Stade Amahoro- Stade Amahoro

Prologue: BK Arena- Stade Amahoro
Isaha yo guhaguruka: 11:30
Isaha yo gusoza: 13:15
Abasiganwa: 69
Intera: 3,4 Km

Umwanditsi : Eric Tony Ukurikiyimfura

Amafoto : Kwizera Remy Moses & Cyubahiro Key

Uko isiganwa riri kugenda

03:49

Monday, 02/24/25

Ibyaranze Prologue ya Tour du Rwanda 2025

14:36

Sunday, 02/23/25

Rwanda Foam yaherekeje Tour du Rwanda 2025

Uruganda rukora rukanagurisha matela, Rwanda Foam, rwaherekeje isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rya Tour du Rwanda ku nshuro ya cyenda.

Rwanda Foam iheruka kwagura uruganda, mu rwego rwo guhaza isoko ryo mu Rwanda no hanze kuko ubu rushobora gukora matela ibihumbi 5000 ku munsi.

Rwanda Foam imaze imyaka irenga 40 ikora matelas kuva mu 1983. Serivisi zayo ziboneka ku bacuruzi barenga 60 bayihagarariye mu gihugu hose.

Aharanga umucuruzi haba hari icyapa cy’umuhondo cyayo ndetse nta zindi matelas acuruza. Ushobora no kugura matela zayo unyuze kuri https://rwandafoam.com/

14:08

Sunday, 02/23/25

Tour du Rwanda 2025 izakomereza i Kayonza


Ku munsi wa kabiri w'isiganwa, ku wa Mbere, Agace ka Mbere ka Tour du Rwanda 2025 kazahagurukira mu Rukomo i Gicumbi, gasorezwe i Kayonza ku ntera y'ibilometero 157,8.

13:56

Sunday, 02/23/25

Ikipe nziza yahembwe na Inyange Industries: Lotto Development Team

13:55

Sunday, 02/23/25

Umukinnyi muto w'Umunyarwanda: Ruhumuriza Aime (May Stars)

13:54

Sunday, 02/23/25

Umukinnyi wayoboye isiganwa igihe kirekire wahembwe na Ingufu Gin Ltd: Aldo Taillieu (Lotto Dstny)

13:53

Sunday, 02/23/25

Umunyafurika muto mwiza: Kieran Gordge (Afurika y'Epfo)

13:52

Sunday, 02/23/25

Umukinnyi mwiza w'Umunyarwanda: Masengesho Vainqueur (Team Rwanda)

13:51

Sunday, 02/23/25

Umukinnyi wahize abandi muri sprint wahembwe na TotalEnergies: Joris Delbove (TotalEnergies)

13:41

Sunday, 02/23/25

Umukinnyi muto witwaye neza wahembwe na Prime Insurance: Aldo Taillieu (Lotto Dstny)

13:40

Sunday, 02/23/25

Umunyafurika mwiza wahembwe na RwandAir: Joshua Dike (Afurika y'Epfo)

13:35

Sunday, 02/23/25

Umukinnyi wahize abandi mu kuzamuka wahembwe na Forzza Bet: Milan Menten (Lotto Dstny)

13:31

Sunday, 02/23/25

Umukinnyi wegukanye Prologue ya Tour du Rwanda 2025 wahembwe na Amstel: Aldo Taillieu (Lotto Dstny)

13:30

Sunday, 02/23/25

Umukinnyi uyoboye Tour du Rwanda 2025 wahembwe na Visit Rwanda: Aldo Taillieu (Lotto Dstny)

13:17

Sunday, 02/23/25

Abanyarwanda batanu ba mbere ku Munsi wa Mbere wa Tour du Rwanda 2025


31. Masengesho Vainqueur (Rwanda): 4'12"79
32. Byukusenge Patrick (Java-InovoTec): 4'12"93
35. Nsengiyumva Shemu (Java-InovoTec): 4'13'48
39. Ngendahayo Jeremie (May Stars): 4'14"50
40. Tuyizere Etienne (Java-InovoTec): 4'14"71

