APR FC vs Vipers SC

APR FC 2-1 Vipers SC

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Iradukunda Olivier & Eric Tony Ukurikiyimfura

Amafoto

: Umwari Sandrine

23:42

AMASHUSHO: Samir wa RBA asesenguye APR FC yasezerewe || amahirwe ya Rayon Sports yo kwegukana CECAFA

21:34

AMASHUSHO: Ferdinand w'Umu-Rayon yishongoye kuri APR FC yasezerewe muri CECAFA || Ubutumwa kuri Al Hilal SC

21:29

AMASHUSHO: Abafana ba APR FC mu gahinda gakomeye nyuma yo gusezererwa || basabiye umutoza kwirukanwa

21:10

Vipers SC na Rayon Sports mu gihirahiro

Gutsindwa na APR FC mu mukino usoza iyo mu Itsinda A, bivuze ko Vipers SC igiye mu cyiciro cy’amakipe atatu azaba aya kabiri mu matsinda, azavamo imwe ijya muri ½.

Iyi kipe yo muri Uganda ifite amanota atandatu n’ibitego bitatu, aho kuri ubu inganya byose [amanota n’ibitego] na Rayon Sports yo mu Rwanda, ariko yo itarakina umukino wa nyuma izahuramo na Al-Hilal SC ku wa Gatandatu.

Rayon Sports izaba ikeneye inota cyangwa gutsinda, nk’uko bimeze kuri Al-Hilal SC, kugira ngo zombi zizamukane.

Gutsindwa uwo mukino kwa Rayon Sports kuri ubu izigamye ibitego bitatu, bivuze gusezererwa mu gihe kuri Al-Hilal SC byaterwa n’ibyo yatsinzwe kuko ubu izigamye bitandatu.

Gusa na none ku wa Gatanu hari imikino ishobora gukomeza imibare kurushaho, aho mu Itsinda B; Singida Black Stars ifite amanota atatu n’ibitego bibiri izahura na Simba SC ifite amanota abiri.

Jamus SC ikinamo Muhire Kevin izaba ikeneye gutsinda Mogadishu City yamaze gusezererwa kugira ngo yizere kuzamuka iyoboye Itsinda B.

20:56

APR FC isezerewe muri CECAFA Kagame Cup 2026

APR FC yatsinze Vipers SC ibitego 2-1, ariko isezererwa muri CECAFA Kagame Cup kuko yasoreje ku mwanya wa gatatu mu Itsinda A, inganya amanota atandatu na Gor Mahia n’iyi kipe yo muri Uganda, ariko zombi ziyirusha ibitego zizigamye.

Gor Mahia yazamutse ari iya mbere izigamye ibitego bitanu, Vipers SC izigamye ibitego bitatu mu gihe APR FC ifite umwenda w’ibitego bibiri.

Gor Mahia ni yo ibonye itike ya ½ naho Vipers SC izategereza uko mu yandi matsinda bizarangira.

20:52

90+3' Umukino urarangiye

20:50

90' Iminota y'inyongera

Umukino wongeweho iminota itatu kuri 90 y'umukino.

20:49

90' APR FC yirangayeho

Ishimwe Christian yinjiye mu rubuga rw'amahina akina byinshi kugeza bamwambuye umupira bawushyira muri koruneri.

20:47

89' APR FC irsimbuje

Djibrik Ouattara ahaye umwanya Iraguha Hadji

20:46

87' Umukino uri mu minota ya nyuma

APR FC iri gukina irwana ku nstinzi yayo, mu gihe Vipers iri gushaka kwishyura.

20:44

85' APR FC yari yirangayeho

Nshimiyimana Yunusu wa APR FC arahuzaguritse yamburw umupira na Ssentamu ariko Byiringiro Gilbert aratabara.

20:42

84' Vipers irasimbuje

Mukundane Panuel ahawe umwanya na Watambala Abdu.

20:41

83' APR FC ikoze impinduka

Uwiyaremye Fidali na Rubuguza Jean Pierre basimbuye Memel Dao na William Togui.

20:39

79' Ikarita itukura kuri Vipers

Kevin Bady wa Vipers yeretswe ikarita ya kabiri y'umuhondo ahabwa umutuku, nyuma y'ikosa akoreye Djibril Ouattara.

20:36

77' Coup franc ya Vipers

Vipers SC ibonye coup franc ku ikosa rikozwe na Nshimiyimana Yunusu.

20:33

73' Koruneri ya Vipers SC

Nshimiyimana Yunusu arengeje umupira wari utakajwe na Dauda Yussif hatangwa koruneri.

