Rayon Sports vs Gorilla FC

Rayon Sports 0-0 Gorilla FC

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Eric Tony Ukurikiyimfura

Amafoto

: Umwari Sandrine

22:49

Rayon yageze kuri Finale: Imirwano y'abakinnyi || Kwizera yavugishije benshi || Ijambo ku misifurire

20:55

Umusifuzi arayasubiza: Aba-Rayons nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma wa Peace Cup I Batabaje FERWAFA

20:47

APR nibashaka umusifuzi azabe Jangwani I Ibyishimo bya Wasili wageze ku mukino wa nyuma wa Peace Cup

20:03

Aba-Rayons barishimye

Gutsinda uyu mukino bivuze ko Rayon Sports yiyongereye amahirwe yo gushaka itike ya CAF Confederation Cup.

Shampiyona birasa n'aho izajya muri APR FC, bityo Gikundiro izaba ikeneye kwegukana Igikombe cy'Amahoro cyangwa kureba ko iba iya kabiri muri BK Pro League, umwanya ihanganiye na Kiyovu Sports.

Rayon Sports igeze ku mukino wa nyuma iheruka intsinzi muri 1/8 aho yasezereye City Boys iyitsinze ibitego 11-0 (2-0, 9-0). Muri 1/4, yasezereye Police FC kuri penaliti nyuma yo gukina imikino ibiri itarabonetsemo igitego. Ni mu gihe muri 1/2, na bwo yitandukanyije na Gorilla FC kubera igitego cyo hanze (1-1, 0-0).

19:58

Rayon Sports igeze ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro


Rayon Sports inganyije na Gorilla FC ubusa ku busa, iyisezerera ku gitego cyo hanze (1-1), ndetse igera ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro cy'uyu mwaka.

Ni ku nshuro ya kabiri yikurikiranya Gikundiro igeze kuri finale y'iri rushanwa iheruka kwegukana mu 2023.

Mu 2025, Rayon Sports yatsinzwe na APR FC ibitego 2-0 ku mukino wa nyuma.

Undi mukino wa 1/2 wo kwishyura uzaba ku wa Gatatu. APR FC yatsinze Etincelles FC ibitego 3-1 mu mukino ubanza, ni yo izakira uwo kwishyura.

Umukino wa nyuma w'irushanwa ry'uyu mwaka uzakinwa ku wa 23 Gicurasi 2026 mu gihe umwanya wa gatatu uzakinirwa ku wa 22 Gicurasi.

19:55

Umukino urarangiye

19:54

90+3' Gorilla FC irarokotse

Bigirimana Abedi ateye ishoti rirerire ashaka gutungurana, umunyezamu Ntagisanayo Serge arazamuka awushyira muri koruneri.

19:51

90+1' Ikarita y'umuhondo

Ishimwe Ganijuru Elie ahawe ikarita y'umuhondo akoreye ikosa hagati mu kibuga.

19:50

90' Iminota ine y'inyongera

Umusifuzi wa kane yerekanye iminota ine y'inyongera.

Umunyezamu Kwizera Olivier ari hasi agaragaza ko yakorewe ikosa.

19:50

90' Iminota ine y'inyongera

Umusifuzi wa kane yerekanye iminota ine y'inyongera.

Umunyezamu Kwizera Olivier ari hasi agaragaza ko yakorewe ikosa.

19:48

88' Gushyamirana


Abakinnyi ba Gorilla FC n'aba Rayon Sports, barimo Masudi Narcisse na Likau Faustin, bashyiramiranye imbere y'izamu rya Gorilla FC ariko umusifuzi Twagirumukiza agerageza kubihosha.

19:44

85' Gorilla FC yirangayeho

Moussa Omar ateye umupira uteretse, usanga mugenzi we Minge uwuteye mu izamu ariko ufata inshundura ntoya z'izamu.

19:40

80' Umukino winjiye mu minota 10 ya nyuma

Nubwo Rayon Sports ifite amahirwe y'igitego cyo hanze cyo mu mukino ubanza, ariko bari kureba umukino bafite umutima uhagaze ko baramutse batsinzwe igitego bahita basezererwa.

19:39

79' Gusimbuza

Faustin Likau na Habimana Yves basimbuye Tony Kitoga na Ndikumana Asman ku ruhande rwa Rayon Sports.

