Rayon Sports vs Kiyovu Sports

Rayon Sports 1-1 Kiyovu Sports

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Eric Tony Ukurikiyimfura

Amafoto

: Umwari Sandrine

23:11

Aba-Rayons basabye Murenzi Abdallah kugumana ikipe

22:12

AMAFOTO: Rayon Sports yishimiye kubona itike ya CAF Confederation Cup mu buryo budasanzwe

20:59

Rayon Sports izakina CAF Confederation Cup ya 2026/27

Rayon Sports izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup ya 2026/27 nyuma yo kunganya na Kiyovu Sports igitego 1-1 ku munsi wa nyuma wa Shampiyona.

Gikundiro isoreje ku mwanya wa kane, n'uwa kabiri mu makipe yo mu Rwanda, izabona miliyoni 60 Frw. Izahabwa kandi ibihumbi 100 by'Amadolari (miliyoni 146 Frw) atangwa na CAF ku makipe yakinnye amarushanwa yayo.

Ubwo Rayon Sports yaherukaga gusohoka mu mwaka w'imikino ushize wa 2024/25, yasezerewe na Singida BS yo muri Tanzani mu ijonjora rya mbere rya CAF Confederation Cup.

Kiyovu Sports isoreje ku mwanya wa gatanu, uwa gatatu mu makipe yo mu Rwanda, izabona miliyoni 40 Frw. Ni mu gihe iheruka gusohoka mu 2012 ubwo yasezererwaga na Simba SC.

20:56

Umukino urarangiye

20:55

90+4' Aba-Rayons bahagurutse

20:53

90+2' Uburyo bwa Rayon Sports

Likau Kitoko ashatse gutungura umunyezamu wa Kiyovu, atera umupira hanze.

20:53

90' Hari gukinwa iminota y'inyongera

Umusifuzi wa Kane, Nizeyimana Is'haq, yerekanye iminota itanu y'inyongera.

Amakipe yombi ari gusatirana.

20:52

89' Uburyo bwa Kiyovu Sports

Rukundo Paplay ateye umupira ukomeye ari inyuma y'urubuga rw'amahina, ufatwa neza na Kwizera Olivier.

20:49

88' Rayon Sports inaniwe kurangiza umukino

Ndikumana Asman yinjiranye umupira wenyine, yasize ubwugarizi bwa Kiyovu Sports, atera ishoti rikuwemo na James Desire.

20:48

87' Rayon Sports yirangayeho

Nshimiyimana Kabange ahinduye umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, usanga Likau Faustin awutera hejuru y'izamu.

20:46

85' Rayon Sports irarokotse

Moise Sandja Bulaya ahushije igitego cyabazwe ku mupira uhinduwe na Rene, ateye ishoti rinyura ku ruhande gato.

Abayovu bahise baryama hasi, abandi bikorera amaboko.

20:44

83' Umukino uhinduye isura

Kiyovu Sports isubiye mu mukino ndetse ikeneye igitego kimwe.

Rayon Sports irasabwa kwitonda kuko itsinzwe ikindi gitego kaba kayibayeho.

20:44

82' Igitego cya Kiyovu Sports

Uwiyaremye Fidali akiniwe nabi na Tambwe Gloire inyuma y'urubuga rw'amahina.

Ikosa rihanwe na Nsanzimfura Keddy, umupira uca mu maboko ya Kwizera Olivier ujya mu izamu.

20:41

80' Hasigaye iminota 10


Rayon Sports yagejeje ikirenge kimwe muri CAF Confederation Cup ya 2026/27.

Kiyovu Sports ikeneye ibitego bibiri.

20:39

78' Uburyo bwa Rayon Sports


Aziz Bassane ahinduye umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, Mbonyingabo Regis arahagoboka awushyira muri koruneri.

20:33

72' Gusimbuza

Tony Kitoga na Mugisha Didier bahaye umwanya Kitoko Likau Fiston na Aziz Bassane ku ruhande rwa Rayon Sports.

20:32

70' Ikarita y'umuhondo

Tony Kitoga ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Uwineza Rene.

20:32

70' Umukino winjiye mu minota 20 ya nyuma


Rayon Sports irasatira gukina CAF Confederation Cup.

Abakinnyi bayo bananiwe, Kiyovu Sports iri gusatira.

Aba-Rayons si bose bafite icyizere.

20:30

69' Rayon Sports irarokotse

Moise Sandja Bulaya arobye Kwizera Olivier wari usohotse, umupira ukorwaho gato na Emery Bayisenge ku murongo, ujya muri koruneri.

20:29

67' Richard yoherejwe hanzwe

Ndayishimiye Richard ashatse kwicara hasi mu kibuga, umusifuzi Ngabonziza Jean Paul amwohereza hanze y'ikibuga ngo abaganga bamwiteho.

