Muhanga- Kibeho

Agace ka Kabiri: Muhanga- Kibeho
Isaha yo guhaguruka: 11:00
Isaha yo gusoza: 14:34
Abasiganwa: 94
Intera: 130 Km

Umwanditsi : Ukurikiyimfura Eric Tony

Amafoto : Igirubuntu Darcy & Yuhi Augustin

Uko isiganwa riri kugenda

16:47

lundi, 19/02/2024

Ikipe yitwaye neza: TotalEnergies

16:06

lundi, 19/02/2024

Tour du Rwanda 2024 izakomereza i Rusizi

Nyuma y'aka gace ka Muhanga-Kibeho, Tour du Rwanda 2024 izakomeza ku wa Kabiri, tariki ya 20 Gashyantare, hakinwa aka Gatatu kazahagurukira i Huye, kagasorezwa i Rusizi ku ntera y'ibilometero 140,3.

15:53

lundi, 19/02/2024

Umunyafurika muto mwiza: Aklilu Arefayne (Eritrea)

15:52

lundi, 19/02/2024

Umukinnyi wayoboye isiganwa igihe kirekire: Alexandre Mayer

15:51

lundi, 19/02/2024

Umukinnyi wahize abandi muri Sprint: Munyaneza Didier (Rwanda)

15:50

lundi, 19/02/2024

Umukinnyi wahatanye kurusha abandi: Nsengiyumva Shemu (May Stars)

15:48

lundi, 19/02/2024

Umunyafurika mwiza: Merhawi Kudus (Eritrea)

15:46

lundi, 19/02/2024

Umunyarwanda muto mwiza: Shyaka Janvier (UCI Mixed Team Africa)

15:46

lundi, 19/02/2024

Umunyarwanda mwiza: Mugisha Moise (Java-InovoTec)

15:34

lundi, 19/02/2024

Umukinnyi muto mwiza mu isiganwa

Aklilu Arefayne ukinira Ikipe y'Igihugu ya Eritrea.

15:33

lundi, 19/02/2024

Umukinnyi wahize abandi mu guterera imisozi

Alexandre Mayer w'Ikipe y'Igihugu y'Ibirwa bya Maurice.

15:32

lundi, 19/02/2024

Umukinyi wambaye umwambaro w'umuhondo

Itamar Einhorn ukinira Israel-Premier Tech.

15:31

lundi, 19/02/2024

Umukinnyi wegukanye Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2024

Itamar Einhorn ukinira Israel-Premier Tech.

15:12

lundi, 19/02/2024

Ibyaranze Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2024: Muhanga-Kibeho

Umunya-Israel w’imyaka 26, Itamar Einhorn ukinira Israel-Premier Tech, yegukanye agace ka Muhanga - Kibeho , ka kabiri muri Tour du Rwanda 2024 nyuma yo gukoreshae amasaha atatu, iminota 17 n’amasegonda 31 ku ntera y'ibilometero 129,4.

Tour du Rwanda yerekeje i Kibeho [mu Karere ka Nyaruguru] ku nshuro ya mbere, nta mukinnyi wambaye umwambaro uwo ari wo wose mu y'abitwaye neza kuko ubwo amakipe yasiganwaga n'igihe ku Cyumweru, mu Gace ka Mbere, ibihe byakoreshejwe byashyizwe ku ruhande.

Aka Gace ka Mbere, BK Arena- Kigali Convention Centre ku ntera y'ibilometero 18.3, kakoreshejwe mu rwego rwo kugerageza iyi nzira kanyuzemo kuko izakoreshwa muri Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera mu Rwanda mu 2025.

Kuri uyu wa Mbere, abakinnyi batatu ari bo Alexandre Mayer w'Ibirwa bya Maurice, Nsengiyumva Shemu wa May Stars ndetse na Munyaneza Didier wa Team Rwanda, bacitse bagenzi babo ku kilometero cya kabiri, bayobora isiganwa kugeza binjiye mu Karere ka Nyaruguru.

Munyaneza Didier wa Team Rwanda ni we wegukanye amanota ya sprint ya mbere yatangiwe mu Ruhango ku kilometero cya 21 aho yakurikiwe na Alexandre Mayer na Nsengiyumva Shemu.

Kugera ku kilometero cya 50 i Nyanza, aba bakinnyi batatu bari bamaze gushyiramo intera y’iminota irindwi n’amasegonda 50 hagati yabo n’igikundi.

Ikinyuranyo cyatangiye kugabanuka ku kilometero cya 60 i Rusatira, aho igikundi cyari cyatangiye gukora cyane kugira ngo kigabanye ibihe cyarushwaga n’abakinnyi batatu bari imbere.

Ubwo bari bageze ku kilometero cya 63, hari abakinnyi benshi baguye mu gikundi, barimo ab’u Rwanda n’aba Eritrea.

Amanota ya Sprint ya Kabiri yatangiwe i Huye mu Mujyi, ku kilometero cya 74, yegukanywe na Nsengiyumva Shemu, akurikirwa na Munyaneza Didier na Alexandre Mayer.

Igikundi cyakomeje kugabanya ikinyuranyo, batatu b’imbere binjiye mu Karere ka Huye hasigayemo iminota ine n'amasegonda 55, ni mu gihe bageze ku kilometero cya 81 hasigayemo iminota ine n'amasegonda atatu.