19:38

78' Ikarita y'umuhondo

Akayezu Jean Bosco wa Gorilla FC, ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Sindi Paul Jesus.

19:35

75' Coup-franc nziza ya Gorilla FC

Kalifa Traore akiniwe nabi na Ndayishimiye Richard hafi y'urubuga rw'amahina.

Ikosa rihanwe na Minge, umupira ufatwa neza na Kwizera Olivier.

19:32

73' Uburyo bwiza bwa Rayon Sports

Ishimwe Ganijuru Elie azamukanye umupira, awuha Tony Kitoga witakumye atera ishoti rikomeye, ariko ku bw'amahirwe ye make umupira ujya ku ruhande rw'izamu.

19:30

70' Umukino winjiye mu minota 20 ya nyuma

19:30

69' Gusimbuza

Mugisha Didier asimbuwe na Sindi Paul Jesus ku ruhande rwa Gorilla FC.

19:29

69' Gusimbuza

Karenzo Alex asimbuye Nduwimana Frank ku ruhande rwa Gorilla FC.

Ni impinduka ya kabiri nyuma y'uko Rutonesha na we yasimbuwe.

19:27

68' Umukino uhagaze gato

Kwizera Olivier asabye kuvurwa nyuma yo kujya mu kirere agafata umupira agwanye na wo hasi.

19:26

65' Coup-franc ya Rayon Sports

Masudi Narcisse asifuwe ikosa yakoreye kuri Biramahire Abedi, ariko we ntaryemera.

Uyu mupira uteretse mu kibuga hagati cya Gorilla FC, utewe na Bayisenge Emery, ujya uwuhaye Ganijuru, awuhinduye mu izamu Serge awukuraho.

19:20

60' Abafana batuje

Umukino w'umupira w'amaguru wahindutse nka Tennis, uretse bake basesengura mu matsinda.

Abenshi bategereje igitego kugeza ubu bitagaragara aho kiza kuva.

19:15

55' Umukino ntukiri ku rwego wariho mu gice cya mbere

19:13

52' Kwizera yari atanze Rayon Sports


Kwizera Olivier yihaye gucenga Kalifa Traore, akora ku mupira ariko uyu munyezamu agira amahirwe ahita awushyiraho ikirenge uva hafi y'urubuga rw'amahina.

19:10

50' Ubundi buryo bwa Rayon Sports

Nshimiyimana Emmanuel Kabange ahinduye umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, usanga Tambwe Gloire uwukinnye ujya hanze y'izamu.

19:06

47' Uburyo bwa Rayon Sports

Kabange akinanye na Tambwe Gloire uhinduye umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, Asman Ndikumana awukina n'umutwe ujya hejuru y'izamu.

19:04

46' Igice cya kabiri cyatangiye

Gorilla FC yatangiranye umupira mu gice cya kabiri, Kalifa Traore awusubiza inyuma kuri bagenzi be.

18:50

Igice cya mbere kirarangiye

Igice cya mbere cy'umukino wo kwishyura wa 1/2 cy'Igikombe cy'Amahoro uri guhuza Rayon Sports na Gorilla FC, kirangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Kugeza ubu Rayon Sports ifite amahirwe yo gukomeza kuko amakipe yombi yanganyije igitego 1-1 mu mukino ubanza.

18:47

45' Iminota itatu y'inyongera

Amakipe yombi ari gusatirana ashaka igitego gikora ikinyuranyo mu gice cya mbere.

18:47

45' Kwizera asabye imbabazi


Kwizera Olivier atabaye izamu mu buryo yashoboraga guteranwa umupira, akomerwa amashyi ariko na we asaba imbabazi.

Haringingo aherutse kuvuga ko uburyo uyu munyezamu akinamo, bubafasha ariko hari ibyo akwiye gukosora.

18:45

44' Coup-franc nziza ya Rayon Sports

Tony Kitoga akuruwe na Khalifa Traore inyuma y'urubuga rw'amahina.

Ikosa rihanwe na Emery Bayisenge, umupira ateye hasi urengera hanze.