Rayon Sports yatangiye kugaragaza umunaniro.

20:27

66' Ikarita y'umuhondo

Byiringiro David ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Tony Kitoga mu kibuga hagati.

20:26

64' Kiyovu Sports irarokotse

Mugisha Didier yongeye kwinjira mu rubuga rw'amahina rwa Kiyovu Sports, atera ishoti, umupira ufatwa na James Desire ugiye kujya mu izamu.

20:23

62' Umukino wahagaze

Nyuma yo gukina umunota umwe, umukino wongeye guhagarara havurwa Youssou Diagne ugaragaje ko yakiniwe nabi na Uwiyaremye Fidali.

20:21

59' Umukino wahagaze

Twaba tugiye kongera kubona undi mukino umara iminota myinshi nta mupira uri kugenda mu kibuga?

Ku mukino uheruka guhuza APR FC na Rayon Sports, umukino wose muri rusange wahagaze iminota irenga 16 havurwa abakinnyi.

N'ubu Ndayishimiye Richard ari kwitabwaho n'abaganga mu kibuga.

20:19

57' Gusimbuza

Gihozo David w'imyaka 20, asimbuwe na Rukundo Abdulrahman Paplay ugiye guhura na Rayon Sports yavuyemo.

20:18

55' Rayon Sports irakina itari ku gitutu

Abakinnyi ba Rayon Sports nta gitutu bafite cyo kwihutisha umukino, ahubwo bari kujya batindamo amasegonda mbere yo gutangiza umupira mu gihe warenze cyangwa bagiye guhana amakosa.

20:14

53' Coup-franc ya Rayon Sports

Bayo akiniye nabi Kabange mu kibuga cya Rayon Sports.

Ikosa rihanwe na Ndayishimiye Richard, umupira ujya hanze.

20:10

50' Umukino wahagaze

Ndikumana Asman ateranye umupira Mbonyingabo Regis ku mutwe, agwa nabi ndetse yitabwaho n'abaganga.

Rutahizamu wa Rayon Sports agiye hanze gato.

20:07

47' Abafana ba Kiyovu Sports batangiye kwiheba

20:06

46' Igice cya kabiri cyatangiye

Kiyovu Sports yatangiranye umupira mu gice cya kabiri, ikomeza gukinira mu kibuga cyayo.

20:05

Gusimbuza

Nsanzimfura Keddy asimbuye Uwimana Yakubu wavunitse ku ruhande rwa Kiyovu Sports.

20:04

Ubwo Rayon Sports yishimira igitego cyatsinzwe na Tony Kitoga

19:50

Igice cya mbere kirarangiye

Igice cya mbere cy'umukino w'Umunsi wa 34 wa Shampiyona uri kubera kuri Kigali Pele Stadium, kirangiye Rayon Sports yatsinze Kiyovu Sports igitego 1-0 cyinjijwe na Tony Kitoga.

19:48

45' Coup-franc ya Kiyovu Sports

Youssou Diagne akiniye nabi Sandja Bulaya Moise inyuma y'urubuga rw'amahina mu ruhande.

Ikosa rihanwe na Sandja Bulaya uteye umupira hejuru kure cyane.

19:47

45' Iminota y'inyongera

Umusifuzi wa Kane, Nizeyimana Is'haq, yerekanye iminota itatu y'inyongera.

19:45

44' Rayon Sports ibuze amahirwe

Tambwe Gloire ahaye umupira mwiza Ndikumana Asman, atera ishoti rikomeye rifashe umutambiko w'izamu, umupira uvamo, usanga Abedi atera ishoti rigiye hejuru kure.

19:43

42' Yakubu yasubiye mu kibuga

Uwimana Yakubu yasubiye mu kibuga nubwo bigaragara ko atameze neza 100%.

Birashoboka ko abatoza banze gukora impinduka inshuro ebyiri mu gice cya mbere, bakaba bategereza hagati mu mukino.

19:41

40' Murera iri kuririmbwa i Nyamirambo


Abafana ba Rayon Sports batangiye kuririmba Murera ariko si bose kuko hari abo ubona ko badafite icyizere cyinshi.

Kunganya uyu mukino birahagije kuri Rayon Sports.

Kiyovu Sports irasabwa gutsinda niba ishaka gusubira mu marushanwa Nyafurika iherukamo mu 2012.

19:40

39' Kiyovu Sports ivunikishije Yakubu wari wasimbuye Bukuru

Uwimana Yakubu wari umaze iminota umunani gusa asimbuye Bukuru Christophe wavunitse, yasigaye aryamye hasi ubwo Rayon Sports yajyaga gutsinda.

