APR FC vs Rayon Sports

APR FC 1-1 Rayon Sports

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Eric Tony Ukurikiyimfura & Iradukunda Olivier

Amafoto

: Umwari Sandrine

22:27

Imbamutima za Niyigena Clement na Byiringiro Gilbert nyuma y’aho APR bakinira yegukanye Igikombe cy’Amahoro cya 2026.

22:22

AMASHUSHO: Jangwani n'abafana ba APR byabarenze II Uko bishimiye igikombe II Bishongoye kuri Rayon biratinda

22:08

AMAFOTO: APR FC yishimiye igikombe mu buryo budasanzwe

Abakinnyi ba APR FC, abatoza n'abafana bayo, bishimiye kwegukana Igikombe cy'Amahoro no guhabwa sheki ya miliyoni 12 Frw. Ni mu gihe Rayon Sports yabaye iya kabiri yahawe miliyoni 5 Frw.

21:49

AMASHUSHO: Umva ibyishimo bya Clement, Togui, Dauda, Kagege na Barafinda nyuma yo kwegukana Igikombe cy'Amahoro

21:41

AMAFOTO: Abakinnyi ba Rayon Sports WFC bishimira igikombe

21:13

Aba-Rayons barababaye

Benshi mu bakunzi ba Rayon Sports ntibishimiye kubona umunyezamu Kwizera Olivier atera penaliti, aho kuri iyi nshuro atahiriwe nk'uko byari byagenze kuri Police FC muri 1/4, ahubwo akayihusha.

Uwitwa Urinde Wiyemera kuri X, yagize ati "Reka mbwire Rayon Sports, ibi bintu mukora byuzuyemo umwanda . Muzi ryari Kwizera Olivier atera penaliti, noneho bikaba kuri penaliti ya kabiri? Ibi ntabwo ari ukugaragaza ubunyamwuga buke? Hari ibintu ndeba umujinya ukanyica kandi turababaye cyane. Uyu mupira nzaba mbarirwa.





21:07

APR FC yibasiye Rayon Sports ku mbuga nkoranyambaga

Ubwo Haringingo Francis yari ageze muri Rayon Sports, mbere yo guhura na APR FC muri Shampiyona, mu mukino warangiye ari igitego 1-1, yavuze ko "afise plan".

Kuva icyo gihe ku mbuga nkoranyambaga za Rayon Sports bakunze gukoresha ijambo "dufise plan" kuri buri mukino.

Nyuma yo kwegukana Igikombe cy'Amahoro, APR FC yagize iti "Ngo bafise iki?" kuri 'graphique' igaragaza uko umukino urangiye.

Mu magambo yayikurikije, APR FC yongeyeho iti "Zarabashiranye Tuzahure ubutaha."

21:00

Umunyezamu Kwizera Rayon Sports yananiwe guhagaruka nyuma y'umukino


20:55

Abafana ba APR FC banze gutaha


Iminota 37 nyuma yo gusoza umukino, hari abafana ba APR FC bakiri muri Stade Amahoro bishimira Igikombe cy'Amahoro begukanye.

Ni igikombe cya gatatu Ikipe y'Ingabo z'Igihugu yegukanye mu 2026 nyuma ya FERWAFA Super Cup n'Igikombe cya Shampiyona.

20:39

APR FC 1-1 Rayon Sports (pen 4-2): Reba ibitego byiza byaranze umukino wa nyuma wa Peace Cup 2026

20:17

APR FC yegukanye Igikombe cy'Amahoro ku nshuro ya 15


Ni Igikombe cy'Amahoro cya 15 cyegukanywe n'Ikipe y'Ingabo z'Igihugu yashinzwe mu 1993.

Mu myaka 10 ishize, APR FC itwaye Igikombe cy'Amahoro inshuro eshatu gusa: Mu 2017, 2025 na 2026.

