dieudonne, yerekanye iminota itatu y'inyongera.

Rayon Sports 2-0 Marine FC.

19:15

43' Ubundi buryo bwa Rayon Sports


Tambwe Gloire yinjiranye umupira mu rubuga rw'amahina, awuhinduye ufatwa neza na Sugira Clovis.

19:13

41' Igitego cya kabiri cya Rayon Sports

Ndikumana Asman atsinze igitego cya kabiri cya Rayon Sports ku mupira ahawe na Bigirimana Abedi, yinjira mu rubuga rw'amahina, yiyaka ba myugariro ba Marine FC ahita aroba Sugira Ruhumuriza Clovis.

Rayon Sports 2-0 Marine FC.

19:10

38' Umukino uhagaze gato

Tony Kitoga aryamye hasi mu kibuga hagati ndetse ari kwitabwaho n'abaganga nyuma yo gukandagirwa na Hoziyana Kennedy.

19:08

36' Igitego cya Rayon Sports

Mugisha Didier afunguye amazamu i Nyamirambo nyuma yo gucenga myugariro wa Marine FC, atera umupira ukozweho na Bishira ujya mu izamu.

19:04

34' Ubwo Bizimana Ibutihadji wavunitse yavaga mu kibuga

19:02

30' Marine FC yafungiye Rayon Sports hagati


Nta bwisanzure buri kuri Ndayishimiye Richard umaze iminsi yubakirwaho umukino wa Rayon Sports.

Marine FC iri gukinira cyane mu kibuga cyayo, ikagerageza ibisa na contre-attaque zitarakunda kugeza ubu.

18:59

27' Marine FC yongeye kwirangaraho


Mbonyumwami Taiba atumye Kwizera Olivier asohoka mu izamu aramukurikira, ahita aha umupira Rutayisire Amani uteye ishoti ridakanganye, rifatwa na Kwizera wasubiraga mu izamu.

18:58

26' Nta kipe ikomeye yatsinze Marine FC imikino ibiri uyu mwaka


Marine FC yanganyije n'amakipe ya Al-Hilal, Al-Merrikh na APR FC byibuze umwe mu mikino zahuye muri uyu mwaka w'imikino.

Rayon Sports yatsinze Marine FC igitego 1-0 mu mikino ibanza.

18:56

25' Marine FC yirangayeho


Ndikumana Fabio yari aremye uburyo bwiza mu rubuga rw'amahina rwa Rayon Sports, ariko awutanze n'agatsitsino Kwizera Olivier awutanga Taiba.

18:55

24' Uburyo bwa Rayon Sports

Bigirimna Abedi agerageje ishoti rikomeye ari muri metero nka 25, umupira ateye ujya hejuru y'izamu gato.

18:53

22' Umukino wasubukuwe

18:52

20' Gusimbuza

Bizimana Ibutihadji wavunitse, asimbuwe na Ngoy Ilunga Alvin ku ruhande rwa Marine FC.

Umunyezamu Sugira Clovis na we ari kuvurwa.

18:51

18' Indi coup-franc ya Rayon Sports


Hoziyana Kennedy akiniye nabi Mugisha Didier ahagana muri koruneri, usatira urubuga rw'amahina.

Ikosa rihanwe na Kitoga, Tambwe Gloire ugonganye n'umunyezamu Sugira Clovis ashyira umupira hanze.

18:49

17' Marine FC yirwanyeho

Tony Kitoga ahannye ikosa ku ruhande rwa Rayon Sports, umupira ukurwaho na Usabimana Olivier n'umutwe.

18:48

16' Coup-franc ya Rayon Sports

Rutayisire Amani akiniye nabi Tambwe Gloire ku murongo w'ikibuga.

Hagati aho hari umukinnyi wa Marine FC uri hasi, ugiye gukurwa mu kibuga ku ngobyi.

18:45

14' Rayon Sports mu bururu, Marine FC mu cyatsi kuri uyu mugoroba

18:44

12' Gusatira kwa Rayon Sports


Mugisha Didier azamukanye umupira ari wenyine ibumoso, awuhindura mu rubuga rw'amahina ashaka Ndikumana Asman, ariko ufatwa neza na Sugira Clovis uri mu izamu rya Marine FC.

18:42

10' Abafana ni bake cyane i Nyamirambo


Nubwo habanje kugwa imvura mu masaha yatambutse, ndetse n'ubu kakaba gatonyaga ari gake, abafana ba Rayon Sports ni bake cyane i Nyamirambo ku buryo bigoye kuhabara abagera ku 1500.

18:39

7' Rayon Sports iracyagerageza


Bishira Latif akinnye neza, ahagarika Ndikumana Asman wari uhawe umupira mu rubuga rw'amahina.

Ni uburyo bukurikiye umupira wari uhinduwe na Tambwe awukuye hanze.

18:38

6' Rayon Sports yari ikinnye neza

Emery Bayisenge atanze umupira muremure imbere ku ruhande iburyo, Kabanga arawukurikira ariko awuhindura ugiye kurenga, na we awohereza hanze y'izamu.

18:37

5' Umukino watangiranye ishyaka

Amakipe yombi ari gukinisha imbaraga muri iyi minota ya mbere.

Marine FC irasa n'iri hejuru, ariko Rayon Sports nk'ikipe nkuru iri gushaka uko isubira mu mukino.

