Gor Mahia FC vs Rayon Sports

Gor Mahia FC 0-0 Rayon Sports

Uko umukino uri kugenda

Umwanditsi

: Iradukunda Olivier & Eric Tony Ukurikiyimfura

Amafoto

: Umwari Sandrine & Kasiro Claude

18:03

3' Coup-franc ya Gor Mahia

Muderi Akbar akiniye nabi Enock Momanyi inyuma gato y'urubuga rw'amahina.

Ikosa rihanwe na Ebenezer Boadi, umupira awutera mu rukuta inshuro ebyiri nyuma y'uko umugarukiye.

18:00

1' Umukino watangiye

Umusifuzi Omar Artan yatangije umukino.

Kameni wa Rayon Sports yateye umupira wa mbere, awusubiza inyuma kuri bagenzi be na bo bahita bawushyira mu kibuga cya Gor Mahia.

17:59

Aba-Rayons bati 'Turahari'


Mbere y'umukino, abafana ba Rayon Sports babanje kuririmba indirimbo yubahiriza ikipe yabo, bagira bati "Rayon ni wowe dukunda."

Umurindi ni wose, icyizere ni cyose!

17:58

Amakipe yombi yageze mu kibuga


Mu ndirimbo y'amarushanwa ya CAF, ubuyobozi bwa CECAFA bwifuza kugeza iri rushanwa ryayo ku rwego rwayo, abakinnyi ba Rayon Sports n'aba Gor Mahia binjiye mu kibuga bayobowe n'abasifuzi barimo Omar Artan, umusifuzi w'umwaka wa 2025 muri Afurika ndetse wari watoranyijwe mu bazasifura Igikombe cy'Isi cya 2026 ariko akangirwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Rayon Sports yambaye ubururu bufite umurongo w'umweru umanutse mu gatuza, amasogisi ni umweru.

Gor Mahia yambaye icyatsi hose.

Ni iyihe yegukana igikombe? Ni byo tugiye kureba guhera none.

17:55

Cya gihe cyageze!


Wari ufite imyaka ingahe mu 1998?

Niba atari ubwa mbere ugiye kubona Rayon Sports ikina umukino wa nyuma wa CECAFA, ni ubwa kabiri!

Nyuma y'imyaka 28 yo gutegereza, Gikundiro yongeye kwisanga mu minota 90 yo gushaka igikombe cyo mu karere.

Gor Mahia zigiye guhura imaze kwegukana iri rushanwa inshuro eshatu, ariko igikombe iheruka ni icyo mu 1985.

17:52

Dore imyambarire idasanzwe ya Rutanga Eric | Atanze ubutumwa bukomeye | Gutwara igikombe

17:51

Ibirori byo gusoza irushanwa

Mu gihe amakipe yombi akina umukino wa nyuma yasoje kwishyushya agiye mu rwambariro, abakomoka mu bihugu bitandukanye byahagarariwe muri iri rushanwa, basusurukije abari muri Stade Amahoro mu muhango wo gusoza CECAFA Kagame Cup 2026.

CECAFA Kagame Cup yitabiriwe n'amakipe 12 aturitse mu bihugu icyenda byo muri Afurika y'Iburasirazuba n'iyo Hagati.

17:48

Rugangura na Kwizigira basesenguye Rayon ishobora gutwara igikombe

17:43

Abasifuzi b'umukino

Uyu mukino urasifurwa n’Umunya-Somalia, Omar Artan, wabaye umusifuzi wa mbere muri Afurika mu 2025, ndetse akaba ari umwe mu bagombaga gusifura mu Gikombe cy’Isi cya 2026.

Artan yari yitezweho kuba Umunya-Somalia wa mbere usifuye Igikombe cy’Isi, ariko yakuwe ku rutonde rw’abasifuye iri rushanwa nyuma y’uko yangiwe kurenga ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Miami muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Arasifura uyu mukino afatanyije na Liban Abdulrazack wo muri Djibouti na Eliezer Stephen Yiembe wo muri Kenya baba ari abungiriza be mu mpande.

Aba basifuzi uko ari batatu kandi ni bo bazafatanya gusifura umukino w’amakipe yitwaye neza i Burayi wa UEFA Super Cup, uteganyijwe tariki ya 12 Kanama 2026 mu Mujyi wa Salzburg muri Australia, ugahuza Aston Villa na Paris Saint-Germain, zombi zifitanye imikoranire n’u Rwanda.

Umusifuzi wa kane wifashishwa mu gukiranura Rayon Sports na Gor Mahia ni Dick Okello wo muri Uganda.

17:32

Haringingo ntiyahinduye ikipe ye


Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis, yongeye kubanza mu kibuga ikipe yitabaje ku mikino itatu iheruka Gikundiro yatsinze muri iri rushanwa.