Mu bilometero 25 bya nyuma, Abanyarwanda Nsengiyumva na Munyaneza bari bamaze gufatwa n’igikundi ariko Alexandre Mayer we yari yakomeje yabasize, ndetse yegukana amanota y'umusozi wa mbere i Kiyonza.

Mu gihe hari hasigaye ibilometero 10 gusa, Manizabayo Eric 'Karadiyo' wa Team Rwanda yacitse igikundi ashaka kugenda wenyine imbere, nyuma yo kunyura kuri Milan Doine wa Lotto-Dstny wari wafashe Mayer bazamuka i Maraba, ariko na we ahita agarurwa na Lennert Teugels wa Bingoal WB,

Nk'uko byari byitezwe, aka ka gace kasorejwe muri sprint [kunyonga igare n'imbaraga mu gitambika], kegukanwa na Itamar Einhorn wa Israel-Premier Tech nyuma yo gukoresha amasaha atatu, iminota 17 n'amasgonda 31, ibihe bimwe n’abandi 55 bamukurikiye.

Mu mazina yagize ibihe bimwe n'uwa mbere harimo Julien Simon (TotalEnergies), Merhawi Kudus (Eritrea), Pierre Latour wa 15, Mugisha Moise (20), Munyaneza Didier (33), Muhoza Eric (34), Masengesho (40), Manizabayo Eric (47), Chris Froome (48), Eyob Metkel (49), Byukusenge Patrick (50), Milan Doine (53) na Niyonkuru Samuel (54).

Nsengiyumva Shemu yabaye uwa 65 yasizwe iminota itandatu n'amasegonda 32, Tuyizere Etienne aba uwa 80 yasizwe iminota 10 n'isegonda, Ngendahayo Jeremie na Areruya Joseph ba 83 na 85 basigwa iminota 13 n''amasegonda 13 naho Shyaka Janvier aba uwa 90 yasizwe iminota 17 n'amasegonda 37.

Umukinnyi wa nyuma (92) ni Tuyizere Hashimu w'u Rwanda wasizwe iminota 32 n'amasegonda 25 mu gihe babiri batasoje isiganwa ari Kbrab Tesfay wa Ethiopia n'Umunya-Algeria Ayoub Ferkous wa UCI Mixed Team.

14:58

lundi, 19/02/2024

VIDEO: Reba uburyo Itamar Einhorn yatsinzemo abandi i Kibeho

14:54

lundi, 19/02/2024

Abakinnyi basoje imbere mu Gace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2024 (bose bafite ibihe bimwe)

1. Itamar EINHORN (IPT) : 3h17'31"
2. William Junior LECERF (SQD): ibihe bimwe
3.Pepijn REINDERINK (SQD)
4. Javier SERRANO RODRIGUEZ (PTK)
5. Giacomo VILLA (BWB)
6. Lorenz VAN DE WYNKELE (LDD)
7. Julien SIMON (TEN)
8. Baptiste VADIC (TEN)
9. Brieuc ROLLAND (CGF)
10. Merhawi KUDUS (ERI)
11. Aklilu AREFAYNE (ERI)
12. Peter Jospeh BLACKMORE (IPT)

14:26

lundi, 19/02/2024

Itamar Einhorn yegukanye Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2024

Umunya-Israel Itamar Einhorn w'imyaka 26, ukinira Israel-Premier Tech ni we usoje imbere i Kibeho akoresheje amasaha atatu, iminota 17 n'amasegonda 31.

Ni abakinnyi benshi basoje bakurikiranye hamwe, William Lecerf Junior wa Soudal Quick-Step aba uwa kabiri.

14:20

lundi, 19/02/2024

Isiganwa rigeze mu bilometero bine bya nyuma

Pierre Latour wa TotalEnergies na Zeray Araya wa Eritrea, basohotse mu gikundi.

Hari abakinnyi umunani basigaye inyuma ubwo igikundi cyari gicitsemo kabiri.

14:18

lundi, 19/02/2024

Teugels wafashe Karadiyo, yegukanye amanota y'Umusozi wa Gatatu

Amanota y'Umusozi wa Gatatu yatangiwe ku Musozi wa Coko, yegukanywe na Lennert Teugels wa Bingoal WB.

1. Teugels
2. Manizabayo Eric
3. Golliker

14:09

lundi, 19/02/2024

Karadiyo yacomotse ayobora isiganwa

Manizabayo Eric "Karadiyo" wa Team Rwanda, avuye mu gikundi ayobora isiganwa wenyine ndetse yashyizemo amasegonda 12.

14:04

lundi, 19/02/2024

Doine yasize Mayer

Mu bilometero 15 bya nyuma, Milan Doine wa Lotto-Dstny yasize Alexandre Mayer nubwo yasaga n'ubanje kuruhuka ategereje igikundi.

Igikundi kiri kugendera hamwe.

13:59

lundi, 19/02/2024

Byahinduye isura: Donie yafashe Mayer

Milan Donie wa Lotto-Dstny yafashe Alexndre Mayer mu gihe isiganwa rigeze mu bilometero 20 bya nyuma.

Bombi basize igikundi amasegonda 18 gusa.

Soudal Quick-Step na Groupama-FDJ ni zo ziyoboye igikundi.

13:55

lundi, 19/02/2024

Mayer yegukanye Umusozi wa Kabiri

Amanota y'Umusozi wa Kabiri yatangiwe i Maraba, yegukanywe na Alexandre Mayer w'Ibirwa bya Maurice.