Uyu mukinnyi yababaye ndetse birasa n'aho agiye gusimburwa.

19:38

37' Igitego cya Rayon Sports


Mugisha Didier yinjiranye umupira mu rubuga rw'amahina acenga, awuhinduye usanga Tony Kitoga uwuteye mu nguni y'izamu hasi.

Rayon Sports 1-0 Kiyovu Sports.

19:34

33' Umukino wongeye guhagarara

Ishimwe Ganijuru Elie aryamye hasi hafi y'izamurye agaragaza ko yakiniwe nabi na Uwineza Rene na we ugaragaje kutishimira gusifurwa.

19:30

29' Gusimbuza

Bukuru Christophe wongeye kwicara hasi, asimbuwe na Uwimana Yakubu ku ruhande rwa Kiyovu Sports.

19:27

27' Umukino uhagaze gato

Bukuru Christophe wa Kiyovu Sports yicaye hasi, asabwa kwitabwaho n'abaganga.

19:21

21' Ikarita y'umuhondo

Ishimwe Ganijuru Elie ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Uwineza Rene hagati mu kibuga.

Abaganga ba Kiyovu Sports bahamagawe mu kibuga ngo bite kuri uyu mukinnyi w'imyaka 18.

19:18

18' Uko byari byifashe mbere y'uko rwambikana hagati ya Rayon Sports na Kiyovu Sports

19:16

15' Umukino uryoheye ijisho

Ishyaka ni ryose ku mpande kuri uyu mukino ufite kinini uvuze ku makipe yombi muri uyu mwaka w'imikino wa 2025/26.

Kiyovu Sports iri kujya inyuzamo igategereza Rayon Sports ko iyisanga iwayo.

19:13

12' Gusatira kwa Rayon Sports

Tambwe Gloire yinjiranye umupira mu rubuga rw'amahina, agira imbaraga nke imbere ya Byiringiro David ucunze umupira kugeza ufashwe n'umunyezamu James Desire.

19:12

11' Rayon Sports yongeye kurokoka

Uwineza Rene azamukanye umupira, atera ishoti rinyuze munsi y'amaboko ya Kwizera Olivier, Kabange akuriramo umupira ku murongo.

19:11

Amafoto: Umusifuzi Nizeyimana Is'haq wasezeye gusifura, yahawe icyubahiro na Rayon Sports na Kiyovu Sports

19:08

8' Rayon Sports irarokotse

Moise Sandja Bulaya ateye ishoti rikomeye risubijwe inyuma n'igiti cy'izamu ubwo Kiyovu Sports yari isatiriye.

Bigirimana Abedi wahise uryama hasi, yahamagariwe abaganga bamwitaho, ajya hanze gato.

19:06

5' Umunyezamu Kwizera ari hasi

Kwizera Olivier wari usohotse akagera ku ruhande rw'ikibugam, akiniwe nabi ahita agaragaza ko yababaye.

Umunyezamu wa Rayon Sports asubiye mu izamu yikanda amavi.

19:05

4' Rayon Sports yirangayeho

James Desire atabaye Kiyovu Sports ku buryo bubonetse hakiri kare, akuramo ishoti rikomeye ryari ritewe na Ndikumana Asman wari usize abarimo Placide.

19:04

3' Uburyo bwa Rayon Sports


Tony Kitoga akinanye na Kabange uzamuye agapira mu rubuga rw'amahina, gasanga Ndikumana Asman ukinishije umutwe, James Desire afata umupira neza.

19:02

1' Umukino watangiye

Ngabonziza Jean Paul yatangije umukino.

Ndikumana Asman wa Rayon Sports yahise asubiza umupira inyuma kuri bagenzi be, batangira bahererekanyiriza mu kibuga cyabo.

19:00

Hafashwe umunota wo Kwibuka



Mbere y'uko umukino utangira, abari muri Kigali Pele Stadium bafashe umunota wo kwibuka no guha icyubahiro Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994.

18:59

Aba-Rayons bafite icyizere

Abafana ba Rayon Sports batari bake, ariko na none batari benshi bikabije kuko Stade itaruzura, bari kugaragaza icyizere cyinshi mbere y'umukino.

Abafana ba Kiyovu Sports bake, bicaye ahazwi nko kwa Seburengo, baratuje.

18:58

Nizeyimana Is'haq asezeweho ahabwa icyubahiro

Umusifuzi wo hagati ariko uyu munsi wagizwe uwa kane, Nizeyimana Is'haq, akorewe imirongo ibiri n'abakinnyi n'abatoza ba Kiyovu Sports na Rayon Sports, mu rwego rwo kumusezeraho kuko ari wo mukino we wa nyuma.

