Kigali- Musanze

Agace ka Kabiri: Kigali- Musanze
Isaha yo guhaguruka: 11:00
Isaha yo gusoza: 14:27
Abasiganwa: 69
Intera: 112,8 Km

Umwanditsi : Eric Tony Ukurikiyimfura

Amafoto : Kwizera Remy Moses, Cyubahiro Key & Habyarimana Raoul

Uko isiganwa riri kugenda

17:26

Tuesday, 02/25/25

AMASHUSHO: Ibyaranze Agace ka Kabiri n'ibyo kwitega ku wa Gatatu


17:14

Tuesday, 02/25/25

Tour du Rwanda 2025 izakomereza i Rubavu


Tour du Rwanda 2025 izakomeza ku wa Gatatu, ku munsi wayo wa kane, mu Gace ka Gatatu kazatangirira i Musanze, kagasorezwa i Rubavu ku ntera y'ibilometero 121,3.

Isiganwa rizatangira saa Tanu mu gihe biteganyijwe ko rizasozwa saa Munani n'iminota 16.

17:03

Tuesday, 02/25/25

Ikipe nziza yahembwe na Inyange Industries: Israel Premier Tech

17:02

Tuesday, 02/25/25

Umukinnyi wayoboye isiganwa igihe kirekire wahembwe na Ingufu Gin Ltd: Nsengiyumva Shemu (Java-InovoTec)

17:01

Tuesday, 02/25/25

Umunyafurika muto mwiza: Kieran Gordge (Afurika y'Epfo)

17:01

Tuesday, 02/25/25

Umunyafurika mwiza wahembwe na RwandAir: Henok Mulubrhan (Eritrea)

17:00

Tuesday, 02/25/25

Umunyarwanda mwiza mu isiganwa: Masengesho Vainqueur (Team Rwanda)

16:59

Tuesday, 02/25/25

Umukinnyi wahize abandi muri sprint wahembwe na TotalEnergies: Munyaneza Didier (Team Rwanda)

16:57

Tuesday, 02/25/25

Umukinnyi muto witwaye neza mu isiganwa wahembwe na Prime Insurance: Adria Pericas (UAZ)

16:55

Tuesday, 02/25/25

Umukinnyi wahize abandi mu kuzamuka wahembwe na Forzza Bet: Vinzent Dorn (Bike Aid)

16:51

Tuesday, 02/25/25

Umukinnyi wambaye umwambaro w'umuhondo wahembwe na Visit Rwanda: Fabien Doubey (TotalEnergies)

16:50

Tuesday, 02/25/25

Umukinnyi wegukanye Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2025 wahembwe na Amstel: Brady Gilmore (Israel Premier Tech)

16:19

Tuesday, 02/25/25

Abakinnyi ba mbere ku rutonde rusange


1. Fabien Doubey (TotalEnergies): 7h02'22"
2. Milan Menten (Lotto Development Team)
3. Joris Delbove (TotalEnergies): +1"
4. Oliver Mattheis (Bike Aid): +3"
5. Adria Pericas (UAZ): +6"
6. Brady Gilmore (Israel PT): +6"
7. Lorrenzo Manzin (TotalEnergies): +8"
8. Moritz Kretschy (Israel PT): +9"
9. Duarte Marivoet (UAZ): +9"
10. Henok Mulubrhan (Eritrea): +10"
11. Itamar Einhorn (Israel PT): +10"
.
.
18. Masengesho Vainqueur (Rwanda): +21"
.
.
25. Mugisha Moise (Rwanda): +28"
28. Manizabayo Eric (Java-InovoTec): +36"
.
.
45. Aldo Taillieu (Lotto Devo Team): +13'34"
.
.
68. Ruhumuriza Aime (May Stars): +27'44"

14:31

Tuesday, 02/25/25

Abanyarwanda batanu bitwaye neza mu Gace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2025


8. Masengesho Vainqueur (Team Rwanda): Ibihe bimwe n'uwa mbere (3h00'39")
11. Mugisha Moise (Team Rwanda)
26. Manizabayo Eric (Java-InovoTec)
32. Ngendahayo Jeremie (May Stars)
33. Muhoza Eric (Team Amani)

14:27

Tuesday, 02/25/25

Abakinnyi 10 ba mbere mu Gace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2025