13:12

Sunday, 02/23/25

Abakinnyi 10 ba mbere ku Munsi wa Mbere wa Tour du Rwanda 2025


Aldo Taillieu (Lotto Dstny): 3’48”
Fabien Doubey (TotalEnergies): 3’51”12
Milan Menten (Lotto Dstny): 3’51”21
Joris Delbove (TotalEnergies): 3’52”
Oliver Mattheis (Bike Aid): 3’54”
VPavel Sumpik (DPP): 3’55”
Mauro Cuylits (Lotto Dstny): 3’56”58
Baptiste Vadic (TotalEnergies): 3’56”81
Adria Pericas Capdevila (UAZ): 3’57”01
Brady Gilmore (Israel PT): 3’57”51

12:45

Sunday, 02/23/25

Umubiligi Aldo Taillieu yegukanye Prologue ya Tour du Rwanda 2025

Umubiligi Aldo Taillieu w'imyaka 19, ukinira Lotto Dstny Devo Team, ni we wegukanye isiganwa ritangiza Tour du Rwanda 2025 aho yakoresheje iminota itatu n'amasegonda 48 ku ntera y'ibilometero 3,4 byatangiriye kuri BK Arena bigasorezwa kuri Stade Amahoro.


Umunyarwanda waje hafi kuri iki Cyumweru ni Masengesho Vainqueur wa Team Rwanda aho yabaye uwa 31, yasizwe amasegonda 23.

12:38

Sunday, 02/23/25

Henok Mulubrhan yamaze guhaguruka


Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan yamaze guhaguruka.

Uyu mukinyi wegukanye Tour du Rwanda ya 2023, ari mu bahanzwe amaso uyu mwaka.

Mu 2024, ntiyitabiriye kubera imvune y'urutugu.

12:35

Sunday, 02/23/25

Uko byifashe i Remera mu mafoto

12:30

Sunday, 02/23/25

Abakunzi b'umukino w'amagare ni benshi i Remera



12:25

Sunday, 02/23/25

Aldo Taillieu na we ahise ayobora

Umubiligi Aldo Taillieu wa Lotto Dstny Devo Team ni we umaze gukoresha ibihe byiza aho ayoboye n'iminota itatu n'amasegonda 48.

12:24

Sunday, 02/23/25

Joris Delbove ni we ufashe umwanya wa mbere kugeza ubu


Umufaransa Joris Delbove ukinira Ikipe ya TotalEnergies ni we ufashe umwanya wa mbere kugeza ubu mu bamaze gukoresha ibihe byiza, aho afite iminota itatu n'amanota 52.

12:20

Sunday, 02/23/25

Abakinnyi 50 bamaze guhaguruka


Umunya-Eritrea Nahom Araya abaye umukinnyi wa 50 uhagurutse muri iri siganwa ry'umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda 2025.

Bivuze ko hasigaye abakinnyi 19.

Mauro Cuylits wa Lotto Dstny Dev. Team ni we ugifite ibihe byiza bingana n'iminota itatu n'amasegonda 56.

12:16

Sunday, 02/23/25

Andi mafoto y'abakinnyi mu isiganwa

12:04

Sunday, 02/23/25

Abakinnyi 33 ni bo bamaze guhaguruka

Mu gihe biteganyijwe ko umukinnyi wa nyuma ahaguruka saa Sita n'iminota 38, kuri ubu hamaze guhaguruka abakinnyi 33 aho ugezweho ari Umutaliyani Ernea Sambinello wa UAZ.

Mauro Cuylits wa Lotto Dstny Dev. Team ni we ugifite ibihe byiza.

11:52

Sunday, 02/23/25

Amwe mu mafoto y'abakinnyi bahaguruka

11:43

Sunday, 02/23/25

Umukinnyi ufite ibihe byiza yateguriwe intebe yo kwicaramo

Ahasorezwa isiganwa hateguwe intebe igenewe umukinnyi umaze gukoresha ibihe byiza mu isiganwa.

Kuri ubu umukinnyi ufite ibihe byiza ni Mauro Cuylits wa Lotto Dstny Dev. Team, wakoresheje iminota itatu n'amasegonda 56.

11:40

Sunday, 02/23/25

Ubwo Perezida Kagame na Lappartient batangizaga Tour du Rwanda 2025

11:35

Sunday, 02/23/25

Nzafashwanayo asoje gukina


Nzafashwanayo Jean Claude wa CMC, ageze kuri Stade Amahoro yakoresheje iminota ine n'amasegonda 21.