18:54

Ngabonziza ahanzwe amaso kuri uyu mugoroba


Umusifuzi Ngabonziza Jean Paul ni we uyobora umukino wo kuri uyu mugoroba, ari hagati ya Rayon Sports na Kiyovu Sports.

Abasifuzi bo ku ruhande ni Akimana Juliette na Mugisha Bonheur Fabrice.

Umusifuzi wa Kane ni Nizeyimana Is'haq naho Umusifuzi wa Kane ni Kayijuka Gaspard.

18:45

Rayon Sports na Kiyovu Sports zimaze kwishyushya


Abakinnyi ba Rayon Sports na Kiyovu Sports basubiye mu rwambariro nyuma yo kwishyushya.

Umukino uratangira mu minota 15 iri imbere.

18:40

Umukino wa Rayon Sports na Kiyovu Sports kuri uyu mugoroba ufite agaciro k'asaga miliyoni 200 Frw


Ikipe itsinda irabona itike yo kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup ya 2026/27. Kunganya byaha amahirwe ikipe ya Rayon Sports kuri ubu irusha Kiyovu Sports amanota atatu.

Gutsinda uyu mukino bivuze kuba uwa kabiri muri Shampiyona aho bijyana n'igihembo cya miliyoni 60 Frw.

Ibyo kandi bihesha iyo kipe ya kabiri kuzabona ibihumbi 100$ (miliyoni 146 Frw) atangwa na CAF ku makipe akina ijonjora rya mbere ry'amarushanwa Nyafurika.

Rayon Sports iheruka kubwira abakinnyi bayo ko bazabona ibihumbi 500 Frw nibabona itike ya CAF CC. Ni mu gihe Kiyovu Sports yashyizeho ibihumbi 200 Frw mu gihe abakinnyi bayo batsinda uyu mukino.

18:38

Hemedi uvugira Kiyovu Sports yahaye ubutumwa aba-Rayons

18:36

Abakinnyi ba Kiyovu Sports babanza mu kibuga


Umutoza w'Agateganyo wa Kiyovu Sports, Sebarera Ayubu, yahisemo gukoresha:

James Desire Bienvenu
Mbonyingabo Regis (C)
Rwabuhihi Aime Placide
Bugingo David
Ntwari Asman
Bukuru Christophe
Charif Bayo
Moise Sandja Bulaya
Uwiyaremye Fidali
Gihozo David
Uwineza Rene

18:33

Abakinnyi ba Rayon Sports babanza mu kibuga


Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis, yahisemo gukoresha ikipe yari yitabaje ku mukino uheruka wa Bugesera FC.


Kwizera Olivier
Nshimiyimana Emmanuel 'Kabange'
Ishimwe Ganijuru Elie
Bayisenge Emery
Youssou Diagne (C)
Ndayishimiye Richard
Bigirimana Abedi
Tony Kitoga
Tambwe Gloire Ngongo
Mugisha Didier
Ndikumana Asman

18:27

Ubwo Rayon Sports yageraga kuri Kigali Pele Stadium

16:52

Kiyovu Sports imaze imyaka ibiri idatsinda Rayon Sports


Kiyovu Sports igiye kurwana no kubona amanota atatu imbere ya Rayon Sports ku nshuro ya mbere muri Shampiyona mu myaka ibiri ishize kuko iheruka kuyitsinda tariki 11 Gicurasi 2024, igitego 1-0.

Ikindi gihe Urucaca rwaheruka kumara igihe kirekire rudatsinda Gikundiro ni hagati ya 2012 na 2018.

Rayon Sports yamaze imyaka itanu idatsinda Kiyovu Sports, hagati ya 2019 na 2024.

16:47

Rayon Sports yihariye intsinzi mu myaka 32 ishize


Aya makipe yombi yatangiye guhangana guhera mu 1968.

Rayon Sports igiye guhura na Kiyovu Sports muri Shampiyona ku nshuro ya 63 mu myaka 32 ishize. Mu mikino 62 zimaze guhuramo muri Shampiyona, Rayon Sports yatsinzemo 33, Kiyovu Sports itsinda 11, zinganya 18.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu mikino yose izi kipe zimaze guhura inshuro 88, muri izo nshuro zose Rayon Sports yatsinzemo imikino 45, Kiyovu Sports itsinda imikino 21, zinganya inshuro 22.

16:39

Ikaze kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo

IGIHE ibahaye ikaze kuri Kigali Pele Stadium, i Nyamirambo, ahagiye kubera umukino w'Umunsi wa 34 wa Shampiyona, ari wo wa nyuma hagati ya Rayon Sports na Kiyovu Sports.

Rayon Sports iri ku mwanya wa kane n'amanota 55, mu gihe ikurikiwe na Kiyovu Sports ifite amanota 52 ku mwanya wa gatanu.

Umukino uratangira Saa 19:00.