1. Brady Gilmore (Israel Premier Tech): 3h00'39"
2. Itamar Einhorn (Israel Premier Tech)
3. Lorrenzo Manzin (TotalEnergies)
4. Moritz Kretschy (Israel Premier Tech)
5. Oliver Peace (DPP)
6. Henok Mulubrhan (Eritrea)
7. Kieran Gordge (Afurika y'Epfo)
8. Masengesho Vainqueur (Rwanda)
9. Rotem Tene (Israel Premier Tech)
10. Yoel Habteab (Bike Aid)

14:07

Tuesday, 02/25/25

Brady Gilmore yegukanye Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2025

Umunya-Australia Brady Gilmore ukinira Ikipe ya Israel Premier Tech, yegukanye Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2025 kasorejwe i Musanze.

Fabien Doubey wa TotalEnergies ni we ukomeje kwambara umwambaro w'umuhondo.

14:03

Tuesday, 02/25/25

Abakinnyi batanu bahisemo gusiga abandi ngo bajye gutsinda

Mu bilometero bya nyuma, abakinnyi batanu bavuye mu gikundi bagenda bonyine imbere ndetse bashyizemo amasegonda atanu.

14:02

Tuesday, 02/25/25

Isiganwa ryinjiye mu bilometero bitanu bya nyuma

Abakinnyi bageze kuri Ines Ruhengeli aho bagiye gukata basubira mu Mujyi wa Musanze ahasorezwa isiganwa, imbere y'Isoko rya Goico.

13:59

Tuesday, 02/25/25

AMASHUSHO: Uburyo Abanyarwanda binjiye muri Musanze bayoboye

13:59

Tuesday, 02/25/25

Donie yegukanye amanota y'Umusozi wa Gatatu

Milan Donie ukinira Ikipe ya Lotto Dstny, yegukanye amanota y'Umusozi wa Gatatu yatangiwe mu Kinigi.

Yakurikiwe na Jacob Bush wa DPP na Moritz Kretschy wa Israel-Premier Tech.

13:55

Tuesday, 02/25/25

Karadiyo yongeye gusubira mu gikundi

Igikundi kigaruye Manizabayo Eric 'Karadiyo' ku kilometero cya 103.

Hasigaye ibilometero 10 gusa.

13:54

Tuesday, 02/25/25

Karadiyo ari imbere wenyine

Ku kilometero cya 100, n'ubundi mu Kinigi, isiganwa riyobowe na Manizabayo Eric 'Karadiyo' wa Java-InovoTec.

Yasize igikundi amasegonda 12.

13:49

Tuesday, 02/25/25

Ubwo Nsengiyumva Shemu yinjiraga mu Mujyi wa Musanze ari wenyine imbere

13:45

Tuesday, 02/25/25

Karadiyo na Byukusenge Patrick basize igikundi mu Kinigi

Mu gihe abakinnyi bari kuzamuka mu Kinigi, hafi y'ahaba Ikigo cy'Amagare cya Musanze, Manizabayo Eric 'Karadiyo' na Byukusenge Patrick, bombi ba Java-InovoTec, bavuye mu gikundi bakurikira Nsengiyumva Shemu.

13:43

Tuesday, 02/25/25

Ni ku nshuro ya 13 Tour du Rwanda igiye gusorezwa i Musanze


Kuva mu 2012, ni inshuro ya 13 Agace ka Tour du Rwanda kagiye gusorezwa i Musanze mu gihe ari ubwa gatatu hakinwa intera ya Kigali-Musanze.


Mu nshuro 12 ziheruka, Abanyarwanda batsindiye i Musanze inshuro enye, Abanya-Eritrea babikora inshuro eshatu naho Abafaransa babikora inshuro ebyiri.


13:38

Tuesday, 02/25/25

Shemu yasize igikundi amasegonda 35

Nsengiyumva Shemu uyoboye isiganwa, yasize igikundi amasegonda 35 mu gihe amaze kugenda ibilometero 92.

Bivuze ko isiganwa ryamaze kugera mu bilometero 20 bya nyuma.