20:14

APR FC yateruye Stade Amahoro


Kapiteni wa APR FC, Niyomugabo Caude, yambuye micro 'MC', atangira kugira ati "Epi Epi Epi", n'abafana bakamusubiza bagira bati "Epiyara [APR]"

Ibyishimo by'abakunzi b'iyi kipe ni byose.

Kwizera Olivier yicaye hasi ari kurira ndetse abaganga bagiye kumwitaho.

20:11

APR FC yegukanye Igikombe cy'Amahoro cya 2026


APR FC yegukanye Igikombe cy'Amahoro cya 2026 itsinze Rayon Sports penaliti 4-2, nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu minota 90.

Ikipe y'Ingabo yisubije iri rushanwa yari yegukanye mu 2025 na bwo itsinze Gikundiro.

Rayon Sports igomba guhatanira umwanya wa kabiri muri Shampiyona kugira ngo irebe ko yazahagarira u Rwanda muri CAF Confederation Cup ya 2026/27.

20:09

APR FC itsinze penaliti ya kane

Denis Omedi atsinze penaliti ya kane ku ruhande rwa APR FC.

APR FC 4-2 Rayon Sports.

Birarangiye.

APR FC yisubije Igikombe cy'Amahoro.

20:08

Rayon Sports yinjije penaliti ya kabiri

Mugisha Didier ateye penaliti ya kane ku ruhande rwa Rayon Sports, ayinjiza neza.

APR 3-2 Rayon Sports.

20:07

Abafana ba APR FC bateruye Stade

20:07

APR FC itsinze penaliti ya gatatu


Niyomugabo Claude.

APR 3-1 Rayon.

20:06

Rayon Sports ihushije penaliti ya kabiri

Ndikumana Asman ahushije penaliti ya kabiri ku ruhande rwa Rayon Sports, umupira ateye hasi ukurwamo na Hakizimana Adolphe.

APR 2-1 Rayon

20:05

APR FC itsinze penaliti ya kabiri


Byiringiro Jean Gilbert atsinze neza penaliti ya kabiri ya APR FC, ku mupira ateye hasi, Kwizera arakurikira ariko ntiyabasha kuwugarura.

APR 2-1 Rayon Sports

20:04

Rayon Sports ihushije penaliti ya mbere

Kwizera Olivier ahushije penaliti ya mbere, iya kabiri kuri Rayon Sports, umupira ugenda gake awutera ku ruhande.

APR 1-1 Rayon Sports.

20:03

APR FC itsinze penaliti ya mbere

Hakim Kiwanuka atsinze penaliti ya mbere ya APR FC, umupira awutera hejuru mu izamu.

20:02

Rayon Sports itsinze penaliti ya mbere

Bayisenge Emery atsinze penaliti ya Rayon Sports.

19:56

Hagiye guterwa penaliti


Amategeko y'Igikombe cy'Amahoro ateganya ko mu gihe amakipe yombi anganyije, haterwa penaliti.

Ni byo bigiye kuba hagati ya APR FC na Rayon Sports zinganyije igitego 1-1 mu minota 90 y'umukino wa nyuma.

19:55

Umukino urarangiye

19:54

90+3' Umukino wahagaze

Youssou Diagne ari kwitabwaho na bagenzi be nyuma yo kuryama hasi mu kibuga.

19:51

90' APR FC irarokotse

Hakizimana Adolphe arokoye APR FC, akuramo umupira wari utewe na Mugisha Gilbert awushyira muri koruneri.

19:50

90' Iminota ine y'inyongera

Umusifuzi wa Kane, Kayitare David, yerekanye iminota ine.

Nihabaho kunganya harakurikiraho penaliti.

19:46

86' Gusimbuza

Denis Omedi asimbuye Wiliam Togui ku ruhande rwa APR FC.

19:43

82' Umukino uhagaze gato

Bigirimana Abedi akiniwe nabi na Niyomugabo Claude mu kibuga cya APR FC.

Haringingo yasabaga ko Kapiteni wa APR FC ahabwa ikarita ya kabiri y'umuhondo.

Abakinnyi b'impande zombi bari kuvurwa.