1. Mayer
2. Munyaneza
3. Nsengiyumva

13:51

lundi, 19/02/2024

Mayer ageze kuri Agatobwe akiyoboye

Kugeza ku mugezi wa Agatobwe, Mayer yasize Doine wa Lotto-Dstny wavuye mu gikundi, umunota n'amasegonda 30 mu gihe igikundi cyasigaye umunota n'amasegonda 45.

13:46

lundi, 19/02/2024

Mayer yashyizemo ikinyuranyo

Mu gihe bari kuzamuka umusozi wa kabiri, ubu Mayer yasize Munyaneza Didier na Nsengiyumva Shemu umunota n'amasegonda 40 mu gihe igikundi ari iminota ibiri.

13:42

lundi, 19/02/2024

AMAFOTO: Ubwo abasiganwa binjiraga i Huye

13:39

lundi, 19/02/2024

Mayer yegukanye umusozi wa mbere

Mayer washyizemo amasegonda 55 hagati ye na babiri bari bamukurikiye, yegukanye amanota y'umusozi wa Kiyonza.

1. Mayer
2. Munyaneza
3. Nsengiyumva

13:34

lundi, 19/02/2024

Mayer ayoboye isiganwa wenyine

Alexandre Mayer w'Ibirwa bya Maurice ni we uyoboye isignwa aho yaize metero 200, Muyaneza Didier (Rwanda) na Nsengiyumva Shemu (May Stars).

Igikundi cyasizwe iminota ibiri n'amasegonda 10.

13:30

lundi, 19/02/2024

Twerekeje i Kibeho, ahabera amabonekerwa

Amateka ya Kibeho [mu Karere ka Nyaruguru] agaragaza ko ku wa 28 Ugushyingo 1981 ari bwo umwana wo mu kigero cy’imyaka 16 wigaga mu kigo cy’amashuri yisumbuye yabonekewe na Bikira Mariya, akamubwira ko ari “Nyina wa Jambo”.

Uwo mukobwa wa mbere yari Mumureke Alphonsine wigaga mu rwunge rw’amashuri rwa Mère du Verbe i Kibeho. Nyuma y’umwaka umwe, Bikira Mariya yongeye kubonekera uwitwa Mukamazimpaka Anathalie, nyuma yongera kubonekera Mukangango Marie Claire na bo bigaga kuri iryo shuri.

Nyuma y’imyaka 43, Kibeho n’inzira ziyigana biri mu bikurikiranirwa hafi n’inzego zishinzwe ibikorwaremezo n’ubukerarugendo. Yewe, guhera mu 2008, Kibeho yagaragaye ku rutonde rurerure rw’ahantu ndangamurage hakozweho ubushakashatsi n’inzego zari zifite umuco mu nshingano z’u Rwanda.

Mu 2001 ni bwo Kiliziya gaturika yemeje bidasubirwaho ko koko Bikira Mariya yabonekeye abanyeshuri batatu bigaga i Kibeho.

Iki cyemezo kihagira ahantu ha mbere muri Afurika habereye amabonekerwa yemewe n’ubuyobozi bubifitiye ububasha. Kugeza ubu nta handi kuri uyu mugabane harabera amabonekerwa yemewe na kiliziya. Ahandi hazwi hemejwe ni nka Lourdes mu Bufaransa na Fatima muri Portugal, ku Mugabane w’u Burayi.

Leta y’u Rwanda ibinyujije mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe iterambere (RDB) yashyize Kibeho mu hantu hagomba gutezwa imbere.

RDB iranga Kibeho mu hantu nyaburanga hakorerwa ubukerarugendo bushingiye ku muco. Muri gahunda ngari ya “Visit Rwanda”, na Kibeho iramenyekanishwa.

Ku minsi ibiri y’ingenzi, ku wa 15 Kanama no ku wa 28 Ugushyingo, Kibeho yakira abantu bagera bagera mu bihumbi 50 [imibare yo mu 2023], barimo abava muri Amerika, Pologne, Repubulika ya Czech, Slovakiya, U Bufaransa, U Butaliyani, U Buhindi, Uganda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Tanzaniya n’ahandi.

Mu bikorwaremezo bifasha iterambere rya Kibeho, twavuga umuhanda mushya wa kaburimbo (Huye-Kibeho-Munini), amazi n’amashanyarazi, iminara y’itumanaho rigezweho, amavuriro, amashuri abanza n’ayisumbuye, serivisi z’amacumbi, isoko na gare bya kijyambere.

Mu hantu ndangamurage haherereye hirya no hino mu gihugu, ni ho honyine hafite radiyo ihakorera inafite inshingano zo kumenyekanisha amateka yaho ari yo Kibeho Radio Maria yahashinzwe mu 2018.

Mu mishinga minini Kibeho itegereje, harimo Bazilika nini izahubakwa mu gihe kiri imbere ishobora kuzagira ubushobozi bwo kwakira abantu barenga ibihumbi icumi.

Ubwo yari mu ruzinduko mu Rwanda mu ntangiriro za Gashyantare 2024, Perezida wa Pologne, Andrzej Sebastian Duda, yasuye Ingoro ya Bikira Mariya y’i Kibeho ari kumwe n’umugore we.

13:29

lundi, 19/02/2024

Abakinnyi bari ku musozi wa mbere w'umunsi

Abakinnyi batangiye kuzamuka i Kiyonza ahatangirwa amanota y'umusozi wa mbere w'uyu munsi.

Hasigayemo iminota iibiri n'amasegonda 50 ku kilometero cya 94.