20:29

70' Ikarita y'umuhondo kuri Vipers

Milton Kalisa ahawe ikarita y'umuhondo nyuma yo gukorera ikosa William Togui.

20:28

68' Vipers SC irasimbuje

Manzoki Cesar asimbuye Chukwuma Odili

20:26

68' APR FC irasimbuje

Hakim Kiwanuka na Dauda Yussif basimbuye Amani Michel na Mamadou Traore

20:23

65' Umukino uhagazeho gato

Umukino ubaye uhagaze mu gihe Djibril Ouattara wababaye ari kuvurwa.

20:22

64' Hakizimana Adolphe atabaye APR FC

Hakizimana Adolphe akuyemo ishoti rikomeye ryari ritewe na Faruk Miya, arishyira muri koruneri.

20:20

61' Igitego cya kabiri cya APR FC

Djibril Ouattara atsinze igitego cyiza cya kabiri cya APR FC ku mupira aherejwe na Memel Dao.

20:19

60' Vipers FC ikoze impinduka

Usama Kiza avuye mu kibuga hajyamo Milton Kalisa, mu gihe Watambala ahaye umwanya Faruk Miya.

20:17

57' APR FC yirangayeho

Amani Michele wa APR FC yakiriye umupira ananirwa kuwutera mu izamu.

20:13

55’ Umukino wasubiye inyuma



Muri iyi minota ibanza y’igice cya kabiri, amakipe yombi yahanye ubwisanzure arasatirana.

Gusa nta buryo bukomeye buri kuboneka nk’uko byari bimeze mu gice cya mbere.

Abafana bamwe batuje, baricara bareba umukino.

20:13

54' APR FC ibuze igitego

Memel Dao atanze umupira mu rubuga rw'amahina, umunyezamu wa Vipers, Denis awufata nta wundi urwukoraho ngo yjye mu izamu.

20:11

49' Coup franc ya Vipers SC

Nshimiyimana Yunusu akiniye nabi Marvin Joseph wa Vipers, hatangwa coup franc.

20:07

47' APR FC itangiranye ishyaka

Ikipe ya kabiri itangiye isatira Vipers ishaka igitego, ndetse ibonye koruneru nubwo ntakivuyemo.

20:05

46' Igice cya kabiri kiratangiye

20:05

46' Vipers irasimbuje

Mbowa Paul avuye mu kibuga hajyamo Mwere Nicholas, mu gihe Ndahiro Derrick yasimbuwe na Mandel Achraf.

19:58

Gor Mahia iyoboye umukino uri kuyihuza na Garde Républicaine

Gor Mahia yo muri Kenya iri gukina na Garde Républicaine FC yo muri Djibouti, ikaba yatsinze igitego 1-0 nyuma y'igice cya mbere.

Iki gitego cyinjijwe na Paul Okoth.

Uko makipe akurikiranye kugeza ubu

1. Vipers 7pts
2. Gor Mahia 6pts
3. APR FC 4pts
4. Garde 0pts

19:47

47' Igice cya mbere kirarangiye

Mu gihe amakipe yombi agiye kuruhuka, umuhanzi Kenny Sol atangiye gususurutsa abafana bitabiriye uyu mukino.

19:46

45' Iminota y'inyongera

Umukino wongeweho iminota ibiri y'inyongera.

19:45

44' APR FC yirangayeho

Djibril Ouattara wa APR FC asize Torach wa Vipers ariko akina byinshi barawumwambura.

19:43

43' Koruneri ya Vipers

Ronald Ssekiganda arengeje umupira hatangwa koruneri kuri Vipers SC ariko ntiyagira ikivamo.

19:43

41' APR FC ibuze igitego

Djibril Ouattara ateye ishoti mu izamu rifatwa n'umunyezamu wa Vipers.

19:41

38' Igitego cya Vipers

Vipers SC yishyuye igitego ku ishoti rikomeye rya Gusto Mulongo wa Ilunga, nyuma y'amakosa akozwe na Nshimiyimana Yunusu wahagaze nabi na William Togui watakaje umupira.

19:36

35' Ikarita y'umuhondo kuri Vipers

Kevin Bady wa Vipers yeretswe ikarita y'umuhondo nyuma yo gukinira nabi Djibril Ouattara wa APR FC.

19:35

34' Umukino wafashe isura

Amakipe yombi kugeza ubu yamaze kwinjira mu mukino, ndetse ari gukina mu buryo bwose agerageza kugera imbere y'izamu ashaka ibitego.

