Tusker FC vs Rayon Sports

Tusker FC 0-1 Rayon Sports

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Eric Tony Ukurikiyimfura

Amafoto

: Umwari Sandrine

20:46

Ibyishimo by'Aba-Rayons nyuma yo gutsinda Tusker FC

20:20

Abafana ba Rayon Sports bishongoye kuri APR FC nyuma yo gutsinda Tusker FC igitego 1-0

19:59

Rayon Sports yiyongereye amahirwe yo gukina ½ cya CECAFA

Rayon Sports itsinze Tusker FC igitego 1-0, ifata umwanya wa kabiri mu Itsinda C rya CECAFA Kagame Cup n'amanota atandatu, izigamye ibitego bitatu.

Al-Hilal SC ni yo iyoboye iri tsinda n'amanota atandatu izigamye ibitego bitandatu.

Ku wa Gatanudatu, ayon Sports izisobanura na Al-Hilal SC zihataniye kuyobora itsinda.

Kunganya bizahesha Rayon Sports gukomeza muri ½ ariko nitsindwa ishobora gusezererwa bitewe n'andi makipe ya kabiri ashobora kugira amanota atandatu.

Undi mukino wo muri iri tsinda uzahuza Tusker FC na KVZ FC, zombi zamaze gusezererwa.

19:55

Umukino urarangiye

19:54

90+3' Rayon Sports yirangayeho

Muhoza Daniel acomekewe umupira mwiza mu rubuga rw'amahina, ananirwa kuwutera neza ujya hanze kandi yarebanaga n'izamu.

19:53

90+1' Nshuti arokoye Rayon Sports

Nshuti Didier akinnye neza, akura umupira kuri rutahizamu wa Tusker FC wari ugiye kuwukinira mu rubuga rw'amahina.

19:51

90' Iminota ine y'inyongera

Umusifuzi wa Kane, Malong Ring, yerekanye iminota ine y'inyongera.

Aba-Rayons barakangutse nyuma y'iminota myinshi batuje nk'abari mu misa cyangwa abari kureba Tennis.

19:49

88' Uburyo bwa Rayon Sports

Tambwe Gloire aritakumye atera ishoti rikomeye, umupira witambikwa na myugariro wa Tusker FC uwushyize muri koruneri.

Umupira usubijwe mu kibuga, Nshuti Didier awukinnye n'umutwe ujya hanze,

19:46

85' Coup-franc ya Rayon Sports

John Otieno akiniye nabi Ndikumana Asman inyuma y'urubuga rw'amahina.

Ikosa rihanwe na Tambwe Gloire, aha umupira Muhoza uwushyize mu rubuga rw'amahina, Tusker FC ikiza izamu ryayo.

19:44

83' Gusimbuza

Ndikumana Fabio asimbuye Iradukunda Elie Tatou wagize umukino mwiza kuri uyu wa Gatatu.

19:42

80' Gusimbuza

Ndayishimiye Didier na Muhoza Daniel binjiye mu kibuga ku ruhande rwa Rayon Sports.

19:40

80' Hasigaye iminota 10


Rayon Sports ikeneye ibindi bitego....

Tusker FC ikeneye kwishyura ikanatsinda...

19:38

77' Izindi mpinduka kuri Tusker

Ian Simiyu Barasa asimbuye Steve Omondi ku ruhande rwa Tusker FC.

19:33

Umuhanzi Davis D yasusurukije abari muri Kigali Pele Stadium

19:32

71' Rayon Sports irarokotse

John Otieno ananiwe kwishyurira Tusker FC ku mupira umusanze mu rubuga rw'amahina, arebana n'umunyezamu, awushyira hejuru.

19:30

70' Umukino winjiye mu minota 20 ya nyuma

Tusker FC iri gushaka uko yongera kwibona mu mukino.

Rayon Sports yagabanyije umuvuduko mu minota 10 ishize.

19:28

67' Gusimbuza

Tambwe Gloire na Ndikumana Asman basimbuye Ibrahim Djingarey na Junior Kameni, ku ruhande rwa Rayon Sports.

19:23

62' Tusker yakoze impinduka

Umutoza wa Tusker FC, Julien Mette, akoze impinduka eshatu mu kibuga hagati no mu bwugarizi.

Tusker FC ifite iminota 28 yo kwicungura muri iyi CECAFA cyangwa igasezererwa.