13:18

lundi, 19/02/2024

Isiganwa ryinjiye muri Nyaruguru

Tour du Rwanda ihawe ikaze bwa mbere ku butaka bw'Akarere ka Nyaruguru, kamwe mu turere 21 iri rushanwa rizageramo muri uyu mwaka.

Abakinnyi batatu bayoboye, basize igikundi iminota ine gusa ku kilometero cya 87. Haracyari ibindi bilometero 43 byo gusiganwa.

13:12

lundi, 19/02/2024

Umuvuduko mu isaha ya kabiri wagabanutse

Umuvuduko mu isaha ya kabiri y'isiganwa ni 38km/h.

Mu isaha ya mbere wari 42km/h.

Ku kilometero cya 81, batatu bayoboye basize igikundi iminota ine n'amasegonda 3.

13:06

lundi, 19/02/2024

Batatu ba mbere bari hamwe

Nsengiyumva, Munyaneza na Mayer bari kugendera hamwe mu gihe bageze ku muhanda ujya ku Kanyaru.

Igikundi cyasigaye iminota ine n'amasegonda 55.

13:02

lundi, 19/02/2024

Nsengiyumva yegukanye amanota ya Sprint ya kabiri

Amanota ya Sprint ya Kabiri yatangiwe i Huye mu Mujyi, ku kilometero cya 74, yegukanywe na Nsengiyumva Shemu.

1. Nsengiyumva
2. Munyaneza Didier
3. Alexandre Mayer

12:59

lundi, 19/02/2024

Nsengiyumva Shemu yagiye wenyine

Nsengiyumva Shemu wa May Stars asize Munyaneza Didier (Rwanda) na Alexandre Mayer (Maurice) ayobora isiganwa mu gihe bagiye kugera ahatangirwa amanota ya Sprint.

Ku kilometero cya 71, ikinyuranyo ni iminota itanu n'amasegonda 25.

12:54

lundi, 19/02/2024

Inyange Industries yakomeje kuba hafi ya Tour du Rwanda

Inyange Industries yitabiriye Tour du Rwanda ku nshuro ya 11 muri 16 imaze gukinwa aho ihemba ikipe yitwaye neza.

Iri muri iri siganwa mu rwego rwo gushimangira umwimerere w'ibicuruzwa byayo byahawe ibyangombwa by’ubuziranenge mpuzamahanga.

Uru ruganda rutunganya amata aturutse ku musaruro w’aborozi bo hirya no hino mu gihugu, ibigira uruhare mu iterambere ry’umworozi w’umunyarwanda ari nako byongerera agaciro ibikomoka ku mata. Akarusho ni uko nta binyabutabire byongerwa mu Mata.


12:46

lundi, 19/02/2024

Hari abakinnyi bo mu gikundi baguye

Ku kilometero cya 63, hari abakinnyi benshi baguye mu gikundi, barimo ab'u Rwanda n'aba Eritrea.

Ikinyuranyo ubu ni iminota itandatu.

12:44

lundi, 19/02/2024

AMAFOTO y'uko isiganwa rihagaze kuva ritangiye kugeza ubu

Haracyayoboye Nsenguyumva Shemu (May Stars), Munyaneza Didier (Team Rwanda) na Alexandre Mayer (Maurice).

12:39

lundi, 19/02/2024

Ikinyuranyo cyagabanutse

Ku kilometero cya 60 i Rusatira, igikundi cyatangiye gukora cyane kugira ngo kigabanye ibihe kirushwa n'abakinnyi batatu bari imbere.

Kuri ubu harimo iminota itandatu n'amasegonda 50.

12:37

lundi, 19/02/2024

Amstel yazanye udushya muri Tour du Rwanda 2024


Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Bralirwa Plc, rubinyujije mu kinyobwa cyarwo Amstel rwaznye udushya twinshi muri Tour du Rwanda 2024.

Umuyobozi ushinzwe Iyamamazabikorwa muri BRALIRWA, Martine Gatabazi yavuze ko icyo bashyize imbere muri iri rushanwa ari ugushimangira ko Amstel ari yo ifasha abantu gusabana.

Ati “Amstel iri gutegura ibikorwa bitandukanye bizafasha abantu kunezerwa ari na ko bakurikiza amabwiriza yo kunywa mu rugero. Ikizibandwaho uyu mwaka ni ugushimangira ko Amstel aricyo kinyobwa inshuti zikwiye guhitamo mu gihe ziri gusabana.”

Amstel kandi iherutse gushyira ahagaragara uruhererekane rw’ibikorwa bitandukanye bigamije gukabya inzozi z’ibyo abantu babona muri Tour du Rwanda ari na ko zisabana.

Iki gikorwa kimaze kwamamara cyane muri Kigali gikorwa binyuze mu gutwara amagare hifashishijwe ikoranabuhanga (E-Cycling) mu tubari dutandukanye nka Maison Noir, Molato, Plazzo, na Clausy Bar.

Muri Tour du Rwanda, Amstel ihemba umukinnyi mwiza w’umunsi (uwegukanye agace k’uwo munsi).

12:35

lundi, 19/02/2024

Amstel yazanye udushya muri Tour du Rwanda 2024


Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Bralirwa Plc, rubinyujije mu kinyobwa cyarwo Amstel rwaznye udushya twinshi muri Tour du Rwanda 2024.

Umuyobozi ushinzwe Iyamamazabikorwa muri BRALIRWA, Martine Gatabazi yavuze ko icyo bashyize imbere muri iri rushanwa ari ugushimangira ko Amstel ari yo ifasha abantu gusabana.