19:42

80' Gusimbuza

Bayisenge Emery asimbuye Tshimanga Ramazani wababaye, ku ruhande rwa Rayon Sports.

19:40

78' Umukino wongeye guhagarara


Tshimanga Ramazani yongeye kuryama hasi nyuma yo gukubitwa umupira ku mutwe, ubwo Ouattara yateraga coup-franc.

Abaganga basubiye mu kibuga.

19:37

76' Gusimbuza

Ruboneka Bosco ahaye umwanya Mamadou Sy ku ruhande rwa APR FC.

William Togui arasubira inyuma gato, Sy ajye imbere.

19:36

74' Coup-franc ya APR FC

Ishimwe Ganijuru Elie akiniye nabi Djibril Ouattara inyuma y'urubuga rw'amahina.

Ikosa rihanwe na Ouattara, umupira ugonga umukinnyi wa Rayon Sports agwa hasi ndetse ahamagarirwa abaganga.

19:32

71' Gusimbuza


Mugisha Didier asimbuye Aziz Bassane ku ruhande rwa Rayon Sports.

19:31

70' Umukino winjiye mu minota 20 ya nyuma

Amakipe yombi yatangiye kugaragaza umunaniro.

Abafana bose baratuje, baba aba APR FC ndetse n'aba Rayon Sports.

19:31

69' Bassane arinaniwe

Aziz Bassane ananiwe kubyaza umusaruro umupira ahawe mu rubuga rw'amahina, awufungira myugariro wa APR FC n'agatsitsino.

19:30

68' Uburyo bwa APR FC


Niyomugabo Claude acomekeye umupira Hakim Kiwanuka mu rubuga rw'amahina, atera ishoti rifashwe neza na Kwizera Olivier.

19:27

66' Umukino wari wahagaze

Youssou Diagne wakiniwe nabi na William Togui, yarimo yitabwaho n'abaganga ariko yamaze guhaguruka umukino urakomeza.

19:26

65' Gusimbuza


Hakim Kiwanuka na Dauda Yussif basimbuye Mugisha Gilbert na Memel Raouf Dao ku ruhande rwa APR FC.

19:20

59' Coup-franc ya Rayon Sports

Tony Kitoga akiniwe nabi Ronald Ssekiganda inyuma y'urubuga rw'amahina.

Ikosa rihanwe na Kabange, umupira ukurwaho na Niyigena Clement ujya hanze.

19:17

55' Ssekiganda yari atanze APR


Ronald Ssekiganda atakaje umupira ufashwe na Abedi ukinanye na Bassane, ariko umupira ugera kuri Hakizimana Adolphe awufata neza.

19:14

53' Ibintu byahinduye isura

Abafana ba APR FC ni bo bafite ijambo muri Stade Amahoro nyuma yo kubona igitego cyo kwishyura.

Ikipe y'Ingabo iri gushaka igitego cya kabiri.

19:12

50' Ikarita y'umuhondo


Niyomugabo Claude ahawe ikarita y'umuhondo kubera gushwana n'abakinnyi ba Rayon Sports abima umupira ngo badahita bakina.

19:12

50' Ikarita y'umuhondo

William Togui yahawe ikarita y'umuhondo kubera gukuramo umupira ari kwishimira igitego.

19:10

49' Igitego cya APR FC

William Togui yishyuriye APR FC ku gitego atsinze n'umutwe, ku mupira wari uhinduwe na Djibril Ouattara.

19:07

46' Igice cya kabiri cyatangiye


Rayon Sports ni yo itangiranye umupira mu gice cya kabiri, Ndikumana Asman awusubiza inyuma kuri bagenzi be.

19:03

Rayon Sports yakosoye APR FC mu gice cya mbere


Kuryoherwa no gusatira ni byo byavuyemo kugarira nabi ku ruhande rwa APR FC, bihesha Rayon Sports gutsinda igitego kimwe rukumbi cyabonetse mu minota 45 ibanza.