Mu kanya harahaguruka Manizabayo Eric 'Karadiyo' wa Java-InovoTec.

11:35

Sunday, 02/23/25

Nzafashwanayo asoje gukina


Nzafashwanayo Jean Claude wa CMC, ageze kuri Stade Amahoro yakoresheje iminota ine n'amasegonda 21.

Mu kanya harahaguruka Manizabayo Eric 'Karadiyo' wa Java-InovoTec.

11:34

Sunday, 02/23/25

Buri munota hazajya hahaguruka umukinnyi

Nzafashwanayo Jean Claude wahagurutse mbere, yakurikiwe n'Umunya-Ethiopia Zer Abruk Debay na Ruhumuriza Aime.

Biteganyijwe ko umukinnyi uhaguruka nyuma y'abandi ari Umudage Moritz Kretschy ukinira Israel-Premier Tech, uhaguruka saa Sita n'iminota 38.

11:30

Sunday, 02/23/25

Perezida Kagame na Lappartient batangije Tour du Rwanda 2025


Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025.

Umukinnyi uhagurutse mbere y'abandi ni Nzafashwanayo Jean Claude ukinira Ikipe ya Centre Mondiale Cyclisme.

Ni umwe mu Banyarwanda 16 bazakina isiganwa ry'uyu mwaka ryitabiriwe n'amakipe 14 agizwe n'abakinnyi 69.

Intera abakinnyi basiganwa kuri iki Cyumweru ni ibilometero 3,4, buri wese agenda wenyine.

11:25

Sunday, 02/23/25

Perezida Kagame yitabiriye itangizwa rya Tour du Rwanda 2025


Perezida Paul Kagame yamaze kugera kuri BK Arena ahagiye gutangirira Tour du Rwanda 2025.

Ni isiganwa mpuzamahanga ry'amagare rizenguruka igihugu, rigiye kuba ku nshuro ya 17 kuva ribaye mpuzamahanga.

Kuri uyu munsi wa mbere harakinwa prologue, agace kagizwe n'ibilometero 3,4 aho buri mukinnyi asiganwa n'ibihe ku giti cye.

11:18

Sunday, 02/23/25

Intera abakinnyi bakina yagabanyutseho metero 700


Mu gihe abakinnyi bagombaga gukina ibilometero 4,1 kuri uyu Munsi wa Mbere wa Tour du Rwanda 2025, abategura isiganwa batangaje ko intera iza kuba ireshya n'ibilometero 3,4.

Isiganwa ryagombaga gusorezwa imbere muri Stade Amahoro, ariko habaye impinduka, rirasorezwa mu marembo yayo manini (mu Migina).

11:00

Sunday, 02/23/25

Team Rwanda yamaze kugera ahatangirira isiganwa

Abakinnyi ba Team ari bo Mugisha Moïse, Masengesho Vainqueur, Munyaneza Didier, Nkundabera Eric na Uwiduhaye Mike bari mu bageze kuri BK Arena aho bari kwishyushya mbere y'uko isiganwa ritangira.

10:49

Sunday, 02/23/25

Prime Insurance yakomeje kubana n'Abanyarwanda no muri Tour du Rwanda 2025


Mu kurushaho kugeza serivisi z’ubwishingizi butandukanye ku bakiliya bayo, Prime Insurance Ltd yashyizeho uburyo bwo kuzigeraho ukoresheje telefoni aho ukanda *177#.

Iki kigo gifite uburambe mu gutanga serivisi z’ubwishingizi, ni cyo rukumbi kiri muri Tour du Rwanda 2025 mu rugendo rw’iminsi umunani, tariki ya 23 Gashyantare kugeza ku ya 2 Werurwe.


Ni ku nshuro ya munani yikurikiranya Prime Insurance iherekeza iri siganwa ry’amagare rigiye kuzenguruka igihugu ku nshuro ya 17 kuva ribaye mpuzamahanga.


Muri iri siganwa, iyi sosiyete yimakaje ikoranabuhanga yavuguruye gahunda yayo, aho umukiriya yisabira serivisi akanze *177#.