19:33

31' Hakizimana Adolphe atabaye APR FC

Umunyezamu wa APR FC, akuyemo umupira w'igitego wari ushyizwe mu izamu rya APR FC na Mulongo Gusto wa Vipers SC.

19:30

29' APR FC ihushije igitego

Djibril Ouattara yinjiye mu rubuga rw'amahina atera ishoti rikomeye ariko rifatwa n'umunyezamu wa Vipers SC, Kiggundu Denis.

19:25

25' Memel Dao ababaje abafana

Memel Dao yakiriye umupira ari wenyine mu rubuga rw'amahina awuhawe na Byiringiro Gilbert, awutera hejuru y'izamu.

19:24

22' Umurindi w'abafana ba APR FC

Abafana ba APR FC nubwo ari bake muri Stade Amahoro bahagurutse bayiba inyuma.

19:20

19' Igitego cya APR FC

Umunyezamu wa Vipers akoze amakosa ahereza umupira abakinnyi ba APR FC, Memel Dao ahereza Amani, ateye mu izamu wanga kujyamo ufatwa na Mamadou Traore ahita atsinda igitego cya mbere.

19:18

16' APR FC ihushije uburyo bw'igitego

Mamadou Traore wa APR FC ashatse gutungura umunyezamu wa Vipers, ishoti yari ateye rikurwamo na myugariro Torach Rogers.

19:16

15' Vipers ibuze igitego

Chukwuma Odili ateye koruneri habura gato ngo ijye mu izamu birangira Hakizimana Adolphe awushyize muri koruneri nanone.

19:14

13' Koruneri ya Vipers SC

Abakinnyi ba APR FC bananiwe kumvikana ku mupira birangira bawushyize muri koruneri. Madou Zon agiriyemo ikibazo ari kuvurwa.

19:13

11' Umukino uri gukinirwa mu kibuga hagati

Amakipe yombi ari gukinira mu kibuga hagati, ntabwo biri kubaho kenshi.

19:11

9' Vipers SC igerageje uburyo bw'igitego

Watambala Abdu wa Vipers SC ateye ishoti rikomeye ari inyuma y'urubuga rw'amahina rwa APR FC ariko umupira unyura hejuru y'izamu gato.

19:10

8' APR FC yari yirangayeho

Nshimiyimana Yunusu atakaje umupira habura gato ngo Marvin Joseph ngo atere ishoti mu izamu ariko Ronald Ssekiganda aratabara.

19:08

6' Coup franc ya APR FC

Mulongo Gusto wa Vipers akiniye nabi nshimiyimana Yunusu wa APR hatangwa coup franc.

19:05

4' Coup franc ya Vipers

Chukwuma Odili akiniwe nabi na Byiringiro Gilbert wa APR FC hatangwa coup franc mu kibuga hagati.

19:03

2' Vipers iri imvbere y'izamu

Chukwuma Odili wa Vipers ahinduye umupira mu rubuga w'amahina rwa APR FC, ufatwa na mugenzi we Marvin Joseph ariko Madou Zon arawufata akiza izamu.

19:00

1' Umukino uratangiye

18:58

Abasifuzi b'umukino

Umukino urasifurwa na Nasir Siyum, mu mpande hakaza kuba hari Hamdan Said na Ramadhan Ally.

Umusifuzi wa kane ni Arajiga Ahmed.

18:55

AMASHUSHO: APR FC vs Vipers SC || Impinduka muri 11 Taleb abanje mu kibuga || Dauda yashyizwe Ku Ntebe

18:50

Abafana bakomeje kurumba kuri uyu mukino

Stade Amahoro iracyarimo abafana bake mu gihe umukino uri hafi gutangira.

18:44

Amakipe yasubiye mu rwambariro

Abakinnyi barangije kwishyushya basubira mu rwambariro mu myiteguro ya nyuma y'umukino.

18:41

Abasimbura ba APR FC

Abakinnyi ba APR FC yabanje mu kibuga.

Ruhamyankiko Ivan (GK)
Ombolenga Fitina
Bugingo Hakim
Iraguha Hadji
Ishimwe Abdoul
Rubuguza Jean Pierre
Uwiyaremye Fidali
Hakim Kiwanuka
DaudaYussif Seidu

18:37

Abakinnyi 11 APR FC ibanza mu kibuga

Abakinnyi 11 Umutoza wa APR FC, Taleb Abderrahim, yahisemo kubanza mu kibuga.

Hakizimana Adolphe (GK)
Nshimiyimana Yunusu
Ishimwe Christian
Byiringiro Jean Gilbert
Traore Mamadou
AmaniKuodiakan Michel Breygeneve
Madou Zon
Djibril Ouattara Cheick (C)
Ssekiganda Ronald
DaoRaouf Memel
ToguiMel William

18:36

Abasimbura ba Vipers SC

Abakinnyi ba Vipers SC babanje ku ntebe y'abasimbura.