APR FC yari nziza, ariko kuzamuka kwa Ronald Ssekiganda wakurikiye Ndikumana Asman akananirwa kumuhagarika ataragera mu rubuga rw'amahina bivamo penaliti yakozwe n'umunyezamu Hakizimana Adolphe.

Mugisha Gilbert na Memel Dao wakoreweho amakosa menshi kurusha abandi muri iki gice cya mbere, bari mu bashobora gusimbuzwa ku ruhande rwa APR hakajyamo Dauda Yussif na Hakim Kiwanuka.

Tony Kitoga na we ashobora kuza gusimbuzwa kare ku ruhande rwa Rayon Sports.

18:55

Ibyishimo biri mu gice kimwe cya Stade Amahoro


Bitewe n'uko abafana b'amakipe yombi bicara batandukanye, aba Rayon Sports bicaye mu gice kigana mu Migina bari mu bicu, babyina indirimbo zitandukanye mu aba APR FC bari mu gice kigaruka i Kanombe, bo baryumyeho n'abari mu misa.

Amakipe yombi ari kumva inama z'abatoza, igice cya kabiri kirasubukurwa mu minota mike iri imbere.

18:51

45+3' Igice cya mbere kirarangiye

18:50

"Wa gikona we..."


Umurindi w'abafana ba Rayon Sports ni wose muri Stade Amahoro abo bari kuririmbira APR FC bagira bati "Wa gikona we, wa gikona we, amakipe waribye, abafasifuzi uragura...."

18:48

45' Iminota y'inyongera


Umusifuzi wa Kane, Kayitare David, yerekanye iminota itatu y'inyongera.

Rayon Sports iri gushaka igitego cya kabiri.

18:46

43' Igitego cya Rayon Sports


Ndikumana Asman afunguye amazamu muri Stade Amahoro, atsindira Rayon Sports kuri penaliti yinjije neza.

Ni igitego cya gatatu atsinze APR FC mu mikino itatu yikurikiranya kuva muri Mutarama.

18:44

42' Ikarita y'umuhondo

Hakizimana Adolphe ahawe ikarita y'umuhondo ku ikosa akoreye kuri Ndikumana Asman.

18:44

41' Penaliti ya Rayon Sports


Umunyezamu Hakizimana Adolphe akiniye nabi Ndikumana Asman mu rubuga rw'amahina.

18:43

40' Clement atabaye APR FC


Ndikumana Asman yashoboraga gufungura amazamu ku mupira ateye n'umutwe, ariko Niyigena Clement awukuraho mbere y'uko ujya mu izamu.

18:40

36' Koruneri ya mbere ya Rayon Sports


Umunyezamu Hakizimana Adolphe akorewe ikosa ku mupira wari usubijwemo na Kitoga.

Ni nyuma ya koruneri ya mbere ya Rayon Sports, ku mupira wa Bassane wari urengejwe na Niyomugabo Claude.

APR FC ifite koruneri eshatu kugeza ubu.

18:37

34' Ikarita y'umuhondo

Tony Kitoga ahawe ikarita y'umuhondo kubera amagambo abwiye abasifuzi.

Ni nyuma y'ikosa Bassane akoreye kuri Niyomugabo Claude, ariko aba-Rayons batishimiye.

Ndikumana Asman na we yari agiye kubona ikarita.

18:35

33' Ruboneka yagiye hanze


Ruboneka Bosco ari kuvurirwa hanze nyuma yo gukinirwa nabi na Bigirimana Abedi mu kibuga hagati.

18:35

31' Rayon Sports iri kurushwa


APR FC ikomeje kugerageza uburyo butandukanye imbere y'izamu rya Rayon Sports ariko ubwugarizi bwayo n'umunyezamu Kwizera Olivier bari maso.

Birasa naho hagati ha Gikundiro harimo Likau Faustin, Abedi, Kitoga na Tambwe hatari gukora neza.