19:21

60' Djiguiba yababaye


Umunya-Mali Issa Djiguiba avuye mu kibuga ari ku ngobyi nyuma yo gukinirwa nabi mu kibuga hagati.

19:20

58' Tusker FC irarokotse

Iradukunda Elie Tatou ukomeje kwigaragaza muri uyu mukino, ateye ishoti rikomeye ari inyuma y'urubuga rw'amahina, umupira ukubita umutambiko w'izamu uvamo.

19:17

56' Ubundi buryo bwa Rayon Sports

Elie Tatou yari ashatse kubaka neza ku mupira ashyize mu rubuga rw'amahina usanga Nshuti Didier uwukinnye n'umutwe, ujya ku ruhande.

19:15

54' Rayon Sports ihushije uburyo bwiza

Nshimiyimana Emmanuel Kabange ahannye ikosa ryakorewe kuri Tatou, umupira usanga Muderi Akbar uteye ishoti rinyura ku ruhande gato.

19:14

53' Elie Tatou yababaye

Servyl Akouala Amuor yakandagiye Iradukunda Elie Tatou mu bitugu ndetse uyu mukinnyi wa Rayon Sports aracyari kwitabwaho n'abaganga mu kibuga.

19:12

51' Ikarita y'umuhondo

Myugariro Servyl Akouala Amuor ahawe ikarita y'umuhondo akiniye nabi Iradukunda Elie Tatou.

19:07

47' Akouala ahawe gasopo

Myugariro Servyl Akouala Amuor akiniye nabi Iradukunda Elie Tatou, yihangirizwa n'umusifuzi Arajiga Ahmed.

19:05

46' Igice cya kabiri cyatangiye

Tusker FC ni yo itangiranye umupira mu gice cya kabiri.

18:54

Gukora cyane kwa Rayon Sports bitanze umusaruro


Rayon Sports yihariye umukino mu minota myinshi y'igice cya mbere, birangiye ibonye igitego yagerageje gushaka inshuro nyinshi.

Gikundiro yari yagerageje uburyo bunyuranye ku barimo Issa Djiguiba na Iradukunda Elie Tatou, ariko Antonio Atisso Kodjo Kossivi ni we watsinze igitego ku munota wa 45.

Ku ruhande ruhande, umunyezamu Dande Junior we yahawe akazi gakomeye inshuro imwe aho yakuyemo umupira watewe na Steve Omondi.

18:49

Igice cya mbere kirarangiye


Iminota 45 ibanza n'indi ibiri y'inyongera mu mukino w'umunsi wa kabiri wo mu Itsinda C rya CECAFA Kagame Cup uri kubera i Nyamirambo, irangiye Rayon Sports yatsinze Tusker FC igitego 1-0 cyinjijwe na Antonio Atisso Kodjo Kossivi.

18:47

45' Igitego cya Rayon Sports

Antonio Atisso Kodjo Kossivi afunguye amazamu i Nyamirambo, ku mupira atereye mu rubuga rw'amahina uvuye kuri Muderi Akbar.

18:43

41' Gusimbuza

Chrispine Erambo Otieno asimbuye Warsama Hassan wavunitse, ku ruhande rwa Tusker FC.

18:37

36' Umukino uhagaze gato

Warsam Hassan ahawe umupira ahita awutera hanze, yicara hasi agaragaza ko yavunitse.

Uyu mukinnyi wa Tusker FC ahamagarijwe abaganga mu gihe abatoza be batangiye gutegura umusimbura.

18:33

32' Twatangiye kubona cyane umunyezamu wa Rayon Sports


Bitandukanye n'uko byari bimeze mu minota 25 ibanza, kuri ubu umunyezamu wa Rayon Sports, Dande Junior, yatangiye gukora ku mipira myinshi, atayihawe na bagenzi be, ahubwo ivuye ku bakinnyi ba Tusker FC.

Bivuze iki? Tusker itangiye kwisanga i Nyamirambo!

18:31

30’ Abafana ba Rayon Sports bayiri inyuma


Kuva ku munota wa mbere kugeza magingo aya, umurindi w’abafana ba Rayon Sports urawumva i Nyamirambo.

Abakunzi ba Gikundiro bakomeje gutiza umurindi abakinnyi, batahiriza umugozi umwe mu gushaka igitego.


18:30

28' Dande Junior atabaye Rayon Sports

Umunyezamu wa Rayon Sports, Dande Junior, akuyemo ishoti rikomeye ryari ritewe na Steve Omondi wa Tusker FC.

