APR FC vs Rutsiro FC

APR FC 3-0 Rutsiro FC

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Iradukunda Olivier

Amafoto

: Umwari Sandrine

17:35

AMASHUSHO: Niyomugabo n'abafana ba APR mu byishimo || Rutsiro yari imyitozo II Bahaye ubutumwa Wasiri na Rayon

17:31

AMAFOTO: Abafana ba APR FC bishimira intsinzi

16:56

90+5' Umukino urarangiye

APR FC itsinze Rutsiro FC ibitego 3-0, igira amanota 62 ku mwanya wa kabiri ku rutondo rwa Shampiyona y'u Rwanda nyuma y'imikino 32 imaze gukinwa.

Iyi Kipe y'Ingabo z'Igihugu isigaje imikino ibiri muri BK Pro League, aho izakina na Al Merrikh SC, ndetse n'uwa Gicumbi FC ari na wo izahererwaho Igikombe cya Shampiyona kuko ari yo ya mbere mu makipe yo mu Rwanda, dore ko Al Hilal SC yo muri Sudani yegukanye Igikombe cy'Icyubahiro.

Rutsiro FC yakomeje kugira amanota 26 ku mwanya wa nyuma, aho iri mu rugamba rwo guhangana no kutamanuka. Mu mikino isigaje harimo uwa AS Kigali na yo itorohewe, n'undi uzayihuza na Bugesera FC. Imikino yombi izabera i Rubavu.

Indi mikino yakinwe kuri uyu munsi:

Amagaju FC 1-0 Al Merrikh SC
Musanze FC 3-2 Gasogi United

16:55

90+4' APR FC yirangayeho

Umunyezamu wa Rutsiro FC akoze amakosa ashaka gucenga abakinnyi ba APR FC yasohotse mu izamu barawumwambura, ariko Mamadou Sy ananirwa gutsinda igitego.

16:51

90' Iminota itanu y'inyongera

Umukino wongeweho iminota itanu kuri 90 y'umukino.

16:50

89' Abafana ba APR FC bishimiye intsinzi

16:47

85' Rutsiro FC irarokotse

Ouattara ateye umupira mu izamu ukubita umutambiko w'izamu, Mamadou Sy ashaka gusobyamo ariko uca hanze y'izamu.

16:41

81' Umukino ugeze mu minota ya nyuma

Umukino uri gukinwa iminota 10 ya nyuma, APR FC ikaba iyoboye ku bitego 3-0.

16:40

79' APR FC irasimbuje

Ruboneka Jean Bosco na Byiringiro Gilbert bavuye mu kibuga hajyamo Nshimiyimana Yunusu na Mamadou Sy.

16:38

77' Coup-franc ya Rutsiro FC

Mumbere Jonas akorewe ikosa hafi y'urubuga rw'amahina, hatangwa coup-franc kuri Rutsiro FC, ariko itewe Hakizimana Adolphe awushyira muri koruneri.

16:35

74' AMASHUHO: Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis n’Umuyobozi wa Tekinike muri iyi kipe, Dylan Lienart, bitabiriye umukino wa APR FC na Rutsiro FC

Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis n’Umuyobozi wa Tekinike muri iyi kipe, Dylan Lienart, bo bombi bitabiriye umukino wa APR FC na Rutsiro FC kuri Kigali Pelé Stadium.

Gikundiro izakina n’Ikipe y’Ingabo ku wa Gatandatu, ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro.

16:31

70' APR FC irasimbuje

Memel Dao avuye mu kibuga, hajyamo Denis Omedi.

16:28

67' APR FC irasimbuje

Iraguha Hadji na Ngabonziza Pacifique bagiye mu kibuga havamo Hakim Kiwanuka na Ssekiganda Ronald.

16:27

65' APR FC yirangayeho

Hakim Kiwanuka ageze imbere y'izamu ananirwa gutera mu izamu, ahubwo aracenga cyane kugeza bamukuyeho umupira.

16:26

61' Rutsiro FC irasimbuje

Rutsiro FC ikuye mu kibuga Mumbere Mbusa Jeremy na Mutijima Gilbert, hajyamo Iradukunda Olivier na Bonyambala Tanda.