13:37

Tuesday, 02/25/25

Shemu yegukanye amanota ya Sprint ya Kabiri


Nsengiyumva Shemu wa Java-InovoTec yegukanye amanota ya Sprint ya kabiri yatangiwe mu Mujyi wa Musanze, ku kilometero cya 89.

Yakurikiwe na Vinzent Dorn wa Bike Aid na Munyaneza Didier wa Team Rwanda.

13:34

Tuesday, 02/25/25

Nsengiyumva Shemu yageze i Musanze ayoboye wenyine

Umunyarwanda Nsengiyumva Shemu wa Java-InovoTec yageze i Musanze ari wenyine.

Abakinnyi bagiye gukomeza berekeza mu Kinigi, bagaruka mu Mujyi wa Musanze aho basoreza imbere y'Isoko rya Goico.

13:32

Tuesday, 02/25/25

Techno Market yashyize igororora abakiliya bayo mu gihe cya Tour du Rwanda 2025


Icapiro ritanga serivisi zo gusohora inyandiko ku mpapuro (printing), kwandika ku byapa n’imyenda, gushushanya ku bikoresho n’ibindi bintu (branding), Techno Market, ryagabanyije 5% ku biciro ku bazayigana mu gihe cya Tour du Rwanda 2025.

Techno Market yitabiriye iri rushanwa ku nshuro yayo ya gatandatu. Kuva icyo gihe yishimira intambwe imaze gutera mu kwegera no kwegeraza abaturarwanda serivisi aho baherereye hose mu gihugu, binyuze muri Tour du Rwanda no gufatanya na yo mu kubashimisha.

Iri capiro riheruka gufungura ishami rishya i Gikondo ku muhanda ujya ku rusengero rwa Methodiste Libre.

13:31

Tuesday, 02/25/25

Tour du Rwanda 2025 i Musanze; iwabo w’ingagi, ku gicumbi cy’ubukerarugendo



Musanze iri mu mijyi itandatu yunganira uwa Kigali, imaze kugaragaza impinduka zidasanzwe bitewe n’iterambere rimaze kuhagera. Kuri ubu nta washidikanya kuvuga ko Musanze igwa Kigali mu ntege mu mijyi yihagazeho mu Rwagasabo.

Musanze iri mu turere dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru. Ifite umwihariko wo kuba ikungahaye ku bukerarugendo bushingiye ku ngagi zo muri Pariki y’Ibirunga n’ibindi bikorwa bikurura abagenda aka gace gaturiye imisozi miremire.

Akarere ka Musanze gafite ubuso bungana na 530,2 Km2 zigizwe na 60 Km2 za Pariki y’Ibirunga na 28 Km2 z’Ikiyaga cya Ruhondo. Kagizwe n’imirenge 15, utugari 68 n’imidugudu 432.

Musanze ni igicumbi cy’ahantu nyaburanga mu Majyaruguru no mu Rwanda hose ndetse kari ku isonga mu gusurwa cyane na ba mukerarugendo bagenderera igihugu.

Abakagana bagakundira ibirimo Pariki y’Ibirunga icumbikiye ingagi zo mu misozi miremire, Buhanga Eco– park ndetse n’Ibirunga bya Muhabura, Gahinga, Kalisimbi, Bisoke na Sabyinyo bimaze kugwiza igikundiro n’ababisura biganjemo ababitondagira [hiking].

Ibi byiyongeraho amashyamba ya cyimeza agizwe n’ibirimo agashyamba ka Nkotsi na Bikara. Aya ni yo atuma Akarere ka Musanze karangwa n’amahumbezi cyane ko ayo mashyamba yiganjemo imigano. Musanze inafite amashyamba y’amaterano agizwe ahanini n’inturusu n’ibiti birimo iby’imbuto ziribwa.

13:27

Tuesday, 02/25/25

igikundi cyacitsemo amatsinda menshi

Ku kilometero cya 87, igikundi cyacitsemo amatsinda menshi mu gihe cyasizwe umunota n'amasegonda 25.

13:25

Tuesday, 02/25/25

Intera yagabanutse

I Cyabingo, ku kilometero cya 80, intera isigaye hagati y'abakinnyi bari imbere n'igikundi ni umunota n'amasegonda 50.