18:33

30' Bigirimana Abedi asabwe kwitonda


Umusifuzi Rulisa Patience ahaye gasopo Bigirimana Abedi ukiniye nabi Memel Dao mu kibuga cya APR FC.

Ni umukinnyi wa kabiri uhawe gasopo nyuma ya Tambwe Gloire.

18:31

29' Kwizera Olivier!


Niyomugabo Claude akinnye neza, anyura hagati ya Kabange na Bassane, agera mu rubuga rw'amahina, ahinduye umupira ufatwa neza na Kwizera Olivier.

18:28

25' Coup-franc ya APR FC

Aziz Bassane akiniye nabi Mugisha Gilbert wari umucitse.

Ikosa rihanwe na Ruboneka Bosco, umupira ushyizweho umutwe na Tshimanga ujya muri koruneri.

18:27

24' APR FC ihushije uburyo bwiza


Memel Raouf Dao acitse Likau Faustin mu kibuga hagati, akomezanya umupira, ahitamo kuwugumana aho gukinana na Ouattara, atera ishoti rinyuze hejuru gato y'izamu rya Rayon Sports.

18:24

21' Outtara arinaniwe


Rutahizamu wa APR FC, Djibril Ouattara, aracenze yinjira mu rubuga rw'amahina, agiye gutera umupira ahita agwa hasi.

Uyu Munya-Burkina Faso ahise ahamagarirwa abaganga ngo bamwiteho.

18:23

20' Amakosa ni menshi


Ishyaka ni ryose ku mpande zombi, ibiri gutuma haboneka amakosa menshi mu kibuga.

18:22

19' Uburyo bwa Rayon Sports busubijwe inyuma

Ndikumana Asman acomekeye umupira mwiza Tambwe Gloire mu rubuga rw'amahina, awutanga Hakizimana Adolphe ariko hamaze kugaragazwa ko habayeho kurarira.

18:19

16' APR FC yirangayeho

Djibril Ouattara acomekewe umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, yegera imbere, atera ishoti rikomeye rigiye hejuru y'izamu rya Rayon Sports ririnzwe na Kwizera Olivier.

18:18

15' Tambwe ahawe gasopo ya nyuma

Tambwe Gloire yihanangirijwe na Rulisa Patience nyuma yo gukinira nabi Memel Dao na William Togui icya rimwe.

18:17

14' Ubwugarizi bwa Rayon Sports bukoranye neza

Ishimwe Ganijuru Elie akinanye neza na Youssou Diagne, bombi baburizamo gusatira kwa Byiringiro Gilbert na Djibril Ouattara.

18:16

12' Mugisha Gilbert yisanze hanze y'ikibuga


Mugisha Gilbert uri gusatira anyuze ibumoso ku ruhande rwa APR FC, acenze Kabange mu rubuga rw'amahina, agiye kugera ku izamu Tshimanga amurusha imbaraga amusunikira hanze y'ikibuga aba ari ho agwa.

Nta kosa ryabaye ndetse Mugisha ni we warengeje umupira.

18:13

10' APR iri gusatira


Ikipe ya APR FC iri gukinira mu kibuga cya Rayon Sports ikoresheje uruhande rw'ibumoso ruriho Mugisha Gibert, Dao Memel na Niyomugabo Claude.

18:09

6' Coup-franc ya APR FC

Ishimwe Ganijuru Elie akoreye ikosa Memel Dao mu kibuga cya Rayon Sports.

Rihanwe na Ruboneka Bosco, umupira usanga Ssekiganda uwukinnye n'umutwe arawurenza.

18:07

4' Coup-franc ya Rayon Sports

Memel Raouf Dao akiniye nabi Tony Kitoga mu kibuga cya APR FC, hatangwa ikosa rihanwe n'uyu Munye-Congo, umupira ufatwa neza na Hakizimana Adolphe.

18:06

3' Ikibuga nticyoroheye impande zombi

Abakinnyi b'amakipe yombi bari kugorwa n'ikibuga cya Stade Amahoro kiri kunyerera cyane.