18:41

41' Rayon Sports irarokotse

Nduwimana Frank yinjiye mu rubuga rw'amahina, atera umupira unyuze kuri Olivier, usanga Kabange awushyira muri koruneri,

18:40

40' Ihangana, amakarita n'ishyaka mu mukino umwe

18:37

36' Coup-franc ya Gorilla FC

Tambwe Gloire akiniye nabi Mosengo Tansele mu kibuga cya Rayon Sports.

Ikosa rihanwe n'uyu mukinnyi, ariko Rayon Sports yirwanaho.

18:34

33' Uburyo bwa Rayon Sports

Kabange ashyize umupira wo hejuru mu rubuga rw'amahina, Ndikumana Asman awukina n'umutwe, ukurwamo na Serge Ntagisanayo uhise uwufata neza.

Ni ubundi buryo bwari bubonetse kuri Gikundiro nyuma y'umupira wahinduwe na Tambwe ugakurwaho na Uwimana Kevin.

18:32

31' Umukino urimo ihangana rikomeye ku mpande zombi

18:30

29' Kabange yarangaye


Rayon Sports igerageje kubaka neza mu kibuga cya Gorilla FC, Bigirimana Abedi acomeka umupira ashaka Nshimiyimana Kabange, ariko ntiyawugeraho ujya hanze.

18:26

25' Abakinnyi ba Gorilla FC batuye uyu mukino mugenzi wabo Irakoze Darcy wavunitse

18:24

23' Coup-franci nziza ya Rayon Sports

Tony Kitoga ahannye ikosa ryakorewe kuri Tambwe Gloire ahagana muri koruneri, umupira ushyirwa muri koruneri na Ntagisanayo Serge.

18:23

22' Ikarita y'umuhondo

Umutoza wa Gorilla FC, Kirasa Alain, ahawe ikarita y'umuhondo kubera kutishimira ibyemezo by'abasifuzi.

18:22

21' Ikarita y'umuhondo

Duru Ikena Mercy ahawe ikarita y'umuhondo kubera gushaka guhangana na Abedi Bigirimana wari wanze kujya hanze y'ikibuga.

18:21

20' Umukino urimo igitutu gikomeye

18:20

19' Rayon Sports ntiyishimiye ibyemezo bya Twagirumukiza

Abakinnyi, abatoza n'abafana ba Rayon Sports ntibishimiye uko Twagirumukiza Abdul ari gusifura.

Ni nyuma y'uko nta karita ahaye Masudi Narcisse ukiniye nabi Bigirimana Abedi hagati mu kibuga.

18:18

18' Uburyo bwiza bwa Rayon Sports


Ndikumana Asman afashe umupira wari uvuye ku mutwe wa Moussa Omar, atera ishoti rikomeye rinyuze ku ruhande gato rw'izamu rya Gorilla FC.

18:17

17' Gusatira kwa Rayon Sports

Kabange ahawe umupira na Kitoga, awuhindura mu rubuga rw'amahina ariko Bigirimana Abedi ashyiraho umutwe, ujya hejuru y'izamu.

18:17

17' Gusatira kwa Rayon Sports

Kabange ahawe umupira na Kitoga, awuhindura mu rubuga rw'amahina ariko Bigirimana Abedi ashyiraho umutwe, ujya hejuru y'izamu.

18:16

15' Coup-franc ya Rayon Sports

Tony Kitoga akiniwe nabi na Akayezu Jean Bosco mu kibuga cya Gorilla FC, ariko Rayon Sports ihana ikosa ihanahana.

18:14

12' Coup-franc nziza ya Gorilla FC

Ndayishimiye Richard akiniye nabi Akayezu Jean Bosco wari ugiye kwinjira mu rubuga rw'amahina.

Ikosa rihanwe na Mosengo Tansele, umupira awushyira mu rukuta.

18:10

10' Ubwo hafatwaga umunota wo Kwibuka mbere y'umukino

18:09

8' Rayon Sports ifite amakosa menshi

Rayon Sports ikoze ikosa rya gatatu mu mukino, Kanamugire Roger ukiniwe nabi na Tambwe Gloire yitabwaho n'abaganga.

18:08

6' Richard yongeye kwihanangirizwa


Ndayishimiye Richard akoze ikosa rya kabiri nyuma y'irya mbere ryamuhesheje ikarita y'umuhondo.

Ikosa rihanwe na Tansele, umupira ukurwaho na Rayon Sports usanga Duru uwuhinduye, ufatwa neza na Kwizera Olivier.