13:18

Tuesday, 02/25/25

Tour du Rwanda irenze kuba umukino w'amagare


Tour du Rwanda imaze kumenyekanisha u Rwanda kubera uburyo ari isiganwa rikomeye ryiganjemo imisozi.

Hejuru y'ibyo, ni irushanwa rigaragaza ibyiza nyaburanga biri mu gihugu aho rinyura hose.

13:07

Tuesday, 02/25/25

Mu Kivuruga: Abakinnyi bose bongeye kugendera hamwe mu gikundi

Uretse Vinzent Dorn na Nsengiyumva Shemu bari imbere, abandi bakinnyi bose bari hamwe mu gikundi kimwe mu gihe bari kumanuka mu Kivuruga.

13:03

Tuesday, 02/25/25

Amafoto: Ubwo abasiganwa bari bageze kuri Nyirangarama

13:01

Tuesday, 02/25/25

Igikundi cyacitsemo ibice bibiri

Mu gihe abasiganwa bagiye gusoza Umusozi wa Buranga, igikundi cyacitsemo amatsinda abiri.

Fabien Doubey wambaye umwambaro w'umuhondo ari mu itsinda rya kabiri.

12:58

Tuesday, 02/25/25

Igikundi kiyobowe na TotalEnergies

Ku kilometero cya 64, igikundi kiyobowe n'Ikipe ya TotalEnergies yo mu Bufaransa irimo Fabien Doubey wambaye umwambaro w'umuhondo.

Andi makipe ari imbere ni Picnic-PostNL na UAE Emirates.

12:55

Tuesday, 02/25/25

Ingufu Gin Ltd yaserukanye abarimo Senderi


Uruganda rw'ibinyobwa rwa Ingufu Gin Ltd rwaherekeje Tour du Rwanda 2025 ruri n'ibyamamare.

Mu bajyana n'uru ruganda harimo umuhanzi Senderi International Hit, DJ Brianne, Ndahiro Valens Papy n'abandi.

Mu bihembo bitangwa muri Tour du Rwanda 2025 harimo igihembo gihabwa umukinnyi uyobora isiganwa igihe kirekire, kiri gutangwa n'Uruganda Ingufu Gin Ltd.

Ibinyobwa uru ruganda rutunganya ni 10 birimo Royal Castle Gin, Nguvu, Club Whiskey, New House, Rabiant, Home Town, New House, Medal Gin n'izindi.

12:51

Tuesday, 02/25/25

Intera yagabanyutse


Ku kilometero cya 61 cy'isiganwa, intera iri hagati y'abakinnyi babiri bayoboye n'igikundi ni iminota itatu n'amasegonda 45.

12:49

Tuesday, 02/25/25

Abakinnyi batangiye kuzamuka Buranga

Mu gihe abasiganwa bari kuzamuka muri Buranga, Vinzent Dorn (Bike Aid) na Nsengiyumva Shemu wa Java-InovoTec basize igikundi iminota ine n'amasegonda 10.

12:44

Tuesday, 02/25/25

Amstel yamaze kugera ahasorezwa isiganwa


Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Bralirwa Plc, rubinyujije mu kinyobwa cyarwo Amstel, rwitabiriye Tour du Rwanda ku nshuro ya gatanu.

Muri iri siganwa, uru ruganda ruba rususurutsa abaryitabiriye binyuze mu bitaramo bitandukanye rutegura.

Ni rwo kandi ruhemba umukinnyi wegukanye isiganwa ry'umunsi.

12:39

Tuesday, 02/25/25

Vinzent Dorn yegukanye amanota ya Sprint ya Mbere


Umudage Vinzent Dorn ukinira Bike Aid, yegukanye amanota ya Sprint ya Mbere yatangiwe kuri Nyirangarama.

Yakurikiwe na Nsengiyumva Shemu wa Java-InovoTec na Munyaneza Didier wa Team Rwanda.

12:33

Tuesday, 02/25/25

Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2025 kitiriwe Prime Insurance

Prime Insurance yakomeje kubana n'Abanyarwanda no muri Tour du Rwanda 2025.

Mu kurushaho kugeza serivisi z’ubwishingizi butandukanye ku bakiliya bayo, Prime Insurance Ltd yashyizeho uburyo bwo kuzigeraho ukoresheje telefoni aho ukanda *177#.