16:23

58' APR FC yihariye umukino

APR FC yizeye intsinzi iri gukinira neza inyuma irinda ibitego byayo.

16:18

55' Igitego cya gatatu cya APR FC

Byiringiro Gilbert utsinze igitego azamukanye umupira, akinana neza na Memel Dao, ahita atsinda igitego cya gatatu kubera guhagarara nabi kw'abakinnyi ba Rutsiro FC.

16:12

51' Rutsiro FC ihushije igitego

Mumbere Jonas ateye ishoti rikomeye mu izamu rya APR FC ariko rica hanze y'izamu.

16:10

48' Coup-franc ya Rutsiro FC

Memel Dao akiniye nabi Ndabitezimana Lazard, hatangwa coup-franc kuri Rutsiro FC, ihita iterwa vuba cyane.

16:08

46' Rutsiro FC irasimbuje

Rutsiro FC ikoze impinduka, aho ikuyemo Sunzu Mende hajyamo Maniragaba Djafari.

16:06

46' Igice cyabiri kiratangiye

16:04

Uko ku bindi bibuga bimeze

Amagaju FC yatsinze Al Merrikh SC igitego 1-0 cyinjijwe na Rachid Mapoli.

Musanze FC yatsinze Gasogi United FC ibitego 2-1. Ni ibitego byashyizwemo na Christive Bioko na Manishimwe Samuel, mu gihe icya Gasogi United cyatsinzwe na Muderi Akbar.

15:50

45+3' Igice cya mbere kirarangiye

15:49

45+2' APR FC yari ibonye amahirwe y'igitego

William Togui ahereje umupira Ouattara, ariko umusifuzi avuga ko yaraririye.

15:46

45' Iminota itatu y'inyongera

Igice cya mbere c y'umukino cyongeweho iminota itatu.

15:46

44' Abafana ba APR FC batuje

Abafana ba APR FC bari kubona ikipe yabo ikina neza yanatsinze, bafite akanyamuneza.

15:42

40' Igitego cya kabiri cya APR FC

Sheikh Djibril Ouattara atsinze igitego cya kabiri cya APR FC, ku makosa akozwe na Manala Joseph uri mu izamu rya Rutsiro FC. Uyu munyezamu ashatse gufata umupira uvuye ku mutwe w'uyu rutahizamu, uramujabuka.

Ouattara uyoboye abandi mu kugira ibitego byinshi muri Shampiyona y'u Rwanda, agize 16.

15:41

39' Manula atabaye Rutsiro FC

Umunyezamu wa Rutsiro FC, Joseph Manula, akuyemo umupira ukomeye wari uvuye ku ishoti ryatewe na Djibril Ouattara.

15:39

37' APR FC iri gushaka igitego cya kabiri

APR FC iri gusatira cyane Rutsiro FC ishaka ikindi gitego.

15:37

35' APR FC ihushije igitego cyabazwe

Hakim Kiwanuka azamukanye umupira wenyine, ageze mu rubuga rw'amahina atera ishoti ariko rinyura hafi y'izamu gato.

15:36

34' APR FC yirangayeho

Memel Dao atanze umupira kuri Djibril Ouattara, ariko ananirwa gucenga umunyezamu wa Rutsiro FC uwumwambuye.

15:35

32' Coup-franc ya Rutsiro FC

Ronald Ssekiganda wa APR FC akiniye nabi Mumbere Jonas, Rutsiro FC ihabwa coup-franc itewe nabi na Nkubito Amza.

15:32

30' Rutsiro FC yirangayeho

Mumbere Jonas wa Rutsiro FC ateye ishoti rikomeye mu izamu rya APR FC, ariko Niyigena Clement aritambika akiza izamu.

15:29

27' ARP FC ihushije igitego

Memel Dao ateye ishoti rikomeye ari hanze y'urubuga rw'amahina ashaka gutungura Mutuabo Manala uri mu izamu rya Rutsiro FC ariko arirambura arawufata.

15:28

25' APR FC yihariye umukino

APR FC iri guhanahana neza hafi y'urubuga rw'amahina rwa Rutsiro FC ishaka ikindi gitego.

