APR FC vs Etincelles FC

APR FC 3-1 Etincelles FC

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Eric Tony Ukurikiyimfura

Amafoto

: Umwari Sandrine

22:45

APR FC yasanze Rayon Sports kuri finale ya Peace Cup || Etincelles yayoroheye cyane: Ibyo twabonye

22:44

Jangwani asubije Wasili I Rayon nzayitsinda 4-0 | Shampiyona nzayishimira cyane II Tuzayiheka nanone

20:07

APR FC 3-1 Etincelles FC (6-2) II Reba ibitego byiza byaranze umukino wa 1/2 cy'Igikombe cy'Amahoro

19:58

APR FC isanze Rayon Sports ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro

APR FC itsinze Etincelles FC ibitego 3-1, iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 6-2 muri ½ cy’Igikombe cy’Amahoro cya 2026.

Ikipe y’Ingabo igeze ku mukino wa nyuma aho izahura na Rayon Sports ku wa Gatandatu utaha, tariki ya 23 Gicurasi 2026.

Etincelles FC izahura na Gorilla FC mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu uzaba ku wa Gatanu, tariki ya 22 Gicurasi 2026.

Ubwo APR FC yaherukaga guhurira na Rayon Sports ku mukino wa nyuma mu 2025, yegukanye igikombe itsinze ibitego 2-0.

Ni mu gihe Gikundiro yari yagitwaye ubwo zahuriraga ku mukino wa nyuma mu 2023, itsinze igitego 1-0.

19:57

Umukino urarangiye

19:57

90+1' Coup-franc ya Etincelles FC

Byiringiro Jean Gilbert akiniye nabi Ishimwe Djabilu inyuma y'urubuga rw'amahina mu ruhande.

Ikosa rihanwe na Ciza Hussein, ariko Hakizimana Adolphe ashyira umupira muri koruneri itagize icyo itanga.

19:55

90' Iminota ibiri y'inyongera

Umusifuzi wa kane yerekanye iminota ibiri y'inyongera, APR FC iri gusatira ishaka igitego cya kane.

19:52

86' Uburyo bwa Etincelles FC

Ciza Hussein ateye umupira wa koruneri, usanga Iraguha Awadi uwukinnye n'umutwe, ujya hejuru y'izamu.

19:51

85' APR FC yirangayeho


Djibril Ouattara ananiwe gutsinda ku mupira ateye ufata igiti cy'izamu uvamo, ugarukira William Mel Togui atera ishoti rikuwemo na Irafasha Patience uhise utabarwa na bagenzi be.

19:50

83' Gusatira kwa Etincelles FC


Niyonkuru Sadjati ateye ishoti rikomeye ari inyuma y'urubuga rw'amahina, umupira ujya hejuru gato.

19:46

79' Igitego cya Etincelles FC

Ciza Hussein agabanyije ikinyuranyo, atsindira Etincelles FC ku mupira ahawe ari mu rubuga rw'amahina.

APR FC 3-1 Etincelles FC (agg 6-2).

19:43

77' Gusimbuza


Mugisha Gilbert asimbuwe na Iraguha Hadji ku ruhande rwa APR FC.

19:41

75' Ngabonziza yari yitsinze


Ciza Hussein ateye koruneri ku ruhande rwa Etincelles FC, umupira urenzwa na Ngabonziza Pacifique washobora kwitsinda.

19:39

73' Gusimbuza

Nduwayo Alex na Denis Omedi basimbuye Niyigena Clement na Hakim Kiwanuka ku ruhande rwa APR FC.

19:37

70' Umukino winjiye mu minota 20 ya nyuma

Biragoye kubona aho Etincelles FC yakura igitego cyangwa yahera ihindura umukino.

Bitabaye ibitangaza, mu minota 20 iri imbere, APR FC iraba igeze ku mukino wa nyuma ndetse izahura na Rayon Sports ku wa Gatandatu utaha.

19:34

68' APR FC yaciye ingando ku izamu rya Etincelles FC


APR FC ikomeje kotsa igitutu Etincelles FC ndetse umupira uri gukinirwa cyane hafi y'izamu ryayo.

19:29

63' Gusimbuza

Bugingo Hakim asimbuye Niyomugabo Claude wavunitse, ku ruhande rwa APR FC.

Ni mu gihe Memel Dao asimbuwe na William Mel Togui.

19:27

60' APR FC ikomeje kwiharira umukino

19:25

58' Niyomugabo yavunitse


Niyomugabo Claude avuye mu kibuga acumbagira ndetse ahaye Ruboneka igitambaro cya Kapiteni wa APR FC.

APR iri gukina ituzuye.

19:23

58' Gusimbuza

Ishimwe Djabilu, Dusabimana Anselme na Ciza Hussein bagiye mu kibuga ku ruhande rwa Etincelles FC.

19:20

54' APR FC yongeye kugerageza

Byiringiro Gilbert ahinduye umupira mu rubuga rw'amahina, ufatwa na Mugisha Gilbert uwuteye hejuru y'izamu.