Iki kigo gifite uburambe mu gutanga serivisi z’ubwishingizi, ni cyo rukumbi kiri muri Tour du Rwanda 2025 mu rugendo rw’iminsi umunani, tariki ya 23 Gashyantare kugeza ku ya 2 Werurwe.


Ni ku nshuro ya munani yikurikiranya Prime Insurance iherekeza iri siganwa ry’amagare rigiye kuzenguruka igihugu ku nshuro ya 17 kuva ribaye mpuzamahanga.


Muri iri siganwa, iyi sosiyete yimakaje ikoranabuhanga yavuguruye gahunda yayo, aho umukiriya yisabira serivisi akanze *177# aho intero ari "Nta kibazo na Prime".


Umukiliya mushya ashobora kwisabira ubwishingizi bwose ashaka, bitabaye ngombwa ko afata umwanya, ajya ku ishami rimwemegereye.


Si ibyo gusa kuko iyi serivisi iri gufasha umukiliya kubona abafatanyabikorwa bayo muri serivisi zijyanye n’ubuzima n’imodoka (Pharmacie, ibitaro n’igaraje) zimwegereye, bikamufasha gukemura ikibazo mu buryo bwihuse.

Ibindi Prime Insurance yashyize imbere uyu mwaka harimo ubwishingizi bw’ubuvuzi, ubw’ibinyabigiziga n’ubw’umutungo.


Muri Tour du Rwanda, Prime Insurance ihemba umukinnyi muto kuri buri gace.


Kugeza ubu, Prime Insurance ibumbiyemo ibigo bibiri bitanga ubwishingizi bw’igihe gito n’ubw’igihe kirekire butangwa na Prime Life Insurance Ltd.


Ubwishingizi bw’igihe gito bukubiyemo ubw’ibinyabiziga by’ubwoko bwose, ubw’inkongi z’umuriro, ububungabunga umutungo, ubw’imizigo, ubw’impanuka zonona umubiri, ubw’imirimo ijyanye n’inyubako z’ingeri zose n’ubw’ingendo zo mu kirere.


Ubwishingizi bw’igihe kirekire burimo ubw’amashuri y’abana, ubw’inguzanyo z’amabanki, ubw’izabukuru, ubw’impanuka zitewe n’akazi n’ubw’umuryango.


Prime Insurance yashinzwe mu 1995, icyo gihe yitwaga COGEAR Ltd. Ni ikigo cy’ubwishingizi rusange cyemewe na Banki Nkuru y’u Rwanda. Imaze kugaba amashami arenga 60 mu gihugu, hagamijwe kwegereza Abanyarwanda serivisi zinoze kandi zihuse.

12:30

Tuesday, 02/25/25

Munyaneza Didier yafashwe n'igikundi


Munyaneza Didier yatangiye kuzigama imbaraga zo kuzamuka muri Buranga. Yafashwe n'igikundi mbere y'uko agera kuri Nyirangarama.

Igikundi cyasizwe iminota ine n'amasegonda 45.

12:18

Tuesday, 02/25/25

Munyaneza Didier yasizwe hafi iminota itatu



Munyaneza Didier uri hagati y'abakinnyi babiri bayoboye (Dorn na Shemu), yasizwe iminota ibiri n'amasegonda 40.

Isiganwa rigeze i Kinini ku kilometero cya 34.

12:09

Tuesday, 02/25/25

Vinzent Dorn yegukanye amanota y'Umusozi wa Kabiri

Umudage Vinzent Dorn ukinira Bike Aid, yegukanye amanota y'Umusozi wa Kabiri yatangiwe i Rusiga.

Yakurikiwe na Nsengiyumva Shemu wa Java-InovoTec ndetse na Munyaneza Didier wa Team Rwanda.

Impuzandengo y'umuvuduko mu isaha ya mbere yari ibilometero 32,2 ku isaha.

11:56

Tuesday, 02/25/25

Ikinyuranyo cyazamutse


Mu gihe abakinnyi batangiye kuzamuka i Rusiga, ku kilometero cya 20, Munyaneza Didier yasizwe umunota n'amasegonda 45 n'abakinnyi babiri bari imbere mu gihe igikundi cyasizwe iminota ine n'amasegonda atanu.