Ati “Amstel iri gutegura ibikorwa bitandukanye bizafasha abantu kunezerwa ari na ko bakurikiza amabwiriza yo kunywa mu rugero. Ikizibandwaho uyu mwaka ni ugushimangira ko Amstel aricyo kinyobwa inshuti zikwiye guhitamo mu gihe ziri gusabana.”

Amstel kandi iherutse gushyira ahagaragara uruhererekane rw’ibikorwa bitandukanye bigamije gukabya inzozi z’ibyo abantu babona muri Tour du Rwanda ari na ko zisabana.

Iki gikorwa kimaze kwamamara cyane muri Kigali gikorwa binyuze mu gutwara amagare hifashishijwe ikoranabuhanga (E-Cycling) mu tubari dutandukanye nka Maison Noir, Molato, Plazzo, na Clausy Bar.

Muri Tour du Rwanda, Amstel ihemba umukinnyi mwiza w’umunsi (uwegukanye agace k’uwo munsi).

12:29

lundi, 19/02/2024

Soudal Quick-Step iyoboye igikundi

Ikipe ya Soudal Quick Step ikinamo William Lecerf Junior wabaye uwa gatatu muri Tour du Rwanda 2023, ni yo iyoboye igikundi cyasizwe iminota umunani n'amasegonda 15 mu gihe bageze mu bilometero 54.

12:25

lundi, 19/02/2024

Tour du Rwanda si amagare gusa!


Kimwe mu byo Tour du Rwanda isigira igihugu ni ukumenyekanisha ibyiza nyaburanga bigitatse cyangwa ibyerekana amateka y’igihugu.

Nko mu Gace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2024, abasiganwa bahagurukiye mu Karere ka Muhanga, bakomeza mu ka Nyanza ahafatwa nko ku gicumbi cy’umuco; ni mbere yo kugera i Huye aho bajya guca hafi y’umupaka w’u Burundi, berekeza i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru aho isiganwa risorezwa.

Reka twitse i Nyanza. Kuva mu 1899 habaye Umurwa Mukuru w’ubwami ku Ngoma y’Umwami Yuhi V Musinga ubwo yatoranyaga umusozi wa Gakenyeri nk’ahagomba kuba ingoro ye, avuye ku Kamonyi. Byabaye nk’ihame ku bami bamukurikiye bituma na bo bubaka ingoro zabo i Nyanza.

Ako gace ni ko kubatsemo ingoro ya Mutara III Rudahigwa mu Rukari n’ingoro ya Kigeli V Ndahindurwa ku Bigega, aho yabaye kugeza mu 1960. Ni agace kuri ubu katejwe imbere, karavugururwa ndetse Guverinoma yiyemeje kugaha umwihariko mu bukerarugendo bushingiye ku muco.

Aha muri Nyanza ni ho hari Ingoro y'Amateka y'Abami n’iyo Kwigira kw'Abanyarwanda, aho abazisuye basobanurirwa amateka yimbitse y’Abanyarwanda.

12:18

lundi, 19/02/2024

Abakinnyi bari imbere bari gukorana

Munyaneza Didier (Rwanda), Nsengiyumva Shemu (May Stars) na Alexandre Mayer (Maurice) bari gukorana mu gihe bageze ku kilometero cya 50, basize igikundi iminota irindwi n'amasegonda 50.

12:11

lundi, 19/02/2024

Isiganwa ryageze i Nyanza

Ubwo isiganwa ryinjiraga i Nyanza, abakinnyi batatu bari imbere bari bashyizemo iminota irindwi n'amasegonda 35.

11:58

lundi, 19/02/2024

Abakiliya ba MTN MoMo Rwanda bashyizwe igorora; umva icyo yakuzaniye by'umwihariko muri Tour du Rwanda

Ikigo cy’Imari cya MTN MoMo Rwanda Ltd, cyatangiye gutanga ibihembo muri Tour du Rwanda, aho ku ikubitiro cyahembye Umunya-Eritrea Aklilu Arefayine wabaye Umunyafurika mwiza ukiri muto mu gace ka mbere k’iri siganwa riri gukinwa ku nshuro ya 16.

Muri iyi Tour du Rwanda, MTN Mobile Money Rwanda Ltd yashyize igorora abakiliya bayo binyuze mu bukangurambaga bwiswe #BivaMoMoTima, aho abazakoresha neza uburyo bwo kwishyura binyuze kuri telefoni bwa Momo Pay, bazahembwa ibihembo birimo n’imodoka igezweho.

Ubu bukangurambaga bwatangiye tariki 15 Gashyantare, bukaba buzasozwa ku ya 28 Werurwe 2024.

Kubwinjiramo ku bakiliya ni ugukanda *182*16# naho abacuruzi bo basabwa gushishikariza ababagana kubishyura bakoresheje MoMo Pay.

Ibihembo bigabanyije mu buryo bubiri, aho iby’icyumweru birimo moto, telefoni zigezweho, amatike yo guhaha mu maguriro atandukanye, amafaranga kuva ku bihumbi 50Frw, 100 Frw, 500 Frw na miliyoni 1Frw.

Ni mu gihe, iby’ukwezi birimo amatike y’indege ndetse n’igihembo nyamukuru aricyo imodoka ebyiri (2) nshya zo mu bwoko bwa ‘Volkswagen T-Cross’.

