Rayon Sports vs Gorilla FC

Rayon Sports 1-1 Gorilla FC

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Iradukunda Olivier

Amafoto

: Umwari Sandrine

23:02

Rayon Sports ihaye APR igikombe || Urusimbi rwa Haringingo rumushyize mu mazi abira : Ibyo twabonye


21:10

Mu burakari bwinshi Aba -Rayons babyegetse kuri Haringingo II Nta cyizere cyo kuzatsinda APR

20:28

90+6' Umukino urarangiye

Rayon Sports inganyije na Gorilla FC igitego 1-1. Gikundiro igize amanota 52, atuma irushwa amanota arindwi na APR FC mu gihe isigaje imikino ibiri ya Shampiyona y'u Rwanda.

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu ifite amanota 59 ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw'agateganyo rwa BK Pro League, ihise isatira kwegukana iri rushanwa ku makipe yo mu Rwanda, ikaba yanabona itike yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions League.

Kiyovu Sports ni indi kipe ifite amahirwe kugeza ubu. Ibi bikaba ariko mu gihe Kiyovu Sports yaba yatsinze imikino yose isigaje, Ikipe y'Ingabo z'Igihugu na yo ikaba yatsinzwe imikino yose isigaye.

APR FC iri gushaka Igikombe cya Shampiyona y'u Rwanda ku nshuro ya karindwi yikurikiranya, n'icya 24 yaba itwaye mu mateka yayo.

Mu gihe Kiyovu Sports y'amanota 50 isigaje imikino itatu yakwitwara neza, byayihesha umwanya wa kabiri muri shampiyona, Rayon Sports yatsindirwa ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro, byahita bihesha Urucaca itike yo kuba ari rwo ruzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup.

Rayon Sports igifite amahirwe yo guhagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga by'umwihariko CAF Confederation Cup, izahura na APR FC ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro. Ni umukino uzaba ku wa 23 Gicurasi 2026.

20:27

90+4' Iminota ya nyuma y'indyankurye

Amakipe yombi arashaka intsinzi, biri gutuma haboneka amakosa menshi no gusatirana cyane.

20:26

90+2' Coup-franc ya Gorilla FC

Akayezu akiniwe nabi na Ndayishimiye Richard, hatangwa coup-franc.

20:23

90' Iminota itanu y'inyongera

Umukino wongeweho iminota itanu kuri 90 y'umukino.

20:22

89' Rayon Sports irashaka igitego

Rayon Sports iri gusatirana imbaraga, ishaka igitego mu minota ya nyuma.

20:20

87' Gorilla FC irasimbuje

Nduwimana Franck asimbuwe na Nduwimana Eric.

20:18

84' Ikarita y'umuhondo kuri Rayon Sports

Bayisenge Emery yeretswe ikarita y'umuhondo nyuma yo gukorera ikosa Kalifa Traore.

20:15

82' Igitego cya Rayon Sports

Abedi Bigirimana atsinze igitego cya Rayon Sports, ku mupira mwiza ahawe na Ishimwe Elie Ganijuru.

20:13

80' Rayon Sports irasimbuje

Habimana Yves avuye mu kibuga, aha umwanya Joackim Vigninou.

20:12

79' Rayon Sports yakambitse ku izamu rya Gorilla FC

Abakinnyi ba Rayon Sports bari gukinira mu kibuga cya Gorilla FC, bashaka igitego. Habimana Yves ageze imbere y'izamu atera ishoti hejuru yaryo.

20:10

77' Rayon Sports ihushije igitego

Tambwe Gloire ateye ishoti mu izamu ariko Akayezu aritambika awukuramo, aranawumurengesha.

20:09

75' Umukino ugeze mu minota ya nyuma

Rayon Sports ikomeje gushaka igitego cyo kwishyura Gorilla FC, ariko ubwugarizi bwayo bukayibera ibamba.

20:06

71' Ikarita y'umuhondo kuri Gorilla FC

Ntagisanayo Serge uri mu izamu rya Gorilla Fc yeretswe ikarita y'umuhondo kubera gutinza umukino.

20:05

71' Gorilla FC irasimbuje

Mosengo Tansele na Mudeyi Mussa basimbuye ku ruhande rwa Gorilla FC.

20:00

66' Ikarita y'umuhondo kuri Gorilla FC

Masudi Narcisse akiniye nabi Aziz hatangwa coup-franc n'ikarita y'umuhondo.

Iyi itewe na Emery ariko ayitereka mu rukuta.

19:56

63' Abafana ba Rayon Sports baratuje

Abafana ba Rayon Sports baratuje mu gihe bategereje ko ikipe yabo yishyura igitego.

19:54

60' Rayon Sports yari yitsinze

Nshimiyimana Emmanuel yari ananiwe kumvikana na Ishimwe Patrick uri mu izamu rya Rayon Sports, habura gato ngo umupira ujye mu izamu ariko Emmanuel ahita akiza izamu.