18:34

2' Uburyo bwa Marine FC

Mbonyumwami yinjiranye umupira mu rubuga rw'amahina rwa Rayon Sports, awusubiza inyuma n'agatsitsino usanga Usabimana Olivier uteye ishoti rikomeye ariko umupira ufatwa na Kwizera Olivier abanje kuwuhoza.

18:32

Umukino uratangiye


Mu kavura kadakanganye, ariko muri Stade itarimo abafana 1500, Umusifuzi Kayitare David atangije umukino.

Marine FC yatangiranye umupira, Mbonyumwami Taiba asubiza inyuma kuri bagenzi be.

18:30

Hafashwe umunota wo Kwibuka

Mbere y'uko umukino utangira, abari kuri Kigali Pele Stadium barahagurutse bafata umunota wo kwibuka no guha icyubahiro Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994.

18:21

Kayitare David yongeye guhabwa umukino wa Rayon Sports na Marine FC


Kayitare David uri mu basifuzi bakiri bato bari kuzamuka neza, yasifuye umukino wahuje Marine FC na Rayon Sports mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona ya 2024/25.

Uyu mukino wabereye i Rubavu, warangiye ari ibitego 2-2, aho wagaragayemo amakarita arindwi y'umuhondo.

Kuri uyu mugoroba, Kayitare arongera kuba ari hagati y'amakipe yombi mu kibuga, yungirijwe na Karangwa Justin, Ntirenganya Elie na Ngabonziza Dieudonne nk'Umusifuzi wa Kane mu gihe Komiseri w'Umukino ari Munyemana Hudu.

18:14

Amakipe yombi yasoje kwishyushya

Abakinnyi ba Rayon Sports na Marine FC basubiye mu rwambariro nyuma yo kwishyushya.

Umukino uratangira mu minota 15 iri imbere.

18:08

Abakinnyi ba Rayon Sports babanje mu kibuga


Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis Christian, yahisemo kubanzamo:

Kwizera Olivier
Youssou Diagne (C)
Emery Bayisenge
Ganijuru Elie
Nshimiyimana Emmanuel Kabange
Ndayishimiye Richard
Tambwe Gloire Ngongo
Bigirimana Abedi
Ndikumana Asman
Mugisha Didier
Tony Kitoga

18:02

Abakinnyi ba Marine FC babanza mu kibuga


Umutoza wa Marine FC, Rwasamanzi Yves, yahisemo gukoresha:

Sugira Clovis
Bizimana Ibutihadji
Rutayisire Amani
Mukire Confiance
Hoziyana Kennedy
Ndikumana Fabio
Sibomana Sultan Bobo
Bishira Latif
Usabimana Olivier (C)
Niyonkuru Hashim
Mbonyumwami Thaiba

17:56

Marine FC ni ikipe igora cyane Rayon Sports

Rayon Sports yatsinze imikino ibiri muri itanu iheruka kuyihuza na Marine FC.

Iyi kipe y'i Rubavu, benshi bavuga ko ari nka murumuna wa APR FC, ikunze guhagama cyane Gikundiro ndetse ntawakwibagirwa ubwo yayitsindiraga i Kigali ibitego 3-0 mu 2022.

Uko amakipe yombi yitwaye mu mikino itanu iheruka kuyahuza:

Marine FC 0-1 Rayon Sports (umukino uheruka)
Marine FC 2-2 Rayon Sports
Rayon Sports 0-0 Marine FC
Rayon Sports 2-0 Marine FC
Marine FC 2-2 Rayon Sports

17:45

Uko imikino yabanje yarangiye


Mbere y'uyu mukino ugiye guhuza Rayon Sports na Marine FC habanje indi itatu yatangiye Saa 15:00.

Kuri Kigali Pele Stadium, Gicumbi FC yatsinze Bugesera FC ibitego 2-1 naho Musanze FC na Police FC zinganyiriza kuri Stade Ubworoherane ubusa ku busa.

Ni mu gihe i Huye, Mukura VS yatsindiye Gorilla FC kuri Stade Kamena ibitego 2-1.

17:38

Marine FC na yo yageze kuri Stade

17:37

Rayon Sports igera kuri Kigali Pele Stadium

Rutahizamu Ndikumana Asman utarakinnye umukino uheruka kubera uburwayi, ari mu bakinnyi ba Rayon Sports bitabajwe kuri uyu wa Gatandatu.

17:32

Ikaze kuri Kigali Pele Stadium


IGIHE ibahaye ikaze kuri Stade ya Kigali yitiriwe Umunya-Bresil Pele, ahagiye kubera umukino w'Umunsi wa 31 wa BK Pro League uhuza Rayon Sports na Marine FC guhera Saa 18:30.

Rayon Sports iheruka gutsindwa na AS Muhanga, ikeneye kwiyunga n'abafana bayo ndetse igakereza APR FC yamaze kwizera kwegukana Shampiyona.

Marine FC iheruka kunyagira Bugesera FC ibitego 4-0, ni imwe mu makipe meza muri Shampiyona y'uyu mwaka ndetse ikunda kugora Rayon Sports.

Gikundiro iri ku mwanya wa kane n'amanota 48 mu gihe Marine FC ifite amanota 41 ku mwanya wa munani.