Kugeza ubu abarimo William Togui na Aziz Bassane bamaze kugwa hasi kubera intweto bambaye.

18:06

3' Abafana batangiranye umurindi uri hejuru

Abafana b'amakipe yombi batangiye umukino bari gushyigikira amakipe yabo ku majwi n'umurindi uri hejuru.

18:04

2' Umukino utangiranye imbaraga


Tshimanga Ramazani aranyereye, Togui atwara umupira ahinduye inyuma y'urubuga rw'amahina, Dao akinana na Ruboneka uteye ishoti ariko Abedi aritambika.

18:02

Umukino watangiye


Umusifuzi Rulisa Patience atangije umukino.

Umupira wa mbere utewe na William Togui, asubiza inyuma kuri bagenzi be.

APR FC yambaye umweru hose mu gihe Rayon Sports yambaye ubururu kuva hasi kugera hejuru.

Mbere y'uko umukino utangira, abafana ba APR bakoze inama yo mu ruziga naho aba Rayon Sports bashimira abafana babo.

18:00

Hafashwe umunota wo Kwibuka

Mbere y'uko umukino utangira, abari muri Stade Amahoro barahagurutse bafata umunota wo kwibuka no guha icyubahiro Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994.

17:57

Amafoto y'amakipe yombi yishyushya

17:55

Ibyishimo bya Rayon Sports y'Abagore yegukanye Igikombe cy'Amahoro mu mukino wabanje

17:54

Amakipe y'abagabo aragabana miliyoni 20 Frw


Ikipe itsinda hagati ya APR FC na Rayon Sports, ikegukana Igikombe cy'Amahoro cy'uyu mwaka, iratahana sheki ya miliyoni 12 Frw.

Ikipe ya kabiri irabona miliyoni 5 Frw mu gihe Gorilla FC yabaye iya gatatu itsinze Etincelles FC ibitego 6-1 ku wa Gatanu, yahawe miliyoni 3 Frw.

17:50

Abasifuzi b'umukino

Umukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro mu bagabo hagati ya APR FC na Rayon Sports, ugiye kuyoborwa n'umusifuzi mpuzamahanga Rulisa Patience.

Abasifuzi bo ku ruhande na bo ni mpuzamahanga. Ni Ishimwe Didier na Mugabo Eric.

Umusifuzi wa Kane ni Kayitare David, Komiseri w'Umukino ni Rurangwa Aaron naho ushinzwe imyitwarire y'abasifuzi ni Munyemana Hudu.

17:47

Stade Amahoro iri hafi kuzura

Mu gihe habura iminota irenga 10 ngo umukino utangire, abafana bamaze kugera muri Stade Amahoro barenga 70% by'ibihumbi 45 yakira.

17:45

Abasimbura ba Rayon Sports bose ni Abanyarwanda


Kubanza abanyamahanga umunani mu kibuga byatumye amahitamo ya Haringingo Francis ku ntebe y'abasimbura, yose aba Abanyarwanda.

Abo ni:

Ishimwe Patrick
Uwumukiza Obed
Aimable Ntagorama Ntarindwa
Mugisha Didier
Habimana Yves
Bayisenge Emery
Rushema Chris
Jesus Paul Sindi
Nshimimana Fabrice

17:40

Abasimbura ba APR FC


Dauda Yussif na Hakim Kiwanuka babanje ku ntebe y'abasimbura, bari mu bakinnyi bashobora gusimbura ku ruhande rwa APR FC.

Abandi ni Ruhamyankiko Yvan, Bugingo Hakim, Iraguha Hadji, Ngabonziza Pacifique, Denis Omedi, Ishimwe Abdul na Mamadou Sy.

17:32

Haringingo afite ijambo rikomeye kuri uyu wa Gatandatu

Umurundi utoza Rayon Sports, Haringingo Francis, ni rimwe mu mazina yo kubahwa mu Gikombe cy’Amahoro kuko amaze kucyegukana inshuro ebyiri mu gihe yakinnye umukino wa nyuma inshuro eshatu, ubu zikaba zigiye kuba enye.