19:52

59' Rayon Sports ihushije igitego

Tony Kitoga ateye ishoti rikomeye ari inyuma y'urubuga rw'amahina, ariko umupira unyura hafi y'izamu gato.

19:49

55' Coup-franc ya Rayon Sports

Nduwimana Franck wa Gorilla FC akiniye nabi Abedi, hatangwa coup-franc.

19:47

52' Umukino uhagazeho gato

Kalifa Traore wa Gorilla FC agonganye na Bigirimana Abedi, hahamagazwa abaganga ngo bamwiteho.

19:44

50' Coup-franc ya Rayon Sports

Moussa Omar akoreye ikosa Aziz Bassane, hatangwa coup-franc

19:42

47' Rayon Sports ihushije igitego

Ganijuru ahereje umupira Aziz Bassane, awurenza umunyezamu wa Gorilla ariko Uwimana Kevin ahita akiza izamu hakiri kare.

19:40

46' Rayon Sports ikoze impinduka

Abakinnyi batatu ba Rayon Sports binjiye mu kibuga. Ishimwe Elie Ganijuru, Aziz Bassane na Tambwe Gloire ni bo bagiyemo havamo Faustin Likau, Mugisha Didier na Aziz Dao.

19:38

46' Igice cya kabiri kiratangiye

19:22

45+6' Igice cya mbere kirarangiye

19:21

45+4' Koruneri ya Rayon Sports

Duru Mercy wa Gorilla FC arengeje umupira wari uhinduwe na Nshimiyimana Emmanuel, hatangwa koruneri.

19:19

45+1' Rayon Sports ibuze igitego cyabazwe

Tony Kitoga ahawe umupira na Habimana Yves, ananirwa gutera mu izamu arawumusubiza, na we ntiyawutera mu izamu kugeza Duru Mercy awubakuyeho.

19:17

45' Iminota ine y'inyongera

Igice cya mbere cyongeweho iminota ine.

19:16

44' Koruneri ya Rayon Sports

Mussa Omar wa Gorilla FC arengeje umupira hatangwa koruneri ya Rayon Sports.

19:14

41' Igice cya mbere kiri kugana mu minota ya nyuma

Umukino uri kugana mu minota ya nyuma y'igice cya mbere, Rayon Sports ikaba ikomeje guhusha uburyo bwinshi bw'ibitego, bituma Gorilla FC ikomeza kuyobora umukino.

19:11

37' Rayon Sports ihushije igitego

Nshimiyimana Emmanuel atanze umupira mu rubuga rw'amahina, ariko ufashwe na Habimana Yves awutera hejuru y'izamu.

19:07

34' Uburyo bw'igitego kuri Gorilla FC

Duru Ikena Mercy wa Gorilla FC akiniwe nabi, hatangwa coup-franc yari ivuyemo igitego ariko umupira Rutonesha ateye uca hafi y'izamu gato.

19:04

32' Rayon Sports ihushije igitego cyabazwe

Habimana Yves wa Rayon Sports ahaye umupira mwiza Mugisha Didier, ananirwa gushyira umupira mu izamu ari wenyine, kugeza bawumukuyeho.

19:03

30' Coup-franc ya Gorilla FC

Ndayishimiye Richard wa Rayon Sports akiniye nabi Masudi Narcisse, hatangwa coup-franc kuri Gorilla FC.

19:01

28' Gorilla FC iyoboye umukino

Mu gihe Rayon Sports igishaka uko yishyura, Gorilla FC iracyayoboye n'igitego 1-0.

18:59

26' Rayon Sports ihushije igitego

Nshimiyimana Emmanuel wa Rayon Sports ateye ishoti rikomeye mu izamu rya Gorilla FC ariko ukubita mu rukuta rwa Gorilla FC.

18:57

25' Umukino uhagazeho gato

Umukino uhagazeho gato mu gihe Kalifa Traore wa Gorilla FC ari kuvurwa kubera ikosa yakorewe na Nshimimana Fabrice.

18:55

22' Ikarita y'umuhodo kuri Gorilla FC

Kanamugire Roger wa Gorilla FC akiniye nabi Abedi, yerekwa ikarita y'umuhondo.

18:51

19' Coup-franc ya Rayon Sports

Abedi akorewe ikosa mu kibuga hagati, hatangwa coup-franc.

18:48

15' Igitego cya mbere cya Gorilla FC

Rutonesha Hesbon wa Gorilla FC abyaje umusaruro guhagarara nabi kw'abakinnyi ba Rayon Sports, atera ishoti rihise rijya mu izamu.

Umupira ateye unyuze mu nshundura zacitse ujya hanze. Abasifuzi bagiye kongera kuzisana.

18:44

12' Kwizera Olivier ari mu bafana

Umunyezamu wa mbere wa Rayon Sports, Kwizera Olivier, ari kurebera umukino mu myanya y'abafana.