Abatsinze bazajya bahamagarwa buri cyumweru na nimero +250788327777. Igihembo nyamukuru cyo kizatangarizwa kuri Televiziyo y’u Rwanda.

Ni mu gihe kandi uwatsindiye iby’icyumweru azajya ajya ku bifata ku ishami rya MTN rimwegereye.

Muri rusange ubu bukangurambaga bugamije gushimira abakiliya ba Mobile Money Rwanda Ltd bamaze kugera kuri miliyoni zisaga eshanu, mu gihe abacuruzi bo barenga ibihumbi 400.

Iyi serivisi yatangiye mu gihe cya Covid-19 igamije korohereza abantu guhererekanya amafaranga binyuze mu ikoranabuhanga. Ikoreshwa cyane n’abamotari, abacuruzi n’abandi.


11:52

lundi, 19/02/2024

Isiganwa rigeze mu Butansinda

Binjira mu Butansinda, igikundi cyatangiye kugerageza kujya gushaka batatu bari imbere bagisize iminota itandatu.

11:51

lundi, 19/02/2024

Ikinyuranyo cyageze mu minota itandatu

Munyaneza Didier, Mayer Alexandre na Nsegiyumva Shemu bashyizemo iminota itandatu n'amasegonda atanu hagati yabo n'igikundi.

11:44

lundi, 19/02/2024

Amakipe abiri ayoboye igikundi

Mbere yo kwinjira neza hejuru mu Mujyi wa Ruhango, igikundi kiyobowe n'Ikipe ya Lotto-Dstny na Soudal Quick-Step iri mu makipe yo kwitondera uyu mwaka.

11:42

lundi, 19/02/2024

Munyaneza yegukanye amanota ya Sprint ya mbere

Munyaneza Didier wa Team Rwanda ni we wegukanye amanota ya sprint ya mbere yatangiwe mu Ruhango ku kilometero cya 21:

1. Munyaneza Didier
2. A.Mayer
3. Nsengiyumva Shemu

11:39

lundi, 19/02/2024

Igikundi kirakangutse

Mbere yo kugera mu Ruhango, abakinnyi bari mu gikundi bagerageje gukurikira abakinnyi batatu bari imbere.

11:35

lundi, 19/02/2024

Prime Insurance yinjiranye serivisi nshya muri Tour du Rwanda 2024


Mu korohereza abayigana kurushaho kugera kuri serivisi z’ubwishingizi butandukanye, Prime Insurance Ltd yavuguruye gahunda yo gufasha abakiliya bayo kwigurira serivisi bidasabye kujya ku ishami ryayo.

Iki kigo gifite uburambe mu gutanga serivisi z’ubwishingizi kiri muri Tour du Rwanda mu 2024 mu rugendo rw’iminsi umunani rwo ku wa 18-25 Gashyantare.

Ni ku nshuro ya karindwi yikurikiranya Prime Insurance iherekeza iri siganwa ry’amagare rigiye kuzenguruka igihugu ku nshuro ya 16 kuva ribaye mpuzamahanga.

Muri iri siganwa, iyi sosiyete yimakaje ikoranabuhanga yavuguruye gahunda yayo, aho umukiriya yisabira serivisi akanze *177#.

Kuri iyi nshuro, umukiliya mushya ashobora kwisabira ubwishingizi bwose ashaka, bitabaye ngombwa ko afata umwanya, ajya ku ishami rimwemegereye.

Si ibyo gusa kuko iyi serivisi iri gufasha umukiliya kubona abafatanyabikorwa bayo muri serivisi zijyanye n’ubuzima n’imodoka (Pharmacie, ibitaro n’igaraje) zimwegereye, bikamufasha gukemura ikibazo mu buryo bwihuse.

Muri Tour du Rwanda, Prime Insurance ihemba umukinnyi muto kuri buri gace.

Kugeza ubu, Prime Insurance ibumbiyemo ibigo bibiri bitanga ubwishingizi bw’igihe gito n’ubw’igihe kirekire butangwa na Prime Life Insurance Ltd.

Ubwishingizi bw’igihe gito bukubiyemo ubw’ibinyabiziga by’ubwoko bwose, ubw’inkongi z’umuriro, ububungabunga umutungo, ubw’imizigo, ubw’impanuka zonona umubiri, ubw’imirimo ijyanye n’inyubako z’ingeri zose n’ubw’ingendo zo mu kirere.

Ubwishingizi bw’igihe kirekire burimo ubw’amashuri y’abana, ubw’inguzanyo z’amabanki, ubw’izabukuru, ubw’impanuka zitewe n’akazi n’ubw’umuryango.

Prime Insurance yashinzwe mu 1995, icyo gihe yitwaga COGEAR Ltd. Ni ikigo cy’ubwishingizi rusange cyemewe na Banki Nkuru y’u Rwanda. Imaze kugaba amashami arenga 60 mu gihugu, hagamijwe kwegereza Abanyarwanda serivisi zinoze kandi zihuse.

11:32

lundi, 19/02/2024

Batatu ba mbere basatiriye i Bukoro

Mbere yo kwinjira i Bukoro, ku kilometero cya 14, Munyaneza Didier, Mayer na Nsengiyumva Shemu bashyizemo iminota ine n'amasegonda 30.

Habuze ikipe ifata icyemezo cyo kubakurikira mu ziri mu gikundi.