11:42

Tuesday, 02/25/25

Amstel ikomeje gususurutsa abakurikira Tour du Rwanda 2025

Mu rugendo rwerekeza i Musanze, Amstel iri gususurutsa abaturage bategereje amagare mu Gace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2025 kari busorezwe Mu mujyi wa Musanze.

11:34

Tuesday, 02/25/25

Uko byifashe mu isiganwa


Nyuma y'ibilometero 12, i Shyorongi, Vinzent Dorn na Nsengiyumva Shemu ni bo bayoboye isiganwa.

Bakurikiwe na Munyaneza Didier basize umunota n'amasegonda 30 mu gihe igikundi cyasizwe iminota ibiri.

11:32

Tuesday, 02/25/25

Vinzent Dorn yegukanye amanota y'Umusozi wa Mbere

Vinzent Dorn wa Bike Aid yegukanye amanota y'Umusozi wa Mbere yatangiwe i Kanyinya ku kilometero cya 7,7.

Yakurikiwe na Nsengiyumva Shemu (Java-InovoTec), Munyaneza Didier (Rwanda) na Habtaeb.

11:30

Tuesday, 02/25/25

Abakinnyi batambuka i Nyabugogo

11:27

Tuesday, 02/25/25

Igikundi cyasizwe iminota ibiri


Nsengiyumva Shemu na Dorn wa Bike Aid basize Munyaneza Didier amasegonda 35 mu gihe basatira i Kanyinya.

Ni mu gihe igikundi kiri inyuma, aho cyasizwe iminota ibiri.

11:24

Tuesday, 02/25/25

Ubwo abakinnyi bahaguruka mu Mujyi berekeza i Nyabugogo

11:20

Tuesday, 02/25/25

Munyaneza Didier na Shemu batangiye kuzamuka i Shyorongi



Munyaneza Didier yasizwe amasegonda 20 n'abakinnyi babiri bari imbere, mu gihe igikundi cyasizwe umunota umwe nyuma y'ibilometero bine.

Abakinnyi batangiye gutekereza amanota y'umusozi wa mbere.

11:16

Tuesday, 02/25/25

Abakinnyi batangiye kwikura mu bandi hakiri kare


Nsengiyumya Shemu wa Java-Inovotec yavuye mu bandi ahita agenda wenyine.

Yakurikiwe na Dorn (Bike Aid) na Munyaneza Didier yasize amasegonda 12 nyuma yo kugenda ikilometero kimwe.

Igikundi cyasizwe amasegonda 40.

11:10

Tuesday, 02/25/25

Isiganwa nyakuri ryatangiye

Saa Tanu n'iminota ine ni bwo abakinnyi batangiye kubarirwa ibihe nyuma yo kugera i Nyabugogo ahari abakunzi benshi b'umukino w'amagare.

Abakinnyi bagiye gukora ibilometero 112,8.

11:04

Tuesday, 02/25/25

Ubwo abakinnyi bishyushyaga mbere yo guhaguruka

11:00

Tuesday, 02/25/25

Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2025 karatangiye

Saa Tanu zuzuye, abakinnyi bahagurutse kuri CHIC, bagiye kubanza gukora intera y'ibilometero 3,7 bitabarwa mu isiganwa.

10:39

Tuesday, 02/25/25

Rwanda Foam yerekeje i Musanze mu Gace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2025


Uruganda rukora rukanagurisha matela, Rwanda Foam, rwaherekeje isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rya Tour du Rwanda ku nshuro ya cyenda.

Rwanda Foam iheruka kwagura uruganda, mu rwego rwo guhaza isoko ryo mu Rwanda no hanze kuko ubu rushobora gukora matela ibihumbi 5000 ku munsi.

Kuri iyi nshuro, yagabanyije ibiciro ku kigero cya 5% kuri matela ya super executive, inzozi na executive.

Muri iki gihe cya Tour du Rwanda, abacuruzi bifuza gukorana n’uru ruganda ruri kubishyurira inzu zo gukoreramo mu gihe cy’amezi abiri.

Rwanda Foam imaze imyaka irenga 40 ikora matelas kuva mu 1983. Serivisi zayo ziboneka ku bacuruzi barenga 60 bayihagarariye mu gihugu hose.