18:06

6' Gorilla FC yugariye neza

Ndikumana Asman ashatse gukinana neza na Tambwe Gloire ngo bagere mu rubuga rw'amahina rwa Gorilla FC, ariko Moussa Omar ahagarika Asman, akuraho umupira.

18:04

3' Ikarita y'umuhondo

Ndayishimiye Richard wa Rayon Sports, ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Mosengo Tansele hagati mu kibuga.

18:03

1' Umukino watangiye


Umusifuzi Twagirumukiza Abdulkarim yatangije umukino, umupira ukinwa na Rayon Sports yatangiye ihererekanya neza.

17:47

Igikombe cy'Amahoro cya 2026 kizasozwa ku wa Gatandatu utaha


Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryateganyije ko Igikombe cy'Amahoro cy'uyu mwaka kizasozwa ku wa Gatandatu utaha, tariki ya 23 Gicurasi 2026, hakinwa imikino ya nyuma mu bagabo n'abagore.

Imikino yo guhatanira umwanya wa gatatu mu bagabo n'abagore, yombi izaba ku wa Gatanu, tariki ya 22 Gicurasi 2026.

Mu bagore, amakipe yageze ku mukino wa nyuma ni Rayon Sports yasezereye AS Kigali iyitsinze ibitego 9-1 (6-0, 3-1) na Police WFC yasezereye Muhazi United iyitsinze ibitego 8-2 (2-1, 6-1).

Mu bagabo, undi mukino ubanza wa 1/2 warangiye Etincelles FC itsinzwe na APR FC ibitego 3-1 ndetse uwo kwishyura uzabera hano kuri Kigali Pele Stadium ku wa Gatatu.

17:40

Abakinnyi ba Rayon Sports babanje mu kibuga


Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis Christian, yahisemo kubanzamo:

Kwizera Olivier
Youssou Diagne (C)
Emery Bayisenge
Ganijuru Elie
Nshimiyimana Emmanuel Kabange
Ndayishimiye Richard
Tambwe Gloire Ngongo
Bigirimana Abedi
Ndikumana Asman
Mugisha Didier
Tony Kitoga

17:38

Abakinnyi ba Gorilla FC babanje mu kibuga


Umutoza wa Gorilla FC, Kirasa Alain, yahisemo gukoresha:

Ntagisanayo Serge
Akayezu Jean Bosco
Kevin Uwimana
Moussa Omar
Duru Ikena Mercy
Masudi Narcisse
Kanamugire Roger
Nduwimana Franck
Mosengo Tansele
Rutonesha Hesbon
Khalifa Traore

17:35

Umukino wa Rayon Sports na Gorilla FC ni uwo gupfa no gukira


Gutsinda kuri uyu mugoroba birafasha Rayon Sports cyangwa Gorilla FC kugera ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro uzaba ku wa 23 Gicurasi 2026.

Uyu mukino ni ingenzi ku makipe yombi kuko kwegukana Igikombe byafasha iyabigezeho kuzakina CAF Confederation Cup ya 2026/27. Kugira ngo ibyo bigerweho, intambwe ya mbere iraterwa uyu munsi.

Rayon Sports na yo ntacyo irizera gikomeye uyu mwaka kuko Gorilla FC ikomeje igatwara iki Gikombe cy'Amahoro, yazasigara ku rugo kuko APR FC isa n'izatwara Shampiyona.

Ni mu gihe kandi n'umwanya wa kabiri muri Shampiyona, Gikundiro ntiwizeye neza dore ko irusha inota rimwe Kiyovu Sports zizahura ku munsi wa nyuma.

17:28

Ubwo Gorilla FC yasesekaraga kuri Kigali Pele Stadium

17:27

Rayon Sports igera ku kibuga

17:25

Ikaze kuri Kigali Pele Stadium


Umugoroba mwiza! IGIHE ibahaye ikaze kuri Stade ya Kigali yitiriwe umunyabigwi w'Umunya-Bresil, Pele, ahagiye kubera umukino wo kwishyura wa 1/2 cy'Igikombe cy'Amahoro hagati ya Rayon Sports na Gorilla FC.

Amakipe yombi yanganyije igitego 1-1 mu mukino ubanza.

Uyu mukino wo kwishyura uratangira Saa 18:00.