18:28

26' Uburyo bw'igitego bwa Rayon Sports

Issa Djiguiba wa Rayon Sports yari hanze y'urubuga rw'amahina, arirambura atra ishoti rikomeye mu izamu ariko umunyezamu wa Tusker FC, Brandon Obiero Nathan, awukoraho unyura hejuru y'izamu hatangwa koruneri nubwo ntacyo itanze.

18:25

25’ Rayon Sports yatangiye gutanga umurongo w’umukino

Ikipe ya Rayon Sports iri gusatirana imbaraga Tusker FC muri iyi minota, ariko harabura gutera mu izamu.

Ubwugarizi bw’iyi kipe yo muri Kenya buhagaze neza, aho imipira iri guhindurwa n’abakinnyi bo ku ruhande barimo Iradukunda Elie Tatou, buri guhita buyikuraho itaragera ku munyezamu.

18:24

22' Coup franc ya Rayon Sports

Issa Djiguiba wa Rayon Sports akiniwe nabi na Steve Omondi wa Tusker mu kibuga hagati, hatangwa coup franc kuri Rayon Sports.

18:23

20' Coup franc ya Rayon Sports

Issa Djiguiba akiniwe nabi na Servyl Akouala Amuor wa Tusker, hatangwa coup franc kuri Gikundiro.

18:19

17' Rayon Sports imbere y'izamu

Atisso Kodjo ahereje umupira Ganijuru, awundura mu rubuga rw'amahina ariko uba kure ya Kameni Junior kugeza urenze.

18:16

14' Rayon Sports igerageje uburyo bwa mbere

Ibrahim Mansouru Djingarey ahereje umupira Iradukunda Elie Tatou, atera ishoti rya mbere rigana ku izamu rya Tusker, ariko rijya hanze.

18:13

12' Umukino ntushamaje

Amakipe yombi ari gukina umukino utihuta cyane, ndetse umupira uri kurenga cyane.

18:10

9' Koruneri ya Tusker

Ganijuru arengeje umupira mu gihe yari awuhanganiye na Steve Omondi w Tusker, hatangwa koruneri.

18:09

7' Kudahuza umukino kuri Rayon Sports

Charles Tchouplaou hereje umupira Ishimwe Ganijuru, ariko umupira urarenga kuko bombi batavuganye.

Ni mu gihe iyi kipe iri gutakaza imipira mu buryo butumvikana.

18:07

5' Umukino uri gukinirwa mu kibuga hagati

Amakipe yombi ari gukinira mu kibuga hagati, ndetse Tusker FC yasatiraga Rayon Sports isubiye inyuma.

18:04

2' Tusker FC itangiye ikinira mu kibuga cya Rayon Sports

Ikipe ya Tusker yo muri Kenya itangiye ikinira mu kibuga cya Rayon Sports, ndetse umupira uri kuharengera cyane.

18:00

1' Umukino uratangiye

17:58

Abakinnyi basohotse mu rwambariro

Abakinnyi bageze mu kibuga ndetse bari mu myiteguro ya nyuma y'umukino, mu gihe ba kapiteni b'amaakipe yombi bari guhabwa amabwiriza.

17:53

Abasifuzi b'umukino

Umukino ursifurwa na Arajiga Ahmed wo muri Tanzania uza kuba ari mu kibuga hagati, mu mpande akaza kuba ari gufashwa na Hamdani Said bakomoka hamwe na Mahad Ali wo muri Somalia.

Ni mu gihe umusifuzi wa kane ari Malong Ring wo muri Sudani y'Epfo.

17:47

Amafoto: Ubwo amakipe yombi yarimo yishyushya

17:46

Imvura ntiyakanze Aba-Rayons

Imvura yaguye akanya gato kuri stade ntiyabujije abakunzi ba Rayon Sports kuyishyigikira, dore ko na yo iri mu bihe byiza byo kubaha intsinzi n'ibyishimo.

17:41

AMASHUSHO: Impinduka zibaye mu bakinnyi Rayon Sports yabanje mu kibuga

17:36

Mette na Mbaoma bazi Rayon Sports

Tusker FC yo muri Kenya ifite rutahizamu Victor Mbaoma n’umutoza we Julien Mette bazwi cyane mu Rwanda.

Umunya-Nigeria Mbaoma yakiniye APR FC, ayifasha kwegukana Shampiyona y’u Rwanda ndetse aba umwe mu batsinze ibitego byinshi mu mwaka w’imikino wa 2023/24.