15:24

22' Igitego cya APR FC

William Togui atsinze igitego cya mbere cya APR FC, ku kazi gakomeye gakozwe na Memel Dao umuhereje umupira.

15:20

18' Coup-franc ya Rutsiro FC

Ruboneka wa APR FC akiye nabi Nkubito Amza wa Rutsiro FC, hatangwa ikosa mu kibuga hagati.

15:17

15' Umukino uri kugenda buhoro

Amakipe yombi ari gukinira mu kibuga hagati, nta gusatira amazamu kuri kubaho.

15:15

12' Byiringiro Gilbert asohowe mu kibuga

Myugariro wa APR FC, Byiringiro Gilbert wavunitse asohowe mu kibuga atwawe ku ngobyi.

15:12

10' Umukino uhagazeho gato

Byiringiro Jean Gilbert wababaye ari kuvurirwa mu kibuga mu gihe umukino ubaye uhagazeho gato.

15:09

7' Coup-franc ya Rutsiro FC

Djibril Ouattara agonganye na Sunzu Mende, hatangwa coup-franc kuri Rutsiro FC, ariko Ndizeye Gad ayitera nabi.

15:08

5' APR FC itangiye neza

APR FC itangiye neza umukino, igerageza guhanahana neza mu kibuga hagati ishaka uko isatira.

15:06

3' Coup-franc ya APR FC

Bizimana Kelvin wa Rutsiro akiniye nabi Hakim Kiwanuka, hatangwa coup-franc itewe na Bugingo Hakim, ariko umunyezamu wa Rutsiro FC, Mutuabo Joseph awushyira muri koruneri itagize icyo itanga.

15:02

1' Umukino uratangiye

15:00

Hafashwe umwanya wo kwibuka

Abari muri stade bose bamaze gufata umwanya wo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

14:57

Abakinnyi Rutsiro FC ibanza mu kibuga

Abakinnyi 11 Umutoza wa Rutsiro FC, Rubangura Omar, yahisemo kubanza mu kibuga.

Mutuabo Manala Joseph
Mumbere Mbusa Jeremie
Kwizera Bahati Emilien
Ndizeye Gad
Bizimana Kelvin
Mutijima Gilbert
Nkubito Amza
Kwizera Eric
Ndabitezimana Lazard
Mumbere Jonas
Sunzu Mende Bonheur

14:53

Abakinnyi APR FC ibanza mu kibuga

Abakinnyi Umutoza wa APR FC, Talib Abderrahman, yahisemo kubanza mu kibuga

Hakizimana Adolphe
Bugingo Hakim
Niyigena Clement
Byiringiro Jean Gilbert
Ishimwe Abdoul
Ronald Ssekiganda
Ruboneka Jean Bosco
Memel Dao
Hakim Kiwanuka
Djibril Ouattara
William Togui

14:44

Abasifuzi b'umukino

Umukino urasifurwa na Ugirashebuja Ibrahim, yungirizwe na Ishimwe Didier na Ruhumuriza Justin, naho umusifuzi wa kane araba ari Akingeneye Hicham.

Sekamana Abdoul araba ari Komiseri w'Umukino.

14:40

Amafoto y'amakipe yombi yishyushya

14:38

Indi mikino iri gukinwa

Kuri i Cyumweru, harakinwa imikino ya nyuma y'Umunsi wa 32, aho Amagaju FC yakira Al Merrikh, naho Musanze FC yakire Gasogi United.

14:34

Amakipe yombi yatangiye kwishyushya

Abakinnyi ba APR FC na Rutsiro FC bageze mu kibuga batangira kwishyushya mbere yo guhurira muri uyu mukino.

14:14

Amafoto: Uko amakipe yombi yageze ku kibuga

14:13

IGIHE Ibahaye ikaze kuri Kigali Pelé Stadium

IGIHE ibahaye ikaze kuri Kigali Pelé Stadium, ahagiye kubera umukino w'Umunsi wa 32 wa Shampiyona y'u Rwanda uhuza APR FC na Rutsiro FC.

Ni umukino Ikipe y'Ingabo z'Igihugu igiye gukina yaramaze kwegukana Igikombe cya BK Pro League mu makipe yo mu Rwanda.