11:25

lundi, 19/02/2024

Ikinyuranyo gikomeje kuzamuka

Nsengiyumva Shemu (May Stars), Munyaneza Didier (Team Rwanda) na Mayer w'Ibirwa bya Maurice, bashyizemo iminota ibiri n'amasegonda 50 hagati yabo n'igikundi, ku kilometero cya 12 gusa.

11:23

lundi, 19/02/2024

Igikundi cyiturije, abandi bakomeza kugenda

Ku kilometero cya cyenda, igikundi cyatereye agati mu ryingo mu gihe Munyaneza Didier, Nsengiyumva Shemu na Mayer w'Ibirwa bya Maurice, bashyizemo iminota ibiri,

11:20

lundi, 19/02/2024

Batangiye gushyiramo ikinyuranyo

Mayer, Nsengiyumva Shemu na Munyaneza Didier basize igikundi amasegonda 35 mu gihe hamaze gukorwa ibilometero bine gusa.

11:18

lundi, 19/02/2024

Abanyarwanda babiri bacomotse hakiri kare

Ku kilometero cya kabiri gusa, Mayer wa Maurice, Nsengiyumva Shemu wa May Stars na Munyaneza Didier wa Team Rwanda, bavuye mu bandi bagenda imbere.

11:11

lundi, 19/02/2024

Isiganwa nyaryo riratangiye

Saa Tanu n'iminota itatu ni bwo hatangiye inzira y'ibilometero 130 bisorezwa i Kibeho.

11:03

lundi, 19/02/2024

Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2024 katangiye

Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2024 katangiriye mu Mujyi wa Muhanga, imbere ya Gare, saa Tanu.

Abakinnyi bagiye gukora ibilometero 2,3 ubundi ibihe bibarwe bageze imbere y'Ibitaro bya Kabgayi.

10:59

lundi, 19/02/2024

Ubwo abakinnyi bishyushyaga, banerekwa abafana i Muhanga

10:47

lundi, 19/02/2024

Muhanga-Kibeho ni ko gace koroshye kurusha utundi uyu mwaka

Sempoma Félix, umwe mu batoza ba Team Rwanda, yabwiye IGIHE ko aka gace ari ko koroshye mu irushanwa ry’uyu mwaka.

Ati “Ni agace gasa n’aho ari ko koroshye kurusha utundi duce tuzakora, ni agace bigaragara ko gasorezwa kuri sprint [ahantu hatambika] kubera ko nta misozi miremire irimo. Ibyo rero biha amahirwe menshi abakinnyi bazi gutambika nubwo nta benshi bajya baza [muri Tour du Rwanda].”


10:38

lundi, 19/02/2024

Abakinnyi bari kwishyushya

Nyuma yo kugera i Muhanga, abakinnyi bagiye kwambara, ubundi batangira kwishyushya mbere yo kwereka abaturage batari bake baje kubareba.

Ni yo mahirwe yonyine abatuye i Muhanga bafite uyu mwaka, uretse kujya kuvumba mu tundi turere cyangwa kurebera mu duce dutatu dusigaye kwerekanwa kuri Televiziyo Rwanda.

10:35

lundi, 19/02/2024

Amateka y’Umujyi wa Muhanga muri Tour du Rwanda


Umujyi wa Muhanga, umwe mu yunganira Umurwa Mukuru Kigali, ugiye guhagurukiramo etape ya Tour du Rwanda ku nshuro ya munani kuva mu 2012.

Ni ubwa mbere hatangiriye agace ka kabiri, ahubwo hatangiriye agace ka gatanu inshuro eshanu (harimo n’iheruka mu 2022), aga gatatu inshuro imwe n’aka kane inshuro imwe.

Ni inshuro ya gatatu Tour du Rwanda ivuye i Muhanga ijya mu Majyepfo [mbere i Huye (2012), Nyamagabe (2013)] mu gihe ku zindi nshuro yahavaga yerekeza i Rubavu (2) n’i Musanze (3).

10:33

lundi, 19/02/2024

Imiterere y’Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2024

Abakinnyi baraye i Kigali, barahaguruka i Muhanga mu mujyi saa Tanu, berekeze i Kibeho banyuze i Huye no hafi y’umupaka w’u Burundi ku ntera y’ibilometero 130

Barabanza gukora.intera y’ibilometero 2,3 bitabarwa, ibihe bitangire kubarwa bageze imbere y’Ibitalo bya Kabgayi.

Amanota ya Sprint ya mbere aratangirwa mu Ruhango ku kilometero cya 21.4, aya kabiri atangirwe i Huye ku kilometero cya 74.

Amanota yo kuzamuka ni ayo ku Musozi wa Kiyonza ku kilometero cya 98, uwa Maraba ku kilometero cya 106 n’uwa Coko ku kilometero cya 119,7.

10:26

lundi, 19/02/2024

Imodoka zamamaza zahagurutse kare

Saa Tatu n'iminota 15 ni bwo imodoka zamamaza zahagurutse mu Mujyi wa Huye, zerekeza i Kibeho ahasorezwa isiganwa.

Abakinnyi bo barahaguruka saa 11:00.

10:22

lundi, 19/02/2024

IGIHE ibahaye ikaze i Muhanga

Akarere ka Muhanga ni kamwe mu turere umunani tugize Intara y’Amajyepfo, kagizwe n’imirenge 12, utugari 63 n’imidugudu 331. Gafite ubuso bwa Km² 647.7, gatuwe n’abaturage barenga ibihumbi 358.