Nyuma yo kuva mu Rwanda, uyu mukinnyi yakomereje muri Remo Stars yo muri Nigeria, mbere yo gusinyira Tusker FC muri iyi mpeshyi.

Umufaransa Julien Mette utoza Tusker FC, yigeze gutoza Rayon Sports agiye guhangana na yo. Yageze muri iyi kipe mu 2024, ayifasha gusoreza ku mwanya wa kabiri muri Shampiyona no kugarukira muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro, aho yasezerewe na Bugesera FC.

Muri Gashyantare 2026 ni bwo yagizwe Umutoza wa Tusker FC.

17:30

Amakipe yombi ari kwishyushya

Abakinnyi ba Tusker FC n'aba Rayon Sports bari mu kibuga mu rwego rwo kwishyushya mbere yo gutangira gukina.

17:24

Abasimbura ba Rayon Sports

Abakinnyi ba Rayon Sports baza gusimbura.

Mugisha Yves (GK)
Nshimimana Fabrice
Wakonda Abdel Matumona
Tambwe Ngongo Gloire
Nkudimana Fabio
Nisingizwe Christian
Ndayishimiye Didie
Ndikumana Asman
Nizeyimana Mubaraka
Muhoza Daniel
Hakizimana Zuberi

17:23

Abakinnyi Rayon Sports ibanza mu kibuga

Abakinnyi 11 Umutoza Mukuru wa Rayon Sports, Haringingo Francis, yahisemo kubanza mu kibuga.

Dande Junior (GK)
Ganijuru Ishimwe Elie
Nshimiyimana Emmanuel (C)
Nshuti Didier
Charles Tchouplaou
Muderi Akbar
Ibrahim Mansouru Djingarey
Issa Djiguiba
Antonio Atisso Kodjo Kossivi
Iradukunda Elie Tatou
Kameni Herman Junior

17:22

Abasimbura ba Tusker FC

Abakinnyi ba Tusker FC babanje ku ntebe y'abasimbura

Francis Odour Onyango
Yakeen Muteheli
Eugine Ikutwa Shipwoni
Stephen Etyang O dima
Ian Simiyu Barasa
Ronny Otieno Okoth
Chrispine Erambo Otieno
Thomas Teka Omenda
Mark Otieno (GK)
Collins Ochieng
Jephiter Maraga Bundi

17:21

Abakinnyi Tusker FC yabanje mu kibuga

Abakinnyi 11 Umutoza wa Tusker FC, Julien Mette, yahisemo kubanza mu kibuga.

Warsama Hassan
Fabian Bathes Adikiny
Servyl Akouala Amuor
Brandon Obiero Nathan (GK)
Aboubacar Doumbia
John Otieno
Aboud Omar (C)
Abdoulie Joof
December Kisakah
Victor Mbaoma
Steve Omondi

17:15

Al Hilal SC yasoje akazi

Al-Hilal SC yanyagiye KVZ FC ibitego 4-0 mu mukino wabanjirije uyu, iyobora Itsinda C n'amanota atandatu ndetse izigamye ibitego bitandatu.

Iyi kipe yo muri Sudani irasabwa kuzakina umukino uzayihuza na Rayon Sports ishaka inota rimwe gusa igakomeza iyoboye itsinda.

Gikundiro na yo irasabwa kunyagira Tusker FC ibitego biri hejuru ya bine, bitayikundira ikazasbwa kubitsinda yakinnye na Al Hilal SC.

17:10

Aba-Rayons bavuze udushya bagiye gukora kuri stade | Bishongoye kuri APR | Umva isezerano

17:09

Mu buryo budasanzwe, Reba uko Rayon na Tusker zisesekaye kuri stade | Kuri Kameni na Kouyate

17:06

Amafoto: Amakipe yombi yageze kuri stade

Abakinnyi ba Rayon Sports n'aba Tusker FC bageze kuri stade igiye kwakira umukino.

17:04

Ikaze kuri Kigali Pelé Stadium

IGIHE ibahaye ikaze kuri Kigali Pelé Stadium ahagiye kubera umukino w'umunsi wa kabiri wo mu Itsinda C rya CECAFA Kagame Cup uhuza Tusker FC isabwa gutsinda umukino wa mbere muri iri rushanwa, na Rayon Sports yifuza kwiyongerera amahirwe yo kuzakina 1/2.

Umukino uratangira Saa 18:00.