Haringingo ni we watozaga Mukura VS ubwo yatwaraga Igikombe cy’Amahoro itsinze Rayon Sports kuri penaliti mu 2018 mu gihe kandi ari na we wahesheje Gikundiro igikombe iheruka mu marushanwa yose, itsinze APR FC igitego 1-0 ku mukino wabereye i Huye mu 2023.

Ni we kandi wari Umutoza wa Bugesera FC ubwo yagerega ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya 2024 isezereye Rayon Sports muri ½, ariko igatsindwa na Police FC ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma.

Mu ntsinzi eshatu Rayon Sports yabonye kuri APR FC mu 2023, ari na zo iheruka, harimo ebyiri za Haringingo: 1-0 muri Shampiyona na 1-0 mu Gikombe cy’Amahoro, aho imikino yombi yabereye i Huye.

Muri uyu mwaka w’imikino, muri Shampiyona, Haringingo ntiyigeze atsindwa na APR FC mu mikino ibiri ubwo yari muri Kiyovu Sports n’undi umwe muri Rayon Sports, aho yose yarangiye habayeho kunganya. Gusa ni we watozaga Kiyovu Sports ubwo yasezererwaga na APR muri 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro.

17:26

Abakinnyi ba Rayon Sports babanje mu kibuga


Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis, yahisemo gukoresha:

Kwizera Olivier
Nshimiyimana Emmanuel 'Kabange'
Ishimwe Ganijuru Elie
Youssou Diagne (C)
Tshimanga Ramazani Tshilembi
Likau Faustin Kitoko
Bigirimana Abedi
Tony Kitoga
Tambwe Gloire Ngongo
Aziz Bassane Koulagna
Ndikumana Asman

17:22

Abakinnyi ba APR FC babanje mu kibuga


Umutoza wa APR FC, Abderrahim Taleb, yahisemo kubanzamo:

Hakizimana Adolphe
Byiringiro Jean Gilbert
Niyomugabo Claude (C)
Nshimiyimana Yunussu
Niyigena Clement
Ronald Ssekiganda
Ruboneka Bosco
Memel Raouf Dao
Djibril Ouattara
Mugisha Gilbert
William Mel Togui

17:16

Rayon Sports na APR FC zatangiye kwishyushya


Umunyamakuru wa Isibo FM, Mugenzi Faustin bamwe bazi nka Faustin Simbigarukaho cyangwa Faustinho ndetse na Hitimana Jean Claude wa Radio/TV10, ni bo bashyushyarugamba kuri uyu mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro mu bagabo.

Bafatanyije na Dj Crush na Selekta Faba, bari gushyushya abafana mu gihe amakipe yombi ari kwishyushya.

17:10

"Amasaha y’ubwoba ari kwegereza"

Ku myitozo ya nyuma ku wa Gatanu, mu Nzove, Umunyezamu wa Rayon Sports, Kwizera Olivier, yagize ati “Ibintu byakomeye, amasaha y’ubwoba ari kwegereza.”

Igihe ni iki! Birasa n'aho ya saha igiye kugera, mu minota mike iri imbere Rayon Sports na APR FC ziratangira kwesurana mu mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro mu bagabo.

Uko bigenda kose, turasohoka muri Stade Amahoro hari ikipe yatsinze.

Kuri buri kimwe cyose kibera hano, IGIHE irahakubereye.

16:55

Rayon Sports yegukanye Igikombe cy'Amahoro mu bagore


Ikipe ya Rayon Sports WFC itsinze Police WFC ibitego 2-0, yegukana Igikombe cy'Amahoro cya 2026.

Ibitego byombi byatsinzwe na Odette Nguema na Umwari Uwase Dudja mu bice byombi by'umukino.

Rayon Sports WFC itsindiye miliyoni 8 Frw mu gihe Police WFC ihabwa miliyoni 5 Frw.