Ni mu gihe Gor Mahia yagaruye Alpha Onyango wari wabonye ikarita itukura ku mukino wa Garde Republicaine, ariko ikaba idafite Jackson Dwang wabonye ikarita itukura ku mukino wa 1/2 basezereyemo Al-Hilal SC.

17:24

Amafoto: Abafana ba Rayon Sports batangiye kuririmba indirimbo zishyigikira ikipe yabo

17:20

Abasimbura ba Rayon Sports

Abakinnyi Rayon Sports yabanje ku ntebe y'abasimbura.

Mugisha Yves (GK)
Nshimimana Fabrice
Wakonda Abdel Matumona
Tambwe Ngongo Gloire
Nkudimana
Nisingizwe Christian
Ndayishimiye Didier
Boris Gbenou
Ndikumana Asman
Nizeyimana Mubaraka
Muhoza Daniel

17:19

Abakinnyi Rayon Sports ibanza mu kibuga

Abakinnyi 11 Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis Christian, yahisemo kubanza mu kibuga.

Dande Junior (GK)
Ganijuru Ishimwe Elie
Nshimiyimana Emmanuel (C)
Nshuti Didier
Charles Tchouplaou
Muderi Akbar
Ibrahim Mansouru Djingarey
Issa Djiguiba
Antonio Atisso Kodjo Kossivi
Iradukunda Elie Tatou
Kameni Herman Junior

17:14

Abakinnyi ba Gor Mahia babanje mu kibuga

Umutoza wa Gor Mahia, Charles Kwabian Akonnor, yahisemo kubanzamo:

Bryne Omondi Odhiambo (GK)
Paul Ochuoga
Mike Evans Kibwage (C)
Daniel Sakari Macheso
Frank Onyango Odhiambo
Enock Momanyi Machaka
Alpha Chris Onyango
Ebenezer Boadi Adu-kwaw
Shariff Sabuni Sirengo
Paul Okoth Odhiambo
Ebenezer Ocran



Abasimbura:

Kevin Omondi Onyango (GK)
Bryton Otieno Onyona
Siraji Mohamed Siraji
Lewis Bandi Esambe
Ben Stanley Omondi
Lawrence Ochieng Juma
George Amonoo
Lesley Otieno Owino
Hansel Ochieng Madegwa
David Okoth Odhiambo
Ebenezer Assifuah

17:13

Rayon Sports na Gor Mahia zatangiye kwishyushya

Abakinnyi ba Rayon Sports na Gor Mahia bageze muri Stade Amahoro batangira kwishyushya mbere yo gutangira umukino.

17:08

Laurent Ramazani wa Jamus FC yavunitse

Umukinnyi wo mu kibuga hagati muri Jamus FC, Laurent Ramazani, yababariye bikomeye mu mukino batsinzwemo na Al Hilal SC bakanatakaza umwanya wa gatatu muri CECAFA Kagame Cup.

17:02

AMAFOTO: Rayon Sports na Gor Mahia zageze muri Stade Amahoro

17:01

Ibihembo bya CECAFA Kagame Cup

Irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ritangwamo ibihembo by'ibihumbi 60 y'amadolari. Ni amafaranga atangwa na Perezida w'u Rwanda, Paul Kagame, nk'umuterankunga mukuru w'iri rushanwa kuva mu 2002.

Ibihembo:

Ikipe ya mbere ihabwa ibihumbi 30$
Ikipe ya kabiri ihabwa ibihumbi 20$
Ikipe ya gatatu ihabwa ibihumbi 10$

16:56

Al Hilal SC yegukanye umwanya wa gatatu

Al Hilal SC yegukanye umwanya wa gatatu muri CECAFA Kagame Cup 2026, nyuma yo gutsinda Jamus FC ibitego 2-1.

16:51

Igitego cya Jamus

Majak Simon wa Jamus FC atsinze igitego cya mbere cyo kwishyura cyinjijwe na Majak Simon ku munota wa 90+1.

16:32

AMASHUSHO: Sekamana Leandre wakiniye Rayon avuze ibanga ryatuma itwara igikombe

16:28

Igitego cya Al Hilal SC

Al Hilal SC itsinze igitego cya kabiri cyinjijwe na Abdelrazig Yagoub Omer Taha ku munota wa 66.

16:26

Stade Amahoro iruzura kare

Abafana biganjemo aba Rayon Sports bari kwinjira muri Stade Amahoro ku bwinshi, ndetse mu bigaragara iruzura mbere y'uko umukino wa nyuma uhuza Gikundiro na Gor Mahia utangira.

16:22

Jamus FC yahushije penaliti

Rutahizamu wa Jamus FC, Bandiougou Diallo, yahushije penaliti yari amahirwe yo kwishyura igitego ku munota wa 59.

16:19

Al Hilal SC yafunguye amazamu

Rutahizamu wa Al Hilal SC Ansumana Samura yafunguye amazamu ku munota wa 54, mu mukino uri kubahuza na Jamus FC.