18:41

9' Rayon Sports ihushije igitego cyabazwe

Tony Kitoga wa Rayon Sports ahereje umupira Habimana Yves, agiye gutera mu izamu yarebaga wenyine, agongana n'umunyezamu wa Gorilla FC, Ntagisanayo Serge, bombi baryama hasi basaba kuvurwa mu gihe umupira wari wasubiye inyuma.

18:38

6' Coup-franc ya Rayon Sports

Nshimimana Fabrice wa Rayon Sports akorewe ikosa na Nduwimana Franck mu kibuga hagati, hatangwa coup-franc.

18:36

4' Abafana ni bake

Abafana bari muri stade ni bake ugereranyije n'uburemere bw'uyu mukino, Rayon Sports yari ikeneye ngo idatanga igikombe ku mukeba.

18:34

2' Gorilla FC itangiranye imbaraga

Nduwimana Franck atanze umupira mu rubuga rw'amahina ari gushaka Karenzo Alexis ariko umunyezamu wa Rayon Sports, Ishimwe Patrick arawumutanga.

18:31

1' Umukino uratangiye

18:30

Abasifuzi b'umukino

Nizeyimana Is'haq ni we musifuzi wo mu kibuga hagati, Ndayisaba Hamis Said na Mugisha Fabrice bakaza kuba mu mpande, naho Gad Ahadi akaza kuba ari umusifuzi wa kane.

Komiseri w'umukino ni Nduwumwami Jean.

18:26

Rayon Sports yakoze impinduka

Umunyezamu Kwizera Olivier ntabwo ari mu bakinnyi Rayon Sports yifashisha ku mukino igiye kwakiramo Gorilla FC kuri Kigali Pelé Stadium, bikavugwa ko yagize uburwayi mbere gato y'uko umukino utangira.

Mu bwugarizi Ben Aziz Dao na Nshimimana Fabrice bongeye kugaragara mu kibuga havamo Ganijuru Elie na Youssou Diagne.

Tambwe Gloire yabanje hanze, mu gihe mu kibuga hagiyemo Faustin Likau.

Asman Ndikumana wavunitse ntari mu bakinnyi bifashishwa kuri uyu mukino, ahubwo Habimana Yves yabanje mu kibuga mu bataha izamu.

Iyi kipe iri kwitegura gukina na APR FC mu mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro.

18:03

AMAFOTO: Uko abakinnyi ba Gorilla FC bageze kuri stade

18:02

AS Kigali yiyongereye amahirwe yo kutamanuka

AS Kigali yiyongereye amahirwe yo kuguma mu Cyiciro cya Mbere, itsinda Gicumbi FC ibitego 2-1 mu mukino wabanje kubera muri Kigali Pele Stadium. Abanyamujyi bagize amanota 32 ku mwanya wa 15, ni ukuvuga amanota atanu hejuru y'umurongo utukura.

17:54

Abakinnyi Gorilla FC yabanje mu kibuga

Abakinnyi 11 Umutoza wa Gorilla FC, Kirasa Alain, yahisemo kubanza mu kibuga.

Ntagisanayo Serge
Mussa Omar
Duru Mercy Ikena
Akayezu Jean Bosco
Uwimana Kevin
Kanamugire Roger
Karenzo Alexis
Masudi Narcisse
Kalifa Traore
Rutonesha Hesbon
Nduwimana Franck

17:51

Abakinnyi Rayon Sports yabanje mu kibuga

Abakinnyi 11 Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis, yahisemo kubanza mu kibuga.

Ishimwe Patrick
Nshimiyimana Emmanuel
Dao Ben Aziz
Bayisenge Emery
Nshimimana Fabrice
Ndayishimiye Richard
Habimana Yves
Bigirimana Abedi
Likau Faustin Kitoko
Mugisha Didier
Tony Kitoga

17:48

Gorilla FC iheruka kwihambira kuri Rayon Sports

Rayon Sports iherutse kunganya na Gorilla FC 0-0 mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cy'Igikombe cy'Amahoro, ikomeza kubera igitego cyo hanze (1-1, 0-0).

17:39

Amakipe yombi yatangiye kwishushya

Abakinnyi ba Rayon Sports n'aba Gorilla FC batangiye kwishyushya mbere yo guhurira muri uyu mukino w'ishiraniro.

17:38

Ikaze kuri Kigali Pelé Stadium

IGIHE ibahaye ikaze kuri Kigali Pelé Stadium, ahagiye kubera umukino w'Umunsi wa 32 wa Shampiyona y'u Rwanda uhuza Rayon Sports na Gorilla FC.

Ni umukino ufite icyo uvuze cyane kuri Gikundiro, kuko niramuka iwutsinzwe cyangwa ikawunganya, Igikombe cya Shampiyona ku makipe yo mu Rwanda kirahita kijya mu maboko ya APR FC.

Rayon Sports iri ku mwanya wa kane n'amanota 51, irarushwa umunani na APR FC ya kabiri ku rutonde rw'agateganyo rwa BK Pro League.

Umukino uratangira saa 18:30.