Akarere ka Gicumbi ni kamwe muri dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru. Gafite amateka yihariye mu buzima bw’Abanyarwanda cyane ko kabaye igicumbi cy’urugamba rwo kubohora igihugu, kanafite Umurindi w’Intwali. Uru rugamba rwatumye hongera kuvuka bwa kabiri u Rwanda rushya rwishimiwe na benshi bazi aho rwavuye n’aho rugeze kuri ubu.
Ni akarere gafite ibihe bikonje, akagoroba kaho n’igitondo bigira imbeho ubundi imenyerewe mu bihugu by’u Burayi kubera imiterere yabyo n’aho biherereye ku Isi. Iyo uturutse mu bindi bice by’igihugu bigusaba kwifubika mu gihe abahatuye cyangwa ba kavukire usanga umubiri wabo waramenyereye, ubukonje bwamaze kuba mu byo babana na byo.
Gicumbi ni akarere gafite ubuso bungana na kilometero kare 829. Gaherereye Iburasirazuba bw’iyi Ntara. Mu Majyaruguru, gahana imbibi n’Akarere ka Burera na Uganda.
Iburasirazuba hari Uturere twa Nyagatare na Gatsibo, mu Majyepfo hari Akarere ka Gasabo n’agace gato ka Rwamagana ku nkengero z’ikiyaga cya Muhazi cyizwi mu bukerarugendo mu byiza bitatse u Rwanda. Mu Burengerazuba gahana imbibi n’Akarere ka Rulindo.
Kugera i Gicumbi bamwe bibuka ku izina rya Byumba uturutse nko muri Kigali cyangwa se Gasabo, ugenda ubona ubwiza bw’imisozi y’u Rwanda mu buryo butandukanye n’uko wari usanzwe uyizi, hagomba kuba ari ho havuye izina ko u Rwanda ari ‘urw’imisozi igihumbi’.
Gicumbi-Gatsibo-Nyagatare ni rumwe mu ngendo ziryoheye ijisho ku bakunda ibidukikije kimeza mu Rwanda kuko ugenda usa n’umanuka imisozi myiza cyane wegera ibibaya bya Gatsibo, ugana imirambi ya Nyagatare n’isura y’igitaka, imiterere bigenda bihinduka mu maso yawe.
Kuhatembera ni ukuruhura umutwe no kwirebera uko u Rwanda rugenda ruhinduka mu maso y’urusura.
Gicumbi ni Umujyi witeje imbere mu bijyanye n’ubuzima bwiza bw’abatuye aka karere. Ibitaro bya Byumba biriranga ukigera muri uwo mujyi mu nyubako zabyo nziza ziri ahirengeye. Ntitwakwibagirwa amasoko, imihanda y’imigenderano irimo gushyirwamo kaburimbo n’ibindi.
Ucyinjira mu Mujyi kandi ubona Ibiro byiza by’akarere, Ibiro bya Polisi, Hotel Urumuri n’izindi nyubako z’ubucuruzi zitandukanye.
Ni akarere kandi karimo amashuri menshi abanza, ayisumbuye ndetse na Kaminuza y’Ubugeni n’Ikoranabuhanga ya Byumba.
Gicumbi ni ku gicumbi cy’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.
Uhasanga indaki yari iy’umugaba mukuru w’Ingabo ubu uyobora u Rwanda, Perezida Paul Kagame, hakaba n’inzira z’urugamba aho ugera ugasobanurirwa uko urugamba rwagiye rupangwa.
Gicumbi uhasanga n’amateka y’Ibwami nk’ahitwa Rutare hahoze hatabarizwa Abami n’Abagabekazi. Hakagira kandi umwihariko mu bijyanye n’Imbyino nziza nk’ikinimba, ni kimwe mu birango by’umuco muri ako gace kazwi nko mu Rukiga.
Ushaka gutarama kandi ku marwa ukizihirwana n’abahatuye ku kagoroba cyangwa ikiruhuko, Umujyi wa Gicumbi ubonekamo ikigage cyengetse cyiza cyane, kimwe cy’umwimerere.