19:18

52' Uburyo bwiza bwa Etincelles FC


Robert Mukoghotya ahawe umupira mu rubuga rw'amahina, atera ishoti rikomeye rikuwemo na Hakizimana Adolphe uhise utabarwa na bagenzi be.

19:17

51' Etincelles FC yirwanyeho

Mugisha Gilbert acitse Sadjati, ahindura umupira mu izamu ariko Gedeon Ndonga Bivula ahita awushyira muri koruneri n'umutwe.

19:13

47' Igitego cya gatatu cya APR FC


Cheikh Djibril Ouattara atsinze igitego cya gatatu cya APR FC ku mupira arengeje Irafasha Patience.

APR 3-0 Etincelles FC (agg 6-1).

Kugeza ubu Ikipe y'Ingabo iri ku mukino wa nyuma.

19:10

46' Igice cya kabiri cyatangiye

Umusifuzi Dushimimana Eric atangije igice cya kabiri.

APR FC itangiranye umupira, Djibril Ouattara awusubiza inyuma kuri bagenzi be.

19:08

Ni APR FC iri hejuru cyangwa ni Etincelles FC iri hasi?


Ni gake cyane muri uyu mwaka w'imikino APR FC yihariye umukino gutya, uretse ku mikino irimo ibiri yayihuje na Rayon Sports muri Shampiyona (Ugushyingo) na Super Coupe.

Kuri uyu mugoroba, iyi kipe irasatira ubutitsa ndetse wavuga ko amanota yabo yose bayafite, uretse ayo kuba batatsinze ibitego birenze bibiri kuko na bitanu cyangwa ibirenga byashobokaga kugeza ubu.

Etincelles FC yari yatsinze APR ibitego 2-1 muri Shampiyona, yatsinzwe ibitego 3-1 mu mukino ubanza kandi imikino yombi yabereye ku kibuga kimwe i Rubavu mu gihe cy'iminsi itatu gusa.

Umutoza wayo Bizimana Abdou Bekeni aheruka kuvuga ko nubwo yatsinda APR ntacyo yaba agiye gukora ku mukino wa nyuma kuko ikipe ye itabona ubushobozi bwo guhagararira igihugu.

Yaba ari yo mpamvu?

18:54

Igice cya mbere kirarangiye


Igice cya mbere cy'umukino wo kwishyura wa 1/2 cy'Igikombe cy'Amahoro, uri kubera kuri Kigali Pele Stadium, kirangiye APR FC yatsinze Etincelles FC ibitego 2-0 bya Mugisha Gilbert na Memel Raouf Dao.

APR FC yatsinze ibitego 3-1 mu mukino ubanza.

18:53

45+2' APR FC yongeye kwirangaraho


Niyomugabo Claude ashyize umupira mu mugongo wa ba myugariro ba Etincelles FC, ufatwa na Memel Dao uwucomekeye Ouattara, atera ishoti rifashwe neza na Irafasha Patience.

18:51

45' Iminota ibiri y'inyongera


APR FC ikomeje gusatira, ihushije ubundi buryo bw'umupira utewe na Ouattara, ufata igiti cy'izamu ujya hanze.

18:50

44' APR FC yirangayeho

Byiringiro ahinduye umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, ukorwaho na myugariro wa Etincelles FC usanga Dao ucenze umukinnyi umwe, awuha Kiwanuka uteye agapira gafashwe na Irakoze Patience.

18:49

43' Gusatira kwa APR FC


Niyomugabo Claude ahinduye umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, Ouattara arasimbuka awukina n'umutwe, ariko ujya ku ruhande rw'izamu.

18:46

40' APR FC ntishyirwayo

Nubwo yamaze kubona ibitego bibiri ndetse ubu Etincelles FC ikeneye ibitego bitanu ngo iyisezerere, APR FC yakomeje gusatira.

18:43

37' Igitego cya kabiri cya APR FC

Memel Raouf Dao atsinze igitego cya kabiri cya APR FC ku mupira umusanze mu rubuga rw'amahina nyuma yo gukurwaho nabi na Etincelles FC.

APR FC 2-0 Etincelles FC (agg 5-1).

18:40

34' Ubundi buryo bwa APR FC


Ouattara yongeye gukinana na Byiringiro Gilbert winjiye neza hafi y'izamu, ahinduye umupira bagenzi be barimo Dao bananirwa kuwukina neza, uyu Munya-Burkina Faso atera umupira ushyizwe muri koruneri na Irafasha Patience.

18:36

29' Umugore we aratwite?


Mugisha Gilbert yishimiye igitego yatsindiye APR FC akora ikimenyetso kimenyerewe ku bakinnyi baba bagaragaza ko abagore babo batwite.

Uyu mukinnyi wa APR FC yakoze ubukwe na Mpinganzima Josephine mu Ukwakira 2025.

18:34

28' APR FC ihushije uburyo bwabazwe

Memel Dao yinjiye mu rubuga rw'amahina acenga, ahitamo kwiterera mu izamu, Irakoze Patience akora ku mupira wagendaga gake ujya muri koruneri.

Yunussu na we ahinduye umupira, ushyizweho umutwe na Ngabonziza Pacifique ujya ku ruhande rw'izamu.