Ukigera muri aka karere kashyizwe mu mijyi itandatu yunganira uwa Kigali, usanganirwa n’inyubako ndende nshya zuzuye, izirimo kubakwa n’ibikorwa remezo nka gare, amabanki, amashuri, stade n’ibindi byerekana ko wageze mu mujyi.

Muri aka karere ni ho usanga icyicaro cy’umushinga ukomeye w’ikoranabuhanga wo gutwara amaraso mu bitaro hifashishijwe indege nto zizwi nka drones. Hari kandi Basilika nto ya Kabgayi, ari na yo rukumbi u Rwanda rufite.

Akarere ka Muhanga gafite imirenge 12 ariyo Muhanga, Cyeza, Kibangu, Kiyumba, Mushishiro, Kabacuzi, Nyabinoni, Nyamabuye, Nyarusange, Rongi, Rugendabari na Shyogwe.

Umujyi wa Muhanga uri mu masangano y’imihanda iva mu byerekezo binyuranye. Hanyuzwa cyangwa hakazanwa ibicuruzwa biva mu Ntara y’Amajyepfo binyuze mu karere ka Huye ndetse n’ibinyuzwa ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi.

Umujyi wa Muhanga kandi uri ku masangano y’imihanda yerekeza mu Ntara y’Iburengerazuba mu turere twa Rusizi, Rubavu na Karongi duhana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ihahirana bikomeye n’u Rwanda mu karere.

Mu mishinga migari iteganywa muri aka Karere mu myaka iri imbere harimo hari Sitade ya Muhanga izajya ku buso bwa hegitari 10 irimo imyanya y’abantu bibihumbi 40 bicaye neza na hoteri igezweho y’inyenyeri eshanu izubakwa kuri hegitari 17 mu Murenge wa Shyogwe.

10:20

lundi, 19/02/2024

Abakinnyi bahagurutse i Kigali mu gitondo

10:09

lundi, 19/02/2024

Bwa mbere mu mateka, Tour du Rwanda yerekeje i Kibeho


Ni ku nshuro ya mbere i Kibeho hagiye kugera isiganwa mpuzamahanga ry'Amagare rizenguruka igihugu "Tour du Rwanda".

Mu myaka mike ishize, Akarere ka Nyaruguru ntikagiraga umuhanda wa kaburimbo ariko ubu kamaze kugira ibikorwaremezo bitandukanye birimo n'iyo mihanda.

Abatuye aka Karere bakundaga kuvumba Tour du Rwanda yagiye i Huye, ariko kuri iyi nshuro, aba baturanyi barasangira Agace ka Kabiri, yewe bashobora no kureba uko aka Gatatu gatangira ku wa Kabiri.

Mbere y’uko bemererwa kwakira Tour du Rwanda, Kibeho, ahafatwa nko ku butaka butagatifu, habereye amasiganwa abiri yateguwe ku bufatanye bwa FERWACY n’Akarere ka Nyaruguru.

Mugisha Moïse kuri ubu ukinira Java-InovoTec yegukanye Kibeho Race mu 2022, mu mwaka ushize wa 2023 yegukana Nyaruguru Liberation Race yakinwe iminsi ibiri aho umunsi wa mbere wari wahagurukiye i Muhanga [ nk’uko uyu munsi bagiye kubigenza].

09:30

lundi, 19/02/2024

Reba amashusho y'uko byari byifashe mu gace ka mbere







09:29

lundi, 19/02/2024

IKAZE MURI ETAPE YA KABIRI YA TOUR DU RWANDA 2024

Tubahaye ikaze na none mu isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda mu mukino wo gusiganwa ku magare "Tour du Rwanda 2024", ryakomeje kuri uyu wa Mbere hakinwa umunsi waryo wa kabiri, mu gace gahagurukira i Muhanga mu Mujyi kerekeza i Kibeho ku ntera y'ibilometero 130.


- Etape 2: Muhanga - Kibeho
-Intera: Kilometero 130
- Isaha yo guhaguruka: Saa 11:00
- Isaha yo gusoza: Hagati ya saa 14:05 na 14:34.

Tour du Rwanda ni cyo gikorwa cy’imikino cyonyine kigera mu Ntara zose z’u Rwanda kandi gikurikiranwa n’Abanyarwanda benshi badasabwe ikiguzi na gito, muri make ni ku buntu.

Ni inshuro ya gatandatu iri siganwa riri kuba riri ku kwego rwa 2.1 nyuma y’atanu aheruka, yegukanywe n’Abanya-Erythrée; Merhawi Kudus mu 2019, Natnael Tesfazion mu 2020, Umunya-Espagne Cristian Rodriguez, Natnael Tesfazion mu 2022 na Henok Mulubrhan mu 2023.

Tour du Rwanda yatangiye gukinwa mu 1988, yabaye mpuzamahanga kuva mu 2009, aho yashyizwe ku cyiciro cya 2.2 kugeza mu 2018.


Itandukaniro ry’ibi byiciro byombi riba ko mu isiganwa riri kuri 2.1, amakipe yemerewe gutumirwamo arimo ayo mu cyiciro cya mbere ‘World Tour’ atarenze 50% y’amakipe yose agize isiganwa, n’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri ‘Pro-Continental teams’, naho mu isiganwa riri ku cyiciro cya 2.2, amakipe yemerewe gutumirwa ni ayo mu cyiciro cya gatatu gusa bita ‘Continental teams’ n’amakipe y’ibihugu yo ku mugabane irushanwa ryabereyeho.