Umukiliya mushya ashobora kwisabira ubwishingizi bwose ashaka, bitabaye ngombwa ko afata umwanya, ajya ku ishami rimwemegereye.


Si ibyo gusa kuko iyi serivisi iri gufasha umukiliya kubona abafatanyabikorwa bayo muri serivisi zijyanye n’ubuzima n’imodoka (Pharmacie, ibitaro n’igaraje) zimwegereye, bikamufasha gukemura ikibazo mu buryo bwihuse.

Ibindi Prime Insurance yashyize imbere uyu mwaka harimo ubwishingizi bw’ubuvuzi, ubw’ibinyabigiziga n’ubw’umutungo.


Muri Tour du Rwanda, Prime Insurance ihemba umukinnyi muto kuri buri gace.


Kugeza ubu, Prime Insurance ibumbiyemo ibigo bibiri bitanga ubwishingizi bw’igihe gito n’ubw’igihe kirekire butangwa na Prime Life Insurance Ltd.


Ubwishingizi bw’igihe gito bukubiyemo ubw’ibinyabiziga by’ubwoko bwose, ubw’inkongi z’umuriro, ububungabunga umutungo, ubw’imizigo, ubw’impanuka zonona umubiri, ubw’imirimo ijyanye n’inyubako z’ingeri zose n’ubw’ingendo zo mu kirere.


Ubwishingizi bw’igihe kirekire burimo ubw’amashuri y’abana, ubw’inguzanyo z’amabanki, ubw’izabukuru, ubw’impanuka zitewe n’akazi n’ubw’umuryango.


Prime Insurance yashinzwe mu 1995, icyo gihe yitwaga COGEAR Ltd. Ni ikigo cy’ubwishingizi rusange cyemewe na Banki Nkuru y’u Rwanda. Imaze kugaba amashami arenga 60 mu gihugu, hagamijwe kwegereza Abanyarwanda serivisi zinoze kandi zihuse.

10:29

Sunday, 02/23/25

Hatangijwe UCI Satellite mu Rwanda


Mbere y'uko Tour du Rwanda itangira, Perezida wa UCI, David Lappartient, ari hamwe n'abandi bayobozi bo muri UCI barimo Jacques Landry uyobora UCI Satellite yo muri Afurika y'Epfo, batangije ikigo cyo guteza imbere umukino w'amagare mu Rwanda.

Hatangijwe kandi gahunda yo guteza imbere umukino w'amagare mu mpunzi.

10:12

Sunday, 02/23/25

Uko Tour du Rwanda yari imeze ubwo yakinwaga bwa mbere itaraba mpuzamahanga


Mparabanyi Faustin ni umwe mu bakinnye Tour du Rwanda bwa mbere mu 1988.

Yaganiriye na IGIHE, adusangiza uko iri siganwa ry'amagare ryabaga rimeze.

10:08

Sunday, 02/23/25

Abakinnyi batangiye kwishyushya


Abakinnyi bo mu makipe 14 azakina Tour du Rwanda y'uyu mwaka batangiye kugera kuri BK Arena aho isiganwa ritangirira.

10:04

Sunday, 02/23/25

Abafana b'umukino w'amagare batangiye kugera i Remera

09:53

Sunday, 02/23/25

Umunyarwanda ni we uhaguruka mbere


Isiganwa riratangira saa Tanu n'Igice aho buri mukinnyi ahaguruka wenyine.

Umukinnyi uhaguruka mbere y'abandi ni Nzafashwanayo Jean Claude ukinira Ikipe ya Centre Mondiale Cyclisme.

Nyuma y'umunota ni bwo hazajya haguruka undi mukinnyi kugeza 69 bose barangiye.

Intera yo gusiganwa ni ibilometero 4,1.

09:39

Sunday, 02/23/25

Abakurikira Tour du Rwanda basabwe kwirinda icyahungabanya imigendere yayo myiza


Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko abantu bakwiriye kwitwararika ku mutekano wabo igihe bakurikirana isiganwa rya Tour du Rwanda 2025, dore ko hazajya habaho impinduka ku bakoresha imihanda imwe n'imwe.

Iri siganwa rigiye kuba ku nshuro ya 17, rizaba iminsi umunani mu bice bitandukanye by'igihugu.