Mbaba Loyce Marius (GK)
Mandela Ashraf
Mwere Nicholas
Mukundane Hillary Panuel
Munogera Amour
Karisa Milton
Manzoki Cesar Lobi
Ogwang Isaac
Ankunda Annest
Ssentamu Yunus Junior
Miya Faruku



18:35

Abakinnyi 11 Vipers SC ibanza mu kibuga

Abakinnyi 11 Umutoza wa Vipers SC, Lavagne Denis Jean, yahisemo kubanza mu kibuga akina na APR FC.

Kiggundu Denis (Gk)
Ndahiro Derrick
Torach Rogers Ochaki (C)
Kevindasylva Bady
Sserunjoji Joel
Mbowapaulpatrick
Marvin Joseph Youngman
Watambala Abdu Karim
Odili Chukwuma
Usama Arafat Kiza
Mulongo Gusto Wa Ilunga

18:23

Amakipe yombi yatangiye kwishyushya

Abakinnyi ba APR FC na Vipers SC batangiye kwishyushya, gusa mu Ikipe y'Ingabo z'Igihugu ntabwo hagaragaramo umunyezamu Ernan Siluane nubwo ari ku kibuga.

18:17

Umukino w'agapingane kuri shampiyona zo mu karere

APR FC igiye gukina na Vipers SC yegukanye Igikombe cya Shampiyona yo muri Uganda cya 2025/26, mu gihe APR FC ari yo yegukanye Igikombe cya Shampiyona y'u Rwanda.

Mu mikino 10 Vipers SC iheruka gukina ntabwo iratsndwa na rimwe, kuko yatsinze imikino itanu inganya indi itanu. Ni mu gihe Ikipe y'Ingabo z'u Rwanda yatsinze irindwi, inganya umwe indi ibiri irayitsindwa.

17:57

AMASHUSHO: Dauda Yussif na Ernan Siluane batakinnye umukino uheruka bageranye n'abandi ku kibuga

Abakinnyi ba APR FC bageze ku kibuga bari kumwe na bagenzi babo Ernan Siluane, batakinnye umukino uheruka. Ni nyuma y'uko abatoza bayo bavugag ko bari baragize ibibazo by'uburwayi.

17:50

Vipers na yo yageze kuri Stade Amahoro

Abakinnyi ba Vipers SC igiye gukina na APR FC ndetse ikaba inahabwa amahirwe kuko yatsinze imikino yayo yose ibanza, bageze kuri Stade Amahoro.

17:46

Stade yambaye ubusa

Mu gihe habura isaha imwe ngo umukino utangire, Stade Amahoro yakira abafana ibihumbi 45 irimo n'abatageze ku ijana ubariyemo natwe turi mu mirimo.

Ni mu gihe kuko abafana ba APR FC baheruka kuyinyagirirwamo ibitego 5-0, ubwo ikipe yakinaga na Gor Mahia ku mukino wa mbere bakinnye muri CECAFA Kagame Cup 2026.

17:37

Amafoto: APR FC yageze kuri Stade Amahoro

Mu gihe habura igihe gito ngo umukino utangire, abakinnyi n'abatoza ba APR FC bageze kuri Stade Amahoro habera umukino.

17:36

AMASHUSHO: Abafana ba APR FC babuze stade Amahoro yambaye ubusa || Imibare igoye imbere ya Vipers

17:35

Ikaze kuri Stade Amahoro

IGIHE ibahaye ikaze kuri Stade Amahoro, ahagiye kubera umukino w'umunsi wa gatatu mu Itsinda A rua CECAFA Kagame Cup 2026, ukaba ari umukino uhuza APR FC iri mu zihagarariye u Rwanda rwakiriye irushanwa na Vipers SC yo muri Uganda.

Amakipe yombi nta n'imwe igomba gukora ikosa ku mukino w'uyu munsi, dore ko intsinzi iyo ari yo yose yahesha itike ya 1/2 Vipers, mu gihe APR FC isabwa gutsinda ku kinyuranyo cy'ibitego byinshi kugira ngo yizere gukomeza.

Uyu mukino urabera rimwe n'uwa Gor Mahia na yo ifite amahirwe yo gukomeza muri 1/2 na Garde Républicaine FC yamaze gusezererwa. Izi zirakinira i Nyamirambo kuri Kigali Pele Stadium.

Imikino yambi iratangira saa 19:00.