Aharanga umucuruzi haba hari icyapa cy’umuhondo cyayo ndetse nta zindi matelas acuruza. Ushobora no kugura matela zayo unyuze kuri https://rwandafoam.com/

10:13

Tuesday, 02/25/25

Hari kwerekanwa abakinnyi bagiye gukina Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2025

Abakinnyi 69 bo mu makipe 14 ni bo bakiri mu isiganwa ryatangiye ku Cyumweru.

09:59

Tuesday, 02/25/25

Abakinnyi bamaze kugera ahatangirira isiganwa ndetse batangiye gusinya

09:35

Tuesday, 02/25/25

Abanyarwanda bakongera kumwenyurira i Musanze?

Ndayisenga Valens yabonye intsinzi ebyiri zikurikiranya i Musanze mu 2013 na 2014, Nsengimana Jean Bosco ahatsindira mu 2015 mu gihe Areruya Joseph yabikoze mu 2017.

Hashize imyaka umunani nta Munyarwanda utsindira muri uyu Mujyi wo mu Majyaruguru, aho intsinzi zihariwe n'Abafaransa n'Abanya-Eritrea barimo Henok Mulubrhan mu 2023.

Nubwo bimeze gutyo, umuhanda wa Kigali-Musanze ni umwe mu bo abakinnyi b'Abanyarwanda bitorezamo cyane, ndetse ni ho hari "Urugo rwa Team Rwanda".

Ibyo byiyongeraho ko aga gace karimo imisozi myinshi (ine) mu gihe Abanyarwanda bazwiho kuzamuka.

09:10

Tuesday, 02/25/25

Reba hano ibyaranze Agace ka Mbere kegukanywe na Henok Mulubrhan i Kayonza


09:08

Tuesday, 02/25/25

Imyiteguro yarangiye ahatangirira isiganwa


Ku nshuro ya 60, Umujyi wa Kigali ugiye gutangiriramo isiganwa rya Tour du Rwanda kuva mu 2009.

Kuri uyu wa Kabiri, isiganwa riratangirira munsi y'inyubako ya CHIC iri hagati mu Mujyi wa Kigali.

09:03

Tuesday, 02/25/25

Ikaze mu Gace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2025


Tubahaye ikaze na none mu isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda mu mukino wo gusiganwa ku magare "Tour du Rwanda 2025", ryakomeje kuri uyu wa Kabiri hakinwa umunsi waryo wa gatatu, mu Gace ka Kabiri gahagurukira i Kigali kuri CHIC kerekeza i Musanze ku ntera y'ibilometero 112,8.

- Etape 1: Kigali (CHIC)- Musanze
-Intera: Kilometero 112,8
-Isaha yo guhaguruka: Saa 11:00
-Isaha yo gusoza: Hagati ya saa 14:14 na 14:27

Tour du Rwanda ni cyo gikorwa cy’imikino cyonyine kigera mu Ntara zose z’u Rwanda kandi gikurikiranwa n’Abanyarwanda benshi badasabwe ikiguzi na gito, muri make ni ku buntu.

Ni inshuro ya karindwi iri siganwa riri kuba riri ku kwego rwa 2.1 nyuma y’atandatu aheruka, yegukanywe n’Abanya-Erythrée; Merhawi Kudus mu 2019 na Natnael Tesfazion mu 2020, Umunya-Espagne Cristian Rodriguez, Natnael Tesfazion mu 2022, Henok Mulubrhan mu 2023 na Joe Blackmore mu 2024.


Tour du Rwanda yatangiye gukinwa mu 1988, yabaye mpuzamahanga kuva mu 2009, aho yashyizwe ku cyiciro cya 2.2 kugeza mu 2018.

Itandukaniro ry’ibi byiciro byombi riba ko mu isiganwa riri kuri 2.1, amakipe yemerewe gutumirwamo arimo ayo mu cyiciro cya mbere ‘World Tour’ atarenze 50% y’amakipe yose agize isiganwa, n’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri ‘Pro-Continental teams’, naho isiganwa riri ku cyiciro cya 2.2 ryo amakipe yemerewe gutumirwa ni ayo mu cyiciro cya gatatu gusa bita ‘Continental teams’ n’amakipe y’ibihugu yo ku mugabane irushanwa.