15:48

Rwabuze gica hagati ya Al Hilal SC na Jamus FC

Igice cya mbere cy'umukino w'umwanya wa gatatu muri CECAFA Kagame Cup 2026, cyarangiye Jamus FC na Al Hilal SC zinganya 0-0.

15:42

Amateka ya Rayon Sports muri CECAFA

Rayon Sports yifuza kongera kwegukana CECAFA Kagame Cup iheruka mu 28 ishize.

Rayon Sports yitabiriye CECAFA ku nshuro ya mbere mu 1998, icyo gihe yari yabereye muri Zanzibar, initwara neza iyegukana itsinze Mlandege FC ibitego 2-1.

Umwaka ukurikiyeho mu 1999, yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Vital'O ibitego 4-2, hashira imyaka itatu itongeye kwitabira kuko yasubiyeyo mu 2003. Icyo gihe ntiyarenze amatsinda kuko yabaye iya nyuma mu ryarimo Express, St George na Elman.

Nyuma y’imyaka ibiri mu 2005, Gikundiro yacyuye umwanya wa gatatu itsinze Mtibwa Sugar penaliti 4-2. Icyo gihe amakipe yombi yari yanganyije 0-0.

Mu 2008, Rayon Sports yasezerewe muri ¼ itsinzwe na Tusker yo muri Kenya kuri penaliti 7-6, nyuma yo kunganya 0-0 mu minota 90.

Ababyibuka neza iki gihe yari yabuze imyambaro yambara imyambaro ya Manchester United yo mu Bwongereza.

Mu 2010 yasezerewe muri ¼ itsinzwe na Sofapaka yo muri Kenya penaliti 7-6, nyuma yo kunganya 0-0. Iyi CECAFA yegukanwe na APR FC.

Mu 2013 na bwo yitabiriye CECAFA Kagame Cup yari yabereye muri Sudani, isezererwa muri ½ na Vital'ô yayitsinze igitego 1-0. Iyi Vital'ô ni yo yegukanye iryo rushanwa itsinze APR ku mukino wa nyuma ibitego 2-0.

CECAFA ya 2014 yari rurangiza kuko Rayon Sports kuko yasezerewe muri ¼ na APR FC, yayitsinze kuri penaliti 4-3 nyuma y’uko amakipe yombi anganyije ibitego 2-2.

Icyo gihe APR FC yatsindiwe ku mukino wa nyuma na Al Merreikh yo muri Sudani iyitsinze igitego 1-0 kuri Stade Amahoro, mu mukino warebwe na Perezida Paul Kagame.

Mu 2018, Rayon Sports yasezerewe muri ¼, ari nako byagenze mu 2019 isezererwa na KCCA iyitsinze ibitego 2-1.

Mu irushanwa ry’uyu mwaka, Rayon Sports yongeye kugera ku mukino wa nyuma itsinze Jamus FC yo muri Sudani y'Epfo ibitego 3-1. Igomba guhura na Gor Mahia yo muri Kenya yasezereye Al Hilal SC yo muri Sudani.

Amateka agaragaza ko igihe cyose iyi kipe yo mu Rwanda yageze muri ½ cya CECAFA, inegukana Igikombe cya Shampiyona uwo mwaka. Ibi ni ko byagenze mu 1998 na 2013.

15:29

AMSHUSHO: Senderi ufana APR avuze icyamubabaje muri CECAFA || Umva ubutumwa bukakaye ahaye Rayon Sports

15:19

AMSHUSHO: Aba-Rayons bakoze udushya bajyana amafaranga yo guha abakinnyi | Umva uko bishongoye kuri APR

15:02

Uwikunda ari kuyobora umukino w'umwanya wa gatatu

Umusifuzi mpuzamahanga w'Umunyarwanda, Uwikunda Samuel, ni we uri gusifura umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu wa Al Hilal SC na Jamus FC.

Mu mpande ari kungirizwa na Mutuyimana Dieudonne na we w'Umunyarwanda na Stephen Yiembe wo muri Kenya.

Umusifuzi wa kane ni Arajiga Ahmed wo muri Tanzania.

14:50

AMAFOTO: Jamus na Al Hilal ziteguye guhatana

14:50

Ikaze kuri Stade Amahoro

IGIHE ibahaye ikaze kuri Stade Amahoro hagiye kubera imikino isoza irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026.

Imikino irabanzirizwa n'umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu uhuza Jamus FC yo muri Sudani y'Epfo na Al Hilal SC yo muri Sudani. Uyu mukino uratangira saa Cyenda (15:00).

Umukino wa nyuma urahuza Rayon Sports yo mu Rwanda na Gor Mahia yo muri Kenya. Uyu mukino uratangira saa Kumi n'Ebyiri (19:00).