Gusa nubwo imihanda izajya iba ifunze, abapolisi bo mu muhanda bazajya baba bari hafi kugira ngo bakomeze kubungabunga umutekano no kuyobora abakoresha imihanda izindi nzira zakoreshwa.

Mu kiganiro ACP Boniface Rutikanga yagiranye na RBA, yavuze ko bizagenda neza.

Ati “Aho bigorana ni hano mu Mujyi wa Kigali ku munsi wa mbere n’uwo gusoza, aho usanga kugira ngo bazenguruke neza, hari imihanda bisaba ngo dufunge kugira ngo ya yindi banyuramo ibe ari iyabo bonyine abari mu isiganwa.”

“Irushanwa rikeneye ko abantu baza gufana bakishima bakanezerwa, ariko abantu bakurikirane iri rushanwa bazirikana umutekano wabo. Ndasaba ababyeyi babe hafi y’abana hatazagira uwiroha mu muhanda akaba yakora impanuka cyangwa yateza impanuka.”

08:28

Sunday, 02/23/25

Imyiteguro iri kugana ku musozo

I Remera, ku marembo ya BK Arena ni ho hatangirira isiganwa rya mbere rya Tour du Rwanda 2025.

Imyiteguro iri kugana ku musozo mu gihe abakinnyi batangira guhaguruka mu masaha atatu ari imbere.

Kuri iki Cyumweru, buri mukinnyi arahaguruka wenyine, asiganwa n'igihe ku ntera y'ibilometero 4,1.

Isiganwa rirasorezwa kuri Stade Amahoro.

08:22

Sunday, 02/23/25

Tour du Rwanda 2025 irihaye


Isiganwa ry'amagare ry'uyu mwaka ritandukanye n'andi yose yabanje kuko rigiye kuba mu mwaka umwe na Shampiyona y'Isi izakirwa n'u Rwanda muri Nzeri.

Uyu mwaka hitabiriye amakipe 14 mu gihe byari biteganyijwe ko hazitabira 16.

Ikipe ya Soudal Quick-Step Dev. Team yo mu Bubiligi n'Ikipe y'Igihugu ya Angola ni zo zititabiriye.

Afurika y'Epfo ifite abakinnyi bane, bituma abatangira isiganwa kuri iki Cyumweru ari 69.

08:15

Sunday, 02/23/25

IGIHE izabana nawe muri Tour du Rwanda 2025 yose

08:13

Sunday, 02/23/25

IKAZE MURI TOUR DU RWANDA 2025


Murakaza neza mu Cyumweru cy’ibirori by’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda. Tubakiriye mu minsi umunani yo kuryoherwa n’isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda ‘Tour du Rwanda’ rigiye gukinwa ku nshuro ya 17.

Tour du Rwanda ni cyo gikorwa cy’imikino cyonyine kigera mu Ntara zose z’u Rwanda kandi gikurikiranwa n’Abanyarwanda benshi badasabwe ikiguzi na gito, muri make ni ku buntu.

Ni inshuro ya karindwi iri siganwa rigiye kuba riri ku kwego rwa 2.1 nyuma y’atandatu aheruka, yegukanywe n’Abanya-Erythrée; Merhawi Kudus mu 2019, Natnael Tesfazion mu 2020, Umunya-Espagne Cristian Rodriguez, Natnael Tesfazion mu 2022, Henok Mulubrhan mu 2023 n'Umwongereza Joe Blackmore mu 2024.

Tour du Rwanda yatangiye gukinwa mu 1988, yabaye mpuzamahanga kuva mu 2009, aho yashyizwe ku cyiciro cya 2.2 kugeza mu 2018.

Itandukaniro ry’ibi byiciro byombi riba ko mu isiganwa riri kuri 2.1, amakipe yemerewe gutumirwamo arimo ayo mu cyiciro cya mbere ‘World Tour’ atarenze 50% y’amakipe yose agize isiganwa, n’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri ‘Pro-Continental teams’, naho isiganwa riri ku cyiciro cya 2.2 ryo amakipe yemerewe gutumirwa ni ayo mu cyiciro cya gatatu gusa bita ‘Continental teams’ n’amakipe y’ibihugu yo ku mugabane irushanwa ryabereyeho.