16:45

Umusaruro wa APR FC mu mikino itanu iheruka gukina

16:41

Rayon Sports WFC isatiriye kwegukana Igikombe cy'Amahoro


Ikipe y'Abagore ya Rayon Sports iyoboye umukino wa nyuma uri kuyihuza na Police WFC n'ibitego 2-0, mu gihe amakipe yombi ageze ku munota wa 78.

Igitego cya kabiri cyinjijwe na Umwari Uwase Dudja urobye umunyezamu wa Police WFC, Mutuyimana Elisabeth, wasohotse nabi.

16:37

Rayon Sports yatsinze umukino umwe muri itanu iheruka gukina

16:26

APR FC yageze kuri Stade Amahoro

Abakinnyi ba APR FC bageze kuri Stade Amahoro mbere yo gukina na Rayon Sports.

Ronald Ssekiganda utarakinnye 'derby' iheruka muri Shampiyona kubera imvune, ni umwe mu bari kumwe n'iyi kipe.

16:21

Rayon ndayambikira ubusa muri Stade Amahoro II Jangwani atanze ubutumwa bukomeye mbere y'umukino

16:20

AMAFOTO: Abafana bakomeje kugera muri Stade Amahoro ku bwinshi

16:20

APR FC imaze iminsi yarigaranzuye Rayon Sports


Mu mikino 10 iheruka guhuza amakipe yombi, kuva muri Kanama 2023, APR FC yatsinzemo ine naho Rayon Sports itsindamo umwe.

Amakipe yombi yanganyije inshuro eshanu.

16:02

Amakipe y'abagore aragabana miliyoni 15 Frw


Ikipe yegukana Igikombe cy'Amahoro mu bagore, hagati ya Rayon Sports WFC na Police WFC, irabona miliyoni 8 Frw naho iya kabiri ibone miliyoni 5 Frw.

AS Kigali WFC yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Muhazi United WFC igitego 1-0 ku wa Gatanu, yahawe miliyoni 2 Frw.

15:57

Nta mukinnyi unteye ubwoba muri APR: Wasili mu bwishongozi bwinshi mbere ya finale ya Peace Cup

15:51

Amakipe y'abakobwa yagiye kuruhuka


Igice cya mbere cy'umukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro mu bagore cyarangiye Rayon Sports yatsinze Police WFC igitego 1-0 cyinjijwe na Coralie Odette Elsie Nguema.

15:38

Derby yahumuye II Byashyushye mu bafana ba Rayon na APR II Basobanuye amarangi bisize

15:26

Rayon Sports WFC yamaze gufungura amazamu


Aba-Rayons batangiye kubyina 'Murera' kare nyuma y'uko ikipe yabo y'abagore yamaze kubona igitego mu mukino uri kuyihuza na Police WFC.

Igitego cya Gikundiro cyinjijwe na Coraliie Odette Elsie ku munota wa 23.

15:20

Abafana batangiye kugera kuri Stade Amahoro


Nubwo mu Mujyi wa Kigali haguye imvura nyinshi mu masaha ya Saa Sita, ari na bwo imiryango ya Stade Amahoro yagombaga gufungurwa, ntibyajujije benshi kuzinduka kugira ngo bafate imyanya yabo hakiri kare.

Hari abahisemo kuzinduka kugira ngo babanze kureba umukino wa nyuma w'abagore uri guhuza Police WFC na Rayon Sports WFC.

15:16

Ikaze muri Stade Amahoro


Isabato nziza ku bayemera! IGIHE ibahaye ikaze kuri Stade Amahoro, i Remera, ahari kubera imikino ya nyuma y'Igikombe cy'Amahoro cya 2026.

Guhera Saa Kumi n'Ebyiri z'umugoroba, hari umukino utegerejwe na benshi uhuza APR FC na Rayon Sports mu bagabo.

Ni mu gihe guhera Saa Cyenda, hari gukinwa umukino wa nyuma mu bagore uri guhuza Police WFC na Rayon Sports WFC.