18:31

26' APR FC ntiri guha Etincelles FC agahenge

18:31

25' Uburyo bwa APR FC

Ruboneka Bosco ateye ishoti rigendera hagati, rikurwamo na Irakoze Patience, Ouattara agiye gufata umupira uhita ukurwaho na Ndonga Bivula.

18:29

23' Gusatira kwa Etincelles FC


Niyonkuru Sadjati yinjiranye umupira mu rubuga rw'amahina, awuhinduye mu izamu, Niyigena Clement aritambika awushyira muri koruneri itagize icyo itanga.

18:26

20' Igitego cya APR FC


Mugisha Gilbert afunguye amazamu ku gitego atsindishije ivi nyuma y'umupira mwiza uhinduwe na Byiringiro Jean Gilbert wari uherejwe na Djibril Outtara.

APR FC 1-0 Etincelles FC (agg 4-1).

18:23

17' Ubundi buryo bwiza kuri APR FC


Rutahizamu Djibril Ouattara ashatse gutungurana, atera ishoti rikomeye ari inyuma y'urubuga rw'amahina, umupira ufata umutambiko w'izamu ujya hanze.

Ouattara ahawe kandi umupira na Memel Dao, ateye ishoti rijya hejuru.

18:21

15' APR FC ikomeje kwirangaraho


APR FC ikomeje kubona amahirwe atandukanye ariko abakinnyi bayo ntibayabyaze umusaruro.

Uburyo buheruka ni umupira uhinduwe na Niyomugabo Claude habura mugenzi we uwukoraho, urarenga.

18:20

Abakinnyi ba Etincelles bifashishijwe kuri uyu mugoroba


Umutoza wa Etincelles FC, Bizimana Abdu Bekeni, ari gukoresha:

Irakoze Patience
Ndonga Bivula
Manishwe Yves
Abdul Salam
Iraguha Awadi
Emmanuel Mucyo
Gakumba Innocent
Niyonkuru Sadjati
Niyonkuru Sadjati
Denys Irafasha
Robert Mukoghotya.

18:15

10' APR FC yambaye umukara, Etincelles FC yambara umuhondo n'umutuku kuri uyu mugoroba

18:13

7' Gusatira kwa Etincelles FC


Niyonkuru Sadjati yinjiye mu rubuga rw'amahina rwa APR FC anyuze iburyo, atera ishoti rifashe inshundura ntoya z'izamu.

18:11

5' APR FC ihushije igitego cyabazwe


Djibril Ouattara acomekeye umupira Memel Dao mu rubuga rw'amahina, awuhindura mu izamu ukurwamo Patience, usanga Mugisha Gilbert uwuteye hejuru arebana n'izamu.

18:10

4' Coup-franc ya APR FC

Ruboneka Bosco ahannye ikosa ryakorewe kuri Memel Dao, Gedeon Ndonga akuraho umupira n'umutwe.

18:09

3' APR FC yirangayeho

Mugisha Gilbert yinjiranye umupira mu rubuga rw'amahina, ananirwa kuwutera mu izamu awihera myugariro wa Etincelles FC.

Amakipe yombi ari gusatirana ashaka igitego hakiri kare.

18:06

1' Umukino watangiye


Etincelles FC yatangiranye umupira nyuma y'uko umusifuzi Dushimimana Eric ahushye mu ifirimbi.

Iyi kipe y'i Rubavu yabanje kuwusubiza inyuma, ihita isatira APR FC.

18:03

Hafashwe umunota wo Kwibuka


Mbere y'uko umukino utangira, abari kuri Kigali Pele Stadium barahagurutse bafata umunota wo kwibuka no guha icyubahiro Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994.

18:00

Ikipe ikomeza izahura na Rayon Sports


Ikipe itsinda hagati ya APR FC na Etincelles FC, ikagera ku mukino wa nyuma, izahura na Rayon Sports yasezereye Gorilla FC ku wa Kabiri.

Umukino wa nyuma uzakinwa ku wa Gatandatu, tariki ya 23 Gicurasi 2026.

Ni mu gihe umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu bizaba tariki ya 22 Gicurasi 2026.

17:53

Abakinnyi ba APR FC babanje mu kibuga


Umutoza wa APR FC, Abderrahim Taleb, yahisemo kubanzamo:

Hakizimana Adolphe
Niyomugabo Claude (C)
Niyigena Clement
Nshimiyimana Yunussu
Byiringiro Jean Gilbert
Ngabonziza Pacifique
Ruboneka Jean Bosco
Memel Raouf Dao
Hakim Kiwanuka
Cheikh Djibril Ouattara
Mugisha Gilbert

17:43

Ikaze kuri Kigali Pele Stadium


Umugoroba mwiza! IGIHE ibahaye ikaze kuri Stade ya Kigali yitiriwe Pele, ahagiye kubera umukino wo kwishyura wa 1/2 cy'Igikombe cy'Amahoro uhuza APR FC na Etincelles FC.

Umukino ubanza wabereye i Rubavu, warangiye Ikipe y'Ingabo z'Igihugu itsinze ibitego 3-1.

Umukino wo kwishyura uratangira Saa 18:00.